Canada yatanze amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 110 (amadolari y’Amerika 182,177 $) kugira ngo igeze Léon Mugesera ku butaka bw’u Rwanda, nk’uko amakuru inzego zicunga abambuka imipaka muri Canada abitangaza.
Umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) ushinzwe Afurika, Nick Westcott, arasura u Rwanda kuri uyu wa kabiri, ku nshuro ya mbere, mu rwego rwo kwirebera uburyo u Rwanda rukomeje kwiteza imbere mu bice bitandukanye.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cya gahunda zigamije kuzamura ubukungu no kurwanya ubukene (EDPRS II), Perezida Kagame yavuze ko gutera imbere bitizana ahubwo bijyana no gukora ndetse no guhanga udushya tuganisha ku iterambere.
Umugaba w’Ingabo z’igihugu cy’u Bubiligi, General Charles-Henri Delcour, kuva ejo tariki 06/02/2012, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rumara iminsi ibiri.
Abaturage batuye akagari ka Tyazo mu murenge wa Muhanga, akarere ka Muhanga baranyomoza amakuru yanditswe n’ikinyamakuru Le Prophete ku ruganda rusya amabuye rwa sosiyete y’ubwubatsi, Fair Construction, ruri ahitwa mu Nkoma ya Nkondogoro.
Abatuye mu karere ka Ngororero bakomeje kwerekana byinshi ku byo bazi ku byaha Leon Mugesera aregwa kandi barifuza ko ubutabera bwazamuzana aho yakoreye ibyaha.
Nyuma yo gusaba imbabazi mu nyandiko, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba, Nizeyimana Emmanuel, yaje kurekurwa ku mugoroba wa tariki 06/02/2012, anakurirwaho igihano cyo gusezerwa ku kazi kubera imyitwarire igayitse ku muyobozi.
Amakuru aturuka muri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda aremeza ko kuva tariki 04/02/2012, Major René Ngendahimana ari we muvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda.
Hari hashize igihe kirenga amezi atatu humvikana Radiyo nshya mu Rwanda ivugira ku murongo wa 98.7 FM ariko itagira izina. Iyi Radiyo yatangiye ishyiraho imiziki gusa nyuma iza no gutangiza amakuru mu rurimi rw’ikinyarwanda ariko abantu benshi ugasanga bifuza kumenya izina ryayo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 06/02/2012, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke yatawe muri yombi kubera imyitwarire igayitse ku muyobozi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNCHR), riratangaza ko rikomeje guhangayikishwa na raporo zivuga ko Abanyekongo bakuwe mu byabo bakomeje gukorerwa ubwicanyi n’imitwe yitwaje ibirwanisho irimo FDLR.
Nyuma yo gusura urukiko mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzania (ICTR), Abambasaderi 8 bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bashimye akazi urwo rukiko rukora ko guca umuco wo kudahana no kwirinda ko Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda yagira ahandi iba ku isi.
Mu nama rusange y’abashumba b’itorero ADPR yari ihuje abaturutse mu ndembo zose zo muri iri torero mu gihugu, tariki 03/02/2012 ku rusengere rw’ADPR-Nyabisindu mu mujyi wa Muhanga, habaye ukutumvikana ndetse n’imyigaragambyo hagati y’abashumba b’iri torero ndetse n’abandi biyita abashumba baryo batavuga rumwe na bo.
Nubwo nta bushobozi afite bugaragara, umusaza Hamada Kamazi wo mu mudugudu wa Rwaza, akagari ka Rwaza, umurenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu arera abana bagera kuri 57 mu nzu imwe ari wenyine.
Joseph Lititiyo Afata yahawe uruhushya rwo gutangira akazi ku mwanya w’umuyobozi w’igenamigambi n’ishoramari mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu bigize Akarere k’Ibiyaga Bigari (CEPGL).
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) rirashinjwa kudashyira igitutu ku mpunzi z’Abanyarwanda baba muri Zambia kandi itariki ntarengwa y’irangira ry’ubuhunzi ku Banyarwanda (30/06/2013) igenda yegera. UNHCR ngo yita cyane ku kibazo cy’impunzi z’Abanyagola n’Abanyaliberiya ziba muri Zambia kurusha uko ryita (…)
Ubutaka bwo ku gasozi kari mu mudugudu wa Kibingo mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bugenda burigita ku buryo ubu bumaze kumanukaho metero ebyiri ugana ikuzimu. Iki kibazo cyatangiye kugaragara mu mpera z’umwaka wa 2011.
Ingengo y’imari y’agateganyo y’Uturere tugize Intara y’Uburasirazuba iragaragaza ko ibikorwa n’imishinga byakorerwaga abatuye iyo Ntara bizagabanuka mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2012/2013.
Umusore witwa Kazungu n’inshuti ze ebyiri z’abakobwa basabiwe kwirukanwa mu Mudugudu witwa Bigabiro mu Kagari ka Cyanya muri Kigabiro ho mu Karere ka Rwamagana bazira ko ngo bajya bakorana imibonano mpuzabitsina.
Umuvugizi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), Adrian Edwards, yatangaje ko uyu muryango utishimiye na gato uburyo inyeshyamba zibumbiye mu mutwe wa FDLR zikomeje gukorera iyicarubozo impunzi zavanywe mu byazo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
Umujyi wa Kigali urateganya gutangira gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera kijyanye n’imiturire igezweho nyuma y’amezi 12. Ubuyobozi bw’umujyi birateganya kubanza gukora ubukangurambaga no gusobanurira abaturage imiterere y’iki gishushanyo.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryatangaje ko kuva muri 2001 rimaze gucyura impunzi z’Abanyarwanda zigera 113,000 zabaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Ku mugoroba w’ijoro ryakeye mu masaha ya saa kumi n’ebyiri igisasu cyo mu bwoko bwa grenade cyaturikanye abana batatu bo mu mudugudu wa Rwantonde, akagali ka Gatonde mu murenge wa Kibungo barakomereka bahita bajyanwa kwa muganga.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, tariki 02/02/2012, yaratunguranye asura bime mu bigo bya Leta, birimo Ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga Abarokotse Jenoside (FARG) agamije imikorere y’ibi bigo nta nteguza yabanje kubaho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 02/02/2012, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru baganira ku bibazo bitandukanye birebana n’ubuzima bw’igihugu ndetse no hanze yacyo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari, umugore witwa Mukandayambaje Cécile wo mu murenge wa Ruhango yagabiwe inka kubera igikorwa cy’ubutwari ubwo yemeraga kwakira no kurera umwana wari watawe na nyina.
Abanyarwanda 24 babaga mu mashyamba yo muri RDC barimo umusirikari umwe ufite ipeti rya capitaine n’abana n’abagore 19 batahutse tariki 31/01/2012 binjiriye ku mupaka wa Rubavu.
Intwali z’u Rwanda zigabanyijemo ibyiciro bitatu: Imanzi, Imena n’Ingenzi. Dore muri make amateka y’intwari twibutse uyu munsi.
Kwibuka intwari z’u Rwanda byabereye mu midugudu ariko Perezida Kagame hamwe n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu bifatanyije n’imiryango y’intwari twibuka bashyira indabo ku mva zazo ziri i Remera mu mujyi wa Kigali. Dore amwe mu mafoto y’uwo muhango.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, ari mu b’ambasaderi 27 baza kwakirwa na Perezida w’iki gihugu, Jacob Zuma, bamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo muri Afurika y’Epfo.