Hatangijwe ikigo gihuza abashaka akazi n’abagatanga

Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Akarere ka Huye katangije ku mugaragaro ikigo gihuza abashaka n’abatanga akazi (Huye Employment Service Center).

Iki kigo kizajya gihuza abatanga akazi n'abagashaka
Iki kigo kizajya gihuza abatanga akazi n’abagashaka

Iki kigo cyashyizwe mu nzu yagenewe gufasha abahinzi (Huye Farmers) iri hafi ya gare ya Huye, kizajya gifasha abakoresha bashaka gutanga akazi kubona abakozi bifuzwa, ariko n’abagashaka bafashwe kumenya aho bagashakira.

Kizafasha kandi n’abifuza guhanga imirimo nk’uko bisobanurwa na François Ngoboka ushinzwe ibikorwa biteza imbere umurimo muri RDB.

Ikigo Huye Employment Service Center cyashyizwe mu nzu yubakiwe guteza imbere abahinzi iri hafi ya gare ya Huye
Ikigo Huye Employment Service Center cyashyizwe mu nzu yubakiwe guteza imbere abahinzi iri hafi ya gare ya Huye

Agira ati “Hari ikoranabuhanga ryabigenewe rizafasha abagana iki kigo kubona amakuru ku hari akazi hose mu gihugu. Ariko hari n’inzobere zizafasha abitegura gukora ibizamini by’ibiganiro (interviews) z’ibizamini by’akazi cyangwa uko umuntu agaragaza umwirondoro we kugira ngo umukoresha awushime”.

Muri iki kigo kandi bazajya banaganira n’abashaka akazi kugira ngo bumve ibyo bakunda gukenera, bityo babe babaha n’amahugurwa y’inyongera “nk’ajyanye n’ururimi, kwihangira imirimo umuntu akagaragarizwa aho yakura ibyafasha umushinga we ngo ukure”.

Iki kigo gitangijwe mu gihe gushaka akazi bisigaye bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni umuti ku bavugaga ko bitaborohera kubona interineti, kuko muri iki kigo hari mudasobwa ndetse na interineti abifuza serivisi yo gushakisha akazi bazajya bifashisha nta kiguzi.

Hashyizweho n’imodoka izajya ijya mu masantere yo mu biturage, ku minsi bamenyeshejwe, abakeneye gushaka akazi bakerekwa uko babyitwaramo.

Ibi ni mu rwego rwo gufasha abaturuka mu biturage kudakora ingendo bajya gushakisha ikoranabuhanga ryo gushakisha akazi.

Izi modoka zizajya zisanga abakeneye akazi mu giturage, bafashwe kugashaka
Izi modoka zizajya zisanga abakeneye akazi mu giturage, bafashwe kugashaka

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko iki kigo cyari gikenewe kuko ubushakashatsi ku murimo bwakozwe n’ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR) mu mwaka w’2017, bwagaragaje ko abatuye i Huye b’abashomeri ari 12,7%, bakaba 17,8% ku rwego rw’igihugu.

Kandi ngo kizafasha kugera ku ntego ya gahunda y’iterambere (NST1) 2017-2024 iteganya ko mu Rwanda hagomba kuzaba harahanzwe imirimo miriyoni n’igice muri 2024, naho mu Karere ka Huye honyine bakaba bagomba guhanga imirimo 6300 buri mwaka.

Urubyiruko ruvuga ko iki kigo ndetse na ziriya modoka nibyifashishwa uko bivugwa bizaba ingirakamaro cyane.

Yvette Gasana wiga muri IPRC-Huye ati “Hari ukuntu umuntu arangiza kwiga, ariko bitewe n’aho atuye ugasanga kugira ngo amenye aho bari gutanga akazi bimugora. Ziriya modoka ndazishimiye.”

Iki kigo cyatangijwe ku bufatanye na Ambasade y’Abadage. Cyafunguye imiryango ku itariki 1/5/2019. Kugeza ubu kimaze kuganwa n’abashaka akazi 698.

Ikigo nk’iki kandi kiri n’i Musanze mu majyaruguru, no mu mujyi wa Kigali. Biteganyijwe ko hazashyirwa kimwe muri buri ntara.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 156 )

Muraho neza ndifuza akazi nize history economy and geography
Ikindi mfite impushya zogutwara ibinyabiziga (permis) Category A,B
Akazi menyereye ni ugutwara ibinyabiziga mboneka kuri Numero ya telephone ni 0791642657,
murakoze.

Christian Bizimana yanditse ku itariki ya: 17-03-2024  →  Musubize

Muraho neza ndashaka akazi nkaba mfite A2 muri Public works amanota akaba agaragara kuri Diplome yanjye ifite No 0021251. Mbaye mbashimiye mugihe nkitegereje igisubizo cyanyu cyiza. Mugire amahoro! Numero mbonekaho ni 0724674535.

Alias yanditse ku itariki ya: 17-02-2024  →  Musubize

Nitwa Muhawenimana Jackson nize Plumbing technology nkaba naragize amanota 60/60 muriryo shami nkaba nashakaga akazi.
murakoze

Muhawenimana Jackson yanditse ku itariki ya: 6-02-2024  →  Musubize

Mwiriwe? nifuzaga akazi mfite A2 muri HEG kumanota 57 kuri 60 Geography A,Economics A, history B, entrepreneurship A,General study S kubwibyo ndabashimiye mugire akazi keza numunsi mwiza Kandi Imana ibane namwe nomero ni 0781605630

Mukunzi Elie yanditse ku itariki ya: 20-01-2024  →  Musubize

Mwiriwe? nifuzaga akazi mfite A2 muri HEG kumanota 57 kuri 60 Geography A,Economics A, history B, entrepreneurship A,General study S kubwibyo ndabashimiye mugire akazi keza numunsi mwiza Kandi Imana ibane namwe nomero ni 0781605630

Mukunzi Elie yanditse ku itariki ya: 20-01-2024  →  Musubize

Mwiriwe banyakubahwa?nifuzaga akazi muri Kigali mfite A2 muri HEG kumanota 57 kuri 60, Geography A, Economics A, history B, entrepreneurship A, General study S mugihe nyitegereje igisubizo cyanyu ndabashimiye mugire akazi keza numunsi mwiza Kandi Imana ibane namwe nomero ni 0781605630

Mukunzi Elie yanditse ku itariki ya: 20-01-2024  →  Musubize

Nitwa rwema ndashaka akazi ko gukora muri hotel, gas station, ubuzamu akaboneka kose nakibazo niteguye gukorera ahariho hose mugihugu,pfite diplome ya A2
Number 0780064496
Murakoze

Rwema ahadi yanditse ku itariki ya: 13-01-2024  →  Musubize

Mwiriwe neza ndashaka akazi naragije s6 meg A2 mwafasha kubona akazi number ni 0787154752 na 0737565062

Ndagijimana Emmanuel yanditse ku itariki ya: 10-01-2024  →  Musubize

Mwaramutse,nitwa rwema ahadi ndashaka akazi ko gukora muri hotel, nkaba pfite diplome ya A2,mupfashije kukabona mwana mugize neza,number yange Ni 0780064496.

Rwema ahadi yanditse ku itariki ya: 10-01-2024  →  Musubize

Ndashaka akazi kubushoferi prime na mechanick

Mukeshimana joseph yanditse ku itariki ya: 11-04-2024  →  Musubize

Miriwe neza,ndashaka akazi ko kwigisha mfite A2 muri Lkk. Nimero zange nizi: 0793081759 murakoze!

Ingabire rosine yanditse ku itariki ya: 6-01-2024  →  Musubize

muraho neza mfite category B nzaka akazi kubushoferi mfite na A2 muri hotel

Umwizerwa livin yanditse ku itariki ya: 5-01-2024  →  Musubize

ndashaka akazi kubushoferi nfite category B nkagira na A2 number yanjy 0780933689

Umwizerwa livin yanditse ku itariki ya: 5-01-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka