Hatangijwe ikigo gihuza abashaka akazi n’abagatanga
Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Akarere ka Huye katangije ku mugaragaro ikigo gihuza abashaka n’abatanga akazi (Huye Employment Service Center).
- Iki kigo kizajya gihuza abatanga akazi n’abagashaka
Iki kigo cyashyizwe mu nzu yagenewe gufasha abahinzi (Huye Farmers) iri hafi ya gare ya Huye, kizajya gifasha abakoresha bashaka gutanga akazi kubona abakozi bifuzwa, ariko n’abagashaka bafashwe kumenya aho bagashakira.
Kizafasha kandi n’abifuza guhanga imirimo nk’uko bisobanurwa na François Ngoboka ushinzwe ibikorwa biteza imbere umurimo muri RDB.
- Ikigo Huye Employment Service Center cyashyizwe mu nzu yubakiwe guteza imbere abahinzi iri hafi ya gare ya Huye
Agira ati “Hari ikoranabuhanga ryabigenewe rizafasha abagana iki kigo kubona amakuru ku hari akazi hose mu gihugu. Ariko hari n’inzobere zizafasha abitegura gukora ibizamini by’ibiganiro (interviews) z’ibizamini by’akazi cyangwa uko umuntu agaragaza umwirondoro we kugira ngo umukoresha awushime”.
Muri iki kigo kandi bazajya banaganira n’abashaka akazi kugira ngo bumve ibyo bakunda gukenera, bityo babe babaha n’amahugurwa y’inyongera “nk’ajyanye n’ururimi, kwihangira imirimo umuntu akagaragarizwa aho yakura ibyafasha umushinga we ngo ukure”.
Iki kigo gitangijwe mu gihe gushaka akazi bisigaye bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni umuti ku bavugaga ko bitaborohera kubona interineti, kuko muri iki kigo hari mudasobwa ndetse na interineti abifuza serivisi yo gushakisha akazi bazajya bifashisha nta kiguzi.
Hashyizweho n’imodoka izajya ijya mu masantere yo mu biturage, ku minsi bamenyeshejwe, abakeneye gushaka akazi bakerekwa uko babyitwaramo.
Ibi ni mu rwego rwo gufasha abaturuka mu biturage kudakora ingendo bajya gushakisha ikoranabuhanga ryo gushakisha akazi.
- Izi modoka zizajya zisanga abakeneye akazi mu giturage, bafashwe kugashaka
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko iki kigo cyari gikenewe kuko ubushakashatsi ku murimo bwakozwe n’ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR) mu mwaka w’2017, bwagaragaje ko abatuye i Huye b’abashomeri ari 12,7%, bakaba 17,8% ku rwego rw’igihugu.
Kandi ngo kizafasha kugera ku ntego ya gahunda y’iterambere (NST1) 2017-2024 iteganya ko mu Rwanda hagomba kuzaba harahanzwe imirimo miriyoni n’igice muri 2024, naho mu Karere ka Huye honyine bakaba bagomba guhanga imirimo 6300 buri mwaka.
Urubyiruko ruvuga ko iki kigo ndetse na ziriya modoka nibyifashishwa uko bivugwa bizaba ingirakamaro cyane.
Yvette Gasana wiga muri IPRC-Huye ati “Hari ukuntu umuntu arangiza kwiga, ariko bitewe n’aho atuye ugasanga kugira ngo amenye aho bari gutanga akazi bimugora. Ziriya modoka ndazishimiye.”
Iki kigo cyatangijwe ku bufatanye na Ambasade y’Abadage. Cyafunguye imiryango ku itariki 1/5/2019. Kugeza ubu kimaze kuganwa n’abashaka akazi 698.
Ikigo nk’iki kandi kiri n’i Musanze mu majyaruguru, no mu mujyi wa Kigali. Biteganyijwe ko hazashyirwa kimwe muri buri ntara.
Ibitekerezo ( 15 )
Ohereza igitekerezo
|
Hello! Ndabashimiye kubwo gudutekerezaho
Nize out-transimission control
Ndaahaka akazi 0784633988
0724687953
Nibyiza kwicyo kigo muzanue ndizerako kizafasha byishi kuba nyarwanda bafite ubushomeri
Nitwa Rachel niyomufasha nize accounting ndashaka akazi abantu benshi iyo bumvise accounting bumva ari ukuba wakora muri banki gusa ariko sibyo gusa wanacuruza wanakora nibindi. Murakoze.
Nitwa burindwi corneille nize accauntancy nkaba nshaka akazi
Murakoze
Muraho ntuye iburasirazuba none ndabashimira kubwicyo kigo icyotwabasaba nugukoresha neza icyocyashyiriweho murakoze, nize amashanyerazi nkaba Shaka akazi muri lnstalletion cg mugusana nokurinda inyubako ibyago bituruka mumashanyarazi nomero:0788870985
Muraho neza nibyiza ko Reta yubumwe idutekereza nkurubyiruko ndayishimiye,bityo rero mfite uruhushya rwa burundu rwogutwara imodoka (B) nkaba shaka akazi
Murakoze.
Muraho neza nibyiza ko Reta yubumwe idutekereza nkurubyiruko ndayishimiye,bityo rero mfite uruhushya rwa burundu rwogutwara imodoka (B) nkaba shaka akazi
Murakoze.
ndashaka akazi ko gutwara imodoka mfite gategory A.B number yange ni 0788878229
Ndumwubansi ndashaka akazi
Ndumubansi ndahaka akazi
Nibyiza!!! gusa, dukeneye ubuhamya bw’ababonye akazi binyuze, muri iyo nzira
Murakoze !
I Musanze cyibarizwa ahaganahe?
Mwaduha Nimero ikoreshwa nicyokigo kigo cy’Imusanze tukabashya kuva mubushomeri? Murakoze!