Gahunda yo gutera umuti wica imibu mu mazu itangiye mu mu karere ka Bugesera yari imaze iminsi ibiri yahagaze ku buryo butunguranye.
Umusore w’imyaka 14 ukomoka ku mubyeyi w’Umunyarwanda n’Umunya-Uganda yiciwe mu Bwongereza tariki 15/09/2012 atewe ibyuma, yicirwa ahaterewe ibyuma undi mwana w’imyaka 16 muri 2008.
Ku bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro harwariye umugabo witwa Namuhanga Ferederiko biturutse ku rukwavu yariye, nyuma y’uko na rwo rwari rwapfuye rwishwe n’umuti bari bategesheje imbeba.
Mu itangizwa ry’igihembwe cy’ihinga cya 2013 A mu karere ka Nyabihu, umuyobozi wungirije w’inkeragutabara, General Ngendahimana Jerome, yabwiye abitabiriye icyo gikorwa ko intambara y’amasasu yarangiye isigaye ari iyo kwikura mu bukene no guharanira kwiteza imbere.
Roger Lumbala wari usanzwe mu nteko ishingamategeko ya Congo yahungiye mu gihugu cy’u Bufaransa kuwa gatandatu tariki 15/09/2012 nyuma yo gushinjwa ubugambanyi kubera ko bivugwa ko ashyigikiye umutwe wa M23.
Ubwo yakirwaga muri Peking University mu Bushinwa, Perezida Kagame yakiriwe nk’umuyobozi wo muri Afurika washoboye kubaka amateka yo guteza imbere igihugu cye n’abagituye ashimangira imiyoborere myiza no korohereza ishoramari.
Amafaranga miliyoni 83, ibihumbi 575 niyo nkunga yakusanyijwe n’abahinzi b’umuceri bo kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi kuri uyu wa gatandatu tariki 15/09/2012.
Minisitiri w’Intebe arasaba ababyeyi kwita ku nshingano yabo yo kurera neza abana, maze ikigo ngororamucyo no guteza imbere imyuga cy’i Wawa kigakoreshwa mu gutanga ubumenyi ngiro kurusha uko kigorora.
Abasore n’inkumi 156 basigajwe inyuma n’amateka baturuka mu gihugu hose bashyikirijwe impamyabushobozi zibemerera gutangira ibikorwa byabateza imbere, bakanateza imbere igihugu.
Bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko biyemeje gutanga ikirego ku ihuriro mpuzamahanga ry’inteko zishinga amategeko ku isi (IPU), ku mpamvu hari ibihugu byahagarikiye u Rwanda inkunga nta nteguza.
Abategarugori bo mu karere ka Gisagara umurenge wa Mukindo, baravuga ko bari kwitabira gahunda yo kugabanya imirimo ishingiye ku buhinzi bahanga indi ishobora kubateza imbere kandi bakaba banazigamye ubutaka.
Umurenge wa Gahunga wo mu karere ka Burera wabaye uwa mbere mu mirenge 17 igize ako karere mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012, wahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 n’ishimwe rya Certificat, nyuma yo kugira amanota 93,82.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2012 mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ariko abantu babiri bari bayirimo basohokamo ari bazima.
Uturere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, ku ikubitiro twakusanyije inkunga ingana na miliyari ebyiri, miliyoni 417, ibihumbi 327 n’amafaranga 690, mu rwego rwo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund.
Abasirikare bakuru 24 bo mu bihugu bihuriye mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGRL) nibo bemejwe ko bazakora ubugenzuzi ku mipaka ihuza Congo n’ibihugu biyikikije birimo u Rwanda, Uganda n’Uburundi biregwa gutera inkunga abarwanya Leta ya Congo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, kuri uyu wa 14/09/2012 mu karere ka Muhanga, yafunguye ishuri rizajya rifasha abayobozi mu nzego z’ibanze kwigishwa imiyoborere myiza.
Niyomugaba Alphonse utuye mu mujyi wa Kigali acumbikiwe kuri polisi y’u Rwanda i Rwamagana mu Kigabiro akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ku cyemezo avuga ko yahawe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere ry’igihugu (RDB).
Abagize Sosiyete Sivile barasaba abaturage kudatekereza ko ikorera mu kwaha kwa Leta, ahubwo ko ifatanya na Leta mu bikorwa byiza, byaba ngombwa inakayihwitura; nk’uko babitangarije mu mushyikirano bagiranye n’itangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye tumwe mu duce tw’akarere ka Nyabihu mu rwego rwo kureba ibyakozwe no gusuzuma ibibazo bigiye bihari ngo bizashakirwe umuti.
Abakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo bakorera ku mupaka wa Goma banze ko abanyamakuru b’Abanyarwanda ndetse n’abakorera ibitangazamakuru mpuzamahanga baba mu Rwanda bajya gukurikirana inama irimo kubera i Goma yiga ku ishyirwaho ry’abagenzuzi bazagenzura umupaka w’u Rwanda na Congo.
Umukuru w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Rose Mukantabana, yasobanuye ko mu gihugu kigendera kuri demokarasi, abaturage bafite uburenganzira bwo gusaba ubayobora kurekura ubutegetsi mu gihe baba batamushaka, kandi akavaho atabanje kugira abo ahutaza cyangwa ngo abice.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyagatare biyemeje guha umwanya umuturage akagira uruhare mu bikorera bamukorera, nyuma y’amahugurwa bahawe n’igihugu gishwizwe guteza imbere abaturage (RLDSF) ku micungire n’imikoreshereze y’umutungo ndetse kunoza serivisi baha abaturage.
Abatuye mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga ko bahangayikishijwe na za ruhurura z’imihanda ya Kaburimbo muri uwo mujyi zangije amasambu yabo bakaba bifuza bahabwa ingurane.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko hari icyizere ko mu myaka 10 iri imbere u Rwanda ruzaba rutakibeshwaho n’inkunga ziturutse hanze y’igihugu.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikigega Agaciro Development Fund ku rwego rw’akarere ka Musanze, abagatuye bakusanyije amafaranga miliyoni 734, ibihumbi 340 na 222, ikimasa, ibiro 13 by’ibishyimbo, igitoki ndetse n’ikibanza.
Imfungwa n’abagororwa bafungiye muri gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza bishyize hamwe bahimba indirimbo yamamaza Agaciro Development Fund kugira ngo nabo bagaragaze uruhare rwabo.
Abaturage baturiye umugezi wa Burehe wahoze unyura mu ruganda rwa Bralirwa ariko ukaza kwimurwa ugashyirwa hanze y’uruganda ahegereye abaturage none ukaba umaze kubasenyera barasaba kurenganurwa kubera ibiza bibibasira.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 16 batoraguwe mu mujyi wa Kibungo kuri uyu wa 11/09/2012 saa yine z’ijoro bavuga ko bagiye i Kigali n’amaguru gushaka akazi bahunga mu kase ubatoteza akanabima ibiryo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikirana ikibazo cy’abanyamahanga baba muri ako karere badafite ibyangombwa bibemerera kuba mu Rwanda kuko akenshi baba intandaro y’umutekano muke.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 12/09/2012 yagiranye ikiganiro n’Abanyarwanda biganjemo abacuruzi bakorera mu mujyi wa Tianjin mu gihugu cy’u Bushinwa abakangurira kwitwara neza bakaba abavugizi b’u Rwanda aho bari.