Abasore n’inkumi 253 bagize icyiciro cya 14 cy’Intore z’Imbuto Zitoshye, basabwe kubyaza umusaruro amahirwe urubyiruko rufite, kuko atandukanye cyane n’ayo mu myaka 35 yabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inteko Rusange ya Sena, kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, yemeje Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund, Munyangaju Aurore Mimosa nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg na Uwase Patricie, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Cooperation Initiative (RCI).
Perezida Felix Tshisekedi mu ruzinduko yakoreye i Kisangani mu Ntara ya Tshopo, akaganira n’abaturage mu rurimi rw’Ilingala, yatangaje ko bikwiye ko habaho ivugurura ry’Itegeko Nshinga kuko irihari ubu, ryanditswe n’abanyamahanga rikaba ryifitemo ibintu bigomba guhinduka. Perezida Tshisekedi yavuze ibyo mu gihe ingingo yo (…)
Umukobwa wivugira ko afite imyaka 18 y’amavuko, ari mu gihirahiro cyo kutagira indangamuntu kubera ko ababyeyi be batamwandikishije mu irangamimerere ndetse akaba nta cyangombwa na kimwe afite kigaragaza imyaka ye y’amavuko.
Umwarimukazi wo mu Karere ka Nyamagabe arasaba ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore n’izindi nzego, kumufasha kugeza gahunda yise icyumba cy’umukobwa mu Midugudu itandukanye, mu rwego rwo kubonera abakobwa ibikoresho by’isuku.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko mu birwa bya Samoa, yizihirije isabukuru y’amavuko muri icyo gihugu, nk’uko bigaragara ku mafoto, aho yizihije ibyo birori ari kumwe n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje mu nama ya CHOGM 2024 irimo kubera aho muri Samoa.
Abahawe ibihembo na Polisi y’Igihugu mu marushanwa y’isuku n’isukura n’umutekano mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko bagiye kurushaho kuwucunga neza, bitwararika ku byakomeza guhungabanya umutekano, kuko babifata nk’ikimenyetso cyo kwirinda ibyaha.
Musaneza Françoise, kuri ubu ufite imyaka 45 y’amavuko, igice kinini cy’imyaka amaze abonye izuba, yakimaze mu buzima avuga ko bwari buruhije kandi bushaririye, ubwo yari mu babarizwaga mu mutwe w’inyeshyamba wa FDLR.
Imyaka imaze kurenga itanu raporo y’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere (RGB), igaragaza ko inzego z’Umutekano (Ingabo na Polisi) ziza ku isonga mu kugirirwa icyizere n’abaturage.
Mu Karere ka Nyabihu, mu Murenge wa Bigogwe inzu y’ubucuruzi yibasiwe n’inkongi bimwe mu bicuruzwa birashya birakongoka, ibindi abaturage babisohoramo bitarashya.
Umunyamakuru Martin Mateso, wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda no mu Bufaransa, yitabye Imana azize umutima ku myaka 70.
Senateri Bideri John Bonds na Senateri Uwera Pélagie kuri uyu wa kabiri tariki 22 Ukwakira 2024, batowe na bagenzi babo ngo bahagararire u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) hamwe na Polisi y’Igihugu bwongeye kwihanangiriza abafite imodoka zitwara abagenzi batabifitiye uruhushya, kuko kubikora ari ikosa bahanirwa.
Abaturage bamaze iminsi bubaka Maternité ku Kigo nderabuzima cya Karwasa giherereye mu Karere ka Musanze, barataka inzara no kunanirwa kubeshaho abo mu miryango yabo, nyuma y’uko bamaze amezi atatu badahembwa amafaranga bakoreye.
Nyuma y’uko igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyo ku rwego rw’Igihugu cyemejwe mu Nama y’Abaminisitiri yo muri Nyakanga 2020, hakozwe ibishushanyo mbonera by’Uturere bishyira mu bikorwa icyo gishushanyo mbonera mu byiciro bito bito.
Imboni z’umupaka mu Karere ka Nyagatare, zivuga ko hakwiye kongerwa abasirikare n’abapolisi basanzwe bakorana mu guhashya abinjiza magendu n’ibiyobyabwenge mu Gihugu, kuko inkoni batakizitinya uretse imbunda gusa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko mu rwego rwo gushaka uko Bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zakwihuta mu gihe zitwaye abagenzi yaba mu masaha y’akazi cyangwa asanzwe, hagiye gutangira igerageza ryo kuzishakira inzira yazo zonyine.
Ku Cyicaro Gikuru cya MINAGRI ku Kacyiru, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024, Dr. Ildephonse Musafiri wari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yahererekanyije ububasha na Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, uheruka kumusimbura.
Major General (Rtd) Amb Frank Mugambage, wari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yahererekanyije ububasha kuri izo nshingano na Maj Gen Alex Kagame wamusimbuye.
Abatembereza ibicuruzwa mu mihanda yo mu mujyi wa Musanze bazwi nk’Abazunguzayi, bavuga ko bari barijejwe guhabwa imyanya yo gucururizamo mu isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze, kugira ngo bave muri ubwo bucuruzi butemewe, none ubu bahangayikishijwe n’uko ntayo bigeze bahabwa, ndetse ubu birasa n’aho batagifite icyizere cyo (…)
Urwego rutsura ubuziranenge, Rwanda Standards Board (RSB) rwamaze kubaka Labaratwari ipima ubuziranenge bw’ingofero z’abagenda kuri moto (Kasike), ndetse abakozi barwo bakaba bamaze igihe bitoza gukora uwo murimo nyuma yo kubona ko mu ngofero abamotari bafite, inyinshi zitarinda abantu gukomereka umutwe.
Umugabo wakoraga muri Farumasi mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, arakekwaho kwica umugore we bari bafitanye abana batatu akamukingirana mu nzu, akajya abeshya abantu ko uwo mugore yagiye mu Gihugu cya Uganda.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’amategeko muri za Kaminuza zo mu Rwanda ndetse n’abanyamategeko, bagaragaza ko ari ngombwa ko mu bihe by’intambara amategeko mpuzamahanga ku kurengera abasivili yubahirizwa uko ameze, kuko iyo bidakozwe abo basivili baba bari hagati y’urupfu no gukira.
Mu rwego rwo kwihutisha ibikorwa by’iterambere by’umwihariko mu duce tw’icyitegererezo mu Mujyi wa Kigali, ubuyobozi bw’uwo Mujyi, bwasabye abatuye mu nkengero za Stade amahoro bagera kuri 52, kugaragaza imishinga ijyanye no kuvugurura inyubako zabo, bakayigaragaza mu gihe kitarenze amezi abiri.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasuye ahari kubakwa uruganda rukora inkingo rw’Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, ruherereye mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Cyabingo Akarere ka Gakenke, haravugwa impanuka y’abasore batatu bagwiriwe n’ibiti ubwo bari mu kazi ko kubakira ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro, umwe ahasiga ubuzima.
Perezida Kagame yibukije abayobozi muri rusange n’abarahiye by’umwihariko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, kubahiriza inshingano baba barahiriye, abasaba gukorera Abanyarwanda bose nta n’umwe basize inyuma.
Mu marushanwa amaze iminsi abera mu Karere ka Burera ku kwimakaza umuco w’isuku n’isukura ndetse no kurwanya imirire mibi, Umurenge wa Butaro wahize indi, unegukana igihembo cya Moto ndetse n’amafaranga angana na miliyoni imwe yashyikirijwe Akagari ka Rusumo, nk’akahize utundi ku rwego rw’utugize Akarere ka Burera.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), buratangaza ko umumotari yemerewe gufata cyangwa gukura umugenzi kuri moto aho ari hose hadashobora kubangamira urujya n’uruza mu muhanda.
Mu gusoza Inama Mpuzamahanga y’Abenjeniyeri, bamwe mu ba Injeniyeri baturutse hirya no hino ku Isi bagaragaje ko kugira ngo iterambere rirambye rigerweho, bisaba kuzamura urwego rw’uburezi, ndetse n’ubufatanye mu nzego zose.