Rubavu: Ibisasu bivuye Congo byahitanye umugore, batatu barakomereka binasenya inzu

Kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 saa 9h15 igisasu kivuye mu bice bya Congo kiguye iruhande rw’isoko rya Mbugangari mu mujyi wa Rubavu gihitana umubyeyi naho umwana yari ahetse ndetse n’undi muntu barakomereka ndetse kinasenya inzu.

Ubwo umunyamakuru wa Kigali Today yageraga aho iki gisasu cyaguye yasanze umubyeyi n’umwana ahetse bamaze kwitaba Imana naho uwakomeretse ajyanwa kwa muganga na polisi y’igihugu.

Igisigazwa cy'igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n'umwana kikanasenya inzu.
Igisigazwa cy’igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n’umwana kikanasenya inzu.

Iki gisasu kikimara kugwa mu mujyi wa Gisenyi, inzego z’umutekano zahise zitabara naho abaturage bakwira imishwaro cyane ko kiguye hafi y’isoko rikorerwamo n’abantu benshi, ahantu hatuwe cyane muri Gisenyi kandi hakaba hari ibigo by’amashuri.

Saa 11h12 ikindi gisasu cyaguye mu mujyi wa Gisenyi gikomeretsa umuntu wigendera muri Kaburimbokiramwangiza bikomeye ubu ari kuvurirwa mu bitaro bya Gisenyi.

Uyu muntu ngo yitambukiraga ibice by’isasu kiguye mu rugo rwahoze ari akabari kitwa La Bella biramwangiza cyane mu mugongo.

Kuva ibisasu biva muri Congo byatangira kugwa mu Rwanda, ni ubwa mbere igisasu kiguye mu mujyi rwagati. Kuva ejo tariki 28/08/2013, mu karere ka Rubavu hamaze kugwa ibisasu 11 bovuye muri Congo.

Andi mafoto ajyanye n’iyi nkuru:

Umwobo igisasu gicukuye mu muhanda mu mujyi wa Rubavu.
Umwobo igisasu gicukuye mu muhanda mu mujyi wa Rubavu.
Uko inzu igisasu kiguyeho ibaye.
Uko inzu igisasu kiguyeho ibaye.
Inzu yegereye umuhanda yangiritse; umugore wishwe yigenderaga mu muhanda.
Inzu yegereye umuhanda yangiritse; umugore wishwe yigenderaga mu muhanda.
Aho igisasu kiguye mu muhanda n'abantu baje kureba.
Aho igisasu kiguye mu muhanda n’abantu baje kureba.
Igisigazwa cy'igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n'umwana kikanasenya inzu.
Igisigazwa cy’igisasu kiguye mu Mbugangari kikica umugore n’umwana kikanasenya inzu.
Abantu bashyira umurambo mu modoka.
Abantu bashyira umurambo mu modoka.
Abantu bari gushyira uwakomeretse mu modoka ya polisi yari itabaye.
Abantu bari gushyira uwakomeretse mu modoka ya polisi yari itabaye.
Abantu bari batabaye aho igisasu kiguye.
Abantu bari batabaye aho igisasu kiguye.

Sylidio Sebuharara

Ibitekerezo   ( 44 )

Ubu rwose abakongomani baratwicira iki?barabona koko tuzakomeza kwifumbata imbere y’akaga nk’aka ubu ni ubushotoranyi bukabije barwanye iy’iwabo byakwanga bagatuza

dumbuli yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Plz! Abanyekongo barifuza Izamarere ngo zibereke, baratuzi neza ariko Abanyarwanda ntitwifuza intambara kandi n’abayobozi bacu babyumve ariko nibadutera baje tuzabereka aho tubera icyago tuzanabakomezanya iwabo.

Inama yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Ariko ubundi U Rwanda rurazira iki? Kabila aratsindwa ku mpande zose, ku rugamba, diplomacy, Interahahamwe yifashishije zigatsindwa, none Abatanzania nabo baberetse; umu Major wahitanywe na M23; Ubwo umu Major yisasiye bangahe? Ariko ko BBC iterura ngo ivuge ko ari umu Major???? Ndaza kubarirwa Rwanyonga.
Afande wacu, dukize agasuzuguro k’aba ba FRDC batumenaho ibisasu kweli

karangwa Moses yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Aba bamaze kuva mumubiri Imana ibahe iruhuko ridashira kandi twihanganishije imiryango yabo, twifatanije mukababaro dutewe namaherere, ngo nubundi abagabo barabona, gusa ariko harigihe LETA ikomeza irebera abantu bagashira , ako mbona aragahuza kaje mubayobozi, murakoze.

dodos yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

icyo ni cyaha cyo kuvogera imipaka ONU irihe? ingabo zo se zirabirebera abaturage bashire!

munda jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Ubwo nyine barashaka impamvu yatuma abanyarwanda bajya muri CONGO. Gusa iherezo rizaba ko babihagarika cg natwe twihorere.

SIMBANKABO ALOYS yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Ariko congo ubu ntidushakaho akamunani ? kotwari twifitiye Amahoro baturetse 2 3 murugo rwumugabo koko ahaaaa!!!!

Tuyisenge Emmanuel yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

ariko mwagiye muvuga amakuru uko ari uwa kabiri muramwicira iki, umwana we ari ku bitaro kandi araza gukira

Karimunda pascal yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Urugamba na M23 rurabananiye none nitwe bakeka ko bashobora se ?????

Heri yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

gusa Imana nitabare kongo kdi uriya mubyeyi numwana Imana ibakire mubayo nuwo wakomeretse uwiteka aramukiza bakozi bimana mupfashe dusengere igihugu cyacu nicyakongo kuko ntabwo byoroshye.

jean yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

dukore iki?sawa ntacyo

alias m2u yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

KONGO IRADUSHAKAHO IKI? ESE KO IBISASU BIGWA MU RWANDA BIRUSHAHO KWIYONGERA, NI IKI IMIRYANGO MPUZAMAHANGA IBIVUGAHO? AKA NI AGASUZUGURO.

mugemana yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka