Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Sam Lukas Lugolobyo, uzwi cyane nka Levixone, yavuze ko kuba ahatanye mu bihembo bya Trace Awards ahagarariye Uganda, bikabera mu Rwanda ariho avuka ari iby’agaciro.
Abarwanyi ba Wazalendo n’indi mitwe bafatanyije kurwanya umutwe w’inyeshyamba wa M23, bigaragambirije ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi bashaka kwinjira mu Rwanda.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village urugwiro tariki 20 Ukwakira 2023, yemeje ko Rwamucyo Ernest aba Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri UN.
Abaturage b’Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi bashyikirijwe isoko rivuguruye rya Mushimba, rifite ubushobozi bwo kwakira abacuruzi abasaga 190, rikaba ryitezweho gufasha urubyiruko rw’abakobwa n’abagore, n’abahungu basanzwe bahacururiza.
Nyiraruvugo Olive n’umuhungu we Ndayishimiye Eric, baheruka gutabwa muri yombi tariki 11 Ukwakira 2023, nyuma y’uko abaturage babafatiye mu cyuho bacukura icyobo mu mbuga y’urugo rwabo, bigakekwa ko ari icyo bateganyaga kujugunyamo umurambo w’umwana w’umukobwa wasanzwe mu nzu babamo, iherereye mu Mudugudu wa Mutuzo Akagari (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, bagaragarije Abadepite bagize Komisiyo yo kurwanya Jenoside, ibibazo birimo guhabwa ubuvuzi, amacumbi ashaje, no kuba nta bikorwa by’iterambere bafite.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwasubitse igikorwa cyo gushyikiriza inzego z’umutekano z’u Burundi uwitwa Bukeyeneza Jolis w’imyaka 30, ukekwaho kunyereza amafaranga menshi y’Amarundi agahungira mu Rwanda.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023, Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’Igihugu, ndetse ishyira mu myanya bamwe mu bayobozi abandi bahindurirwa iyo bari barimo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze umukozi wafatiwe mu cyuho yakira ruswa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023, ikipe ya Police FC yatsindiye Kiyovu Sports 3-1 mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, Police FC yuzuza amanota 13 ayishyira ku mwanya wa Kane.
Itsinda ry’abasoje amahugurwa y’amezi atatu atangwa na Banki ya Kigali (BK), binyuze mu kigo cyayo BK Academy, baratangaza ko ubumenyi bungutse bugiye kubafasha gushyira umukiriya ku isonga ku bari basanzwe mu kazi, ndetse no kwinjirana ubumenyi bukenewe mu kazi ku bagiye kugatangira.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’igihugu.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’iterambere ry’ubucuruzi n’umurimo, Baguma Nkubiri Dominique, avuga ko isoko ryambukiranya imipaka niritangira gukora, rizafasha mu kuzamura ubucuruzi ariko by’umwihariko rikazafasha mu gufata neza umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Abakora akazi ko kurinda umutekano mu bigo byigenga baravuga ko kudahemberwa igihe bibagiraho ingaruka, bakaba ndetse bakora amasaha y’ikirenga, bigatuma bahorana umunaniro kubera kutaruhuka.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Madamu Einat Weiss, baganira uko ibihugu byombi byarushaho gushimangira ubufatanye.
Ikipe ya Kiyovu Sports muri iki gihe ifite ibibazo haba mu miyoborere, iby’ubukungu, imibereho y’abakinnyi, ariko bikarengaho ikaba kugeza ubu ifite amanota 12 kuri 21 muri shampiyona.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta yakiriye Umuyobozi mushya wa Banki y’Isi mu Rwanda, Dr. Sahr Kpundeh, bagirana ibiganiro ku gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda n’iyi Banki.
Mu gihe Amavubi yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, izatangira mu kwezi k’Ugushyingo 2023, mu nshuro eshatu ziheruka ntiyigeze arenza amanota abiri.
Perezida w’Amerika Joe Biden yatangaje ko atazemera ko Uburusiya butsinda Ukraine ndetse na Israel itsindwa intambara irimo irwana n’umutwe wa Hamas wo muri Palestine.
Abagize Guverinoma y’inzibacyuho mu gihugu cya Niger, batangaje ko Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa w’icyo gihugu, yafashwe agiye gutoroka.
Nyirandikubwimana Marceline wo mu Mudugudu wa Kanyamizo mu Kagari ka Nyarusozi, mu Murenge wa Nyabinoni ukora umwuga w’ubuvumvu, amaze kwigisha abagore 17 n’abagabo 26 uko borora inzuki bigatanga umusaruro.
Ikipe ya Rayon Sports na APR FC zamaze kumenyeshwa amatariki zizakiniraho ibirarane by’imikino zitakinnye ubwo zari mu mikino nyafurika
Hari imvugo yitiriwe Umufilozofe unafatwa nk’aho ari we watangije ubuvuzi mu mateka y’Isi, umugereki Hypocrate, igira iti “ibyo kurya byawe bibe umuti wawe, kandi umuti wawe ube ibyo kurya byawe”.
Igihugu cya Israel cyemeye gufungura umupaka kigenzura kugira ngo igihugu cya Misiri kibashe koherereza imfashanyo abasivili, bahunze intambara mu bice bitandukanye byo muri Gaza.
Umugore witwa Akingeneye (izina twamuhaye), wo mu Karere ka Nyabihu, avuga ko guhishira umugabo yakoreraga akazi ko mu rugo wamusambanyije akamutera inda ubwo yari akiri umwangavu, byamuviriyemo guterwa indi nda ya kabiri, none akomeje kugorwa n’imibereho yo kurera abo bana atishoboye.
Ku wa Gatatu tariki 18 Ukwakira mu rubanza ruregwamo Séraphin Twahirwa na Pierre Basabose rurimo kubera mu Bubiligi, humviswe abatangabuhamya batandukanye bashinja Twahirwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA), kivuga ko cyahagaritse gusoresha nimero z’abasora (TIN Numbers) zirenga ibihumbi 123 kuva mu kwezi kwa Nzeri 2022, kubera ko ba nyirazo bazifunguje ntibakora cyangwa bagaragaje ko batarimo kunguka.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA), buvuga ko mu rwego rwo kurushaho gutanga serivise zinogeye abasora, amahoro y’isuku rusange azakomatanywa n’ipatante guhera mu mwaka utaha.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rutazihanganira ibyaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga bikorwa n’abantu batandukanye harimo n’abitwaje umurimo bakora.
Iyo uganiriye n’abantu ku bijyanye n’amavuta akoreshwa mu gutegura amafunguro, usanga abenshi bayafiteho impungenge kubera impamvu zitandukanye.
Nyuma yo guhindurirwa inyito igakurwa kuri ‘Africa Zone 5 Women’s Club Championship’, ikitwa ‘FIBA Africa Women Basketball League Qualifiers 2023’, irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa basketball mu karere k’iburasirazuba bwa Afurika mu cyiciro cy’abagore, rirabura iminsi 9 gusa rikabera i Kigali.
Umukinnyi w’Umunyarwandakazi wabigize umwuga mu mukino wa Volleyball mu Rwanda, Munezero Valentine, wari umaze iminsi micye yerekeje muri Tuniziya mu ikipe ya SFAX VOLLEYBALL CLUB yamaze kugaruka mu Rwanda nyuma y’uko ikipe ye itubahirije ibyo yari yarasinyiye.
Umuhanzi Nyarwanda, Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yishimiye guhura n’icyamamare mu muziki, Shawn Mendes uri mu Rwanda mu kiruhuko.
Nyuma y’amezi hafi atatu bategereje guhabwa igihembo cyo gukosora ibizamini bya Leta, abarimu bari bafite iki kibazo akanyamuneza ni kose nyuma y’uko bahembwe.
Ihuriro mpuzamahanga rigenga itumanaho rigendanwa (Global Systems for Mobile Communication), ryagaragaje ko abarenga 88% by’abatuye ku mugabane wa Afurika, bazaba batunze telefone ngendanwa zigezweho bitarenze 2030.
Joe Biden Yageze i Tel-Aviv mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 18 Ukwakira 2023 nyuma y’amasaha make hamaze kuba igitero cyagabwe ku bitaro bya Gaza byahitanye abarenga 500.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2023, yakiriye Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Heike Uta Dettmann, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bw’ibihugu byombi banareba ku bindi bikorwa byakongerwamo imbaraga mu rwego rwo gukomeza gushimangira imikoranire myiza (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya, baje guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, harimo uwa Espagne, Jorge Moragas Sánchez, wijeje ko igihugu cye kizatanga Miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika (ahwanye n’Amanyarwanda Miliyari 22) azifashishwa mu kuhira imyaka muri Kayonza.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu, Urujeni Martine, asanga abagore bakwiye guhindura imyumvire, bakumva ko bakwiye kubaho badateze amaboko ku bandi, ahubwo ko na bo bashobora gukora bakiteza imbere.
Inzego z’ubuzima muri Palestine zatangaje ko ibitaro bya al-Ahli Arab byo mu mujyi wa Gaza byari birwariyemo abagera ku gihumbi byagabweho igitero, gihitana ababarirwa muri magana atanu, abandi batahise bamenyekana umubare bakaba bari bakirimo gushakishwa mu bisigazwa by’ibitaro byasenyutse.
Mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa gatatu, ubutumwa bwa email bwisukiranyije mu dusanduku tw’abayobozi b’ibibuga by’indege hirya no hino mu Bufaransa, aho uwa bwohereje utaramenyekana kugeza ubu, yavugaga ko hari ibibuga by’indege bitandatu byo mu gihugu bishobora guturikiraho ibisasu.
Kurwara isepfu bishobora guterwa n’ibintu bitandukanye duhura nabyo mu buzima bwa buri munsi, ariko hari n’igihe ishobora guterwa n’ubundi burwayi busaba umuntu kujya kwa muganga.
Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko ba mukerarugendo babiri n’umushoferi bishwe n’igitero cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF, ubwo abo bantu bari muri Pariki yitiriwe Queen Elizabeth mu gace ka Kasese.
Nyuma y’uko gufasha abantu bifatiye ku byiciro by’ubudehe bikuweho, hari abafite uburwayi bwo mu mutwe bahabwaga mituweli batacyivuza, kuko batabasha kuziyishyurira.
Ku i saa yine za mu gitondo zo kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Ukwakira 2023, umuyaga utari mu mvura wasambuye inzu ndetse wangiza n’intoki kuk zaguye hasi, mu Kagari ka Gacundezi na Nyarupfubire mu Murenge wa Rwimiyaga.
Khadija Kopa, nyina wa Zuchu yahakanye ko atazi ibimaze iminsi bivugwa ko umukobwa we akundana n’umuhanzi Diamond Platnumz, kuko atarigera amumwereka nk’umuntu bazashyingiranwa.
Mu gihugu cya Nigeria abagera kuri 50 barimo abana n’abagore bashimuswe n’abantu bitwaje intwaro mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’iki gihugu.
Icyamamarekazi mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatangaje ko abaye ahagaritse ibitaramo yateganyaga gukora ku mpamvu z’uburwayi bwibasiye ijwi rye.