Rubavu: Ibisasu bivuye Congo byahitanye umugore, batatu barakomereka binasenya inzu

Kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 saa 9h15 igisasu kivuye mu bice bya Congo kiguye iruhande rw’isoko rya Mbugangari mu mujyi wa Rubavu gihitana umubyeyi naho umwana yari ahetse ndetse n’undi muntu barakomereka ndetse kinasenya inzu.

Ubwo umunyamakuru wa Kigali Today yageraga aho iki gisasu cyaguye yasanze umubyeyi n’umwana ahetse bamaze kwitaba Imana naho uwakomeretse ajyanwa kwa muganga na polisi y’igihugu.

Igisigazwa cy'igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n'umwana kikanasenya inzu.
Igisigazwa cy’igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n’umwana kikanasenya inzu.

Iki gisasu kikimara kugwa mu mujyi wa Gisenyi, inzego z’umutekano zahise zitabara naho abaturage bakwira imishwaro cyane ko kiguye hafi y’isoko rikorerwamo n’abantu benshi, ahantu hatuwe cyane muri Gisenyi kandi hakaba hari ibigo by’amashuri.

Saa 11h12 ikindi gisasu cyaguye mu mujyi wa Gisenyi gikomeretsa umuntu wigendera muri Kaburimbokiramwangiza bikomeye ubu ari kuvurirwa mu bitaro bya Gisenyi.

Uyu muntu ngo yitambukiraga ibice by’isasu kiguye mu rugo rwahoze ari akabari kitwa La Bella biramwangiza cyane mu mugongo.

Kuva ibisasu biva muri Congo byatangira kugwa mu Rwanda, ni ubwa mbere igisasu kiguye mu mujyi rwagati. Kuva ejo tariki 28/08/2013, mu karere ka Rubavu hamaze kugwa ibisasu 11 bovuye muri Congo.

Andi mafoto ajyanye n’iyi nkuru:

Umwobo igisasu gicukuye mu muhanda mu mujyi wa Rubavu.
Umwobo igisasu gicukuye mu muhanda mu mujyi wa Rubavu.
Uko inzu igisasu kiguyeho ibaye.
Uko inzu igisasu kiguyeho ibaye.
Inzu yegereye umuhanda yangiritse; umugore wishwe yigenderaga mu muhanda.
Inzu yegereye umuhanda yangiritse; umugore wishwe yigenderaga mu muhanda.
Aho igisasu kiguye mu muhanda n'abantu baje kureba.
Aho igisasu kiguye mu muhanda n’abantu baje kureba.
Igisigazwa cy'igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n'umwana kikanasenya inzu.
Igisigazwa cy’igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n’umwana kikanasenya inzu.
Abantu bashyira umurambo mu modoka.
Abantu bashyira umurambo mu modoka.
Abantu bari gushyira uwakomeretse mu modoka ya polisi yari itabaye.
Abantu bari gushyira uwakomeretse mu modoka ya polisi yari itabaye.
Abantu bari batabaye aho igisasu kiguye.
Abantu bari batabaye aho igisasu kiguye.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 44 )

yewe ibi ni ingaruka ya kugabana igihugu cyu Rwanda yewe nyamara leta yurwanda yagira icyo ikora turitayari twifatanyije mukababaro nababuze ababo

alias yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Ni Ugusenga Tukezwa Rwose Naho Ndabona Ibintu Birushaho Kuba Bibi

mdas yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

mwadusabiye congo ikareka kutwicira abavandimwe uyu nyakwigendera nyagasani amwakire kdi aruhukire mu mahoro

elias yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

amakuru aturuka ku igihe.com aravuga ko ari babiri bamaze gupfa mubaze SEBUHARARA uri kuri terrain aduhe updates! gusa birababaje! ababuze ababo turabihanganishije!

alias yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Mubaze abariyo hashobora kuba haguye ikindi gisasu

lolo yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Imana ibakire uwo mubyeyi nuwo mwana!

Alias yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

NTACYO UMUNTU YOHEREZA AKA NAKUUMIRU

KAMIYA yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

ibi birakabije cyane, Ingabo za congo zikomeje kwiyenza cyangwa se gushotora u rwanda nyamara u rwanda rwarabahaye amahoro, Sinzi niba hari icyo umuryango w’abibumbye ubivugaho ariko iki ni ikibazo gihangayikishije cyane, birakwiye ko hagirwa igikorwa. gusa Imana yakire izi nzira karengane

nkubito yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka