Ikigo Ndangamuco wa ki Islam cyafashije abayoboke b’iri dini biganjemo urubyiruko n’abatishoboye kwegera Imana no gutunganya neza igisibo cya Ramadhan, nk’uko idini ya Islam ibitegeka.
Ni kenshi hagiye humvikana Abanyarwanda basaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga u Rwanda rugenderaho kugeza ubu yahinduka, kugira ngo bahe Perezida wa Repubulika Paul Kagame amahirwe yo gukomeza kuyobora nyuma y’uko azaba arangije manda ze ebyiri yemererwa n’iryo tegeko.
Abasirikare bava mu bihugu umunani by’Afurika batangiye amahugurwa mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (Rwanda Peace Academy) agomba kubafasha gusobanukirwa inshingano zabo n’uburyo bazisohoza neza mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’ubw’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.
Abaturage bo mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi barifuza ko Perezida Paul Kagame yayobora u Rwanda kugeza ubwo, we ubwe, azumva ananiwe akarekeraho kuyobora Abanyarwanda.
Abasirikare bakuru 48 bava mu bihugu by’Afurika b’Iburasizuba n’ibihugu bibiri byo mu Muryango w’Ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADC), batangiye amasomo mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’Igihugu (RDF-SCSC) riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze kuri uyu wa mbere 20 Nyakanga 2015.
Bamwe mu bamotari bo mu turere twa Huye na Gisagara baravuga ko hagati yabo harimo amakimbirane aturuka ku mikoranire idasobanutse.
Ahmad Alhendawi Intumwa yihariye y’umunyamabanga w’umuryango wabibumbye Ban Ki Moon yashimye iterambere ry’u Rwanda na politiki yo kuvana urubyiruko mu bukene, asezeranya u Rwanda kuzarubera intumwa nziza.
Nyuma y’uruzinduko intumwa za rubanda zakoreye mu Karere ka Kamonyi mu mpera za Mutarama 2015 zigasanga hari ikibazo cy’isuku nke mu baturage, kuri uyu wa 18 Nyakanga 2015, zagarutse kureba ingamba ubuyobozi bw’akarere bwafashe mu kugikemura maze bigaragara ko zitashye zinyuzwe.
Ku wa 16 Nyakanga 2015, abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Ngororero, Komite Nyobozi y’akarere hamwe na bamwe mu bakozi n’abafatanyabikorwa bose hamwe babarirwa muri 62 bakoze umwiherero ugamije gusuzuma aho bageze mu kwihutisha iterambere ry’akarere bashyira mu bikorwa igenamigambi ryako rikubiye muri DDP (District (…)
Abatuye ndetse n’abakorera muri Santere ya Gitare iri mu Murenge wa Kagogo, mu Karere ka Burera, batangaza ko inzoga z’inkorano nk’Umurahanyoni n’Umunini zaharangwaga zagabanutse ku buryo ngo urugomo n’uburaya byaterwaga n’ubusinzi bwazo, na byo byagabanutse.
Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu y’ingabo z’Ummuryango w’Abibumbye zibungabunga amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) yakoze impanuka ku kibuga cy’indege cya Goma kuri uyu wagatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2015 ubwo yari irimo igwa kuri iki kibuga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bwemeye amakosa ku kibazo k’isuku, bunatangaza ko bwiyemeje kwikubita agashyi ngo iyi suku nke irangire. Babitangaje bwo itsinda ry’abadepeti ryari ryahagurukijwe n’iki kibazo ryabagendereraga kuri uyu wa gatandatu tariki 18 Nyakanga 2015.
Abagore bo mu turere twa Nyanza, Gisagara, Nyaruguru, Karongi na Musanze bakora umwuga w’ubuhinzi mu cyaro bibumbiye mu ihuriro rifashwa na Action AID baravuga ko kuba Leta y’u Rwanda yarabahaye ijambo byabahesheje kugira uruhare mu bibakorerwa.
Ubucuruzi bw’ibirayi bwaranzwe n’uruhurirane rw’ibibazo byatumaga abahinzi batabona inyungu ziva mu buhinzi bwabo n’ abaguzi bakagura ibirayi ku giciro cyo hejuru byahawe umurongo ngenderwaho nyuma y’ibiganiro byahuje Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Urugaga rw’Abikorera (PSF) ndetse n’amakoperative (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko abaturage b’iyo ntara by’umwihariko abo mu mirenge ihana imbibi na Pariki y’Akagera badakwiye gukomeza kubarirwa iby’inyamaswa ziyirimo kandi na bo bashobora kuzisura.
Itsinda ry’Abasenateri ryasuye Akarere ka Muhanga kuri uyu wa gatandatu tariki 17 Nyakanga 2015 riranenga ibikorwa by’imihanda byagombye kuba byubakwa mu Karere ka Muhanga.
Kuri uyu wa kane tariki 16 Nyakanga 2015 hafi y’Ibiro by’Akarere ka Rutsiro hataburuwe imibiri 54 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyumay’aho umuntu utamenyekanye yandikiye ubuyobozi aburangira aho babajugunye.
Ibikorwa byo kurwanya umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Congo kuva 2015 yatangira ntibyawugabanyije intege, ahubwo byawuhaye uburyo bwo kwisuganya no kwihuriza hamwe kandi biwuha n’ingufu z’ibikoresho kuko aho irwaniye n’ingabo za Congo izambura ibikoresho.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe abakomatanije ubumuga bwo kutumva, kutavuga no kutabona wizihijwe ku uyu wa 15 Nyakanga 2015, abahagarariye inzego zishinzwe abafite ubumuga mu Rwanda babasabiye gushyirwa mu cyiciro cyihariye kurusha abandi, kubera ubukana bw’ubumuga bafite.
Women Foundation Ministries, Umuryango Mpuzamahanga udaharanira Inyungu, urimo gutegura igiterane mpuzamahanga cyiswe All Women Together cyangwa mu Kinyarwanda “Abagore Twese Hamwe” kizabera ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali kuva ku wa 28-31 Nyakanga 2015.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo yibukije abaturage ko, kumva ko bari mu bwoko bumwe bw’Abanyarwanda, bukeneye kubaho neza no gutera imberao. Bakigenera ikibakwiriye kandi cyateza imbere igihugu cyabo barwanya n’uwashaka kubasubiza inyuma.
Abasaza n’abagore bagikomeye bo mu Murenge wa Nkotsi, mu Karere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, bazindukiye ku biro by’akarere basaba ko barenganurwa kuko bakuwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka ya VUP mu buryo bavuga ko budasobanutse.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Umuvunyi butangaza ko hateye abatekamutwe biyitirira kuba abakozi b’inzego z’ubutabera ndetse n’Urwego rw’Umuvunyi bagasaba abaturage amafaranga ibihumbi 100 babizeza ko ibibazo bafite mu nkiko no mu Rwego rw’Umuvunyi bazabijyamo bigakemuka.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, mu muhango wo gutangiza urugerero rw’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga bazwi ku izina ry’”Indangamirwa” kuri uyu wa 14 Nyakanga 2015, yabibukije ko ubumenyi bahahayo bugomba kubakira ku ndangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.
Abantu batanu bamaze bashyinguwe kuri iki gicamunsi cyo ku wa 15 Nyakanga 2015 nyuma yo kwitaba Imana babuze umwuka ubwo bari mu mwobo bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram mu kirombe cya Sosiyete ya New Bugarama Mining kiri mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugera mu Kagari ka Rurembo barishimira ko ibyo urubyiruko rwo muri aka kagari rwemerewe na Perezida wa Repubulika batangiye kubigezwaho.
Inama y’Igihgu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Nyaruguru iratangaza ko hagiye gutangizwa ihuriro (Forum) ry’abagore bafite akazi mu nzego zinyuranye.
Irakoze Gleme, umukobwa w’imyaka 19 ukora akazi ko kuvugira inka, avuga ko aterwa ishema no kuvugira inka mu birori bitandukanye kandi ari umukobwa, umurimo ubusanzwe ukorwa n’abagabo.
Mu bigo by’amashuri byo mu Karere ka Kirehe harangiye amarushanwa ku biganirompaka mu gutyaza ubumenyi mu rurimi rw’Icyongereza, maze ubuyobozi bw’akarere n’abaterankunga muri icyo gikorwa babishimira urwego abarimu bagezeho mu kuvuga Icyongereza bahamya ko bizazamura ireme ry’uburezi.
Inteko Ishinga Amategeko yose (Umutwe wa Sena n’uw’Abadepite) yemeje ko ubusabe bw’abaturage ku ihindurwa ry’ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga bufite ishingiro; aho iyo ngingo n’izindi zifitanye isano na yo zizahindurwa, kugira ngo bihe ububasha Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bwo kongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda (…)