Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abagore b’abayobozi bakuru b’u Rwanda n’abandi bahoze muri Guverinoma ya Leta y’Ubumwe, Unity Club, rifatanyije na Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu gikorwa cyo gushakisha "Abarinzi b’Igihango" hirya no hino mu gihugu, buravuga ko bwanyuzwe n’uko iki gikorwa kirimo gukorwa hirya no hino mu mirenge (…)
Lt Gen Karenzi Karake, mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Kanama 2015 yageze mu Rwanda aturutse mu Bwongereza aho yari afungiye nyuma y’uko urukiko rwo mu Bwongereza rwa Westminster rwamuburanishaga rufashe icyemezo cyo kumurekura kuri uyu wa 10 Kanama 2015.
Iminsi icumi irashize abaranguza ibinyobwa bya BRALIRWA bafungiwe na Banki ya Kigali kubera umwenda Rutagengwa Oswald ukwirakwiza ibyo binyobwa afitiye watumye ububiko bw’inzoga (amadepo) bwose bufungwa kuko amakaziye yakoreshaga yose yatanzweho ingwate muri Banki.
Aborozi b’inka bo mu Karere ka Burera batangaza ko basigaye babura aho bagurisha amata yabo kuko ikaragiro ry’amata bagomba kuyagurishaho, riri muri Santere ya Kidaho mu Murenge wa Cyanika, ryuzuye ariko rikaba rimaze amezi abiri ritaratangira gukora.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga baribaza impamvu urugomero rwa Nyabarongo rwuzuye akaba ari bwo ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi kirushaho kwiyongera.
Abikorera mu karere ka Rubavu bashyize amafaranga mu kigega Ishema ryacu yarateganyijwe kuzaba ingwate izatuma Lt Gen Karake Karanzi bavuga ko bifuza ko ayo mafaranga yakomeza kubikwa akunganira igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Bugesera cyane cyane abaturiye Ikiyaga cya Cyohoha ya Ruguru baravuga ko bamaze kwiteza imbere babikesha amafaranga bakura mu mushinga wo gutunganya icyo kiyaga, bagikuramo amarebe yari agiye gutuma gikama.
Kuri uyu wa 11 Kanama 2015, mu nama yahuje Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kayenzi, mu Karere ka Kamonyi n’ingo 21 zagaragajwe n’abaturage ko zibanye nabi, basobanuriwe uburyo amakimbirane hagati y’abashakanye asenya umuryango kuko bigira ingaruka ku bana no ku iterambere ry’urugo.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera (PSF) n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu burategura ibarura ryo kumenya abikorera muri ako karere kuko uretse gukekeranya badafite imibare ifatika y’abikorera bagakoreramo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kanama 2015, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro cyafunze ahasanzwe hakorerwa na Radio Contact FM ya sosiyeti CONTACT FM LTD kubera ko ikibereyemo umwenda w’imisoro.
Umuryango uharanira gushishikariza abagabo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC), ugaragaza ko ubusumbane bw’abagabo n’abagore bwigaragaza buterwa n’uko abantu barezwe mu muco wo kumva ko abagabo aribo bashoboye gusa.
Uwitwa Nzabakirira Gaspard utuye mu Kagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, agura imodoka zishaje zahoze zitwara abagenzi, akazisenya (akazibaga) akagurisha ibyuma; ariko noneho bigiye kumuviramo gutanga utwe bitewe n’uko izo modoka yaguraga zabaga zifitiye imyenda Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda (…)
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) irakangurira abagore gutinyuka kujya biyamamariza imyanya imwe n’imwe y’ubuyobozi, isanzwe ifatwa nk’imyanya yagenewe abagabo haba ku biyamamaza cyangwa ku batora.
Nyuma yo kugaragaragaza urutonde rw’abarinzi b’igihango ku rwego rw’utugari n’imirenge; Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yaganiriye na Komite zibatoranya, maze ibibutsa ko bagomba kubicisha mu nama rusange z’utugari kugira ngo hatagira uwibagirana cyangwa ujyamo kandi ashidikanywaho.
Lt. Gen. Karenzi Karake Emmanuel ukuriye Urwego rushinzwe Iperereza n’Umutekano mu Rwanda (NISS), yarekuwe n’urukiko rw’u Bwongeleza, nyuma yo gutesha agaciro ubusabe bw’ubutabera bwa Espagne bwashakaga ko yoherezwa kuburanira muri icyo gihugu.
Impuguke zikora mu kigo cya OVG gicunga ibirunga bya Nyiragongo na Nyamuragira bisanzwe biruka, ziratangaza ko umutingito uherutse kumvikana mu karere u Rwanda ruherereyemo watumye imyotsi n’ibikoma by’ibirunga bya Nyamuragira na Nyiragongo bizamuka.
Abakozi mu nzego zinyuranye mu Karere ka Kirehe biyemeje gukosora amakosa yakozwe baharanira kuzuza inshingano zabo batanga serivisi nziza ku bo bayobora baharanira iterambere igihugu cyifuza kugeraho.
Bamwe mu bagore bo mu cyaro kimwe n’abari mu nzego zifatirwamo ibyemezo mu karere ka Nyanza, baravuga ko gahunda yo kwegereza abaturage ubuyobozi n’ubushobozi byateye intambwe ishimishije.
Inteko Ishinga Amategeko igiye gutora itegeko rishyiraho Komisiyo ishinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga, mu rwego rwo guhindura ingingo y’101 yaryo yakumiraga kongera kwiyamamaza kwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nyuma ya 2017; kuko abaturage bagaragaje ko bakimushaka.
Ubuyobozi bwa Espagne bumaze gukuraho ibirego bwaregaga Lt Gen Karenzi Karake Emmanuel, umwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda maze urukiko rwo mu Bwongereza rwamuburanishaga ruhita rumurekura ku gicamunzi cyo kuri uyu wa 10 Kanama 2015.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko buzajya bushimira imiryango ibanye neza kugira ngo ibere urugero ibana mu makimbirane kandi ibashe kuyigira inama.
Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura mu Karere ka Gicumbi kuri uyu wa 7 Kanama 2015, abaturage bagaragaje ko bawufata nk’umunsi wo gusuzuma ibyo bamaze kugeraho mu iterambere ndetse bakanareba ibyo bagomba kongeramo imbaraga kugirango bakomeze bizatere imbere.
Mu Kagari ka Ruyenzi ho mu Murenge wa Runda, Umunsi w’Umuganura wizihirijwe mu Mudugudu wa Nyagacaca ahahuriye abaturage b’imidugudu itanu igize aka kagari, maze abakuru b’imidugudu na bamwe mu baturage bamurikira rubanda imihigo bagezeho n’iyo ateganya kugeraho.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bahamya ko igikorwa cyo kwizihiza umuganura, abaturage bari hamwe basangira, ari igikorwa cyiza kizatuma Abanyarwanda barushaho kunga ubumwe, bungurana ibitekerezo.
Kuri uyu wa 08 Kanama 2015, mu Mudugudu wa Mirama ya 2 mu Kagari ka Nyagatare ho mu Murenge wa Nyagatare, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, James Musoni, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rutunganya amazi rufite ubushobozi bwo gutunganya amazi angana na metero kibe 2300 ku munsi, rukazagaburira umujyi wa Nyagatare (…)
U Rwanda rwatangije ishami ry’Umuryango Nyafurika Pan African Mouvement/PAM uharanira gukorera hamwe kw’Abanyafurika bagamije kuva mu bukene no guharanira imibereho n’imiyoborere myiza.
Hagamijwe kurushaho gufasha abaturage kwandikisha ubutaka bwabo no gukora ihererekanya ryabwo kandi hubahirizwa icyo bwagenewe gukora, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere cyahuguye abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu ndetse n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yo mu Ntara y’Iburasirazuba ku mategeko (…)
Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura mu karere ka Gisagara, Umuyobozi wako, Léandre Karekezi, yasabye abaturage kutishimira ibyo bagezeho ngo bagarukire aho, ahubwo kikaba n’igihe cyo kwicara bakareba aho bifuza kugera mu iterambere maze bagahiga kuzahagera.
Abaturage bibumbiye mu midugudu ya Nduba, Mukebera na Kindoyi igize akagari ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, basanga umuganura ari inzira yaganisha abanyarwanda ku bumwe n’ubwiyunge.
Mu kwizihiza umuganura abaturage b’i Simbi ho mu Karere ka Huye bamuritse ibyo bagezeho, bamwe bagabirwa inka muri gahunda ya Girinka, abandi na bo bitura bagenzi babo inka bahawe mu bihe byashize na bo muri gahunda ya Girinka.