Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasabye ba Ofisiye 38 barimo abo mu Ngabo ndetse na Polisi by’u Rwanda barangije amasomo ya gisirikari, kurangwa n’ubudasa mu kazi kabo ka buri munsi, anabibutsa ko bari mu bahanzwe amaso mu bagomba gukora ibishoboka ngo umutekano w’u Rwanda ndetse n’uw’Akarere (…)
Bamwe mu banyeshuri biga ku kigo cya Rambo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu batangaza ko hari bagenzi babo batagarutse ku ishuri kubera kubura ubushobozi, nyuma y’uko ibiza byibasiye Akarere ka Rubavu bibasenyeye, imiryango yabo ikabura ubushobozi.
Muri iki gihe abafite inzu z’ubucuruzi hafi y’imihanda ya kaburimbo mu Ntara y’Amajyepfo, barimo gusabwa gushyira amapave imbere yazo, mu rwego rwo kwimakaza isuku. Ariko hari abakorera i Nyamagabe bavuga ko kubona amafaranga bitaboroheye muri iyi minsi, bagasaba kongererwa igihe.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yatsindiye Mukura VS 1-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino ufungura umunsi wa karindwi wa shampiyona.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buvuga ko gukorera mu bimina, byabafashije kwesa umuhigo w’ubwisungane mu kwivuza, kuko abaturage bagenda bizigamira amafaranga uko bishoboye kugeza basoje kwishyurira umuryango wose.
Umuhanzi Kizame Selamani, ni umuhungu w’imfura wa nyakwigendera Buzizi Kizito, umwe mu bahanzi b’abahanga u Rwanda rwagize ahagana mu 1980, akaza kwitaba Imana mu 1996 ku myaka 42 azize ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe hasigaye gusa ibyumweru bibiri ngo abanya-Kigali bataramirwe mu gitaramo cy’amateka n’itsinda rikomeye mu njyana ya RnB, ‘Boys II Men’ amatike yaguraga ibihumbi 100Frw, yamaze gushira ku isoko, n’aho abazakoresha ikarita ya BK Arena Prepaid card’ bagabanyirizwaho 30%.
Impuguke mu by’ubukungu zivuga ko intambara zirimo kuba mu bihugu bikungahaye ku bikomoka kuri Peterori bigira ingaruka ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ndetse n’ibidafite ubwo butunzi, bigatuma n’ibiciro by’ibikomoka kuri Petrero bizamuka.
Amateka y’u Rwanda, arimo n’ay’ivanguramoko, usanga agaruka kenshi mu nkuru nyinshi ari izo ku rwego rw’urugo, umuryango mugari no ku muntu ubwe.
Itsinda rizwi cyane ry’abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu njyana zigezweho (Urban Gospel), “Victorious Team”, rikorera umuziki mu Burundi biyemeje kumenyekanisha no kwagurira ibikorwa byabo mu Rwanda.
Kuri uyu wa kane tariki 12 Ukwakira 2023, ubushinjacyaha bwahawe umwanya wo gukomeza gusobanura ibyo abaregwa bakurikiranyweho.
Abatumiza imiti mu mahanga n’abayikwirakwiza mu bihugu byo muri Afurika, bagaragaza ko hakiri ibibazo byo kwitaho hagamijwe kunoza imikorere no kwita ku buziranenge bw’imiti.
Igihugu cya Israel cyasabye ko abaturage basaga miliyoni imwe baba mu Majyaruguru ya Gaza, kwimukira mu Majyepfo yaho mu gihe kitarenze amasaha 24, mu rwego rwo kwirinda kugerwaho n’ingaruka z’intambara irwanamo n’umutwe wa Hamas.
Kuri uyu wa 13 Ukwakira 2023 Umubyinnyi Ishimwe Thierry wamamaye nka Titi Brown yongeye kwitaba urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aburana ku cyaha cyo gusambanya no gutera inda umwana utagejeje imyaka y’ubukure.
Hari benshi bagendana indwara z’amaso zerekeza ku buhumyi batabizi, nk’uko bitangazwa n’abakozi b’ibitaro bya Kabgayi, Ishami rivura amaso, bakaba bifuza ubufatanye bw’inzego zitandukanye mu gukumira iki kibazo.
Urukiko Rukuru ruhanishije Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid igifungo cy’imyaka itanu no gutanga ihazabu ya Miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.
Ikigo gitwara abagenzi cyizwi nka Jali Transport cyazanye imodoka nshya 20 ziyongera ku zo bari basanganywe, mu rwego rwo kunoza akazi kabo ko gutwara abantu n’ibintu mu mujyi wa Kigali.
Hirya no hino hagiye hashyirwa amakusanyirizo y’amata y’inka, mu rwego rwo kugira ngo adahise anyobwa abashe gutunganywa, ariko urebye agerayo ni makeya ugereranyije n’ayari yitezwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko ihagarikwa ry’umushinga w’ubworozi bw’inkoko, mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Kinihira ryatewe n’uko bakoreraga mu gihombo, kubera ihenda ry’ibiryo byazo n’abakozi bazitagaho umunsi ku wundi.
Urukiko rwa gisirikare rwasubitse isomwa ry’urubanza rw’abakozi ba APR FC ryari riteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.
Mu ijoro ryo kuwa 12 Ukwakira 2023 mu mujyi wa Abidjan muri Côte d’Ivoire habereye tombola y’uko amakipe 24 agabanywa mu matsinda y’igikombe cya Afurika 2023 iki gihugu kizakira, isiga gihuriye mu itsinda rimwe na Nigeria.
Ni ibyatangajwe n’Ubushinjacyaha ku wa Kane tariki 12 Ukwakira 2023, ubwo bwahabwaga umwanya wo gukomeza gusobanura ibyo abaregwa bakurikiranyweho.
Uyu ni umunsi wa 4 w’irushanwa Nyerere Cup 2023 rikomeje kubera mu ntara ya Kilimanjaro mu gihugu cya Tanzania, mu rwego rwo kuzirikana uwahoze ari Perezida wa mbere w’iki gihugu, Mwalimu Julius Kambarage Nyerere, witabye Imana tariki 14 Ukwakira 1999.
Umukinnyi wa filime w’Umunyamerika, Jada Pinkett-Smith, yahishuye amakuru yatunguye abantu mu mpande z’Isi, nyuma yo gutangaza ko we n’umugabo we Will Smith kuva mu 2016 batandukanye.
Iyo usubije amaso inyuma ukareba uko umutekano wo mu muhanda wari wifashe nko mu myaka umunani ishize, usanga bitandukanye cyane n’uko uyu munsi bimeze, kubera ko hari impinduka yabayeho igaragarira buri wese .
Umunyarwenya Japhet Mazimpaka, uzwi cyane byumwihariko mu Itsinda rya “Bigomba Guhinduka”, ageze kure imyiteguro y’igitaramo cye cyo gusetsa yise “Upcoming Diaspora Comedy Show” kiri mu bitegerejwe muri uyu mwaka.
Sylvia Bongo Ondimba Valentin, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida wa Gabon yafunzwe, aho akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta mu gihe umugabo we yayoboraga Gabon.
Perezida Paul Kagame yabonanye n’itsinda riturutse mu Kigo LG Corporation, riyobowe n’Umuyobozi Mukuru wacyo, Kwang Mo Koo, baganira ku byo bafatanyamo n’u Rwanda mu bucuruzi.
Umwana w’umuhungu w’imyaka itatu n’igice y’amavuko, yaguye mu bwiherero abukurwamo yamaze gushiramo umwuka.
Rayon Sports yatangaje ko umukinnyi Muhire Kevin, ukina hagati mu kibuga asatira, yagarutse muri iyi kipe, aho yayisinyiye amasezerano y’igihe gito.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, aratangaza ko Abanyarwanda bari muri Israel bameze neza, ko ntawari wakomereka, cyangwa ngo ahitanwe n’intambara, kandi ntawe uvugwaho kuba mu batwawe bunyago n’abarwanyi ba Hamas.
Umushumba wa Kiriziya Gatolika ku Isi Papa Francis yasabye igihugu cya Israel n’umutwe wa Hamas guhagarika imirwano kuko irimo gutikiriramo imbaga y’abantu b’inzirakarengane.
Zimwe mu mpamvu zagaragaye zituma ahacururizwa inzoga zo mu bwoko bwa ‘Liqueur’ hatagomba kunywerwa inzoga nuko usanga abenshi bajya kunywera yo baba banze kubahiriza amasaha yagenwe yo gufungiraho utubari ducuruza inzoga.
Buri mwaka (Nzeri n’Ukwakira) hafatwa amezi abiri yo guhagarika uburobyi mu Kiyaga cya Kivu kugira ngo amafi n’isambaza bishobore kongera kororoka, nyuma y’amezi 10 abakora akazi ko kuroba bataruhuka.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Bizimana Hamiss asaba abakora umwuga wo gutanga serivisi za notariya (notariat) bikorera ku giti cyabo, kubahiriza amategeko, ubunyamwuga n’ubushishozi mu kazi na serivisi baha abaturage, kuko bifite uruhare runini mu kugabanya amakimbirane harimo n’ashingiye ku nyandiko.
Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Afrobeats, Davido, yihanangirije abantu bakomeje gukwiza ibihuha by’uko yibarutse impanga no gusakaza amafoto ye ya kera ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubireka.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA), yizeza abahawe ingufu z’imirasire bakabona zidakora, ko bashobora kwitabaza Ikigo cyayo gicuruza umuriro w’amashanyarazi(UDCL), cyangwa ibigo byatanze izo ngufu, kugira ngo zisimbuzwe izikora neza.
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Twagirayezu Gaspard, arasaba ababyeyi n’Abanyarwanda muri rusange guhindura imyumvire ndetse no gufasha abana kumva ko kuba umwana watsinze neza ibizamini bya Leta abamurera bakabura ubushobozi bwo kumujyana mu kigo aba yoherejwemo, bidasobanuye kureka ishuri.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, ku wa 11 Ukwakira 2023, yakiriye Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, bagirana ibiganiro bitandukanye.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, arashimira uko Abanyarwanda bakomeje kubafata mu mugongo no kubaba hafi, muri iki gihe igihugu cyabo cyinjiye mu ntambara mu buryo butunguranye, kubera ibitero by’umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel.
Ku wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, i Bruxelles mu Bubiligi hakomeje urubanza ruregwamo Pierre Basabose na Séraphin Twahirwa, bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Madamu Jeannette Kagame mu butumwa bwe ku munsi mpuzamahanga w’umwana w’umukobwa, yerekanye ko agaciro k’umukobwa ari ntagereranywa, nk’uko tubikesha urubuga rwe rwa X.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Etoile de l’Est kuri Kigali Pelé Stadium ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wabaye ku wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023.
Uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, akaba umuhuza w’impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yasabye ko imirwano ihagarara muri Kivu y’Amajyaruguru, kugira ngo hakorwe ubutabazi n’ibikorwa byo kugarura amahoro.
Inzego z’Ubutabera mu Rwanda zivuga ko kwemera icyaha mu Rwanda biri ku rwego rwo hasi, kuko mu manza ibihumbi 100 zakiriwe kuva uyu mwaka watangira kugera ubu mu kwezi k’Ukwakira, iz’abemera icyaha ari hafi 3,500.
Umujyi wa Muhanga uherereye mu Ntara y’amajyepfo ni umwe muri itatu yunganira Kigali ukaba witezweho kuzaba ari Umujyi w’Ubucuruzi ukomeye mu myaka 27 iri imbere. Biteganyijwe ko abatuye Akarere ka Muhanga muri rusange bazaba icyo gihe bariyongeyeho 45%; ibituma hazubakwa ibikorwaremezo bitandukanye ndetse n’izindi ngamba (…)
Joshua Tuyitakire, wagize igitekerezo yise “Gospel Club” yasobanuye ko abantu babyumvise nabi bakabyita akabyiniro k’abarokore nyamara agamije guhuriza hamwe abantu bakaganira, bagasabana babyina indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana.
Abaturage b’Akagari ka Kanyoza, Umurenge wa Matimba, barifuza guhabwa amazi meza kuko babangamiwe no gukoresha amazi y’Akagera dore ko uretse indwara abatera ngo rimwe na rimwe bahahurira n’inyamanswa zihungabanya umutekano wabo.
Umuyahudi Ezra Yachin, wahoze mu gisirikare cya Israel, ku myaka ye 95 yasubiye ku rugamba Igihugu cye gihanganyemo n’umutwe wa Hamas.