Guverineri mushya w’Intara y’Iburengerazuba avuga ko agiye gufatanya n’abayobozi b’uturere n’abadutuye kugira ngo babashe kwesa imihigo uko bikwiye.
Abana b’abakobwa 15 bo mu Karere ka Gatsibo batewe inda zitateguwe, bakabyarira iwabo bafashijwe kwigarurira icyizere bigishwa imyuga izabateza imbere.
Umugirasoni Chantal, umutoza w’Intore mu Karere ka Kamonyi, avuga ko binyuze mu bo batoza, basanga hakiri ababangamira ubumwe n’ubwiyunge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buvuga ko bugiye guhangana n’ikibazo cy’umwanda ukigaragara muri bamwe mu baturage.
Impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu Karere ka Gisagara zinubira kugaburirwa ibigori n’ifu yabyo, no kutemererwa kubigurisha ngo bagure ibindi biryo byo guhinduranya.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yamaganye umwanzuro w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi, uvuga ko u Rwanda rutagira demokarasi.
Ubuyobozi n’abaturage b’Akarere ka Gisagara bahamya ko ubumwe n’ubwiyunge mu karere kabo bugeze ahashimishije ugereranyije no myaka yatambutse.
Abaturage bo mu Karere ka Rutsiro batangaza ko kuba bamwe batitabira gutanga amafaranga ya Mitiweli babiterwa n’ubukene buri mu miryango yabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwashyizeho ikipe izakurikirana imihigo ikazanayisobanurira abaturage kugirango barusheho kuyibonamo bityo boye kuzongera gusubira inyuma mu kuyesa.
Abaturage b’Akarere ka Gicumbi batangaza ko umwanya wa kabiri babonye mu mihigo y’umwaka 2015-2016 utabahagije ngo baraharanira kuba aba mbere.
Ubutaka bw’abaturage b’umudugudu wa Mirima ya kabiri, mu murenge wa Nyagatare, akarere ka Nyagatare, bungana na hegitari 42 bwangijwe n’imvura imyaka bateye irahomba.
Abakoranye na Hon. Mucyo Jean de Dieu bavuga ko yaranzwe no kwicisha bugufi no kuba umunyamurava mu mirimo inyuranye yakoze.
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika John Kerry, azagenderera u Rwanda tariki ya 13 na 14 Ukwakira 2016.
Ubuyobozi bw’ Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari ICPAR, buratangaza ko amasomo butanga, yagabanyije amakosa y’ibaruramari yagaragaragara mu bigo bya Leta.
Nshimyumukiza Richard wo mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, arashimira Kigali Today ubuvugizi yamukoreye, akabona iby’ababyeyi be.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2016, nibwo umuhango wo guherekeza Senateri Jean de Dieu Mucyo uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye watangiye.
Perezida Paul Kagame arasaba abayobozi bashya n’abasanzwe muri guverinoma gukora neza kandi bihutisha ibyo bakora kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere.
Umuryango wita ku bababaye witwa Food for Hungry ukorera mu Karere ka Nyagatare, wahaye abafite ubumuga barindwi amagare yo kubafasha mu rugendo.
Polisi y’igihugu yazanye imashini nshya zo kugenzura ubuzima bw’ibinyabiziga (Controle technique) kugira ngo abashaka iyo serivisi batazongera gutinzwa.
Musabyimana Jean Claude, wari umuyobozi w’Akarere ka Musanze, yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru asimbuye Bosenibamwe Aimé wayoboye iyo ntara imyaka irenga itandatu.
Mu kwizihiza icyumweru mpuzamahanga cyahariwe kwita ku baguzi, Banki y’Abaturage (BPR) yiyemeje gukemura ibyo abakiriya bayisaba birimo imirongo miremire y’abayigana.
Imvura igwa hirya no hino mu gihugu yatumye uruzi rw’akagera rwuzura, amazi arengera imyaka ihinze mu gishanga cya Gashora.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), ivuga ko ikimoteri cya Nduba kikiri ikibazo ku bagituriye aho kuba igisubizo.
Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003, Perezida Paul Kagame yashyizeho abagize guverinoma ku itariki ya 04 Ukwakira 2016.
Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana azize urupfu rutunguranye tariki ya 03 Ukwari 2016.
Umuyoboro ukura amazi mu Mujyi wa Rubavu uyaganisha mu kiyaga cya Kivu wasenywe n’imvura, amazi yirara mu ngo z’abaturage.
Abanyeshuri biga amategeko mu makaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda bagiye gupima ubumenyi bwabo mu bijyanye n’amategeko mpuzamahanga agenga intambara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burizeza abaturage ko bitarenze umwaka wa 2017-2018 gare ya Rwamagana izaba yubatse.
Nyuma yo kumara umwaka nta mvura igwa bigatera amapfa, muri Kayonza noneho haguye imvura idasanzwe isenya amazu y’abaturage inangiza urutoki.
Abadepite batunguwe no gusanga mu karere ka Musanze hari imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye hamwe n’abishwe n’abacengezi mu 1998.