Ikigo ngezuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu mujyi wa Kigali no kujya mu zindi ntara byagabanutse, ariko uburyo byahindutse ngo bukazasobanurwa ku wa mbere, hanyuma bitangire gukirikizwa ku wa kabiri tariki 06/01/2014.
Abakirisitu Gatorika bo mu Karere ka Gicumbi bishimiye uburyo umunsi w’Ubunani usoza umwaka wa 2014 ndetse unatangira uwa 2015 wagenze, kuko nta mvura yaguye ngo ibabuze kuwizihiza.
Umuvugizi wa polisi y’Igihugu akaba anakuriye ubugenzacyaha mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Superintendent (CSP) Hubert Gashagaza aratangaza ko umutekano muri rusange wagenze neza mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2014 mu turere twose two muri iyi Ntara.
Bamwe mu bagize imiryango y’abarwanyi b’umutwe wa FDLR batashoboye gutaha mu Rwanda cyangwa kujya mu nkambi ya Kanyabayonga, kuva tariki ya mbere batangiye kwishyira mu maboko ya MONUSCO kugira ngo bajyanwe mu nkambi ya Kanyabayonga batazagerwaho n’imirwano ishobora kuba mu guhashya FDLR.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Mukingi akagari ka Rwinyana mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano muke uri mu muryango w’abaturanyi babo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko badakunze kwizihiza umunsi mukuru w’ubunani kuko baba bahaye agaciro cyane umunsi wa Noheri, bityo bigatuma ari wo bizihiza cyane kurusha ubunani.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu ntara y’i Burengerazuba irashima uburyo abaturage bitwaye mu bihe bisoza umwaka wa 2014 no gutangira umwaka wa 2015, kuko nta byaha byinshi byagaragaye uretse umugore umwe wakubiswe n’abantu bataramenyekana mu Karere ka Ngororero akajyanwa mu bitaro, hakaba hari gukorwa iperereza.
Tariki ya 31 Ukuboza buri mwaka ni umunsi uba utegerejwe n’abantu benshi bishimira ibyo baba baragezeho mu mwaka ushize, cyangwa se bababajwe n’ibibi byababayeho, banateganya kwinjira mu mwaka mushya n’imigabo n’imigambi inyuranye.
Mu muhango w’ihererekanyabubasha wabaye kuwa kabiri tariki 30/12/2014, Muzungu Gerald uherutse gutorerwa kuyobora Akarere ka Kirehe yatangaje ko atagiye gutangirira ku busa ahubwo agiye gukomereza kuby’abamubanjirije.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe bumva ko guhigira umwaka mushya aribyo buri wese akwiye guha agaciro kurusha kwinezeza, kuko usanga hari abajya mu tubari bakanywa bakarengera ugasanga bateje umutekano muke ndetse n’ubuzima bwabo bukaba bwahatakarira.
Uwitwa Uwiringirimana Jean Pierre wo mu Mudugudu wa Kiraro, Akagari ka Gasizi ko mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, yafashwe n’abaturage ari kubaga imbwa yo kurya mu yishimira gusoza umwaka wa 2014 atangira uwa 2015 mu gitondo cyo kuwa 31/12/2014.
Mu ijambo risoza umwaka wa 2014 no gutangira umushya wa 2015, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yifuje ko Ingabo n’abashinzwe umutekano w’igihugu muri rusange bageza ku banyarwanda indi ntsinzi yo kugira amahoro, nk’iyagaragaye mu mwaka wa 2014.
Polisi y’igihugu yashyikirije umucuruzi wo muri Uganda amafaranga miliyoni umunani n’ibihumbi maganabiri (8,200,000 Rwf) binyuze mu bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda, aya mafaranga yafatiwe mu Rwanda uwayibye yayoherereje bashiki be.
Inama njyanama y’akarere ka Ngoma yasangiye noheri inifuriza umwaka mwiza wa 2015 inshike za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bo mu murenge wa Mugesera ibyishimo birabarenga bamwe bararira.
Hategekimana Donacien utuye mu karere ka Ngoma, avuga ko ahangayikishijwe n’amazi aturuka aharunzwe ibitaka ubwo hasizwaga aho kubaka amazu mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) kuko nihatagira igikorwa azamusenyera inzu atuyemo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Rulindo biyemeje gutangira umwaka wa 2015 bafatanya kuzamuka mu iterambere ndetse no kugira umuco wo gukora no gutoza abanyamuryango bose gukora bakiteza imbere nta n’umwe usigaye inyuma.
Mu gihe Polisi ivuga ko mu mwaka wa 2015 nta mumotari ugomba gukora adafite uburenganzira bwo gutwara abagenzi butangwa na RURA, abo muri Koperative KAMOTRACO bahangayikishijwe n’uko batazakora kuko perezida wa Koperative yabo bamuhaye amafaranga ariko akaba atarabubagezaho.
Abatuye mu karere ka Ngororero barashimira abadepite ko babasura kenshi bakabagezaho ibibazo, ibyifuzo n’ibitekerezo byabo, ndetse nabo bakamenyeraho uko ababtoye babayeho mu bice bitandukanye by’ubuzima.
Leta y’u Rwanda imaze kwemeza ko ejo kuwa 31/12/2014 ari umunsi w’ikiruhuko ku bakorera mu nzego z’imirimo mu Rwanda bose; nk’uko bigaragara mu itangazo rya minisitiri ushinzwe abakozi ba Leta n’umurimo.
Umugore witwa Mukaruremesha Annonciatta wavugaga ko umugabo we yamucitse nyuma yo kugurisha isambu n’ibikoresho byo munzu ngo bimukire mu karere ka Nyabihu byatahuwe ko yabeshyaga nyuma yuko ubuyobozi bumenye ko aho yavugaga bari batuye hatabaho.
Raporo igaragaza ikibazo cy’ibibanza byatanzwe hatubahirijwe amategeko yakozwe n’abajyanama mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri taliki 30/12/2014 ntiyashoboye kuvugwa uko bikwiye nyuma y’uko umuyobozi w’akarere ka Rubavu Bahame Hassan ayibuzemo.
Mu biganiro byahuje abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza n’ubuzima bw’imyororokere n’abafite aho bahuriye n’imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare, tariki 29/30/2014, byagaragaye ko ibibazo abana bahura nabyo biterwa n’ababyeyi bateshutse ku nshingano zabo zo kurera.
Ubwo abarwanyi 83 ba FDLR bishyikirizaga MONUSCO muri Kivu y’Amajyaruguru tariki 28/12/2014, abandi barwanyi 67 hamwe n’abo mu miryango yabo 184 bari muri Kivu y’Amajyepfo nabo bashyize intwaro hasi.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana, yibukije urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ko umutekano w’igihugu ushingiye kuri bo kuko bafite inshingano zo kubikumira bitaraba bigisha bagenzi babo ndetse banatanga amakuru hakiri kare.
Mukaruremesha Annonciatta arashakisha umugabo we Uwineza Boniface babanaga mu karere ka Gisagara mu murenge wa Kibingo mu kagari ka Kavumu avuga ko yamucitse bamaze kugurisha umutungo wabo wose hagasigara inzu gusa.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu karere ka Gicumbi biyemeje ko bagiye gukora bashyira imbere inyungu z’umuturage banamufasha guhindura imyumvire kuburyo mu mwaka wa 2015 nta muturage wo muri aka karere uzaba ukiri munsi y’umurongo w’ubukene.
COMFORT INN GUEST HOUSE iherereye mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara yasangiye Noheli n’ubunani n’abatishoboye biganjemo inshike zarotse Jenoside yo muri mata 1994 batuye muri uyu murenge.
Bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bashimira Leta y’u Rwanda yabakiriye, ariko bakavuga ko bashimira byimazeyo uburyo abaturanyi babo babakiriye.
Imiryango itandukanye yo mu Karere ka Gisagara yabanaga itarasezeranye imbere y’amategeko ubu ikaba yarasezeranye, iratangaza ko byahinduye imibereho yari ifite cyane cyane ku bagiranaga amakimbirane.
Ubukangurambaga bucye ku baturage no gucibwa amande mu gihe umubyeyi yarengeje iminsi 15 atandikishije umwana, ni byo biri ku isonga mu gutuma ababyeyi batandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere mu karere ka Bugesera.