Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe imiturire ku isi (UN Habitat), Dr. Joan Clos, ashima uburyo u Rwanda rwita ku miturire ruteza imbere imijyi ifite isuku.
Abagabo batanu bari mu maboko ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira kwiba imbwa y’umuturanyi wabo maze bakayotsamo za mushikake (brochettes) bakaziha abaturage bababwira ko ari inyama z’ihene.
Nyuma yo kwivuguruza ku buhamya yatanze ku mucamanza w’Umufaransa, Jean Louis Bruguiere, muri 2008, hari amakuru mashya agaragaza ko ibintu byose Abdul Ruzibiza yavuze byari ibihuha ibindi ari ibihimbano. Ruzibiza yari agamije kwibonera Visa imugeza i Burayi.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Anastase Murekezi, yavuze ko abarimu n’abasirikare bagiye kwitabwaho ku kibazo cy’imishahara ku buryo buri myaka itatu imishahara yabo izajya yongerwa bigendeye ku buryo bitwara ku kazi.
Mu gikorwa cy’amasengesho y’abayobozi bakuru cyabaye kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yasabye abantu kutaba intashima ahubwo bagashimira Imana ibyo yabahaye kuko mu gushima bivamo guhabwa. Avuga ko Imana itakorera umuntu buri cyose yifuza ahubwo ko imuha ibyangombwa byo gukora ibyo akeneye.
Minisitiri w’Urubyiruko, Nsengimana Philbert, arashimira Abagide uruhare bagira mu guteza imbere umunyarwandakazi bahereye ku bana bato.
Akarere ka Huye kiyemeje ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2011-2012 amafaranga azava mu misoro n’amahoro azaba angana na miliyoni 804, ibihumbi 263, n’amafaranga 625.
General Leodomir Mugaragu, umwe mu bayobozi bakuru bo mu mutwe wa FDLR umuryango mpuzamahanga ufata nk’umutwe w’iterabwoba, kuwa Gatanu ushize yishwe n’umwe mu ngabo yo mu mutwe wa Mai Mai nawo ukorera mu mashyamba ya Congo.
Nyirambonigaba Ancile, umupfakazi w’imyaka 36 n’abana be batanu barimo impanga ebyiri z’amezi atanu batuye mu mudugudu wa Gahenerezo wo mu murenge wa Huye wo ma karere ka Huye, bamaze amezi abiri bibera mu kiraro cy’ingurube.
Kigali Today yabonye inyandiko zigaragaza ko uwahoze ari Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Emmanuel BEM Habyarimana, yahaye umutwe w’inyeshyamba za FDLR amadolari y’Amerika 4000 mu rwego rwo kuzishyigikira mu gikorwa cyo guhungabanya umutekano mu Rwanda.
Abahamwe n’ibyaha byo gutera ibisasu bya grenade hirya no hino mu gihugu muri 2010 bakatiwe ibihano bitandukanye n’urukiko rukuru, uyu munsi tariki 13/01/2012.
Nyuma y’amezi agera kuri abiri badahembwa, abaturage bakora mu buhinzi bw’icyayi mu murenge wa Manihira, akarere ka Rutsiro, tariki 12/01/2012, barigaragambije basaba guhembwa.
Abakozi bagera kuri 23 bari abafundi n’ababafasha mu kazi ko kubaka baravuga ko bambuwe amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’igice na rwiyemeza mirimo witwa Claude ubwo bubakaga isomero ry’umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Abaturage bafite amasambu ahazubakwa uruganda rutunganya soya mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza batarabona ingurane ku mirima yabo izubakwamo Uganda rutunganya soya baribaza impamvu badahabwa amafaranga yabo kandi abandi bagiye kumara ibyumweru bigera kuri bitatu bayabonye.
Minisiteri y’umutekano irateganya kujya yegera abaturage mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyifuzo byabo.
Minisiteri y’umutekano mu gihugu ya Canada iratangaza ko izirengagiza ibivugwa n’ihuriro ry’umuryango w’abibumbye rirwanya iyica rubozo maze yohereze Léon Mugesera mu Rwanda akivanwa mu bitaro.
Inyandiko yanditswe na minisiteri y’ingabo mu 1992 yerekana ko ingabo zahoze ari iz’u Rwanda zari zifite ibisasu byo mu bwoko bwa SAM 16 missiles byakoreshejwe mu iraswa ry’indege y’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana.
U Rwanda na Misiri byiyemeje gukomeza guhererekanya ubunararibonye mu bikorwa bya gisivili na gisirikare.
Abunganira mu mategeko Abanyarwanda bari baratunzwe agatoki na raporo y’umucamanza Louis Bruguere, Bernard Maingain na Léon-Lef Forster, biteguye gutanga ikirego ku cyo bise isebanya, nyuma y’aho raporo yakozwe n’umucamanza w’Umufaransa Marc Trévidic igaragaje ko indege yari itwaye Habyarimana yahanuwe n’abari ku ruhande rwe.
Amasezerano Guverinoma ya Kinshasa yagiranye n’inyeshyamba za FDLR zirwanya Leta ya Kigali ashobora guhungabanya ibyari bimaze kugerwaho mu gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Guverinoma y’u Rwanda yishimiye raporo yakozwe n’abacamanza b’Abafaransa Marc Trévidic na Nathalie Poux, ku ihanurwa ry’indege ya Juvenal Habyarimana. Iyo raporo igaragaza ko igisasu cya missile cyayirashe kitaturutse i Masaka ahubwo cyaturutse mu birindiro bya gisirikari bya Kanombe.
Igisasu cyahanuye indege yari itwaye uwahoze ari umukuru w’igihugu, Juvénal Habyarimana cyarashwe n’abahoze ari abasirikare b’u Rwanda.
Umuryango FPR-Inkotanyi uravuga ko Dr Theogene Rudasingwa yinjiye muri uwo muryango mu mwaka w’1990 atigeze ahinduka kuko yinjiye muri FPR avuye mu rindi shyaka ryitwaga FROLINA ryarwanyaga FPR icyo gihe bazi ko yahindutse ariko ibyo akora bigaragaza ko atigeze ahinduka.
Ishyaka rya FPR-Inkotanyi riratangaza ko nta gahunda rifite yo guhindura Itegeko Nshinga cyangwa ikindi icyo ari cyo cyose ngo rikunde riheshe Perezida Paul Kagame ikindi gihe cyo kuyobora nk’uko byakunzwe kwibazwa na benshi.
Bwana Nepomuscene Masirika, umuyobozi wungirije muri komisiyo yo kwaka intwaro abazitunze mu buryo butemewe n’amategeko mu Burundi akaba n’umufasha w’ukuriye polisi muri icyo gihugu, arashinjwa n’umuryango w’abibumbye gufasha inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda (FDLR).
Senateri Mukasine Marie Claire, Perezida mushya w’Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko rigamije gukumira no kurwanya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano nayo (APNAC-RWANDA), tariki 09/01/2012, yavuze ko komite nshya izakorana ubushake n’umurava kugira ngo inshingano za APNAC zigerweho.
Ku gicamunsi cy’uyu wa mbere, Ministiri Li Yuan Chao , ushinzwe ibikorwa mu ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa rya Communist Party of China, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu.
Tariki 10/01/2012 hateganyijwe igikorwa cyo gusinya amasezerano hagati ya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda n’iy’u Bushinwa, yo guhererekanya inguzanyo ya miliyoni icyenda z’amadolari y’Amerika izishyurwa, u Bushinwa bwageneye u Rwanda.
Patrice Mulama wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’Iguhugu y’Itangazamakuru (MHC), kuri uyu wa mbere, yakuwe ku mirimo ye. Emmanuel Mugisha wari usanzwe ashinzwe iterambere ry’itangazamakuru n’umwuga muri uru rwego, niwe ugiye kuruyobora by’agateganyo.
Inama Njyanama idasanzwe y’akarere ka Rwamagana yateranye tariki 07/01/2012 yafashe icyemezo cyo guhagarika umunyamabanga nshingwabikorwa w’ako karere, Mushaija Godfrey, igihe cy’amezi atatu azira kurangara mu irushanwa ry’uturere mu miyoborere myiza no kurwanya ruswa aho akarere ka Rwamagana kabaye aka nyuma mu gihugu (…)