Abagenzi baturuka mu ntara bahangayikishijwe n’ingendo zo muri Kigali kubera amakarita akoreshwa mu modoka zitwara abagenzi azwi nka "Tap and Go".
Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yasabye ababyeyi kongera kwita ku burere bw’umwana, kuko uburere bw’ibanze buhera mu rugo, anagaruka ku mirimo idakwiye ikoreshwa abana.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko amakuru yavugaga ko umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mupenzi George afunze ari ibihuha kuko ubu ari mu kazi.
Lt Gen (Rtd) Romeo Dallaire wayoboraga ingabo z’umuryango w’abibumbye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda arasaba ko abajya mu butumwa bw’amahoro gushyira imbere ubushishozi.
Imvura yaraye iguye yahitanye abantu batatu bo mu mirenge ya Bugarama na Muganza,isenya inzu z’abaturage, inangiza imyaka mu mirima.
Lt Col Innocent Munyengango niwe wagizwe Umuvugizi mushya w’ingabo z’igihugu (RDF), asimbuye Brig Gen Safari Ferdinand wari umaze igihe gito akora ako kazi mu buryo bw’agateganyo.
Abagore bafungiye muri gereza ya Nyamagabe bagaragaza ibyishimo baterwa no kuba basigaye batunga umusatsi, bakarimba nk’abandi.
Ubuyobozi bw’iposita y’u Rwanda butangaza ko nubwo haje ikoranabuhanga hari abantu batandukanye bagikoresha iposita cyane cyane abohereza ubutumwa bupfunyitse.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu Mujyi wa Kigali bagiye guhabwa ibishushanyo mbonera by’aho bayobora kugira ngo imyubakire y’akajagari icike.
Abatuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi bise Yeruzaremu umudugudu w’icyitegererezo wubatswe iwabo kuko ngo ubereye ijisho kandi uzababera isoko y’amajyambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kuba Kiliziya Gatolika na Leta y’u Rwanda bisenyera umugozi umwe bikorera Abanyarwanda ari amahirwe adakwiye gupfushwa ubusa.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyahaye ibihembo abantu 10 bo mu nzego zitandukanye kubera ubudashyikirwa bagaragaje mu gutanga serivisi.
Nyuma yo kubagezaho inkuru y’umuhango wo gutangaza uburyo uturere twitwaye mu mihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2016-2017, n’uwo gusinya imihigo y’uwa 2017-2018 wabaye kuri uyu wa 6 Ukwakira 2017, Kigali Today irabagezaho amafoto ya ba Meya basinyanye imihigo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Abatuye Akarere ka Rubavu bavuga ko umwanya wa nyuma akarere kabo kabonye mu mihigo y’umwaka wa 2016-2017 wabazwa abayobozi kuko bo ibyo basabwa babikora.
Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko PTE Nshimyumukiza Jean Pierre na PTE Ishimwe Claude bashinjwa kwica Ntivuguruzwa Aime Yvan, bafungwa burundu.
Perezida Paul Kagame yashimye impinduka z’imihihigo y’uturere buri mwaka ariko yongeraho ko adashimishwa n’uburyo abaturage bakoresha mitiweri batakirwa uko bikwiye.
Akarere ka Rwamagana ni ko kahize utundi turere mu mihigo ya 2016/2017 n’amanota 82.2%, gakurikirwa na Musanze yagize 81,28% na Huye yagize 80.55%.
Hashize imyaka ibiri n’igice Perezida Paul Kagame akebuye abayobozi b’uturere bari bitabiriye umwiherero w’abayobozi wari uteraniye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo ku nshuro ya 12.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwafashe icyemezo cyo gufunga urusengero rw’itorero ryitwa Redeemed Gospel Church Rwanda (Itorero Abacunguwe) kubera ko rutujuje amabwiriza agenga imyubakire.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2017, Umujyi wa Kigali watangije umushinga wo kwagura imihanda minini y’umujyi izagabanya akajagari ikagira n’uruhare mu kuzamura ubukungu.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Nduba muri Gasabo bahamya ko kuba mu itsinda "Humura", bakaganira ku byababayeho byatumye bakira ibikomere.
Umuryango w’umusaza Sebarinda Leonard utuye i Ntarama mu Karere ka Bugesera, uri mu byishimo nyuma yo kubona umwana wabo wari warabuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bakekaga ko yamuhitanye.
Hirya no hino mu Rwanda usanga abaturage basaga 98%, bose bemera Imana kandi bose babarizwa mu madini atandukanye.
Abakozi batandatu b’utugari tugize Akarere ka Kamonyi basezeye ku kazi, nyuma y’inzu zubatswe mu kajagari mu gihe cy’amatora ariko zikaza gusenywa.
Itsinda ry’abanyeshuri 20 b’Abanyamerika, ryaje mu Rwanda gusobanuza imfungwa zikora imirimo nsimburagifungo(TIG), uko zageze ku butabera bwunga mu gihugu cyazo.
Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda batanze ubuzima kugira ngo urugamba rwo kubohora u Rwanda rugere ku ntsinzi, abizeza ko ubuzima bwabo butagendeye ubusa.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda uri mu rugendo mu Burayi yaganiriye na Ambassaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar ku buryo ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) byagera muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye guhana abatishyura mitiweri ku bushake n’ababagandisha.
Karere ni umupira wabaga ukozwe mu mashashi azirikishije ibirere cyangwa mushipiri. Ubajije benshi mu rubyiruko ndetse na bamwe mu bagabo b’ibikwerere, wasanga abatarakinnye uwo mupira wakinirwaga cyane mu muhanda, ari mbarwa.