• Kohereza Mugesera mu Rwanda byatwaye amafaranga miliyoni 110

    Canada yatanze amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 110 (amadolari y’Amerika 182,177 $) kugira ngo igeze Léon Mugesera ku butaka bw’u Rwanda, nk’uko amakuru inzego zicunga abambuka imipaka muri Canada abitangaza.



  • Umuyobozi mukuru wa EU ushinzwe Afurika arasura u Rwanda

    Umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) ushinzwe Afurika, Nick Westcott, arasura u Rwanda kuri uyu wa kabiri, ku nshuro ya mbere, mu rwego rwo kwirebera uburyo u Rwanda rukomeje kwiteza imbere mu bice bitandukanye.



  • Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza EDPRS II

    “Gutera imbere ntibiza nk’ibitangaza ahubwo birakorerwa” – Perezida Kagame

    Ubwo yafunguraga ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cya gahunda zigamije kuzamura ubukungu no kurwanya ubukene (EDPRS II), Perezida Kagame yavuze ko gutera imbere bitizana ahubwo bijyana no gukora ndetse no guhanga udushya tuganisha ku iterambere.



  • Umugaba w

    Umugaba w’Ingabo z’u Bubiligi ari mu ruzinduko mu Rwanda

    Umugaba w’Ingabo z’igihugu cy’u Bubiligi, General Charles-Henri Delcour, kuva ejo tariki 06/02/2012, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rumara iminsi ibiri.



  • Ukuri ku ruganda rusya amabuye rwo mu murenge wa Muhanga akarere ka Muhanga

    Abaturage batuye akagari ka Tyazo mu murenge wa Muhanga, akarere ka Muhanga baranyomoza amakuru yanditswe n’ikinyamakuru Le Prophete ku ruganda rusya amabuye rwa sosiyete y’ubwubatsi, Fair Construction, ruri ahitwa mu Nkoma ya Nkondogoro.



  • Aho Mugesera yavuye ijambo ubu hubatse kiriziya ya Paruwasi Gaturika ya Kabaya

    “Mugesera akimara kuvuga ngo abatutsi bicwe naraye nkubiswe” – Mukantagara

    Abatuye mu karere ka Ngororero bakomeje kwerekana byinshi ku byo bazi ku byaha Leon Mugesera aregwa kandi barifuza ko ubutabera bwazamuzana aho yakoreye ibyaha.



  • Umunyamabahanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba yarekuwe

    Nyuma yo gusaba imbabazi mu nyandiko, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba, Nizeyimana Emmanuel, yaje kurekurwa ku mugoroba wa tariki 06/02/2012, anakurirwaho igihano cyo gusezerwa ku kazi kubera imyitwarire igayitse ku muyobozi.



  • Hashyizweho umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda mushya

    Amakuru aturuka muri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda aremeza ko kuva tariki 04/02/2012, Major René Ngendahimana ari we muvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda.



  • 98.7 K-FM, Radiyo nshya mu Rwanda

    Hari hashize igihe kirenga amezi atatu humvikana Radiyo nshya mu Rwanda ivugira ku murongo wa 98.7 FM ariko itagira izina. Iyi Radiyo yatangiye ishyiraho imiziki gusa nyuma iza no gutangiza amakuru mu rurimi rw’ikinyarwanda ariko abantu benshi ugasanga bifuza kumenya izina ryayo.



  • Gakenke : Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge arafunzwe azira imyitwarire mibi

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 06/02/2012, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke yatawe muri yombi kubera imyitwarire igayitse ku muyobozi.



  • UN ihangayikishijwe n’ubwicanyi imitwe nka FDLR ikomeje gukorera Abanyekongo

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNCHR), riratangaza ko rikomeje guhangayikishwa na raporo zivuga ko Abanyekongo bakuwe mu byabo bakomeje gukorerwa ubwicanyi n’imitwe yitwaje ibirwanisho irimo FDLR.



  • Abambasaderi barashima akazi ka ICTR

    Nyuma yo gusura urukiko mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzania (ICTR), Abambasaderi 8 bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bashimye akazi urwo rukiko rukora ko guca umuco wo kudahana no kwirinda ko Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda yagira ahandi iba ku isi.



  • Abatauga rumwe n

    Bombori bombori n’amacakubiri muri ADPR

    Mu nama rusange y’abashumba b’itorero ADPR yari ihuje abaturutse mu ndembo zose zo muri iri torero mu gihugu, tariki 03/02/2012 ku rusengere rw’ADPR-Nyabisindu mu mujyi wa Muhanga, habaye ukutumvikana ndetse n’imyigaragambyo hagati y’abashumba b’iri torero ndetse n’abandi biyita abashumba baryo batavuga rumwe na bo.



  • Aho abana b

    Hamada arera abana 57 wenyine mu rugo rumwe nubwo nta bushobozi

    Nubwo nta bushobozi afite bugaragara, umusaza Hamada Kamazi wo mu mudugudu wa Rwaza, akagari ka Rwaza, umurenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu arera abana bagera kuri 57 mu nzu imwe ari wenyine.



  • Umuyobozi mushya muri CEPGL yatangiye akazi

    Joseph Lititiyo Afata yahawe uruhushya rwo gutangira akazi ku mwanya w’umuyobozi w’igenamigambi n’ishoramari mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu bigize Akarere k’Ibiyaga Bigari (CEPGL).



  • UNHCR ntihatira impunzi z’Abanyarwanda ziba Zambia gutaha

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) rirashinjwa kudashyira igitutu ku mpunzi z’Abanyarwanda baba muri Zambia kandi itariki ntarengwa y’irangira ry’ubuhunzi ku Banyarwanda (30/06/2013) igenda yegera. UNHCR ngo yita cyane ku kibazo cy’impunzi z’Abanyagola n’Abanyaliberiya ziba muri Zambia kurusha uko ryita (…)



  • Ubutaka bwaraturitse ku buryo hacitsemo imikoki miremire.

    Musanze: umusozi umaze kurigitaho metero 2

    Ubutaka bwo ku gasozi kari mu mudugudu wa Kibingo mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bugenda burigita ku buryo ubu bumaze kumanukaho metero ebyiri ugana ikuzimu. Iki kibazo cyatangiye kugaragara mu mpera z’umwaka wa 2011.



  • Intara y’Uburasirazuba igiye kugabanya ibyo yakoreraga abaturage

    Ingengo y’imari y’agateganyo y’Uturere tugize Intara y’Uburasirazuba iragaragaza ko ibikorwa n’imishinga byakorerwaga abatuye iyo Ntara bizagabanuka mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2012/2013.



  • Basabiwe kwirukanwa mu mudugudu kubera ko bikundanira

    Umusore witwa Kazungu n’inshuti ze ebyiri z’abakobwa basabiwe kwirukanwa mu Mudugudu witwa Bigabiro mu Kagari ka Cyanya muri Kigabiro ho mu Karere ka Rwamagana bazira ko ngo bajya bakorana imibonano mpuzabitsina.



  • UNHCR irashinja FDLR kwica impunzi

    Umuvugizi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), Adrian Edwards, yatangaje ko uyu muryango utishimiye na gato uburyo inyeshyamba zibumbiye mu mutwe wa FDLR zikomeje gukorera iyicarubozo impunzi zavanywe mu byazo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.



  • Igishushanyo cy’Umujyi wa Kigali kizatangira gushyirwa mu bikorwa nyuma y’amezi 12

    Umujyi wa Kigali urateganya gutangira gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera kijyanye n’imiturire igezweho nyuma y’amezi 12. Ubuyobozi bw’umujyi birateganya kubanza gukora ubukangurambaga no gusobanurira abaturage imiterere y’iki gishushanyo.



  • Abanyarwanda barenga 110,000 bamaze gutahuka kuva muri 2001

    Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryatangaje ko kuva muri 2001 rimaze gucyura impunzi z’Abanyarwanda zigera 113,000 zabaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.



  • Ngoma: Igisasu cyaturikanye abana baragiye barakomereka

    Ku mugoroba w’ijoro ryakeye mu masaha ya saa kumi n’ebyiri igisasu cyo mu bwoko bwa grenade cyaturikanye abana batatu bo mu mudugudu wa Rwantonde, akagali ka Gatonde mu murenge wa Kibungo barakomereka bahita bajyanwa kwa muganga.



  • Minisitiri w’Intebe yasuye ikigega cya FARG ku buryo butunguranye

    Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, tariki 02/02/2012, yaratunguranye asura bime mu bigo bya Leta, birimo Ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga Abarokotse Jenoside (FARG) agamije imikorere y’ibi bigo nta nteguza yabanje kubaho.



  • Ikiganiro cyitabiriwe n

    “Afurika ikeneye imbaraga kugira ngo ihangane n’abifuza kuyikoresha ibyo bashaka” - Kagame

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 02/02/2012, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru baganira ku bibazo bitandukanye birebana n’ubuzima bw’igihugu ndetse no hanze yacyo.



  • Ruhango: Yagabiwe inka kubera igikorwa cy’ubutwari yakoze

    Mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari, umugore witwa Mukandayambaje Cécile wo mu murenge wa Ruhango yagabiwe inka kubera igikorwa cy’ubutwari ubwo yemeraga kwakira no kurera umwana wari watawe na nyina.



  • Abanyarwanda baba muri Kongo bakomeje gutaha

    Abanyarwanda 24 babaga mu mashyamba yo muri RDC barimo umusirikari umwe ufite ipeti rya capitaine n’abana n’abagore 19 batahutse tariki 31/01/2012 binjiriye ku mupaka wa Rubavu.



  • Fred Gisa Rwigema

    Amateka y’intwali z’u Rwanda

    Intwali z’u Rwanda zigabanyijemo ibyiciro bitatu: Imanzi, Imena n’Ingenzi. Dore muri make amateka y’intwari twibutse uyu munsi.



  • Perezida Kagame yunamira intwari z

    Umunsi w’Intwari mu mafoto

    Kwibuka intwari z’u Rwanda byabereye mu midugudu ariko Perezida Kagame hamwe n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu bifatanyije n’imiryango y’intwari twibuka bashyira indabo ku mva zazo ziri i Remera mu mujyi wa Kigali. Dore amwe mu mafoto y’uwo muhango.



  • Ambasaderi Karega arakirwa na Perezida Zuma

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, ari mu b’ambasaderi 27 baza kwakirwa na Perezida w’iki gihugu, Jacob Zuma, bamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo muri Afurika y’Epfo.



Izindi nkuru: