Mu masengesho yo gushimira Imana ku byagezweho mu mwaka ushize wa 2014 ndetse no kuyiragiza gahunda z’uyu mwaka wa 2015, Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda bose gushingira ku mbaraga bakoresheje kugira ngo bibahe kugira umwaka mushya mwiza.
Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas yahumurije abakozi n’abaturage b’Akarere ka Nyamasheke, nyuma y’uko uwari umuyobozi w’ako yeguye ku mirimo ndetse bamwe mu bakozi bakora mu bijyanye n’ubwisungane mu kwivuza bagatabwa muri yombi.
Abagize amakoperative y’Abatwara abagenzi kuri moto mu Karere ka Rusizi barakangurirwa kwibumbira hamwe mu rwego rwo kunoza umurimo wabo ugakorwa mu buryo bw’umwuga kugira ngo urusheho gukomeza kubateza imbere, bibumbira mu mpuzamakoperative imwe.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Oda Gasinzigwa arashima umusaruro uri gutangwa na ba Mutima w’urugo barangije Itorero icyiciro cya mbere, agasaba ba mutima w’urugo batangiye icyiciro cya kabiri kuzabyaza umusaruro amasomo bazakura mu itorero.
Itsinda ry’Abasenateri bari muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri Sena y’u Rwanda, bakomeje igikorwa cy’ubugenzuzi bw’umutekano wo mu muhanda mu turere dutandukanye tw’igihugu, ari na ko baganira n’inzego zose zirebwa n’iki kibazo kugira ngo hagaragazwe imbogamizi zibitera maze bazakore ubuvugizi (…)
Nyuma y’imyaka igera kuri 14 umuryango Variopinto w’Abatariyani ufasha ahari muri Segiteri ya Tumba, ubu hakaba ari mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, ubu noneho komini baturukamo ya Limbiante yiyemeje kugirana umubano n’Akarere ka Huye.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Rusizi kudacibwa intege na bamwe mu bayobozi b’akarere bafunzwe bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo iby’impapuro mpimbano.
Ku mupaka uhuza akarere ka Rubavu mu ntara y’Iburengerazuba n’umujyi wa Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, hafatiwe ihene zigera kuri 700 zifungiye mu ibagiro rya Kijyambere rya Rubavu zenda kujyanwa mu mujyi wa Goma.
Abanyarwanda 25 bagizwe n’imiryango irindwi bageze mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi mu ntara y’Iburengerazuba, batangaje ko bishimiye kuba bongeye kugaruka mu gihugu cyabo bakava mu mashyamba ya Congo aho bari bamaze igihe kirekire.
Amakoperative y’urubyiruko akorera mu mu mujyi wa Kigali yasinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’umujyi yo gukomeza kubungabunga isuku mu busitani butanfukanye buri mu mujyi wa Kigali.
Amakuru twizeye aremeza ko Kayumba Bernard wahoze ayobora akarere ka Karongi kugera tariki ya 08/01/2015 yatawe muri yombi na polisi y’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuwa 09/01/2015.
Umuyobozi mushya uhagarariye ibihugu 22 birimo u Rwanda mu nama y’ubutegetsi ya Banki y’isi, Dr Louis René Peter Larose, arishimira ko u Rwanda rugendera ku cyerekezo 2020 ndetse akaba yijeje ko iyo Banki izakomeza kurufasha kukigeraho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwasabye abakozi 336 bose bo mu karere kugaragaza impanduka nyazo mu kazi gashya bahawe nyuma y’uko hakozwe amavugurura y’abakozi ba Leta.
Urubyiruko rugera kuri 14 rukomoka mu bihugu bitandukanye bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ruratangaza ko amasomo ruri kwigira mu Rwanda ari impamba ikomeye izabafasha kujya gusakaza amahoro iwabo bagendeye ku byo babonye mu Rwanda.
Ikamyo ya Bralirwa yo mu bwoko bwa Mercedes Benz yakoreye impanuka mu mujyi wa Nyanza ihaparitse igwira imodoka yari hafi yayo irayangiza ku buryo bukomeye ndetse n’amagaziye y’inzoga yari ihetse asaga 1300 aramenagurika.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko bufatanyije na Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere batangiye igenzura ry’isengero zose z’amadini agakoreramo, kugira ngo hatazagira urwongera kugwira abarusengeramo.
Nyuma y’uko Abanyehuye basezeranyijwe ko gare bari kubakirwa na KVSS izatahwa muri Mata 2014 ariko ntibishoboke, ubu noneho ngo izatangira kwifashishwa mu mpera z’ukwezi gutaha kwa Gashyantare.
U Rwanda ngo rwishimiye ko u Bubiligi bwiyemeje gushora imari mu Rwanda kuruta uko bwazana inkunga gusa. Nubwo hashize iminsi u Bubiligi buhagaritse inkunga ya miliyoni 40 z’Amayero bwagombaga guha u Rwanda ngo bwiyemeje kongera ishoramari mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwemeza ko kubana bitanyuze mu mategeko ari kimwe mu bizamura amakimbirane hagati y’abashakanye bikanatera imbogamizi mu kuyacyemura.
Urubyiruko rw’abanyamahanga rurashima intambwe u Rwanda rwateye mu kwimakaza umuco w’amahoro nyuma yo guca mu bibazo bya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, rukaba hari byinshi rwigiye ku Rwanda n’iterambere rumaze kugeraho.
Sergent Majoro Hakorumuremyi Alexis witandukanyije na FDLR nyuma y’imyaka 20 akorana nayo avuga ko igikorwa cyo gushyira intwaro hasi ku barwanyi ba FDLR byabangamiwe na Lt Gen Mudacumura uyobora FDLR nubwo byitirwa Gen Maj Victor Rumuri.
Iyo winjiye mu mujyi wa Gisenyi uhingukira ku busitani bwubatsemo inyubako izengurutswe n’amashitingi, umwaka ukaba ushize iyo nyubako itarashobora kurangira.
Uwari umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko yeguye ku mwanya w’ubuyobozi bw’akarere kuko imbaraga zari zimaze kumubana nkeya, akaba yahaye abandi urubuga ngo nabo batange umusanzu wabo.
Abatuye mu mujyi wa Ngororero hafi y’ahari ibagiro ry’umujyi barasaba ubuyobozi bw’akarere kuryimura kuko ngo ribabangamiye. Bavuga ko umwanda uriturukamo ubateza umunuko ndetse n’ibisiga hamwe n’imbwa bihahora bishaka ibyo kurya bikaba bibateza umutekano mukeya.
Kayumba Bernard wari umuyobozi w’Akarere ka Karongi yeguye ku mirimo ye nk’umuyobozi w’Akarere ku mpamvu ze bwite mu gitondo cyo kuwa 8/1/2015.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, ndetse n’uw’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, beguye ku mirimo yabo ku mugaragaro muri iki gitondo cya tariki 08/01/2015 nyuma yuko inama njyanama zemeye ubwegure bwabo bari bazigejejeho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Bahizi Charles arasaba urubyiruko kudasinzira kuko ari bo mbaraga z’igihugu, kuko baramutse basinziriye igihugu cyahomba bigatuma n’abasigaye babura icyerekezo.
Nyuma yo kumva abatanze ibirego binubira amaradio ya City Radio, Radio One (R1) na Radio10, ndetse n’abahagarariye ayo maradiyo; Urwego rw’abanyamakuru rushinzwe kwigenzura (RMC), rwavuze ko ngo ibirego byatanzwe atari amakosa y’abanyamakuru b’ayo maradiyo.
Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye ruravuga ko rufite gahunda yo kubera abandi urugero rwiza rwigirira isuku, kandi rukazakora ubukangurambaga rushishikariza abaturage kugira isuku bita ku mibiri yabo, imyambaro, aho bagenda ndetse no mu ngo zabo.
Wa mwana w’umukobwa w’imyaka 7, Mukakayigi Alice, wari watoraguwe ku muhanda mu Mujyi wa Rwamagana, tariki 07/01/2015, yaje kongera kugira amahirwe yo kubona abo mu muryango we mu ijoro rishyira uyu wa Kane, tariki 08/01/2015.