Amafoto: Dore zimwe mu nyamaswa usanzwe wumva ariko ushobora kwitiranya

Ku itariki 11 Nzeri 2020 ahitwa mu i Rango mu Karere ka Huye, mu rugo rw’iwabo wa Ndayambaje Alexis, barabyutse mu gitondo babura uko basohoka mu nzu, kuko umwana yari amaze kubaburira ko hanze hari igisa n’ingwe munsi y’ibisanduku biba mu rugo.

Abo baturage bari batinye gusohoka kubera inyamaswa bakekaga ko ari ingwe, baje gusohoka mu nzu ahagana saa saba z’amanywa, nyuma y’uko abashinzwe umutekano bari bamaze kwica iyo nyamaswa yakekwaga ko ari ingwe.

Nyuma yaho abasobanukiwe iby’inyamaswa baje gusanga atari ingwe, ahubwo ari indi yo mu muryango umwe na yo yitwa imondo.

Ku mbuga nkoranyambaga hari abantu bashimye ko iyo nyamaswa yishwe aho kugira ngo yice abantu, abandi barabinenga bavuga ko itari ikwiriye kwicwa ahubwo yagombaga gushakirwa uburyo isubizwa ku gasozi.

Hari zimwe mu nyamaswa abantu bumva kenshi ariko kuzitandukanya bikaba bigoranye, bitewe n’uko wenda amabara yazo y’uruhu asa cyangwa se ziteye kimwe.

Muri iyi nkuru, ytwagerageje kubashakira amafoto ya zimwe mu nyamaswa abantu bumva ariko batazi neza izo ari zo. Izina ry’inyamaswa riri munsi yayo.

Urumende (Stripped Grass mouse)
Urumende (Stripped Grass mouse)
2.Isiha y'imbeba (Rat de Gambie)
2.Isiha y’imbeba (Rat de Gambie)
Ifuku (Taupe)
Ifuku (Taupe)
Inkoto, igitera (Babouin)
Inkoto, igitera (Babouin)
Igihinyage (Hamlyn's monkey)
Igihinyage (Hamlyn’s monkey)
Idubu(Bear, Ours) ariko ntabwo riba mu Rwanda
Idubu(Bear, Ours) ariko ntabwo riba mu Rwanda
Ikinyogote (Porc épic)
Ikinyogote (Porc épic)
Akayongwe (Mangouste)
Akayongwe (Mangouste)
Inkima (Golden monkey)
Inkima (Golden monkey)
Icyondi (L'Hoest's monkey)
Icyondi (L’Hoest’s monkey)
Urutoni (Civette)
Urutoni (Civette)
Agasamunyiga (Genette)
Agasamunyiga (Genette)
Imondo (Serval)
Imondo (Serval)
Ingwe (Leopard)
Ingwe (Leopard)
Urusamagwe (Tigre), ariko ntiruba mu Rwanda
Urusamagwe (Tigre), ariko ntiruba mu Rwanda
Ifumberi (Duiker)
Ifumberi (Duiker)
Ingeragere, isha (Gazelle)
Ingeragere, isha (Gazelle)
Impongo (Antilope)
Impongo (Antilope)
Impala
Impala
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

Birashimishije muzatubwire amokoyi nzoka

Habineza obed yanditse ku itariki ya: 30-07-2022  →  Musubize

Hari izindi nyamaswa mwazatubwiraho nka: Imbaka, Imbwebwe, Umukara.

JC yanditse ku itariki ya: 26-11-2021  →  Musubize

Muzadushakire amafoto yinyamaswa zitwa AKAYUKU,IMPACA,INGUNZU,N’INTURO YO MU RUBINGO

Giti yanditse ku itariki ya: 24-09-2020  →  Musubize

Muzongere mucukumbure mutuhezeho ubwoko bw’inyamaswa bwinshi.kdi turabashimiye.

Emmy yanditse ku itariki ya: 23-09-2020  →  Musubize

Urusamagwe ni panthere mu Rwanda zirahaba, ahubwo tigre ariyo Urutaragwe ntabwo ziba mu Rwanda cyakora wasanga zarahigeze. Ikindi njye ndabona mwitiranije impala n’impongo. Erega buriya mu Kagera haba abantu basobanukiwe neza no gutandukanya izi nyamaswa, imondo, ingwe, urusamagwe, urutoni, zitandukaniye he? Abo babikubwira byose.

Ak yanditse ku itariki ya: 23-09-2020  →  Musubize

Haribyo mwagiye mwibeshya, nkaho mwaguze ko Tigre ari Urusamagwe. Ahubwo yitwa Igicokoma.

John yanditse ku itariki ya: 21-09-2020  →  Musubize

Nari nziko urusamagwe ari panthère naho tigre ikaba urutarangwe

Euphy UWASE yanditse ku itariki ya: 20-09-2020  →  Musubize

Njye nari nziko urusamagwe ari panthère naho tigre ikaba urutarangwe

Euphy UWASE yanditse ku itariki ya: 20-09-2020  →  Musubize

Mbega inyamanswa ukuntu arinziza nanimwe ikwiye kwicwape nkunda inkuru zanyu mperereye nyagatare karangazi

Alias yanditse ku itariki ya: 20-09-2020  →  Musubize

twishimiye amakuru mutugezaho nkabanyamakuru. nimukomereze aho.

munyazikwiye phimoni yanditse ku itariki ya: 20-09-2020  →  Musubize

Ndatunguwe kbx! muturangire park itubikiye ibyo birarashyamba dutembereyo.

Venant tuyisingize yanditse ku itariki ya: 20-09-2020  →  Musubize

Iyi ni inkuru y’umwaka kuri jye,ndayikunze cyane kuko jye nkunda nuture.nabwiye abantu ko nta rusamagwe ruba mu Rwanda ntibabyemera ariko kigali today imfashije kubisobanura.umuryango w’ibisa n’injangwe ni mugali ariko abantu benshi barabyitiranya,ariko ababishoboye basoma igitabo cyitwa "inyamanswa zonsa zo mu Rwanda"

Ndabashimiye

Nature yanditse ku itariki ya: 20-09-2020  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka