Polisi y’u Rwanda irasaba abikorera kwirinda ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo, kandi bakagira uruhare mu kubirwanya.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo boroje inka 12 imiryango itishoboye kugira ngo yivane mu bukene.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo Brazzaville, Habyarimana Jean Baptiste, yabwiye amahanga ko ubumwe n’ubwiyunge ari bwo butuma u Rwanda rutera imbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakora n’abacuruza ibikorwa by’ubukorikori bwo mu Rwanda, batangaza ko abanyamahanga bitabira kugura ibikorwa byabo kurusha Abanyarwanda.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC - South) ryahaye abapfakazi ba Jenoside bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, amashanyarazi akomoka ku zuba, radiyo hamwe na televiziyo, kugira ngo bave mu bwigunge.
Abasirikare bakuru 46 baturuka mu bihugu umunani bya Afurika barangije amasomo mu bya gisirikare n’ay’igisivire mu byerekeye n’umutekano.
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka inyubako nshya kazakoreramo ijyanye n’igihe, ikazatuma servisi batangaga ziba nziza kurushaho kubera ko n’abakozi bazaba bafite ubwinyagamburiro.
Abasore babiri bafashwe bajyanwa muri FDLR bicuza gushushukishwa akazi kabahemba amadolari bakemara kandi bajyanwe mu bikorwa bibi.
Umukuru w’Ingabo za Repubulika ya Czech, Gen. Josef Becvar yaje kuganira na bagenzi be b’u Rwanda uko bakongera umubano ushingiye ku mahugurwa.
Abasore n’inkumi basaga 200 muri Kirehe bitabiriye ibizamini byo kwinjira muri Polisi y’u Rwanda, bemeza ko bizabafasha gutanga umusanzu wo kurinda igihugu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Fidel Ndayisaba asanga gusaba imbabazi bikwiye gufatwa nk’umuti ku babikora aho kubita ibigwari.
Abanyarwanda basaga miliyoni imwe n’ibihumbi 400 bangana na 16% by’Abanyarwanda bose, bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batagira inzu ndetse bakaba barya bigoranye.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ikigo gishinzwe ikoranabuhanga cya Korea y’Epfo (NIA), agamije ubufatanye no gushingira ku bunararibonye bw’icyo gihugu.
Umuryango w’Urubyiruko ruteza imbere Imiyoborere Myiza na Demokarasi (RGPYD), uratangaza ko gutoza urubyiruko imiyoborere myiza birurinda kujya muri politiki y’urwango yoreka igihugu.
Captaine Kayibanda Callixte wari ushinzwe kwigisha mu mashuri ya gisirikare mu mutwe wa FDLR, yarambiwe imibereho y’ishyamba atahuka mu Rwanda.
Umuyobozi wa Transparancy International Rwanda (TI), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko abaka ruswa akenshi baba bahagarariye Leta, bigatuma bayangisha abaturage.
Abayobozi b’imirenge ibiri yo muri Burera bahagaritswe ku mirimo yabo bazira imikorere mibi irimo n’uburiganya muri Girinka.
Umuyobozi wa Kigali Today Ltd Kanamugire Charles, yasabye abahuguwe na Kigali Today Ltd mu gufotora, kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe, bagaragaza isura nziza y’igihugu.
Radio Mpuzamahanga y’Ubudage “Deutsche Welle” yigeze gukomera cyane mu Karere ka Afurika, yafunze ibikorwa byayo mu Rwanda ndetse isubiza u Rwanda ubutaka yari imazemo imyaka 53.
Akarere ka Rubavu kasabye abafite imitungo bambuwe ku maherere kuyisaba bakayihabwa, nyuma yo gusubiza imitungo y’umwe mu miryango yari yarariganyijwe.
U Rwanda na Turkey byongeye umubano hagati yabyo bishyira umukono ku masezerano y’imikoranire no koroshya imigenderanire hagati y’ibihugu byombi.
Bamwe baturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko babangamiwe n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze babakumira kubaza ibibazo igihe abayobozi bakuru babagendereye.
Abatuye Intara y’Amajyepfo biganjemo igitsina gore batararushinga, bahangayikishijwe n’ibyo bakwa mu gihe bagiye gushaka byitwa “Amajyambere”, birimo moto cyangwa igare.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA) kirasaba abayobozi b’uturere turimo imijyi izunganira Kigali, kwihutisha inyigo zayo kuko abazakerererwa, bazahabwa amafaranga make mu yo kuyitunganya.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyagatare banenzwe kutimenyereza indimi z’amahanga zirimo Icyongereza, babwirwa ko byazabagiraho ingaruka mu gushaka akazi.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Rubavu basabwe gufasha abayobozi babo kuzuza inshingano aho gutegereza ko beguzwa cyangwa bagafungwa.
Abayobozi bo mu Karere ka Nyamasheke barasabwa gufasha abo bayobora kwamagana urugomo kugira ngo bazubake amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.
Uruganda Inyange Industries rwahize izindi zo mu Rwanda mu gukora amavuta y’inka (Butter) naho urwa Gishwati Farms rushimirwa gukora neza umutsima uva mu mata (Fromage/Cheese), mu imurikabikorwa ryaberaga i Kigali.
Imvura yaguye mu Karere ka Musanze mu ijoro rishyira iki Cyumweru, tariki 29 Gicurasi 2016, yateje isuri ikomeye yamanutse mu misozi y’ibirunga isenyera bamwe mu baturage b’Umurenge wa Busogo.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abaturage kurushaho gutera amashyamba ahantu hose bikwiriye kugira ngo azabafashe guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, irimo irimo ibiza byibasira abaturage n’imitungo yabo.