Hatangijwe ikigo gihuza abashaka akazi n’abagatanga

Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Akarere ka Huye katangije ku mugaragaro ikigo gihuza abashaka n’abatanga akazi (Huye Employment Service Center).

Iki kigo kizajya gihuza abatanga akazi n'abagashaka
Iki kigo kizajya gihuza abatanga akazi n’abagashaka

Iki kigo cyashyizwe mu nzu yagenewe gufasha abahinzi (Huye Farmers) iri hafi ya gare ya Huye, kizajya gifasha abakoresha bashaka gutanga akazi kubona abakozi bifuzwa, ariko n’abagashaka bafashwe kumenya aho bagashakira.

Kizafasha kandi n’abifuza guhanga imirimo nk’uko bisobanurwa na François Ngoboka ushinzwe ibikorwa biteza imbere umurimo muri RDB.

Ikigo Huye Employment Service Center cyashyizwe mu nzu yubakiwe guteza imbere abahinzi iri hafi ya gare ya Huye
Ikigo Huye Employment Service Center cyashyizwe mu nzu yubakiwe guteza imbere abahinzi iri hafi ya gare ya Huye

Agira ati “Hari ikoranabuhanga ryabigenewe rizafasha abagana iki kigo kubona amakuru ku hari akazi hose mu gihugu. Ariko hari n’inzobere zizafasha abitegura gukora ibizamini by’ibiganiro (interviews) z’ibizamini by’akazi cyangwa uko umuntu agaragaza umwirondoro we kugira ngo umukoresha awushime”.

Muri iki kigo kandi bazajya banaganira n’abashaka akazi kugira ngo bumve ibyo bakunda gukenera, bityo babe babaha n’amahugurwa y’inyongera “nk’ajyanye n’ururimi, kwihangira imirimo umuntu akagaragarizwa aho yakura ibyafasha umushinga we ngo ukure”.

Iki kigo gitangijwe mu gihe gushaka akazi bisigaye bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni umuti ku bavugaga ko bitaborohera kubona interineti, kuko muri iki kigo hari mudasobwa ndetse na interineti abifuza serivisi yo gushakisha akazi bazajya bifashisha nta kiguzi.

Hashyizweho n’imodoka izajya ijya mu masantere yo mu biturage, ku minsi bamenyeshejwe, abakeneye gushaka akazi bakerekwa uko babyitwaramo.

Ibi ni mu rwego rwo gufasha abaturuka mu biturage kudakora ingendo bajya gushakisha ikoranabuhanga ryo gushakisha akazi.

Izi modoka zizajya zisanga abakeneye akazi mu giturage, bafashwe kugashaka
Izi modoka zizajya zisanga abakeneye akazi mu giturage, bafashwe kugashaka

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko iki kigo cyari gikenewe kuko ubushakashatsi ku murimo bwakozwe n’ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR) mu mwaka w’2017, bwagaragaje ko abatuye i Huye b’abashomeri ari 12,7%, bakaba 17,8% ku rwego rw’igihugu.

Kandi ngo kizafasha kugera ku ntego ya gahunda y’iterambere (NST1) 2017-2024 iteganya ko mu Rwanda hagomba kuzaba harahanzwe imirimo miriyoni n’igice muri 2024, naho mu Karere ka Huye honyine bakaba bagomba guhanga imirimo 6300 buri mwaka.

Urubyiruko ruvuga ko iki kigo ndetse na ziriya modoka nibyifashishwa uko bivugwa bizaba ingirakamaro cyane.

Yvette Gasana wiga muri IPRC-Huye ati “Hari ukuntu umuntu arangiza kwiga, ariko bitewe n’aho atuye ugasanga kugira ngo amenye aho bari gutanga akazi bimugora. Ziriya modoka ndazishimiye.”

Iki kigo cyatangijwe ku bufatanye na Ambasade y’Abadage. Cyafunguye imiryango ku itariki 1/5/2019. Kugeza ubu kimaze kuganwa n’abashaka akazi 698.

Ikigo nk’iki kandi kiri n’i Musanze mu majyaruguru, no mu mujyi wa Kigali. Biteganyijwe ko hazashyirwa kimwe muri buri ntara.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 233 )

Ndifuza akazi akarikokose gasaba ubumenyi cg imbaraga murakoze

Kuradusenge Elie yanditse ku itariki ya: 30-04-2025  →  Musubize

Ndifuza akazi kaba agasaba imbaraga cg ubumenyi nasoje secondary mumibare ubukungu ndetse nubumenyi bwisi kd nasoje icyiciro cya mbere cya kaminuza muri civil engineering mubijyanye na water and sanitation technology kd mfite imbaraga nubushake bwo gukora murakoze

Kuradusenge Elie yanditse ku itariki ya: 30-04-2025  →  Musubize

Muraho nasoje kwiga s6 muri combination ya MCE ndifuza akazi akarikokose mwandangira mperereye muri Kigali nimero yange ni 0729360614/ 0792560454

Felicien yanditse ku itariki ya: 26-04-2025  →  Musubize

Nanjye shaka akazi komuruganda mumpamagare number 0722279559/0793872737

Jamari yanditse ku itariki ya: 10-04-2025  →  Musubize

Mfite A2 mu mumashanyarazi yo munganda(industrial electricity)ndetse nkaba nsoje umwaka 1 wa kaminuza(university)muri Kigali independent university (ULK) kugisozi nkaba nifuza akazi murakoze cyane

Hakizimana Benjamin yanditse ku itariki ya: 5-04-2025  →  Musubize

Mwiriwe,Nitwa Emeline nifuza akazi nkaba mfite A2 mu ndimi n’ubuvanganzo (LFK)Murakoze.

Wibabara emeline yanditse ku itariki ya: 29-03-2025  →  Musubize

Ndashaka akazi usa kabaye akubushoferi byabasawa

Binjamin kwizera yanditse ku itariki ya: 26-03-2025  →  Musubize

Bite byawe benjamin nonese ko dushaka ko umushoferi waboneka

Alias yanditse ku itariki ya: 30-04-2025  →  Musubize

NDASHAKA AKAZI KOMURUGO

THEOPHILE yanditse ku itariki ya: 4-03-2025  →  Musubize

Nitwa Jean Baptiste nkaba ndi kigli ndashaka akazi gusa bibaye byiza mwansobanurira akazi mufite akariko murakoze

Uwumukiza Jean Baptiste yanditse ku itariki ya: 24-02-2025  →  Musubize

ndashaka akazi fite A2 nize HEL musubize

eme yanditse ku itariki ya: 7-01-2025  →  Musubize

Mfite A2 muri carpentry mfite na category B mwamfasha rwose mukandangira akazi

Shema fabrice yanditse ku itariki ya: 18-12-2024  →  Musubize

Ndashakakazi kajyanye nubusuderi mfitenimpamyabumenyiyabwo.
Aharihohosenahakorera murakoze.0786538758

Nshimiyimana jean baptiste yanditse ku itariki ya: 16-12-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka