Abaturage bimuwe mu manegeka ku musozi wa Rubavu bagatuzwa Kanembwe bahawe ibyangombwa by’ubutaka bwabo nyuma yo gutakambira Perezida Paul Kagame.
Umuryango utegamiye kuri Leta, Transparency International Rwanda utangaza ko ruswa ihabwa abayobozi isigaye inyuzwa mu bakomisiyoneri kugira ngo uwayatse atamenyekana.
Abanyeshuri biga ubumenyi ngiro ku kigo cy’amashuri cyitiriwe Viyeko mu Karere ka Muhanga, bavuga ko ibyo biga babibyaza umusaruro mu biruhuko.
Bamwe mu batuye Akarere ka Karongi bavuga ko batashimishijwe n’umwanya wa 25 akarere kagize mu kwesa imihigoimihigo y’umwaka wa 2015-2016.
Abaturage bo muri Ngoma bavuga ko bashimishijwe n’ivugururwa ry’itegeko ryo kwandikisha umwana wavutsekuko kuko bigiye gutuma batongera kugira abana batanditse.
Ikigo cy’Ubuzima (RBC), Kiravugwaho gukoresha nabi amafaranga arenga Miliyari 6Frw, kikanengwa no kwima amakuru urwego rugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta(OAG).
Nshimiyimana Daniel umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Rulindo, avuga ko kuba aba nyuma mu mihigo byatewe no kudasenyera umugozi umwe .
Umuryango Imbuto Foundation urakangurira abangavu bo muri Gicumbi kwirinda ababashuka kuko baba bagambiriye kubashora mu busambanyi, batwariramo inda zitateguwe.
Abasirikare bakuru ba Zambiya bari mu ruzinduko mu Rwanda, basanga kuba rwariyubatse rubikesha gukorera ku ntego.
Abagenzi n’abafite ibyo bakorera muri gare ya Kacyiru binubira kutagira ubwiherero kuko ngo bagorwa no gukemura ikibazo mu gihe bakubwe.
Perezida Kagame yagiriye inama urubyiruko ruba hanze gukomera ku ndangagaciro za Kinyarwanda, abasaba guhaha ariko bakazana ubumenyi mu gihugu.
Abanyarwanda baturutse imihanda yose bamaze kugera kuri Hoteli ya Marriott Marquis, iherereye mu Mujyi wa San Fransisco, ahagiye guteranira ibirori bya Rwanda Cultural Day.
Umutingito ufite ubukana buri hejuru wibasiye akarere ka Rusizi, wahitanye umwana w’imyaka ine, abantu 19 barakomereka, inzu 12 n’imodoka 2 birangirika.
Nsengiyumva Placide, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, muri Rwamagana, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho kwigabiza ishyamba rya Leta.
Perezida Paul Kagame aributsa ibihugu bikomeye ko ikibazo cy’impunzi n’abimukira kitagomba guhabwa agaciro gusa ari uko cyageze kuri ibyo bihugu.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko basigaye batinya gutega moto kubera umwanda bamwe mu bamotari baba bafite.
Nsengiyumva Placide, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, mu Karere ka Rwamagana, yaba yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera muri ako Karere.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ivuga ko ubukorerabushake bufatiye runini igihugu kuko butuma hakorwa imirimo myinshi kitabonera ingengo y’imari.
Abazwi ku izina rya Kavukire, batuye mu mujyi wa Kamonyi, bavuga ko amikoro make ababuza kubaka uko igishushanyo mbonera cy’umujyi kibigena.
Abaturage batuye mu mujyi wa Musanze, batangaza ko kugenda ku magare byaborohereje ingendo, bikanabafasha kuzigama amafaranga bishyuraga.
Nteziryayo Felicien utuye mu Kagari ka Gahima, Umurenge wa Kibungo muri Ngoma arasaba kwishyurwa amafaranga yakoreye yubaka ibiro by’ako Kagari.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, afunzwe akekwaho kwiba umucuruzi utanga serivisi ya Mobile Money, amafaranga ibihumbi 27 frw.
Abarobyi n’abacuruzi b’isambaza bo muri Rusizi na Bukavu bavuga ko biyemeje kwimakaza amahoro nyuma y’igihe bashyamiranira mu Kiyaga cya Kivu.
Abayobozi bo mu ntara y’Iburasirazuba, basabwe gukangurira abaturage kugira uruhare mu bibakorerwa, badategereje ko ubuyobozi bubagezaho byose nta ruhare babigizemo.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jenet Kagame ahamya ko ari ngombwa gusobanurira urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere bityo rukarinda ubizima bwarwo.
Mu mafaranga akenewe kugirango ishami rya Loni ryita ku Mpunzi (UNHCR), ribashe kwita ku mpunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, hamaze kuboneka 18% byayo gusa.
Amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu aravuga ko "transformateur" y’inkorano ari yo ishobora kuba intandaro y’inkongi y’umuriro wibasiye ikigo cy’imyidagaduro cya "Bambino Super City".
Perezida Paul Kagame, avuga ko iyo bibaye ngombwa u Rwanda rudaseta ibirenge mu guharanira inyungu z’abanyagihugu kuko ari zo ziza ku isonga.
Ku nkengero z’umugezi wa Nyacyondo mu karere ka Karongi hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Munyakazi Adrien bikekwa ko yatwawe n’amazi.