Guhera kuri uyu wa gatanu tariki ya 08 Werurwe 2019, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye berekeje i Gabiro mu kigo cya gisirikari mu mwiherero. Muri uwo mwiherero ugiye kuba ku nshuro ya 16, abo bayobozi bazawumaramo iminsi ine baganira ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu. Aya ni amwe mu mafoto (…)
Ubwo yifatanyaga n’abatuye akarere ka Nyamasheke mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore, Madame Jeannette Kagame yagaragaje ko umuryango utekanye ari ubanye neza kandi uha agaciro ibiganiro mu nzego zose z’ubuzima bw’urugo.
Hari abagore bafatwa nk’indashyikirwa, bitangira akazi bakora, bagashimwa na benshi mu bo baha serivisi. Ku munsi nk’uyu (tariki ya 08 Werurwe) buri mwaka u Rwanda n’isi yose bazirikana umugore mu rwego rwo guha agaciro akamaro ke muri sosiyete.
Mu Rwanda rwo hambere hari imirimo yafatwaga nk’aho yagenewe abagore, n’indi yagenewe abagabo gusa. Cyakora muri iki gihe iyo myumvire igenda itakara, biturutse mbaraga zashyizwe mu guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore nk’uko bigaragazwa n’aya mafoto akurikira.
Hari abibaza uko umuntu yakora ishoramari cyangwa n’akandi kazi gasanzwe ariko gasaba umwanya munini, akabasha no kubona igihe cyo kwita ku muryango. Perezida Kagame yabitanzeho ubunararibonye, avuga ko ari ibintu bigoye ariko bishoboka.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Authentic International Academy riherereye mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali barigisha ababyeyi umuco w’isuku n’isukura kugira ngo babone isoko ry’isabune bikorera.
Abize bakanakora umwuga w’Inozabubanyi (Public Relations) baravuga ko abakoresha benshi batarumva akamaro n’inshingano by’umukozi ushinzwe guhuza ikigo n’abakigana.
Abasengera muri Paruwasi gaturika ya Rugango batangazwa n’ukuntu urubyiruko rwigishijwe gukemura amakimbirane rusigaye rugira uruhare mu kunga abantu bakuru.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka (RLMUA) kiratangaza ko kimaze gukoresha amafaranga abarirwa muri miliyoni 52 z’Amayero, ni ukuvuga abarirwa muri Miliyari 52 na Miliyoni 899 n’ibihumbi 600 mu mafarnga y’u Rwanda mu gikorwa cyo kwandika ubutaka no gutanga ibyangombwa by’ubutaka kuri bene bwo.
Abayobozi b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu murenge wa Kabaya w’akarere ka Ngororero, bavuga ko bagiye guca imitekerereze nk’iya Dr Leon Mugesera mu baturage.
U Rwanda rurimo kunoza amategeko yo guhererekanya amakuru ajyanye n’imisoro mu ihuriro mpuzamahanga rigizwe n’ibihugu 154, kugira ngo rirufashe kugaruza imisoro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Emmanuel Gasana yatangaje ko agiye gukorera mu Karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gukemura ibibazo biri muri ako karere.
Tariki ya 26 Gashyantare 2016, nibwo habaye amatora ya komite nyobozi z’uturere twose two mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yagabiye umukecuru Rachel Nyiramandwa inka nyuma y’uko imwe muri ebyiri yari yarahawe muri Girinka ipfuye, n’isigaye ikaba itabasha kumuha amata uko abyifuza.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karereka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, umukuru w’igihugu yibukije abaturage ko nubwo hari ibyo bakeneye bisaba amikoro, hari n’ibindi bakwikorera ubwabo badategereje ubibakorera aturutse kure.
Mu ruzinduko ari gukorera mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, Perezida Kagame yeretswe ibyo akarere kagezeho ari nako anagaragarizwa ibyo batarageraho, nk’ikibazo cy’imirire mibi ku bana n’imyenda myinshi ya ba rwiyemezamirimo bambuye abaturage.
Perezida Paul Kagame yahuye n’abavuga rikumvikana babarirwa muri 600 bo mu Ntara y’Amajyepfo. Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Huye, bikaba bibaye ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 25 Gashyantare 2019.
Intumwa nkuru ya Qatar iri mu Rwanda mu rwego rwo kurebera ku Rwanda uko rwateje imbere ubumwe n’ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inyama z’ingurube ni zimwe mu zikunzwe cyane mu Rwanda, aho abazirya bazibatije amazina nka ‘akabenzi’, ‘misaya myiza’, ‘inka y’I Butare’, n’andi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 23 Gashyantare 2019, mu midugudu yose y’igihugu habaye igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gashyantare. Ni umuganda waranze n’ibikorwa bitandukanye birimo iby’isuku nko gusibura imirwanyasuri, guharura imihanda n’ibindi.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi bavuga ko bugarijwe n’uruhuri rw’ibibazo birimo gutera inda abangavu, ibiyobyabwenge no kutita ku miryango, minisitiri ufite umuryango mushingano ze aravuga ko gusubira ku ndangagaciro z’umunyarwanda ari wo muti wakemura ibi byose ku buryo burambye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge waba adakorana n’abafatanyabikorwa bakorera mu Murenge ayobora, yaba akora nabi.
Umunyamabanga mukuru w’inama y’igihugu y’abagore arasaba urubyiruko gufata iyambere bagahangana n’ibibazo bihangayikishije umuryango nyarwanda harimo ikibazo cy’imirire mibi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 22 Gashyantare 2019, Pereza wa Repubulika Paul Kagame ari kwakira impapuro zemerera ba ambasaderi 13 guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere burahamagarira amakoperative, abafite inganda n’abandi bahuza abaturage gushyiraho amarerero mu kurwanya imirire mibi, kuko ½ cy’abana bafite munsi y’imyaka itanu bafite imirire mibi.
Mu karere ka Nyagatare hamaze kugaragara abarimu bakomoka mu gihugu cya Uganda 108 bakorera mu Rwanda mu buryo butemewe ndetse bakahaba bitemewe.
Uko imyaka ishira abana b’abakobwa babyara batarageza imyaka y’ubukure bararushaho kwiyongera, ku buryo batarajya munsi y’ibihumbi 17 buri mwaka kuva muri 2016.
Mufti w’abayisilamu mu Rwanda, Sheikh Salim Hitimana, avuga ko inyito ‘Intagondwa z’abayislamu’ ikunze kwifashihwa n’ibitangazamakuru bivuga abakora ibikorwa by’iterabwoba itari ikwiye.
Mu kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru The EastAfrican, umunyamakuru yabajije umukuru w’igihugu niba inshingano afite haba mu Rwanda, mu Karere no ku mugabane wa Afurika zituma asinzira.
Hari amakuru aherutse kugaragara mu bitangazamakuru avuga ko u Bushinwa bwaba bushaka kugurisha bimwe mu bihugu cyane cyane ibya Afurika bitewe n’uko byananiwe kwishyura umwenda bifitiye u Bushinwa.