Umwana witwa Igisubizo Swaliha wagize amahirwe yo guterurwa na Perezida Paul Kagame i Nyamirambo, ari mu byishimo nyuma y’uko se umubyara afunguwe nk’uko yabyifuzaga.
Umuyobozi wa Kaminuza y’ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB), Dr Kabera Callixte avuga ko abarangiza muri iri shuri bakagombye kugirirwa icyizere kuko bashoboye.
Urubyiruko rurasabwa gushishoza mu gufata ibyemezo mu miyoborere y’ibihugu byabo kugira ngo barusheho gufata iya mbere mu kubaka ibihugu bavukamo.
Guverineri Gatabazi Jean Marie Vianney na Guverineri Mufulukye Fred barahamagarirwa kuzamura iterambere ry’intara bagiye kuyobora bibanda ku mibereho myiza y’abaturage.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Gatsibo bavuga ko kuba bamaze igihe kirekire batarabona ibyangobwa by’ubutaka, bibabangamira mu kubukoresha nko kuba babugurisha.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko igiye gukoresha umuryango nk’ibirindiro by’amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nkombo bibumbiye muri Koperative yorora inzuki, barasaba akarere kubagaruriza amafaranga yabo yaburiwe irengero.
Abakozi b’Imana bo ku Mugabane wa Afurika barasabwa guhuza imbaraga kuko ngo bafite umuti Afurika ikeneye ngo ive mu bibazo umazemo igihe.
"Mvura nkuvure" gahunda igamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge hagati y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayikoze, yafashije abantu 360 mu isanamitima, bo muri Nyamagabe.
Nyuma y’ibyumweru bibiri Fred Mufulukye agizwe Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba yatangiye gukora imirimo ashinzwe asura abaturage bo mu Karere ka Nyagatare.
Gakuru James wayoboraga Umurenge wa Katabagemu na Dusabemungu Didas wayoboraga Umurenge wa Mimuli muri Nyagatare beguye ku mirimo yabo.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rufatanya na Polisi y’igihugu mu kurwanya no gukumira ibyaha mu Karere ka Musanze bubakiye igikoni Mamuwera Esther warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu miryango itandukanye yo mu Kagari ka Ndekwe mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, kuri ubu ntaho bafite bikinga nyuma yo gusenyerwa n’imvura ivanze n’umuyaga.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barasaba ubuyobozi bwabo kubashakira amarimbi rusange yo gushyinguramo ababo ntibakomeze gushyingura mu ngo kuko bibateza ibibazo.
Uko iminsi igenda ishira niko Abanyarwanda barushaho kujijuka, ari nako bagenda bagaragaza ko batakifuza zimwe mu nyito bavuga ko zitakibahesha agaciro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwasabye abafite ibibanza byashyizwe mu bigomba gusora ariko ntibasore kubibyaza umusaruro kugira ngo babone ay’imisoro cyangwa bakabigurisha.
Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame yakiriye indahiro z’ Abaminisitiri batatu batarahiye, yakira indahiro y’ umuvunyi mukuru, ndetse n’iz’ abadepite babiri baherutse gusimbura abahawe indi mirimo.
Perezida Paul Kagame yashimye abanyamadini uruhare bagize mu kubaka igihugu, nyuma y’uko hari bamwe muri bo bagize uruhare mu gutuma Jenoside ishyirwa mu bikorwa.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabiye ibihano buri wese wagize uruhare mu makosa yo guhindurira abaturage ibyiciro by’Ubudehe.
Abasirikare, abapolisi n’abasiviri 31 bakomoka mu bihugu birindwi by’Afurika biyemeje kurushaho kurengera uburenganzira bw’umwana mu bihe by’intambara.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose yabwiye abayobozi bo muri iyo Ntara kureka ibyo kujenjeka bagakora ubukangurambaga mu baturage bakitabira gahunda za Leta.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko Murara Jean Damascene na Uwamariya Rutijanwa Marie Pélagie aribo badepite bagomba gusimbura Bamporiki Edouard na Gatabazi JMV baherutse kugirwa abayobozi mu zindi nzego.
Imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga bizihije umuganura basabana n’imiryango yabo kandi bizihiza intsinzi ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Ubuyobozi bw’Ikigo ngororamuco no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro cy’Iwawa buvuga ko bufite impungenge z’uko urubyiruko icyo kigo gihugura rushobora kuzasubira mu biyobyabwenge mu gihe babuze ubakurikirana.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mari Rose Mureshyankwano yanenze abayobozi barebereye abaturage bubaka inzu mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe cy’amatora.
Mu turere dutandukanye two mu Rwanda batangiye kubona imvura y’umuhindo ariko aho yaguye yatangiye gusenya inzu, kwangiza imyaka no gutwara ubuzima bw’abantu.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 batuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bagiye gusanirwa inzu babagamo zishaje, bakurwe mu macumbi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare Mugabo Alex n’ushinzwe amasoko Kayitare Fred bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bazira guha isoko utabikwiye.
Imiryango 47 yo mu Karere ka Nyagatare yasenyewe n’ibiza yahawe ibikoresho by’ibanze bibafasha kuba basubiye mu nzu zabo zasambuwe n’umuyaga.
Grechishkina Anna, umukobwa w’imyaka 38 wo muri Ukraine wiyemeje kuzenguruka isi atwaye Moto ahamya mu bihugu amaze kugeramo u Rwanda yahasanze ubudasa.