Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 20 Mata 2019, yahaye ikaze abitabiriye isengesho ry’iminsi icyenda ‘Ram Katha 2019’, avuga ko ari iby’igiciro kuba barahisemo u Rwanda.
Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) yizeza abageze mu zabukuru ko politiki ibateganiriza iby’umwihariko bemererwa n’amategeko izashyirwaho bitarenze uyu mwaka.
Kuva muri 2013 i Huye batangira gukina inzira y’ububabare bwa Yezu, Jean Baptiste Ntakirutimana akina ari Yezu, Beata Mukamusoni na we agakina ari Bikira Mariya. Ibi ngo bituma babaho bitwararitse mu buzima bwa buri munsi.
Ku nshuro ya karindwi kuva mu mwaka wa 2013, Abakirisitu Gatolika b’i Huye bazirikanye inzira y’ububabare Yezu yanyuzemo, banigana uko byagenze anyura muri ubwo bubabare.
Minisitiri w’ingabo mu Rwanda Maj Gen Albert Murasira yatangaje ko agiye kuvugana n’inzego zibishinze kugira ngo umupaka uhuza Goma-Gisenyi wahoze ukora amasaha 24 kuri 24 wongere gukora utyo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko ibyo Abanyarwanda bakora byose bishoboka iyo igihugu gifite umutekano, abasaba kubigiramo uruhare.
Umunyamabanga wa leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu Dr Alivera Mukabaramba yasuye akarere ka Rubavu afite ku isonga ugusura inzibutso ebyiri zagaragaweho ibibazo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yakoze impinduka mu ngabo z’u Rwanda, bamwe bahabwa imyanya mishya y’ubuyobozi mu ngabo.
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga rurasaba ababyeyi kuba maso, kuko abakozi bo mu ngo n’ababatwarira abana ku mashuri harimo ababasambanyiriza abana.
Umuyobozi w’Ingabo mu Burasirazuba n’i Kigali asaba Abanyarwanda kudaha agaciro urubuga rwa YouTube n’izindi ziriho amakuru y’abavuga ko barimo kurwana n’Ingabo z’u Rwanda.
Nyuma yo kumurikirwa ishuri mbonezamikurire ry’abana bato, ababyeyi bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baravuga ko rikemuye ikibazo cyo kuba batagiraga aho basiga abana babo mu gihe babaga bagiye mu mirimo y’icyayi ya buri munsi.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano aravuga ko Kayumba Nyamwasa, FDLR cyangwa Sankara nta kibazo na kimwe bateje u Rwanda.
Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 03 Mata 2019, yagize Dr Muyombo Thomas, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Tom Close, umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe gutanga amaraso ishami rya Kigali (RCBT-Kigali).
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi arasaba abafashijwe na Leta yahagaritse Jenoside mu myaka 25 ishize, kwera imbuto nyuma y’igihe kinini bamaze bitabwaho.
Ikibazo cy’umubare munini w’abangavu baterwa inda ntigisiba kumvikana mu bibazo bihangayikishije igihugu, dore ko uwo mubare ukomeza kwiyongera aho kugabanuka.
Carine Gahongayire, umubyeyi w’umwana witwa Benji urererwa muri Autisme Rwanda, avuga ko umwana we yavutse nk’abandi bana ndetse bakabona akora nk’iby’abandi bana bose kugeza ageze mu myaka itatu.
Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga umuyobozi w’umudugudu udafasha umuturage kwishyura mutuelle aba amwishe.
Mu kigo cy’Amahoro cy’u Rwanda (RPA), hatangijwe amahugurwa agenewe Ingabo,Polisi n’Abasivire ku igenamigambi rikoreshwa mu butumwa bw’amahoro.
Umucamanza Agius Carmel wasimbuye Theodor Meron ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Abagize umuryango w’abakobwa bakomoka mu Karere ka Kirehe bitwa ‘Super Girls’ bavuga ko biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bahereye mu karere bakomokamo.
Abakobwa 13 bazatorwamo Nyampinga wa INES-Ruhengeri bamenyekanye nyuma yo kwiyereka akanama nkemurampaka basubiza n’ibibazo binyuranye babazwaga mu gusuzuma ubumenyi bwabo.
Abakozi b’imirenge bashinzwe irangamimerere i Huye, bavuga ko gusaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’ab’utugari kurangiza imanza ari ukubahohotera, n’abarangirizwa imanza badasigaye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Werurwe 2019, hirya no hino mu gihugu habaye umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe. Kigali Today yabateguriye uko icyo gikorwa cyagenze mu turere tumwe na tumwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’abaturage mu muganda ngarukakwezi wabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro. Uwo muganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2019 wibanze ku bikorwa byo kubaka imiyoboro y’amazi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, avuga ko nta bufatanye hagati y’umugabo n’umugore cyangwa hagati y’umuhungu n’umukobwa, ibibazo igihugu gifite bitakemuka.
Itorero ry’aba Anglican mu Rwanda ryubatse kaminuza i Masaka mu karere ka Kicukiro, izakira aba Pasiteri n’abandi bavugabutumwa kugira ngo bongere ubumenyi bityo bakore imirimo yabo neza.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu butangaza ko bugenera litiro ibihumbi 100 z’amazi ku munsi abatuye mu mujyi wa Goma.
Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko mu gihugu cya Sierra Leone bari mu Rwanda bavuga ko banyuzwe n’imikorere y’umupaka uhuza u Rwanda na Congo mu koroshya ubuhahirane.
Abaturage 305 bo mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi baravuga ko bamaze imyaka itatu bishyuza ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza ingufu z’amashanyarazi (REG) ingurane z’ibyabo byangijwe n’ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi Ntendezi-CIMERWA); ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko buri kubakorera ubuvugizi (…)
Jean Pierre Habimana, umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 utuye mu murenge wa Kanjongo ho mu karere ka Nyamasheke, amaze amezi atanu avuye kugororerwa mu kigo ngororamuco cy’ Iwawa.