Abana biga ku Kigo cy’Inshuke cya Key of Life mu Murenge wa Rugerero basangijwe Noheri na Kivu Serena Hotel.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke basanga Noheri ari wo munsi w’ibyishyimo kurusha indi minsi yose.
Abakozi ba Minisiteri y’Ubutabera ku wa 24 Ukuboza 2015 basuye Club Urumuri y’abana bagizwe imfubyi na Jenoside batuye mu Matyazo, baraganira baranasangira.
Ikigo Vision Jeunesse Nouvelle kitwa ku rubyiruko cyasangiye Noheri n’abana 162 biganjemo abana bo ku muhanda bo mu Mujyi wa Rubavu.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kagina, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko Noheri atari igihe cyo gusesagura cyane ko n’ubukungo ngo butifashe neza.
Ingabo z’u Rwanda zikorera muri Batayo 75 zasangiye Noheri n’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya batujwe mu Karere ka Rubavu.
Umwe mu bayobozi b’isosiyete ikora imihanda, China Road, mu karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi nyuma yo gutoroka ashinjwa ubujura bw’amapine.
Muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu besnhi berekeza mu turere tunyuranye kwizihiza iminsi mikuru ariko kubona imodoka byababereye ingume.
Umuryango Never Again Rwanda (NAR) uhugura urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruhuza abafitanye amakimbirane, rukabafasha kuyakemura mu mahoro.
Uyu muryango ukorera mu karere ka Ruhango, kuri 23/12/2015, nibwo wifatanyije n’abana basaga 300 ndetse naba nyina kwihiza iminsi mikuru.
Ruzindana André w’imyaka 37 wari umupagasi mu kagari ka Cyanya Umurenge wa Kigarama barakeka ko yiyahuye nyuma yo gusanga umurambo we mu kizenga cy’amazi.
Ikigo gitanga amahugurwa cy’ababikira b’ababernardine bo ku Kamonyi (CEFAPEK) cyafashije abakobwa babyariye iwabo bo kwizihiza Noheri y’abana babo.
Abanyarwanda 150 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda bavuye mu Burasirazuba bwa Kongo Kinshasa bahunga ibibazo by’intambara.
Imwe mu mihanda yari yaratinze kubakwa kuri ubu inama y’umushyikirano yanzuye ko yakwihutishwa nka Ngoma-Bugesera-Nyanza, Ngororero-Nyabihu hamwe na Cyanika –Musanze-Ngororero
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Karongi baremeza ko ubuzima bwabo bumaze guhinduka kubera imikoranire yabo n’umushinga USAID-EJOHEZA
Umwaka wa 2015 wose waranzwe n’ibyifuzo by’abaturage byasabaga guhindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga kugera ngo Perezida Kagame azakomeze kubora no gutsura umubano w’u Rwanda n’amahanga.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Madame Mukandasira Caritas asaba abaturage b’ iyi ntara, kwitabira umugoroba w’ababyeyi nk’ishingiro ryo kwikemurira ibibazo abaturage baba bifitemo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu mwaka wa 2015 yakunze kugaruka kuri politiki y’imiyoborere myiza haba ku Rwanda n’Afurika muri rusange, by’umwihariko agahamagarira Abanyarwanda n’abany-Afurika kwiteza imbere aho gutegereza kubeshwaho n’abanya Burayi.
N’ubwo ubuyobozi buhamagarira abantu gufata amazi, abaturiye ishuri rya“Morning Stars”bahangayikishijwe n’amazi ahaturuka kuko abangiriza.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame arasaba inzego zishinzwe uburezi gukura mu nzira vuba na bwangu ikibazo cya buruse z’abanyeshuri zitinda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yijeje ko ibinengwa ku Rwanda bizakosorwa, ku buryo ngo inama y’Umushyikirano itaha izagaragaza impinduka nyinshi.
Minisiteri y’Imari n’Igendamigambi iratangaza ko Leta ifite gahunda yo kubakira icyarimwe imijyi itandatu y’icyitegererezo mu Rwanda.
Inzego za Leta na bamwe mu bafatanyabikorwa bitabiriye Inama ya 13 y’Umushyikirano barizeza gukaza ingamba zikumira icuruzwa ry’abantu.
Abaturage bo mu mu murenge wa Nkombo baravuga ko amacumbi yabubakiwe mu rwego rwo kubakura mu bwigunge atarakorerwamo icyo yagenewe kandi yaruzuye.
Ministiri w’imari n’igenamigambi, Amb Claver Gatete yatangaje ko kuba Abanyarwanda 90% batarazigamiye izabukuru, icumbi n’uburezi bw’abana ari ikibazo gikomeye.
Nkunzumuryango Feston w’imyaka 18 wo mu kagari ka Nasho Umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe yarohamye kagera ubwo yageragezaga kwiyambutsa mu bwato.
Abatuye umurenge wa Cyanika, bishimira ko besheje umuhigo w’ubumwe n’ubwiyunge, icyo bashyize imbere ari umurimo ubageza ku iterambere atari amacakubiri.
Bamwe mu banyarwanda bakiri impunzi mu mahanga barishimira ko n’umuturage wo mu cyaro atanga igitekerezo kigahabwa agaciro.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera, PSF, mu Ntara y’ Iburengerazuba ku wa 19 Ukuboza 2015 bwatangije imurikagurisha ry’iminsi icumi rizabafasha kwizihiza minsi mikuru.