Ku wa 21 Ukwakira 2023, nibwo byatangajwe ko Umwongereza Sir Bobby Charlton wakiniye Manchester United n’u Bwongereza yitabye Imana.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera buratangaza ko inyamaswa muri iyi pariki zimaze kwiyongera ku kigero cya 127% kuva mu myaka 13 ishize. Ibi ni umusaruro w’ingamba zitandukanye zashyizweho harimo no kuzanamo izindi nyamaswa, bikaba byarazamuye umubare w’intare zazanywemo ari icyenda mu 2015 ubu zikaba zariyongereye.
Umwana witwa Ishimwe Salem wiga mu wa Kane w’amashuri abanza, ajya ku ishuri buri munsi afashe akaboko murumuna we, mushiki we na we abagenda inyuma, bose bahetse ibikapu byuzuye amakaye, ku buryo bagenda bunamye.
Abanyarwanda bajyana amata mu mujyi wa Goma bavuga ko bahutazwa mu gihe hari umutekano mukeya ndetse bikagorana kubishyura.
Mu bice bitandukanye by’Igihugu, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, hamaze iminsi havugwa amakuru y’uko Amadolari ya Amerika yabuze ku isoko. Abavuga ibi babishingira ku kuba bagana za Forex Bureaus zinyuranye bashaka Amadolari ariko bagataha amara masa. Abayacuruza na bo bashimangira ko nta madolari ari ku isoko.
Umugabo w’Umunya-Lithuania utaratangajwe amazina, afungiwe muri Espagne nyuma y’uko yari amaze gukora uburiganya muri za Resitora zigera kuri 20, aho yagendaga agasaba ibyo kurya no kunywa, hanyuma yamara kurya agahita yikubita hasi agafata mu gatuza nk’ufashwe n’indwara y’umutima bitunguranye kugira ngo batamwishyuza ibyo (…)
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye inganda (NIRDA), cyatangaje ko kimaza gushora arenga miliyari icyenda mu gufasha inganda mu kwiteza imbere.
Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko umwaka wa 2023 uzarangira uturere tudafite abayobozi twamaze kubahabwa.
Arnold Schwarzenegger, umukinnyi wa filimi w’icyamamare wamenyekanye cyane nka ‘Komando’ ndetse akaba yari azwiho gukora siporo yo guterura ibintu biremereye bita ‘bodybuilding’ cyangwa se kubaka umubiri, yatangaje ko ashaka kubona amaraso mashya cyangwa se abantu bakiri bato bahatana mu matora ataha y’Umukuru w’igihugu muri (…)
Abafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe mu Karere ka Muhanga baratabaza ku bibazo bahura nabyo birimo gukubitwa, kubohwa, kunenwa, no kubura ubuvuzi kandi bafite imiryango bakomokamo cyangwa ubuyobozi buwkiye kuba bubareberera.
Hari igihe umuntu acikwa arimo gutegura ifunguro, agashyiramo umunyu mwinshi cyangwa urusenda ukibaza uko wabigabanyamo bikakuyobera. Nyamara hari uburyo butandukanye ushobora kwifashisha utagombye kongeramo amazi menshi ngo usange wangije ifunguro ryawe.
Nyuma y’uko hirya no hino mu gihugu abantu bashishikarijwe guhinga ubutaka bwose, mu rwego rwo guhangana n’ubuke bw’ibiribwa bwatumye bisigaye bihenda, mu Karere ka Huye hari hegitari zisaga 150 ziyongereye ku hari hasanzwe hahingwa.
Abahanzi, by’umwihariko abacuranzi n’abaririmbyi usanga bakundwa na benshi, ahanini kubera ko kumva indirimbo waba ubyina cyangwa urimo kuruhuka binezeza benshi, abandi bakanabyungukiramo mu buryo butandukanye, ariko ugasanga nta rubuga rubaho ruzwi abahanzi bashobora guhurizwamo bagashimirwa by’umwihariko.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko kuva u Rwanda rwafata icyemezo cyo guhagarika gutumiza imbuto ku bihingwa by’ingenzi mu mahanga, zigatangira gutuburirwa mu Rwanda, zikubye inshuro eshatu ugereranyije n’izatumizwaga.
Shampiyona y’imikino y’abakozi haba mu bigo bya Leta ndetse n’ibyabikorera 2023 igeze muri 1/4 cy’irangiza giteganyijwe gutangira tariki 3 Ukwakira 2023.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Gikondo, nyuma yo kuvuga ubugome bakorewe na Séraphin Twahirwa basabye ubutabera busesuye mu rubanza arimo kuburana ibyaha bya Jenoside.
Umwirabura wa mbere wagaragaye muri filime njya rugamba zizwi nka “Action Movies” muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Richard Roundtree, yitabye Imana ku myaka 81 aguye murugo rwe I Los Angeles azize kanseri y’urwagashya.
Mu mpera z’iki cyumweru ubwo haza gukinwa umunsi wa cyenda wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru
Muri Mexique, abantu 27 bishwe n’inkubi y’umuyaga yiswe ‘Otis’ ivanze n’imvura, yibasiye agace kitwa Acapulco, gaherereye mu Majyepfo y’uburengerazuba bw.icyo gihugu, ibikorwa by’ubutabazi bikaba bikomeje.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’abashoramari biyemeje kubaka isoko rya Rubavu rimaze imyaka 13 rihagaze, bumvikanye uburyo bwo kubaka iri soko, rikazuzura mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda, Madamu Nyirasafari Esperance yagaragaje ko ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire riherutse gukorwa ryerekanye ko umuvuduko w’iterambere u Rwanda rwagezeho mu myaka 20 ishize byagize uruhare mu iterambere ry’imibereho myiza y’abanyarwanda.
Umugabo wo muri Kenya, abinyujije muri videwo yashyize ku rubuga rwa X izwi cyane nka Twitter, yavuze ko ashaka umukiriya wamugurira impyiko ye kuri Miliyoni 350 z’Amashilingi ya Kenya, ni ukuvuga agera hafi kuri Miliyari eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda, kugira ngo ashobore kwikura mu bukene bumwugarije.
Ibihembo byari bitegerejwe na benshi bakunda umuziki wo ku mugabane w’u Burayi, bizwi nka MTV Europe Music, byasubitswe kubera intambara iri mu gace ka Gaza hagati ya ya Israel na Palestine.
Mu gihe abantu bakoreraga impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga bari bamenyereye gukosorwa ibizamini bagahabwa amanota n’abapolisi harateganywa ko bazajya bakosorwa n’imashini bigakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Nyuma y’imyaka itatu ahawe indangamuntu yongereweho imyaka 10, kuba itari yakosorwa bikaba byaratumaga hari serivisi adahabwa, Eric Habimana w’i Bweya mu Murenge wa Ndora, yakiriye indangamuntu ikosoye ku wa 26 Ukwakira 2023.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 26 Ukwakira 2023, nibwo babiri mu bagize itsinda rya ’Boys II Men’ bageze i Kigali, aho baje mu gitaramo cy’amateka bazakorera muri BK Arena.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), Dr Usta Kaitesi, aramagana abitwaza Imana bahanurira abaturage babaka amafaranga, agasaba amadini baturukamo gukumira iyo mikorere.
Urukiko rwibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Kane tariki 26 Ukwakira 2023, rwategetse ko Joseph Harerimana uzwi ku izina rya Apôtre Yongwe, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Mu nama mpuzamahanga yiga ku guteza imbere ishoramari ‘Global Gateway Forum’ ibera i Buruseri mu Bubiligi, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagiranye ibiganiro na Amina Muhammed, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (UN).
Kuri uyu wa Kane tariki 26 Ukwakira 2023, u Rwanda rwasinyanye na Banki y’Amajyambere ya Pologne (BGK), amasezerano y’inguzanyo ya Miliyoni 23 z’ama Euro (angana na Miliyari 29Frw), azafasha mu bikorwa byo koroshya uruhererekane nyongeragaciro rw’amata.
Karongozi yabitangarije mu iburanisha ku byaha bya Jenoside biregwa Pierre Basabose na Seraphin Twahirwa ubwo ryatangiraga, nyuma y’uko Avoka Jean Flamme yagaragaye mu bikorwa bigamije gukerereza urubanza kandi nta mpamvu.
Komisiyo ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikari (RDRC), yashyikirije imiryango 20 y’abasezerewe mu gisirikare bagasubizwa mu buzima busanzwe, biganjemo abamugariye ku rugamba bo mu Turere dutanu tw’Igihugu.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado, zatanze ibikoresho by’ishuri bigenewe abana baturuka mu miryango itishoboye, biga mu mashuri yo mu mujyi wa Mocimboa da Praia.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, arishyuza umugabo babyaranye abana, indezo y’ibihumbi 200Frw kugira ngo abashe kohereza umwana we ku ishuri.
Nyuma yo kumurika icyerekezo cy’imyaka irindwi cy’ubutubuzi bw’imbuto mu Rwanda, Ishyirahamwe ry’abacuruza n’abatubura imbuto nziza, ryatangaje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba ari igicumbi cy’imbuto nziza mu Karere.
Ishami rishinzwe abasifuzi muri FERWAFA ryamaze gushyiraho abasifuzi bazayobora umukino utegerejwe na benshi uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon Sports kuriiki Cyumweru
Abantu 22 bishwe barashwe abandi barenga 50 barakomereka, nyuma y’uko umuntu arashe mu kivunge cy’abantu mu kabari n’ahakinirwa ‘bowling’ mu mujyi wa Lewiston, Leta ya Maine muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Umukecuru witwa Nyiransababera Xavera wo mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero, ari gusembera mu baturanyi, nyuma y’uko ubutaka bwe bwubatsemo n’inzu yari atuyemo butejwe cyamunara ku nguzanyo atigeze ajya gusaba muri banki.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yitabiriye umuhango wo gutangiza inama mpuzamahanga yiga ku guteza imbere ishoramari ‘Global Gateway Forum’, irimo kubera i Buruseli mu Bubiligi.
Mu ma saa tatu z’ijoro ryo ku itariki 24 Ukwakira 2023, ni bwo uwitwa Nsengiyumva Jean Paul, wo mu Kagari ka Sahara, Umurenge wa Busogo Akarere ka Musanze, yagize impungenge z’imyaka ye y’ibirayi ajya kuyirinda, ageze mu murima agwa mu gaco k’amabandi baramukomeretsa.
Hari indirimbo ivuga ngo ‘Ruzamenya gusoma u Rwanda rw’ejo, ruzafata ikaramu u Rwanda rw’ejo, ruzatsura umubano u Rwanda rw’ejo….’ yamenywe by’umwihariko n’abari mu kigero cy’imyaka 40 kuzamura kuko yahimbwe mu 1985.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko ibikorwa byo guhirika ubutegetsi bikomeje kugaragara ku mugabane wa Afurika atari ibintu byo gushima ariko kandi abantu bakwiye kureba mu buryo bwagutse inkomoko nyamukuru iba yatumye bibaho.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze CG (Rtd) Emmanuel Gasana wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.
Kuri uyu wa Gatatu,Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwatangiye gukurikirana abagize uruhare mu buriganya bwabaye mu gutoranya abana bari kujya mu irerero ry’ikipe ya Bayern Munich mu Rwanda.
Abakorera mu mavuriro (Postes de santé), barinubira kuba Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) kibarimo amezi ane, n’ukwa gatanu kukaba kuri hafi kurangira, none bakaba barimo gutanga serivisi itari nziza.
Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023, rwategetse ko umunyamakuru akaba afite n’umuyoboro wa Youtube witwa Ukwezi TV, Manirakiza Théogène, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
CG (Rtd) Gasana Emmanuel, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yahagaritswe ku mirimo kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko ibanga u Rwanda rwakoresheje kugira ngo mu myaka 29 ishize rugere ku iterambere ruriho uyu munsi, byakomotse ku cyizere Abanyarwanda bagira cy’uko hari ibyo bashoboye kandi bagaharanira kubigeraho.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), yatangaje ko ibura ry’amashanyarazi ryagabanutse cyane ugereranyije n’uko byari byifashe mbere, kubera ko yaburaga nibura inshuro zirenga 40 ku mwaka, ubu bikaba bigeze ku nshuro 20 gusa.
Umuhanzi Kabera Arnold uzwi nka Sintex wari umaze igihe afashwa na sosiyete ya murumuna we, Arthur Nation Ltd, yatangaje ko bamaze gutandukana aho agiye gutangira kwikorana binyuze muri kompanyi ye.