Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper, yahakanye amakuru atangazwa n’abacuruzi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashinja ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu gukumira ibicuruzwa bivanwa mu Rwanda bijyanwa mu Mujyi wa Goma, avuga ko icyo bakoze ari ugukuraho amananiza yashyizweho n’ishyirahamwe (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko kubera ikibazo gikomeye cy’impanuka zibera ku muhanda munini Kigali-Muhanga-Huye, ku gice cya Gahogo umanuka ujya i Kabgayi, n’igice kiva i Kabgayi kimanuka ku kinamba, bugiye kwigana n’izindi nzego uko cyakemuka.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakuyeho ingamba zari zafashe mu kwezi k’Ukwakira 2024, hagamijwe gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Marburg. Nyuma y’uko icyorezo cya Marburg kigaragaye mu Rwanda mu mpera z’ukwezi kwa Nzeri 2024, Leta zunze ubumwe za Amerika zasohoye itangazo risaba abagenzi baturuka mu Rwanda kunyuzwa ku (…)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), guhera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Ukuboza 2024, rwatangije igeragezwa ry’uburyo bushya bwo kwishyura mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, aho kwishyura amafaranga (…)
Mu Karere ka Ngororero, hari abayobozi b’inzego z’ibanze mu bavugaga ko batinya kwiteranya, bigatuma bahishira ihohoterwa rishingiye ku gitsinda, bikaba byavamo ingaruka zitandukanye zirimo kubana mu makimbirane mu miryango, n’ubusahuzi mu ngo no gusenya ingo.
Imiti ifasha umuntu kuba atakwandura Sida igihe akoze imibonano mpuzabitsina idakingiye kugira ngo atandura agakoko gatera Sida mu gihe akeka ko uwo bayikoranye ashobora ku mwanduza si byiza kuyifata utayandikiwe na muganga kuko bishobora kugira ingaruka ku muntu.
Muri gahunda yo kumenya amateka y’ahantu hatandukanye Kigali Today igenda ibagezaho yabakusanyirije ayahitwa Munyaga mu karere ka Rwamagana hakaba ari naho hatangirijwe urugeroro.
Perezida Paul Kagame yifurije intsinzi n’ishya n’ihirwe, Madamu Netumbo Nandi-Ndaitwah, watorewe kuyobora Namibia, avuga ko bihamya icyizere abaturage b’icyo gihugu bamufitiye.
Ikigo cy’igihugu cy’ubugenzacyaha RIB kiratangaza ko cyafunze abagabo batatu barimo noteri wiyitiriraga kuba umukozi wo mu butaka hamwe n’uwari ushinzwe gupima ubutaka bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha inyandiko mpimbano.
Mu Karere ka Nyabihu hari abagabo bataka kuremererwa n’Ihohoterwa bakorerwa n’abagore bashakanye, aho bamwe banahitamo kuriceceka kubera ipfunwe no kwanga ko hagira ubabona nk’abanyantege nke.
Minisiteri Ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) ivuga ko imvura yaguye kuva mu kwezi kwa Nzeri kugeza mu kwezi k’Ugushyingo yahitanye abantu 48 hakomereka 149.
Perezida Kagame yihanganishije mugenzi we wa Guinea Mamadi Doumbouya n’abaturage b’iki gihugu nyuma y’aho abaturage barenga 50 baguye mu mvururu zabereye muri Stade N’Zérékoré, ahaberaga umukino w’umupira w’amaguru.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), ryashyize Intore z’u Rwanda mu murage ndangamuco udafatika w’Isi (Intangible Heritage).
Mu Kagari ka Birira, Umurenge wa Kimonyi mu muhanda Musanze-Rubavu, haravugwa amakuru y’imodoka itabashije kumenyekana plaque, yakoze impanuka igonga umunyamaguru ihita yiruka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare, Hategikimana Fred, avuga ko ibagiro rishya rya kijyambere ryamaze kuzura ryitezweho ubuziranenge bw’inyama no gukuraho ingendo amatungo yakoraga ajya ku mabagiro atandukanye mu Gihugu.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye Dr. Rajesh Jain, Umuyobozi w’Ikigo cya Panacea Biotec cyo mu Buhinde, akaba ari mu Rwanda n’intumwa ayoboye mu ruzinduko rw’akazi.
Perezida Paul Kagame yashyize Madamu Domitilla Mukantaganzwa ku mwanya wa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Alphonse Hitiyaremye agirwa Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, nk’uko itangazo ryavuye mu biro by’Umukuru w’Igihugu ribivuga.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rurizeza abafata pansiyo nto ingana na 13,000Frw ku kwezi, ko guhera muri Mutarama 2025 ayo mafaranga bahabwa aziyongera biturutse ku kuba abatanga imisanzu ya pansiyo na bo bazatangira gutanga 6% by’umushahara mbumbe wabo aho kuba 3%.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024 mu Mujyi wa Kigali hazatangira igerageza ry’uburyo bushya bwo kwishyura ingendo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, (…)
Mu gihe hizihizwa umunsi w’abafite ubumuga tariki 3 Ukuboza 2024, abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu Karere ka Huye, barasaba ubuyobozi kurushaho kwita ku bibazo bafite.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye kuri uyu wa mbere tariki 2 Ukuboza 2024 yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Gambia, Gen Seedy Muctar Touray ku cyicaro gikuru cya Polisi, ku Kacyiru.
Mu Rwanda umuturage wese ugejeje imyaka 18 y’ubukure ategetswe gukora umuganda nk’igikorwa rusange gifitiye abaturage akamaro, kunyuranya n’itegeko bikaba bihanishwa amande y’amafaranga 5.000Frw acibwa utakoze umuganda kugira ngo asimbure ibikorwa yagakwiye kuba yafatanyijemo n’abandi.
Polisi y’u Rwanda ni rumwe mu nzego zishimwa kubera ubunyamwuga bubaranga. Gusa tujya tubona hari abapolisi birukanwa mu nshingano bitewe n’impamvu zitandukanye. Ese ni izihe mpamvu zatuma umupolisi yirukanwa?
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Patrice Mugenzi, avuga ko abayobozi b’Uturere twa Karongi na Rusizi baherutse kwegura, byavuye ku mpamvu zabo bwite ariko bamaze kubona ko badaha serivisi nziza abaturage, harimo no kuzigurisha, nubwo ngo atari inkubiri yiswe ‘Tour du Rwanda’ itangiye.
Mu Murenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru, hari abavuga ko uburinganire n’ubwuzuzanye bwamaze kumvwa, ariko n’ubwo butaragerwaho 100% hari intambwe imaze guterwa.
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yifatanyije n’Abayobozi b’Umujyi wa Kigali, ab’Akarere ka Nyarugenge ndetse n’abaturage bo mu Murenge wa Mageragere mu Kagari ka Nyaruyenzi, mu Mudugudu w’Iterambere, mu muganda rusange usoza ukwezi k’Ugushyingo 2024.
Abakozi n’abakorerabushake b’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubutwererane cya Koreya y’Epfo (KOICA) ku bufatanye n’Ikigo cy’u Buyapani gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga (JICA) n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abakorerabushake (VSO Rwanda), bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu muganda rusange usoza (…)
Nyirandagije Venancia, umukecuru w’imyaka 60 wari utuye mu Mudugudu wa Amataba, Akagari ka Kigabiro, Umurenge wa Remera, umurambo we wabonetse mu cyuzi cyuhira umuceri cya Kibira mu Murenge wa Rugarama, hakekwaho ko yaba yaratwawe n’umuvu w’amazi y’imvura iherutse kugwa muri aka gace.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena, Dr. Kalinda François Xavier aherekejwe n’abasenateri bose bagabanyije mu matsinda, bifatanyije n’abatuye Intara y’Amajyaruguru mu gikorwa cy’umuganda usoza Ugushyingo, wibanze ku bikorwa byo gutera ibiti by’imbuto bitangiza imyaka, mu rwego rwo kurwanya igwingira no (…)
Sylvie Uwineza utuye mu Mudugudu w’Agakera, Akagari ka Rango A, Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, yatunguwe no guhamagarwa n’abaturanyi bamubwira ko ibyo mu rugo rwe byasohowe n’abari baherekejwe n’abapolisi, tariki 29 Ugushyingo 2024.