Mu kwizihiza umuganura abaturage b’i Simbi ho mu Karere ka Huye bamuritse ibyo bagezeho, bamwe bagabirwa inka muri gahunda ya Girinka, abandi na bo bitura bagenzi babo inka bahawe mu bihe byashize na bo muri gahunda ya Girinka.
Abaturage bo mu mudugudu wa Kidaho, akagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bizihije umunsi w’umuganura bishimra ibyo bagezeho banahigira gukomeza kugira isuku mu ngo zabo baca ingeso yo kurarana n’amatungo mu nzu, igaragara hamwe na hamwe.
Umusaza witwa Sayinzoga Selesitini wo mu kagari ka Buhabwa ko mu murenge wa Murundi avuga ko umuganura ukwiye kubera Abanyarwanda b’iki gihe ikimenyetso cy’ubumwe n’igihango Abanyarwanda bo hambere bari bafitanye mbere y’umwaduko w’abazungu.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bamaze gukusanya amafaranga asaga miliyoni 17 mu kigega ishema ryacu, mu rwego rwo gutanga ingwate igamije gufunguza Gen. karenzi karake wafatiwe mu bwongereza. Ubuyobozi bw’akarere bwemeza ko abaturage bagikomeje uwo mutima wo gutanga amafaranga mu rwego rwo kwerekana urukundo, (…)
Bamwe mu basenyewe n’umutingito uherutse kwibasira igice cyo mu biyaga bigali u Rwanda ruherereyemo, batangaza ko amazu yabo yasenywe n’iki kiza bakaba basaba ubufasha bwo kubona aho kuba kuko ntaho gucumbika bafite.
Umutingito wumvikanye mu Rwanda ku isaha ya saa cyenda n’iminota 25 ugakurikirwa n’undi wumvikanye nyuma y’imota itatu wa mbere ubaye, wagize ingaruka kubantu batuye mu ntara y’Uuburengerazuba harimo amazu yangiritse.
Intumwa yihariye ya Loni muri Afurika yo Hagati, Abdoulaye Bathily, aratangaza ko ikibazo cy’u Burundi kireba buri wese, akaba ahamagarira amahanga kugira icyo akora ngo gikemuke.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 06 Kanama 2015 mu Mudugudu wa Muyaga mu Kagari ka Gikombe ho mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke hafi y’Umugezi wa Nyabarongo hatoraguwe umurambo w’umugore w’imyaka 39 witwa Mutuyimana Thephilka bigaragara ko yatemagujwe imihoro myinshi mu mutwe ndetse no ku ijosi.
Kuri uyu wa 05 Kanama 2015 abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 19 yose igize Akarere ka Gakenke bagiranye inama n’inzego z’akarere bagamije gusuzuma no kunoza imihigo ya 2015-2016 kugira ngo bagamije kurebera hamwe uko yarushaho gusubiza ibibazo by’abaturage.
Mu gihe hashize icyumweru n’igice rwiyemezamirimo Gatarayiha Augustin uhagarariye sosiyete y’ubwubatsi ECORBAT ahagaritse kubaka inzu y’ubucuruzi y’abakozi b’akarere ka Rutsiro, aratangaza ko iyi koperative yishe amasezerano bari baragiranye bituma ahagarika imirimo yo kubaka.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 51 tugize Akarere ka Nyanza kuva ku wa 05 Kanama 2015 bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri yo kubafasha gutyaza ubwenge mu birebana n’imitegurire y’igenamigambi rigamije gufasha abaturage mu kwihuta mu iterambere.
Abahinzi b’icyayi mu mirenge ya Kibeho, Mara, Ruramba na Rusenge bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Mata baratangaza ko kuva bakwegurira icyayi cyabo uru ruganda ngo umusaruro wiyongereye.
Abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA batuye mu karere ka Ngororero bavuga ko ingingo y’i 101 igomba guhinduka ngo batore uwabagejejeho imiti igabanya ubukana, byabaviramo ingaruka zo kwicwa n’agahinda bagatakaza abasirikare (anticorps) bo mu mubiri wabo.
Kuri uyu wa 3 Kanama 2013, mu biganiro byahuje intumwa za rubanda na ba mutima w’urugo bo mu Karere ka Gatsibo, bavuze ko bifuza ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora ubuziraherezo bavuko ko ‘yabakuye aho umuhinzi yakuye inyoni’.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, arasaba ababyeyi bo mu Karere ka Nyabihu gushakira abana babo bari mu biruhuko bakabarinda kuba imburamukora no kwishora mu bitabafitiye akamaro.
Guhera mu rukerera rwo kuri uyu wa 03 Kanama 2015, kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gatunda hafungiwe abantu bane bose bakekwaho kwiba ibendera ry’igihugu, ry’Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Gatunda.
Ubwo abadepite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde baganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Ngamba, mu Karere ka Kamonyi ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu, kuri uyu wa 3 Kanama 2015, abaturage babatangarije ko bakeneye kuyoborwa na Kagame igihe cyose akiriho.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga, abahagarariye amabanki n’abagize urwego rwa Sosiyete Sivile barasaba ko inginga y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka bakongera kwitorera Paul Kagame.
Bamwe mu bahagarariye amadini bo mu Karere ka Kirehe bashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa ngo bafite impungenge ko nyir’ubwite ataratangaza niba yemera gukomeza kubayobora none ngo batangiye gusengera icyifuzo cyabo ngo azavuye “Yego”.
Ubwo abadepite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde baganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 2 Kanama 2015, babahamirije ko basaba ku bwabo ko Itegeko Nshinga rivugururwa kandi ko nta wundi muntu ubibahatira.
Abatuye umurenge wa Rukumbeli akarere ka Ngoma barashima ubuyobozi bwa perezida Kagame, banasaba ko yakomeza kuyobora kugirango hamwe n’ibyo byiza yabagejejeho abashe kubageza kubindi byinshi yasezeranije abanyarwanda muri viziyo 200 birimo n’umuhanda wa Kaburimbo Ngoma-Bugesera Ramiro.
Abaturage bifitiye ikimenyetso cy’uko Perezida Kagame amanuka akabegera, bitewe n’imiyoborere myiza ye, akabasha kubaganiriza no kubagira inama mu bijyanye no kwigira no kwiteza imbere ngo akaba ari yo mpamvu bifuza ko ahabwa amahirwe agakomeza kubayobora.
Uhagarariye igihugu cy’u Bwongeleza mu Rwanda William Gelling, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, ari ugushaka umuti urambye wo kuyirwanya uzanafasha urubyiruko rw’ejo hazaza guhindura amateka mabi yaranze igihugu.
Umwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR, akaza gufatirwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano muri 2001, avuga ko yitaweho ku buryo bushoboka anahabwa amafaranga yo gutangiriraho yiteza imbere ubwo yasozaga ingando i Mutobo kandi ngo nta handi biba ku isi bityo agasaba ko Perezida Kagame akomeza kuyobora u Rwanda.
Abenshi mu bakozi bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, n’abakora muri IPRC-South, bagaragaje ko bifuza ko perezida w’u Rwanda atakongera kugira inzitizi ya manda, ahubwo amatora akazajya aba ariyo agenda niba akwiye gukomeza kuyobora.
Mu biganiro byahuje abadepite n’abarimu, abikorera n’abafite ubumuga mu Karere ka Ngoma, ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga igena manda za Perezida wa Repubulika,ibi byiciro byagaragaje ko kwitesha Kagame byaba ari ishyano bakoze bitewe n’uko ngo bamubonamo umuyobozi udasanzwe.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko rimwe mu terambere babashije kugeraho mu myaka 21 ishize u Rwanda rwibohoye, ari ukwibohora mu bukene bwo kwiyorosa ibirago kuko nta bundi bushobozi bari bafite.
Ngo mwarimu wo ha mbere yarangwaga no kwambara inkweto zamusaziyeho, zisa nabi umubonye wese akavuga ngo Gakweto arahise iyo nyito ifata abarimu bose, ariko ubu ngo abarimu bahawe agaciro na Perezida Paul Kagame wabashingiye Umwarimu sacco n’ibindi bikorwa bibafasha kwiteza imbere.
Abarezi bo mu mirenge igize Akarere ka Muhanga baravuga ko kubera ibyiza bagejejweho na Perezida Kagame bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahinduka bakongera bakumutorera kuyobora kuko ntawundi babona ushoboye.
Abahanga mu by’amategeko, abarimu muri kaminuza, abashakashatsi n’abashumba b’amatorero, bunze mu ry’abandi baturage bavuga basaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahindurwa, aho na bo bifuje ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017.