Inama yari iteraniye i Kigali yigiraga k’u Rwanda mu kwiteza imbere nyuma y’ibihe rwanyuzemo yasoje abayitabiriye biyemeje gukurikiza zimwe muri gahunda u Rwanda rwakoresheje kugira ngo rube icyitegererezo.
Nyuma y’imyaka 17 ruvuye mu bwicanyi ndenga kamere, u Rwanda ni intangarugero hirya no hino. Kuri iyi nshuro politiki zarwo zabaye irebero mu bihugu byinshi nk’uko byagaragaye mu nama yiga ku buryo bwo kubaka amahoro n’igihugu nyuma y’amakimbirane yiswe “Peace & State building: The Rwandan experience” iteraniye i Kigali (…)
Umuryango Ibuka urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 urasaba ibihugu bicumbira Rusesabagina kumuhambiriza kuko ari ‘Umutekamutwe’
Tariki ya 7/11/2011 bamwe mu batuye mu Karere ka Bugesera biganjemo urubyiruko bazindukiye ku cyibuga cy’umupira cya Nyamata mu gikorwa cyo gukora ikizamini kibahesha uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere Guillaume Soro, minisitiri w’ intebe wa Côte d’Ivoire, yageze mu Rwanda aho aje guhagararira igihugu cye mu nama y’ umuryango w’abibumye UN ku bijyanye n’ubuzima bw’ibihugu nyuma y’amakimbirane ndetse no kubaka amahoro. Iyi nama iratangira kuri uyu wa kabiri tariki 8/11/2011 muri serena hoteli.
Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG) wizihije isabukuru y’imyaka 15 umaze ushinzwe ku cyumweru tariki 6/11/2011.
Muri iki cyumweru abayobozi b’ibihugu n’aba za guverinoma bagera ku 10 bategerejwe i Kigali mu nama y’umuryango w’abibumye iziga ku bijyanye n’ubuzima bw’ibihugu nyuma y’ amakimbirane ndetse no kubaka amahoro. Iyi nama iteganyijwe kuva tariki 08 kugeza tariki 09 Ugushyingo 2011 muri hoteli serena i Kigali.
Intara y’uburasirazuba n’iy’uburengerazuba kuri uyu wa gatanu zasinye amasezerano y’ubufatanye n’ubuhahirane. Aya masezerano azibanda cyane ku guteza imbere ubuhinzi, ubukerarugendo ndetse n’ubuhahirane.
Nyuma y’imyaka 17 Jenoside ibaye muri kaminuza nkuru y’u Rwanda habonetse imibiri y’abaguye muri iyi kaminunza mu gihe cya Jenoside yakozwe mu mwaka w’1994.
Urwego rw’ igihugu rushinzwe imfungwa n’ abagororwa rurahakana ibivugwa n’ imfungwa z’ abanya Sierra Leon zifungiye mu Rwanda ko zidafatwa neza ahubwo ngo zigafatwa ku buryo budasanzwe.
Mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo ikiraro cya butampu gihuza umurenge wa Simbi na Maraba muri aka Karere ka Huye cyarangiritse, iki kibazo ubu kikaba giteza ibibazo mu buhahirane bw’abaturage hagati y’iyi mirenge kandi abaturage bakaba bahangayikishijwe n’ikibazo k’iri teme mu gihe ubuyobozi bw’Akarere butabatabaye (…)
Ku nshuro ya munani habaho aya marushanwa, Bwana Francois Xavier Gasimba Munezero nawe ni umwe mu begukanye igihembo kitiriwe Kadima.
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Huye uzwi cyane nk’umujyi wa Butare batangaza ko mu gihe abanyeshuri ba kaminuza nkuru y’u Rwanda bari mu biruhuko, bagira igihombo gikomeye kuko aba banyeshuri aribo bagize umubare munini w’abakiriya babo.
Kuwa 24 Ukwakira 2011, Umunyarwanda Kayitesi Zainabo Sylvie perezida wa komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda yatorewe kuba umuyobozi wungiririje wa komisiyo nyafurika ishinzwe uburenganzira bwa muntu n’abaturage.
Nyuma yo gushishoza akabona aho u Rwanda rugeze n’uburyo rwabaye irebero mu mahanga, Pierre Célestin Rwigema wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, atangaza ko aribyo byamuteye gufata icyemezo cyo kugaruka agatanga umusanzu we mu kubaka igihugu.
Umunyamabanga wa Leta wungirije wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ushinzwe Afurika Johnnie Carson yasuye ibitaro bya Kibagabaga yishimira iterambere u Rwanda rugezeho.
Mu rwego rwo kongerera ingabo ubushobozi mu kubumbatira amahoro n’umutekano mu karere k’Afurika y’ i burasirazuba (EAC), u Rwanda rwakiriye imyitozo ya gisirikare ihuriyemo ingabo zaturutse mu bihugu bitanu bigize umuryango wa (EAC). Iyo myitozo imaze iminsi itatu itangiye mu ishuli rya gisirikare riri i Nyakinama, tariki ya (…)
Mu gitondo cy’ uyu munsi mu mudugudu wa Kibagabaga, ahubakwa amazu na sosiyete yitwa Thomas&Piron habaye ubwumvikane buke hagati y’ abakozi b’ iyo sosiyete n’ abayobozi babo bitewe n’ uko babirukanye nta nteguza.
Abaturage batuye ahazubakwa ikibuga cy’indege cya Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba hatuwe n’abantu babarirwa mu bihumbi 6965 baba mu mazu agera ku 1,771, bagiye gutangira kubarurirwa imitungo yabo mu gihe cya vuba.
Polisi yo ku Gisozi yataye muri yombi umugabo ukekwaho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14.
Kuwa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2011 mu gihugu cya Djibouti mu nama yahuzaga ibihugu byo hagati n’uburasirazuba bw’Afurika ku ntwaro nto (Regional Centre on Small Arms: RECSA) byatoreye u Rwanda kuyobora igikorwa cyo kurwanya ikwirakwizwa mu basivili ry’intwaro nto. Minisitiri w’u Rwanda w’umutekano mu gihugu Musa Fazil (…)
Nk’ uko byatangajwe ejo hashize n’ abari bahagarariye itsinda ry’ abadepite bateguye umushinga w’itegeko rigenga ubuzima bw’imyororokere y’abantu ubwo bawugezaga ku nteko rusange y’ umutwe w’ abadepite mu Nteko ishinga Amategeko, bavuze ko hadakwiye gushyirwaho umubare ntarengwa w’ abana umu umuryango ukwiye kubyara.
Nyuma y‘inama yahuje Impuzamiryango zigize urugaga rwa Sosiyete Sivile y’u Rwanda kuwa 13 Ukwakira 2011, ubu noneho iyo mpuzamiryango yashyize ahagaragara itangazo ryamaganira kure icyemezo cyo gukuramo inda ku bushake rivuga ko ubuzima bwa muntu bufite agaciro ntagereranywa kandi butavogerwa.
Nyuma y’aho hatorewe ba visi perezida bashya mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 ukwakira, 2001 habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’aba visiperezida bashya nabacyuye igihe.
Imikino y’amahirwe igiye gushyirirwaho imikorere mishya, nyuma y’itegeko rigena iyi mikino ryatowe n‘inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa Kabiri, yemeje itegeko rigenga ibikorwa by’imikino y’amahirwe mu Rwanda.
Polisi yo mu karere ka Kicukiro yataye muri yombi Jean Marie Vianney Rumanyika, nyiri Hotel Okapi izwi mu mujyi wa Kigali hamwe n’umucungamari we Theoneste Mwunguzi bazira gukoresha impapuro z’impimbano kugira ngo badatanga imisoro.
Ibiro by’ubunyamabanga bwa Leta muri Leta zunze ubumwe za Amerika biratangaza ko Johnnie Carson, umunyamabanga wa Leta wungirije ushinzwe Afurika, ari mu ruzinduko kuva tariki 17 kugeza 26 Ukwakira. Muri urwo ruzinduko azasura u Rwanda, Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, na Nigeria.
Umuyobozi mukuru w’Inkeragutabara, Lt. General Fred IBINGIRA, aributsa Inkeragutabara ko n’ubwo urugamba rw’amasasu rwarangiye mu Rwanda ariko hakiri undi mwanzi udateguza ariwe Ibiza.
Kuri uyu wa mbere, ubwo yagezaga ku Badepite mu Nteko rusange ibisobanuro byerekeye umushinga w’ itegeko rigena imisoro ku mabuye y’ agaciro na kariyeri mu Rwanda, John Rwangombwa, Ministiri w’ Imari n’ Igenamigambi yavuze ko mu butaka bw’ u Rwanda hashobora kuba harimo Diyama ariko ko hakirimo gukorwa ubushakashatsi bwimbitse.
Abayobozi bakuru b’igihugu barasabwa gufata umwanya wo kwita ku buzima bwabo no kwiyegereza Imana, aho guhora bahangayikishijwe n’imirimo yabo, nk’uko byagarutsweho mu kiganiro cyari kigenewe abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, cyateguwe na Rwanda Leaders Fellowship.