Banki ya Kigali (BK Plc) yahembye abacuruzi 10 b’inyongeramusaruro bahize abandi mu guhererekanya amafaranga menshi hagati yabo n’abahinzi hakoreshejwe ikoranabuhanga rya IKOFI, muri Poromosiyo izamara amezi atatu guhera muri uku k’Ukwakira 2021.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare baherutse guhura n’ibiza inzu zabo zikavaho ibisenge, kubaka inzu ziramba aho kubaka izimeze nk’iz’agateganyo.
Akarere ka Rutsiro kari mu turere twarangwagamo ingo nke zifite amashanyarazi, ndetse kakaba kari gafite umwe mu mirenge itaragerwagamo na gato n’umuyoboro w’amashanyarazi. Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/2021, muri aka Karere, ingo zigera ku 9,501 zahawe amashanyarazi bituma umubare w’ingo zifite amashanyarazi ugera kuri (…)
Umuryango Haguruka, uharanira uburenganzira bw’umugore n’umwana, uragaragaza ko hakiri icyuho mu mitangire ya Serivisi ku bantu bakorewe ihohorerwa, aho abenshi bakomeje kugaragaza ko badafashwa uko bikwiye.
Ku itariki 26 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abantu batatu bagiye gukura ibyuma muri moto bicyekwa ko bari bayibye, bafatiwe mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Kinigi, Akagari ka Nyabigoma, Umudugudu wa Kabeza.
Urubyiruko n’abagore 113 bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, basoje amahugurwa, bamaze igihe cy’amezi atandatu bakurikirana mu birebana n’ubudozi ndetse n’ubukorikori, baratangaza ko biteguye guhanga udushya, dutuma bitwara neza no guhangana n’abandi ku isoko ry’umurimo, bibakure mu bushomeri n’ubukene bituruka ku (…)
Muri iki gihe hagenda hagaragara abagize uruhare muri Jenoside bihana bakanasaba imbabazi abarokotse Jenoside ku bw’inyigisho z’isanamitima, Christophe Nyagatare wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye i Nyanza, avuga ko inyigisho z’isanamitima zikwiye kujya zihabwa n’urubyiruko kuko yasanze bazikeneye cyane nk’u (…)
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze(LODA) kivuga ko abatarava munsi y’umurongo w’ubukene (bakigenerwa inkunga y’ingoboka na VUP) basigaye ari 16%, ubu bashyiriweho uburyo bushya bwo gufashwa kugira ngo batazaraga abana ubukene.
Mu Karere ka Rubavu Polisi yataye muri yombi umusore w’imyaka 21 wahimbye imyanya itamenyerewe mu modoka agashyiramo inzoga zihenze akazambutsa umupaka aizana mu Rwanda.
Bamwe mu baturage ibikorwa byabo byangijwe n’ikorwa ry’umuhanda wa kaburimbo Nyagatare-Rukomo, barizezwa ko uyu mwaka w’ingengo y’imari bazahabwa ingurane y’ibikorwa byabo.
Ku wa Kabiri tariki 26 Ukwakira 2021, byari ibyishimo mu muryango wa Ntizihabose Charlotte wo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, ubwo abana be bane basubiraga mu ishuri nyuma yo kurikurwamo no kubura amikoro.
Tariki ya 26 Ukwakira 2021 mu nteko z’abaturage habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Komite Nyobozi z’Imidugudu zasoje manda n’iziheruka gutorwa.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), hamwe na Kaminuza yigisha iby’Ubukerarugendo, Amahoteli n’Ikoranabuhanga(UTB), bagiranye amasezerano y’ubufatanye mu kwigisha ikoranabuhanga abakozi ba Leta ibihumbi 75 bari hirya no hino mu gihugu.
Abakora uburaya mu Karere ka Nyagatare bavuga ko mu gihe babonye imishinga ibateza imbere hari ababucikaho, kuko ngo abenshi babwishoramo bitewe no gushaka imibereho.
Guverineri w‘Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko abagurisha ifumbire ya nkunganire muri Congo ari abagambanyi, kuko aho kuyikoresha mu buhinzi mu Rwanda bayambukana bigatuma abahinzi batabona ikenewe ngo beze cyane.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahinduriye bamwe mu bayobozi inshingano, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Sheikh Shakhbout bin Nahyan Al Nahyan, ubwo yasuraga urwibutso rwa Kigali ku gisozi kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukwakira 2021, yunamiye ndetse anashyira indabo ku mva y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaga 250.000 baharuhukiyemo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abaturage gufatanyiriza hamwe n’abayobozi bashya batowe ku rwego rw’umudugudu kugira ngo babashe gufatanyiriza hamwe gukemura ibibazo.
Ingo 5,498 ziri mu Mirenge ya Mubuga, Bwishyura na Gishyita mu Karere ka Karongi zahawe amashanyarazi uhereye mu kwezi kwa karindwi 2020 kugeza mu mpera z’uku kwezi k’Ukwakira 2021. Mu bahawe amashanyarazi harimo n’inganda zikomeye, amashuri ndetse n’amasoko ya kijyambere muri iyi Mirenge itatu ya Karongi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukwakira 2021 nibwo Abapolisi 656 bari bamaze igihe kingana n’ibyumweru 52, barangije amahugurwa abinjiza ku rwego rw’aba Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda, bagahabwa ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP).
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille, yibukije abayobozi bashya batangiye inshingano zo kuyobora imidugudu 2,744 yo mu turere tugize Intara ayoboye, ko bahagarariye Perezida wa Repubulika, abasaba kunoza neza inshingano bahawe zo gukorera abaturage, na bo bamwizeza ko batazatenguha uwabatumye.
Abashoferi 22 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bakurikiranyweho gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha bakarenza ibipimo bya alukoro (Alcohol), byagenwe na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda, bagasaba bagenzi babo kwirinda amakosa nk’ayo bakoze.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, arasaba abayobozi bashya mu nzego z’ibanze ko igihe bazaba bemejwe bagomba kuzarangwa n’imyitwarire myiza mu nshingano bazaba bahawe.
Ku wa Gatanu tariki ya 22 Ukwakira 2021, imvura ivanzemo urubura n’umuyaga yangije hegitari 600 z’imyaka mu mirenge ine igize Akarere ka Nyagatare ndetse n’inzu 122 zivaho ibisenge, abahinzi bakaba basabwa gufata ubwishingizi bw’ibihingwa kugira ngo bubagoboke mu gihe habayeho ikibazo cy’ibiza.
Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe(AU) hamwe n’iy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), zemeranyijwe ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’iyi migabane yombi, baza i Kigali kwigira hamwe icyakorwa ku bijyanye n’icyorezo cya Covid-19, amahoro ku isi, ishoramari n’ikibazo cy’abimukira.
Urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), rwahamagaje Hakuzimana Abdou Rashid kwitaba tariki ya 27 Ukwakira 2021 ku biro by’aho bukorera ku Kimihurura.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko Inzego z’ibanze zidasoza manda kuko zikomeza gukora, ahubwo abayisoza ari abantu ku giti cyabo.
Abana basambanyijwe bagaterwa inda baribaza abo bazasigira abana babyaye bagasubira ku ishuri, mu gihe ababyeyi babo bavuga ko nta bushobozi bwo kubigisha no kubarerera bafite.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukwakira 2021, abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe Nkurikiyimana Jean Baptiste w’imyaka 56, yafatanywe icyangombwa gihimbano kigaragaza ko imodoka ye yakorewe isuzuma ry’ubuziranenge (Contrôle Technique), yafatiwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, yari (…)
Padiri Fidèle Dushimimana, Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi mu Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK), yamuritse igitabo gikubiyemo ubushakashatsi ku mikurire y’umwana, yise ‘Kura Ujya Ejuru’, yitezeho ubufasha ku Banyarwanda mu kumenya ibiranga umwana muri buri kigero cy’imikurire.