Ubwo abaturage batuye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo batangaga ibitekerezo byabo ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo y’101, bavuze ko bifuza ko Perezida Kagame yakomeza kubayobora ubuziraherezo ngo kuko ngo basanga ari impano y’Imana.
Byemero Ferdinand na Bakundukize Fortuné barishimira intabwe bateye yo kurushinga nta mikoro bakemera kugenda n’amaguru ibirori bikaryoha, bakaba basanga ubukwe bwabo bwarasumbye ubw’abagenda n’imodoko zihenze akenshi ari n’izo bakodesheje ku madeni.
Bamwe mu batuye mu karere ka Rwamagana barifuza ko Perezida Kagame ubwe yavuga ko yemeye ubusabe bwabo, kugira ngo bamenye ko ibyo baharanira bizatanga umusaruro.
Nyamugabo George utuye mu Kagari ka Nyakarekare mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, mu gihe cyo kwakira ibitekerezo by’abaturage kuri uyu 25 Nyakanga 2015 mu Murenge wa Mbuye, yabwiye abadepite bari baje muri iki gikorwa ko we asanga nta wukwiye kuvuga kuri Kagame, kuko u Rwanda yarukuye habi akarugira Paradizo.
Abaturage bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bavuze ko batagenera Perezida wa Repubulika Paul Kagame manda azayobora u Rwanda, kuko ari we ufite icyerekezo cy’iterambere aruganishamo.
Inzego zitandukanye mu Karere ka Muhanga zirasaba urubyiruko kuba ijisho rya rugenzi rwarwo n’abaturage muri rusange, kandi ibitagenda rukabishyikiriza izindi nzego z’ubuyobozi kugira ngo ahagaragaye ikibazo gikemukire igihe.
Mu kwakira ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga, ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu, ku cyumweru tariki 26 Nyakanga 2015, abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde, baganiriye n’abagize Inama Nyanama y’Akarere ka Kamonyi ndetse n’abayobozi ba (…)
Umugore witwa Beata Kangabe utuye mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, yishimira ko atagitinya kugera aho abandi bantu bari, kuko na we asigaye asa neza abikesha ubuyobozi bwiza bwa Perezida Paul Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Mulinga mu Karere ka Nyabihu bashyikirije abadepite inkwano bavuga ko babatumye ku Nteko Ishinga Amategeko ngo bazayishyikirize iyo nka nk’inkwano bakoye Perezida Paul Kagame nk’umugeni basabye binyuze mu bitekerezo banditse ariko bakaba babigaragaje ngo berekane ko bamwishimiye.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugengabari, mu Karere ka Burera barifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka kuri Perezida Paul Kagame gusa, abandi bazamusimbura bakajya bayobora manda ebyiri z’imyaka irindwi nk’uko byari bisanzwe.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga baravuga ko bashingiye ku ivugururwa ry’ingingo y’101 irebana n’amatora ya Perezida, Perezida Paul Kagame yahabwa amahirwe yo kongera kwiyamamariza indi manda kandi yayirangiza agishoboye agakomeza kubera ko ntacyo banenga atakoze kuri gihe amaze ayobora igihugu.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabura mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bifuza ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akomeza kuyobora u Rwanda nyuma y’uko azaba ashoje manda ye ya kabiri.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Rwamagana baravuga ko ntawe utabona ibyiza Perezida Kagame yakoreye u Rwanda, bityo ngo abatinya kubivuga basa n’umuvugabutumwa utinya guhamya Imana kandi ari cyo yahamagariwe.
Mu biganiro bihuza abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’abaturage ku busabe bwo kuvugurura Itegeko Nshinga, abatuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bahamya ko nta muntu u Rwanda rufite wasimbura Perezida Paul Kagame, bityo bagasaba ko iri tegeko ryavugururwa agakomeza kuyobora u Rwanda kugeza igihe (…)
Ubwo hari mu gikorwa cyo kumva ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa ry’Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo y’101, mu Murenge wa Kiramuruzi, abasigajwe inyuma n’amateka bavuze ko nta wundi muyobozi bari babona umuze nka Perezida Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Kirehe bakira abadepite ku wa 25 Kanama 2015 bayobowe na Visi Perezida w’Inteko Ishinga amategeko/ Umutwe w’Abadepite, Uwimanimpaye Jeanne d’Arc, mu byifuzo byabo basabye ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yavaho burundu bagakomeza gutora Perezida Paul Kagame.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, cyane cyane abageze mu za bukuru bavuga ko bibaza niba ibihugu bihoramo imvururu bigira Kagame wabyo.
Bimwe byo bishimira bagezeho mu rwego rw’ubuzima ku ngoma ya Perezida Paul Kagame harimo isuku, ubwisungane mu kwivuza, kurwanya malariya, kurwanya Sida no kongera umubare w’abaganga n’abandi bakora mu nzego z’ubuzima.
Abaturage bo mu murenge wa Mugina, mu karere ka Kamonyi basaga ibihumbi bitanu bitabiriye ibiganiro n’abadepite ku ivugururwa ry’ingingo ya 101 y’itegeko nshinga, bashyigikiye iyo ngingo ihinduka kuko ibangamira ko bongera gutora Kagame kandi kuko bavuga ko kumubura ari nko kubura umubyeyi batarakura.
Ambasaderi wa Leta Zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda Erica Barks-Ruggles, atangaza ko umuganda ari inkingi ikomeye yo guhuriza hamwe imbaraga no gufashanya, bityo mu gihe ukozwe neza bikaba bifasha igihugu gutera imbere.
Abatuye umurenge wa Janja nabo bumze mu rya bagenzi babo bo mu y’indi mirenge igize akarere ka Gakenke ko bifuza gukomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame, kubera demokarasi yabazaniye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Nyakanga 2015, mu gihugu hose habaye igikorwa cy’umuganda, uri bukurikirwe n’ibiganiro bihuza abaturage n’intumwa za rubdanda baganira ku ngingo y’i 101 niba yahindurwa Perezida Kagame akongera kwiyamamaza mu 2017.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, bavuga ko ntacyo banganya Perezida Paul Kagame ku bw’ibikorwa bifatika, cyane cyane bijyanye n’imibereho myiza, yabagejejeho.
Umuyobozi wungirije w’umutwe w’Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Hon. Uwimanimpaye Jeanne d’Arc avuga ko uburyo abaturage batanga ibitekerezo ku bijyanye n’ivugururwa ry’ingingo ya 101 y’itegeko nshinga bigaragaza intambwe ya Demokarasi ihambaye u Rwanda rumaze gutera.
Abasheshe akanguhe bo mu karere ka Rusizi baravuga ko bafite ipmpungenge z’uko bazasaza batongeye kwitorera Perezida Kagame, kuko ari we muyobozi wenyine wagiye usezerna abaturage ibintu akabibagezaho.
Yezu Kristu ngo yahaye abatuye isi kuba umwe bitwa abakristo, azi abantu mu mazina yabo nk’uko na Perezida Kagame ngo yagize abaturage ubwoko bumwe (Umunyarwanda), kandi ngo arabazi mu mazina yabo n’ibibazo bafite, nk’uko uwitwa Batamuliza Jennifer Cyakwita abisobanura.
Abarimu n’abanyeshuri bo muri Kaminuza ya “Mercer” (Mercer University) yo muri Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, baratangaza ko ibikorwa by’Umuryango w’Abapfakazi ba Jenoside (AVEGA - AGAHOZO) bikwiriye kuba isomo ry’ubumuntu ku batuye isi kuko ngo bigaragaza ukwihangana gukomeye no kwiyubaka nyuma yo kugirwa (…)
Mu gihe Nyirambarushimana Thérèse wo mu Karere ka Ngororero yari amaze imyaka 9 avuga ko yarenganyijwe n’abaturage bamutwariye imitungo, abanyamategeko n’ubuyobozi mu Karere ka Ngororero basanze iki gihe cyose yamaze asiragira mu nkiko cyaraturutse ku kutemera ibyemezo by’inkiko no kutubahiriza inama yagiriwe mu (…)
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bagaragaje ko ibyo Perezida Kagame yabagejejeho batabona uko babivuga kuko ari byinshi, bakavuga ko nicyo kumwitura kitaboneka uretse kumureka akabayobora kugeza ashaje.
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 baravuga ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga igomba guhinduka Kagame Paul akongera gutorwa akayobora u Rwanda kubera ko ari we wa mbere wakuyeho igihano cy’urupfu.