Abanyarwanda 52 bagombaga gutaha mu Rwanda tariki 20/1/2015 bavuye mu bice bitandukanye bya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo aho bamaze imyaka 20 bari mu buhunzi ntibarashobora kugera mu Rwanda kubera imyigaragambyo imaze iminsi ibera mu mujyi wa Goma.
Niyindebera Hamissa, umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17 urangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye akaba yaroherejwe gukomereza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare (GSOB) atewe ishavu no kuba ashobora kutazajya kuri iki kigo kubera ko iwabo nta bushobozi bafite bwo kumwoherezayo.
Inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’ubw’Amakomini bihana imbibi mu gihugu cy’u Burundi yafashe umwanzuro wo guhanahana amakuru ku gihe ku byahungabanya umutekano ku mpande zombi.
U Rwanda rwasimbuje ingabo zari zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centre Afrique aho icyiciro gishoje manda yacyo y’umwaka cyageze mu Rwanda, nyuma y’uko ikindi cyagombaga kubasimbura cyahagurutse mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 22/1/2015.
Bamwe mu batuye ku kirwa cya Bugarura giherereye mu karere ka Rutsiro bumva bafite amatsiko yo kugera mu mujyi wa Kigali ariko ntibiborohere kubona itike bityo bakumva ari nk’amahanga.
Abanyarwanda basanzwe bakorera mu mujyi wa Goma baravuga ko ubu imikorere itameze neza kubera imyigaragambyo imaze iminsi ine ibera muri uyu mujyi mu gitondo cyo kuwa kane tariki ya 22/01/2015 ikaba yongeye kubura, aho bivugwa ko abantu batatu bashobora kuba bahasize ubuzima.
Nyuma y’aho ikigo ngenzuramikorere cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) gitangarije ibiciro bishya by’ingendo, sosiyete itwara abagenzi mu Turere twa Huye-Nyaruguru na Huye-Gisagara yo ntiyigeze ihindura ibiciro by’ingendo.
Ingabo za Kongo zikorera ku mupaka muto uhuza Gisenyi na Goma zafashe Mupenzi Etienne utuye mu mu karere ka Rubavu mu murenge wa Kanama zimushinja kuba umusirikare none ngo zirasaba amafaranga ngo zibone kumurekura.
Imiryango 17 y’abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye bo mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 21/01/2015, yashyikirijwe amazu amazu 17 yo kubamo yose hamwe afite agaciro k’amafaranga miliyoni 119 yubatswe ku bufatanye bw’Inkeragutabara na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Nyabihu baravuga ko batarinjizwa neza muri gahunda z’iterambere.
Abaturage batandukanye bo mu mirenge igize akarere ka Gasabo baratangaza ko igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali kizabaha amahirwe atandukanye bitandukanye n’uko babitekerezaga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo buratangaza ko igenzura ryakozwe urugo ku rundi ryabafashije kumenya ibibazo abaturage bo muri aka karere bafite bikeneye ubufasha n’ubuvugizi mu rwego gufatanyiriza hamwe kubishakira ibisubizo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burasaba abakozi kudatanga umusaruro muke bitwaza kuba barahinduriwe imirimo, kuko bose bazi imihigo akarere kahigiye imbere y’umukuru w’igihugu.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye gutangiza ibitaro mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centre Afrique bizajya byita ku nkomere z’abasirikare n’abasivili, igikorwa kibaye bwa mbere mu mateka y’u Rwanda.
Abarwanyi b’umutwe wa FDLR batatu bitandukanyije nayo bagataha mu Rwanda baratangaza ko zimwe mu mpamvu zitumye bava muri uwo mutwe ari uko nta kintu kigaragara barwanira kandi banabangamiwe n’ubuzima bubi bamazemo iminsi.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’ababikira ryigisha ibirebana n’amahoteri riri mu Karere ka Rubavu muri Paruwasi Muhato buvuga ko uyu mwaka butazakira abanyeshuri mu mwaka wa kane kubera kutamenya gahunda y’ivugurwa ry’ikibuga cy’indege, kandi aho riri harabaruwe mu hazagurirwa ikibuga cy’indege.
Amatorero n’amadini akorera mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi yiyemeje gukorera hamwe ndetse agakora ibiterane byigirwamo ijambo ry’Imana n’ibiganiro bitandukanye kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Nyuma y’uko uwari perezida w’inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke, Musabyimana Innocent yeguriye kuri iyo mirimo, abajyanama bakabyemeza byari bitegerejwe ko Guverineri na we abyemeza.
Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha amakuru n’ubuvugizi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Ladislas Ngendahimana atangaza ko abayobozi b’uturere beguye mu mezi abiri ashize bateguye ku mpamvu zabo bwite nk’uko bagiye babitangaza, ahubwo hari inshingano zabo batasohoje uko bikwiye.
Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana yashimye uburyo abana babana na ba nyina muri gereza ya Gicumbi bitabwaho haharanirwa ko uburenganzira bwabo budahungabana.
Umuryango Humura ukorera mu karere ka Ngoma warihiye ubwisungane mu kwivuza abana 100 birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu murenge wa Rurenge unabaha ibikoresho by’ishuri ndetse wanatagiye kubigisha imyuga itadukaye ngo babashe kwiteza imbere bave mu bukene.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko hari gahunda za Leta cyane cyane izigenerwa abakene zitabageraho, ahubwo zikagenerwa abatazikwiye bo bita ko bishoboye.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Huye batekereza ko urubyiruko rukwiye kujya rwigishwa kuboneza urubyaro.
Abagize inama njyanama y’Akarere ka Burera bari mu mwiherero w’iminsi ibiri mu mujyi wa Nyanza biga ku bibazo bireba akarere kabo bikeneye ibisubizo mu buryo burambye.
Kaminuza Gatulika Nyafurika zigisha umwuga w’itangazamakuru n’itumanaho zigiye guhugura abakenera amakuru kugira ngo barusheho kuyasobanukirwa.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bavuga ko kuba muri aka karere hagaragara bamwe mu bana bafite umwanda ku mubiri cyangwa abarwaye amavunja, biterwa n’uko ababyeyi babo batita ku burere bwabo ahubwo bagahugira mu gushaka imibereho gusa badakozwa iby’isuku.
Umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, niwe watorewe kuyobora inama nyobozi y’akarere ka Gasabo kagize umujyi wa Kigali, asimbuye Willy Ndizeye uherutse kwgura kuri iyi myanya yombi.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) iratangaza ko kugira ngo baturage bitabire amatora bazi icyo bisobanuye bagomba gutangira gusobanurirwa hakiri kare, nubwo yemeza ko u Rwanda hari intambwe rwateye mu bijyanye no kuyayobora.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR), Mukantabana Seraphine, arishimira ko ubu u Rwanda rwiteguye neza kwakira impunzi zinjiye mu gihugu mu kivunge kuko hari abantu 100 bahuguwe bashoboye gukorana neza nk’ikipe imwe mu kwakira impunzi uko zaba zingana kose.
Uhagarariye Leta zunze ubumwe z’Amerika (USA) muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) Ambasaderi James C. Swan avuga ko imitwe ibangamiye umutekano mu karere ibarizwa mu burasirazuba bwa RDC igomba kurwanwa kugira ngo abaturage bashobore gukora bafite umutekano n’ibikorwa by’iterambere byiyongere.