Abasirikare 23 b’u Buholandi bakorera ku mugabane wa Afurika, bahuriye mu nama ibera mu Rwanda kuva tariki 17-21 Gashyantare 2020, bajya no kunamira bagenzi babo b’Ababiligi biciwe i Kigali mu 1994.
Ingabire Rehema umwe mu bakobwa 20 bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2020, afite umushinga wihariye ujyanye no gushyiraho isoko ryihariye ry’abarimu, kugira ngo babashe kubaho neza bijyanye n’umushahara bahembwa.
Mu ijambo ryo gutangiza umwiherero wa 17 w’Abayobozi, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yagarutse ku makosa yatumye Evode Uwizeyimana na Dr. Isaac Munyakazi bari Abanyamabanga ba Leta begura kimwe na Dr. Diane Gashumba wari Minisitiri w’Ubuzima.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Gabiro mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, mu mwiherero ubaye ku nshuro ya 17.
Mu gihe hasigaye amezi abarirwa muri ane ngo u Rwanda rwakire inama mpuzamahanga ikomeye kurusha izindi zose rwakiriye, imyiteguro irarimbanyije by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yandikiye abayobozi b’uturere 16 abasaba ibisobanuro ku makosa uturere bayobora twakoreye abahinga ibishanga.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, bitangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki 14 Gashyantare 2020, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard yakiriye ukwegura kwa Minisitiri w’Ubuzima Dr. Diane Gashumba.
Abategura ibitaramo, amahoteli, utubari ndetse n’abandi batanga serivisi zitandukanye, bateguye ibirori abandi bagabanya ibiciro kuri uyu munsi wa Saint Valentin wizihizwa n’abakundana. Ni mu rwego rwo gufasha abakundana gutanga impano no gushimisha abakunzi babo.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) bwahagaritse komite nyobozi na ngenzuzi z’ihuriro ry’amakoperative y’abamotari mu Karere ka Rubavu, ubwo habaga inama yo kubereka raporo y’igenzura RCA yakoze.
Ingabire Marie Immaculée, uyobora Umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International Rwanda), yahindukiye ku ijambo amaze umwaka umwe avuze, ubwo yandikaga ko atabona akamaro k’irushanwa rya Miss Rwanda, ariko akaba yagaragaye mu b’imbere barimo batanga amasomo mu mwiherero w’aba bakobwa anumvikana ataka (…)
Impanuka yabereye ahitwa mu Nkoto, mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 13 Gashyantare 2020, yahitanye abantu barindwi barimo na Ngendahayo Edouard wari umugabo wa Senateri Mureshyankwano Marie Rose.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa 12 Gashyantare 2020, yamenyesheje Evode Uwizeyimana na Dr. Isaac Munyakazi bari Abanyamabanga ba Leta, ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeye ukwegura kwabo.
Ku itariki 8 Gashyantare 2020, Minisitiri w’ibikorwaremezo Amb.Claver Gatete yanditse kuri Twitter ko u Rwanda rumaze gusinya amasezerano agera ku ijana (100) mu bijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere.
Hari abaturage bimuwe mu bishanga mu Mujyi wa Kigali bakomeje kwinubira ko nta mafaranga yo gukodesha ahandi bahawe, hakaba n’abinubira ko batahawe amafaranga angana n’ayo abandi bahawe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, aranyomoza amakuru avuga ko hari inzige zamaze kugaragara mu Murenge wa Musheri.
U Rwanda rwatangiye gufata ingamba zo guhangana n’inzige zishobora kurugeramo igihe icyo ari cyo cyose, nyuma y’uko zigaragaye mu majyaruguru ya Uganda.
Madame Jeannette Kagame yavuze ko kuba ibiganiro hagati y’ababyeyi n’abana byaragabanutse, ndetse abana bakaba batabona amakuru ku buzima bw’imyororokere, ari kimwe mu bikizitiye Abanyafurika kugera kuri Afurika bifuza.
Ku itariki ya 17 Mutarama 2020, mu Karere ka Huye hatangijwe igikorwa cyo gusukura umujyi, hatemwa ingo z’imiyenzi n’insina.
Iyo uteze imodoka uvuye muri gare ya Nyabugogo, mu Mujyi wa Kigali, cyangwa muri gare ya Kimironko werekeza mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo, hose utanga amafaranga y’u Rwanda 216.
Sosiyete yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika isanzwe imenyerewe mu gutegura no kugeza amafunguro ku bayifuza ‘Fast Food’, yitwa KFC (Kentucky Fried Chicken), yatangije ibikorwa byayo ku mugaragaro mu Rwanda.
Abamotari 35 bakorera mu Karere ka Musanze barashinja Airtel ishami rya Musanze ubwambuzi bw’amafaranga y’u Rwanda 17,5000, batahawe nyuma y’amezi asaga abiri icyo kigo cy’itumanaho kibakoresheje mu bijyanye n’inyungu zo kwamamaza, birangira hatubahirijwe amasezerano bagiranye.
Itangazo Kigali Today ikesha ibiro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko kuri uyu wa 07 Gashyantare 2020, hashyizwe mu myanya abayobozi, mu Mujyi wa Kigali, ku buryo bukurikira:
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 06 Gashyantare 2020 yakiriye umusore uherutse kugaragara akora igikorwa cy’ubwitange arohora umwana muri ruhurura.
Mu mpera z’umwaka ushize, hamenyekanye inkuru y’itabwa muri yombi ry’umunyamakuru Jean Michel Karangwa, wamenyekanye cyane nka Mike Karangwa, bivugwa ko yari yafunzwe akekwaho guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano.
Ibihugu by’u Rwanda n’u Bushinwa birateganya kuri uyu wa gatanu tariki 07 Gashyantare 2020 gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku mugezi wa Nyabarongo (Nyabarongo II Hydro-power project).
Nyuma yo kubona ko hari abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi barangiza ibihano bakananirwa kubana n’abo basanze, ntibanabashe kwiyunga n’abo biciye, itorero ADEPR ryiyemeje gutangiza inyigisho z’isanamitima.
Abanyamakuru ba Kigali Today baherutse kugirira uruzinduko mu kigo cya Mutobo, ahakirirwa abahoze ari abasirikare batahuka bava muri Congo.
Kuva mu mpera z’ukwezi gushize kwa Mutarama kugeza mu ntangiriro za Gashyantare 2020, hirya no hino mu gihugu haguye imvura nyinshi ndetse hamwe ihitana ubuzima bw’abantu, ahandi itwara amatungo, yangiza imyaka, ibikorwa remezo n’ibindi.
U Rwanda rumaze iminsi rwakira Abanyarwanda bataha bava mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari barahungiye mu mwaka wa 1994, ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Kanzenze mu Kagari ka Nyamirango bavuga ko bamaze imyaka itandatu bafite ibyangombwa bitari mu ikoranabuhanga (Système) ry’ubutaka bikaba bituma badashobora kumenya amakuru y’ubutaka bwabo ngo babusorere cyangwa bashobore kubihinduza.