Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Kamena 2019, Madame Denise Nyakeru Tshisekedi, umufasha wa Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 09 Kamena 2019, yatunguye abaturage ba Rwinkwavu na Kabarondo mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba arahagarara arabasuhuza.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko aho amarerero yo mu ngo yatangirijwe, abana basigaye bagirirwa isuku kurusha uko byari bisanzwe.
Abavanywe ku kirwa cya Iwawa barizezwa kwishyurwa mu ngengo y’imari y’umwaka utaha utangirana n’ukwa karindwi. Ni mu gihe bavuga ko hashize imyaka isaga 20 bategereje kwishyurwa ibyabo basizeyo.
Kwizera Evariste washyingiranywe na Mukaperezida Clotilde mu mpera z’ukwa mbere muri uyu mwaka wa 2019 yatawe muri yombi ashinjwa gusambanya umwana.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rwakazina Marie Chantal ni we watorewe kuyobora umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gasabo, akaba yungirijwe na Rwamurangwa Stephen wari usanzwe ari we Perezida(Chairman) ku rwego rw’akarere.
I Kigali habereye ikiganiro n’abanyamakuru gitegura Inama Mpuzamahanga ku Mbonezamikurire y’abana bato izabera i Kigali ku matariki ya 11 na 12 Kamena 2019.
Madame Jeannette Kagame avuga ko ubuzima bw’abakecuru n’abasaza barokotse Jenoside ariko ikabatwarira ababo bose, bureba buri Munyarwanda.
Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku wa 07/6/2019, yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru, yasezereye ndetse yirukana mu Ngabo z’u Rwanda, muri Polisi n’Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa abagera kuri 463.
Bamwe mu bakobwa n’abagore biga umwuga w’itangazamakuru muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda baravuga ko nyuma yo kugira amahirwe yo guhugurwa n’umuryango ushyigikiye abagore bari mu itangazamakuru, Women in News (WIN program ), bungutse byinshi harimo no kwigirira icyizere.
Nyirasafari Yozefa umukecuru w’imyaka 73, avuga ko ubwo yakobwaga mu myaka myinshi ishize, yakowe inka y’amafaranga Magana atunu (500frw), ariko atangazwa no kubona kuri ubu hari abakobwa bakobwa arenze miliyoni (1,000,000frw), hakaba n’ubwo ubukwe bupfa bitewe n’uko umusore yabuze ingano y’amafaranga asabwa.
Umuyoboro w’amashusho ya video wa Kigali Today kuri YouTube, ku wa kabiri tariki 04 Kamena 2019 wesheje agahigo ko kurebwa n’abantu barenga miliyoni 50.
Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta mu Rwanda riremera ko hari ibibazo bidakorerwa ubuvugizi kubera imitere y’iyo miryango.
Sosiyete yo mu Bushinwa yakoze inyigo yitezweho kuba igisubizo ku ngendo z’abantu mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko abakoresha ibinyabiziga.
Ubuyobozi bw’Umudugudu wa Kagara ahari agakiriro ka Gisozi buravuga ko imitungo y’abaturage yahiye ifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 80.
Imibare yo muri 2015 igaragaza Akarere ka Rubavu mu turere twa mbere mu kugira umubare munini w’abana bagwingiye, ku ijanisha rya 46.3%. Ni ukuvuga ko hafi ½ cy’abana bari munsi y’imyaka itanu muri aka karere bagwingiye.
Aba - Islam mu Rwanda ndetse n’abo ku isi yose kuri uyu wa kabiri tariki 04 Kamena 2019 bizihije umunsi mukuru wa Eid al-Fitir usoza iminsi baba bamaze mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, bakora ibikorwa byo kwiyegereza Imana.
Umunyamiderikazi Kate Bashabe, yubuye umushinga wo kuzenguruka bimwe mu bice by’igihugu afasha abatishoboye, igikorwa azakorana n’inshuti ze z’abahanzi banakoranye indirimbo “You & I” yumvikanamo ubutumwa bw’icyizere.
Abakora isuku mu Karere ka Musanze basanga igihe kigeze ngo babone ibikoresho bifashisha mu kazi kabo bihagije n’imyambaro yabugenewe ibakingira ingaruka bashobora kukagiriramo, kuko bibarinda impanuka za hato na hato kandi bukaba ari bwo buryo bwizewe bwo kunoza akazi uko bikwiye.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze uhereye ku mudugudu gukurikirana imihigo y’ingo z’abaturage.
Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Kicukiro, Lt Col Sam Rwasanyi, avuga ko igihugu kitaba cyiza kubera ko izuba ryarashe cyangwa imvura yaguye gusa, ahubwo ko biharanirwa n’abaturage bacyo.
General James Kabarebe, umujyanama wa perezida Paul Kagame mu by’umutekano, aravuga ko Ubwo abari bayoboye urugamba rwo kubohora igihugu bicwaga mu 1990, ingabo zacitse intege cyane zitabarwa na Perezida Kagame watangije urugamba bushya bigatuma intsinzi iboneka.
Urwego rw’umuvunyi ruratangaza ko rwafashe ingamba zo gukaza umurego mu gukurikirana no guteza cyamunara imitungo y’abantu bahamwe n’icyaha cya ruswa.
Guhera tariki ya 1 kugeza tariki ya 4 Kamena 2019, Umujyi wa Kigali uzakira Inama ya 89 ya Biro Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Abayobozi b’Imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa (Association Internationale des Maires Francophones-AIMF), nk’uko ubuyobozi bw’uwo muryango bwabyifuje.
Buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi, Abanyarwanda bahurira hamwe mu midugudu yabo bagakora ibikorwa binyuranye by’imirimo y’amaboko, mu rwego rw’umuganda.
Raporo y’umuryango wita ku bana (Save the Children International) yo muri uyu mwaka wa 2019, yashyize u Rwanda mu bihugu bya mbere muri Afurika byateje imbere imibereho y’abana mu myaka 20 ishize.
Mu gihe ibirori by’ubukwe mu Rwanda byagiye byaguka, bamwe mu ngaragu bemeza ko ibyiciro bisaga 10 ubukwe bw’ubu busabwa kunyuramo ari kimwe mu bituma batinda gushaka cyakora abatari bake bavuga ko byatumye babasha kurwanya ubushomeri.
Mu rukiko rw’ibanze rwa Gasabo, icyemezo ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Nsabimana Callixte, cyasomwe atari mu rubanza. Ubushinjacyaha bwo bwari buhagarariwe.
Abiga guteka mu ishuri (Rera Umwana Centre) mu Karere ka Nyanza baravuga ko gufungurirwa Bare na Resitora bizatuma boroherwa no kubona aho bakorera imenyereza mwuga.
Ubuyobozi bw’u Rwanda burasaba ubwa Uganda kujya bubagezaho Abanyarwanda bazima bafungiwe muri Uganda, aho kuzana imirambo y’Abanyarwanda.