Inama y’abaminisitiri yateranye tariki 16 Kamena 2020 yemeje “iteka rya Minisitiri rigena umukozi wo mu kigo cy’ubuzima ufite ububasha bw’umwanditsi w’irangamimerere”.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020 yitabiriye inama yahuje abakuru b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa.
Umugenzuzi mukuru w’umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkundimana Obess aragira inama abakoresha kugirana ibiganiro n’abakozi babo basubikiwe amasezerano y’akazi kuko nta nyungu bose bafite mu kuyasesa burundu.
Hashize iminsi abaturage bo mu turere tw’igihugu bahabwa inzitiramibu nshya, muri gahunda Minisiteri y’Ubuzima ishyira mu bikorwa yo gukumira indwara ya Malariya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo butangaza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020, abantu bane bacukuraga amabuye yo kubakisha bagwiriwe n’ikirombe, babiri muri bo bahita bitaba Imana.
Banki ya Kigali irasaba abahanzi gutinyuka bakayigana kugira ngo babashe gukorana nk’abandi bashoramari bose.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kabiri tariki ya 16 Kamena 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize Marie Claire Mukasine ku mwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu.
Guhera tariki ya 03 Kamena 2020 nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yari yateranye, umwe mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama wavugaga ko Moto zemerewe gutwara abagenzi, uretse mu turere twa Rusizi na Rubavu.
Ku wa kabiri tariki 16 Kamena 2020, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abana (NCC) irashakira abana barenga 493 imiryango ishobora kubarera nk’abayivukamo, ariko ikanasaba Abanyarwanda muri rusange kugira umutima w’impuhwe ukunda abana.
Abafatiwe mu kabari ku Itaba mu Mujyi i Nyamagabe, baricuza icyaha bakoze cyo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, hakabamo n’abavuga ko bababariwe batazongera no kureba akabari.
Madamu Jeannette Kagame yifurije abana umunsi mwiza w’Umwana w’Umunyafurika, agira n’ubutumwa agenera ababyeyi mu rwego rwo kurushaho kwita ku bana.
Ibiro bya Perezida wa Repubulika biratangaza ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Kamena 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro.
Amakuru yagiye atambuka ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye avuga ko mu Murenge wa Burega mu Karere ka Rulindo hari umugore wataye umwana w’amezi atanu. Icyakora ubuyobozi muri aka gace bwabwiye Kigali Today ko umugabo wabyaranye n’uwo mugore bagatandukana ari we ngo watwaye uwo mwana abeshya ko nyina yari yamutaye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana(UNICEF) rivuga ko umunsi mpuzamahanga w’umwana w’Umunyafurika (kuri uyu wa 16 Kamena 2020), ngo usanze u Rwanda ruhagaze neza mu guha abana ubutabera binyuze mu bigo bya ’Isange One Stop Centers’.
Umunyamabanga mukuru wa sendika y’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri (Rwanda Extractives Workers Union (REWU) Mutsindashyaka André avuga ko mu kwezi kwa karindwi abakoresha bazaba batarasubukura amasezerano y’abakozi cyangwa ntibabahe imperekeza bazagezwa mu nkiko.
Nyiramasengesho Joselyne w’imyaka 25 avuga ko yashatse mu Karere ka Musanze, akaba afite impungenge z’umutekano we nyuma y’uko umugabo amwihakanye ashaka kumwirukana mu rugo yitwaje ko yanze kuva mu nzu ubwo yari yamusuye.
Umuyobozi uhagarariye Ibitaro bya Gitwe mu mategeko, Urayeneza Gerard, n’abandi bantu barindwi batawe muri yombi bakekwaho guhisha amakuru ku mibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine, aratangaza ko hoteli eshatu zo muri ako karere zabaye zifunzwe nyuma y’uko hari abantu bagaragaweho Coronavirus kandi barazinyuzemo, ubu abakozi bazo bafashwe ibipimo na zo zigasukurwa, nyuma yo kubona ibyavuye mu bipimo zikazongera gufungurwa.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki 15 Kamena 2020 mu mujyi wa Kigali hatangira ubushakashatsi bwafasha inzego za Leta kumenya niba abantu basubira mu rugo cyangwa hafatwa izindi ngamba zo kwirinda Covid-19.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru yahagaritse by’agateganyo Serge Ruzima wari Umunyambanga nshingwabikorwa w’akarere, na nsengiyumva Innocent wari Umuyobozi ushinzwe ibikorwa rusange (Division Manager) mu karere, baherutse gufungwa bakekwaho ruswa, gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kunyereza umutungo (…)
Abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n’abandi bafite ubumuga butandukanye basaga 40, bo mu Karere ka Musanze na Burera, bibumbiye mu muryango RECOPDO, barishimira ubumenyi bamaze kugeraho mu gukora inkweto, imikandara, kudoda n’ikoranabuhanga.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu babiri batorotse gahunda ya #GumaMuRugo bava mu Karere ka Rusizi bafatirwa mu Mujyi wa Kigali, ndetse n’abandi batatu bavuye muri Uganda banyuze mu nzira zitemewe na bo bafatirwa i Kigali.
Abafite ubumuga bw’uruhu mu Rwanda barasaba Leta ko havugururwa itegeko rirengera abafite ubumuga, bityo iki cyiciro na cyo kikibona mu bindi byiciro by’abafite ubumuga biteganywa n’itegeko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti (Rwanda Food and Drugs Authority), cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo umuti wica udukoko witwa ‘HUUREKA Disinfectant, (medicalogy, Disinfection-cleaning water)’.
Abaturanyi ba Viateur Rukundo watunganyije umuhanda munini wo mu Mudugudu wa Akamuhoza mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye wenyine, baramwifuriza ko na Girinka yamugeraho.
Umwe mu bagore bazwi mu Rwanda kubera uruhare agira mu kurwanya ruswa n’akarengane, akaba ari n’umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International-Rwanda) Ingabire Marie Immaculée, yaganiriye na Kigali Today atangaza bimwe mu bintu abantu bamwe batazi ku buzima bwe bite.
U Rwanda kimwe n’isi muri rusange, rumaze amezi hafi atatu ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus cyagaragaye mu Bushinwa mu mpera z’Ukwezi k’Ukuboza 2019, nyuma kigenda gikwira mu bindi bihugu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu isaba abatwara abagenzi kuri moto kwirinda gutwara abakora ingendo zihuza Akarere ka Nyabihu n’aka Rubavu mu gihe ubu bitemewe.
Abarokotse Jenoside batishoboye 40 bo mu Mirenge ya Karama na Gishamvu mu Karere ka Huye bari batuye mu nzu ziva, bagiye gushumbushwa inziza zubakishije amatafari ahiye.