Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo hakinwaga imikino yo kwishyura muri shampiyona ya Volleyball mu Rwanda aho amakipe ya REG, RRA APR WVC na GISAGARA zitwaye neza, izindi ziratsikira.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko hari benshi bagendana uburwayi batabizi, zikagira abantu inama yo kwirinda indwara zitandura, kandi bakagira umuco wo kuzipimisha nibura rimwe mu mwaka, kubera ko bikorerwa ku bigo nderabuzima kandi bigakorwa kuri mituweli.
Kwishyura fagitire ku bantu bakundana basohokanye, bakajya gusangira muri za resitora n’ahandi, hari ubwo bibyara ibisa n’impaka, kuko hari abantu bamwe batekereza ko kwishyura fagitire biba ari inshingano z’abasore cyangwa abagabo, uko fagitire yaba ingana kose, mu gihe hari abandi bavuga ko abakundana bagiye gusangira (…)
Umuyobozi Mukuru wa Polisi muri Mozambique, IGP Bernardino Raphael, yashimye inzego z’umutekano z’u Rwanda kubera uruhare rwazo mu kurwanya iterabwoba no kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.
Abadepite bagize Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga Amategeko(FFRP), basanga inzego zo mu Karere ka Nyabihu zifite aho zihuriye n’iterambere ry’imibereho myiza y’abana, zikwiye kunoza ubufatanye hagati yazo mu kwegera abaturage no kubunganira mu ngamba zituma bagira uruhare rufatika mu kugabanya umubare (…)
Abatuye mu Karere ka Nyanza by’umwihariko mu Murenge wa Kibilizi, bavuga ko ubusanzwe ubuhinzi bw’imyumbati buri mu bibafasha kubona ibyo kurya bihagije, ariko ubu ngo bahangayikishijwe no kuba nta mbuto nziza bafite.
Kaminuza y’u Rwanda yeretse inzego za Leta abashakashatsi bayigamo bazafasha muri gahunda zo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, zirimo iyo kongera ibiti no guteza imbere ubukungu bwisubira (Circular Economy).
Perezida wa Koperative ‘Nyereka Ibiganza’ yibumbiyemo abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu Karere ka Huye, Felix Karangwa, avuga ko bifuza ubufasha burimo n’ubushobozi bwo kugura imashini ziboha.
Inama 15 y’Abaminisitiri bafite ingufu z’umuriro w’amashanyarazi mu nshingano mu bihugu bya Tanzania, u Rwanda n’u Burundi, yemeje ko uyu mwaka ugomba kurangira urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo rutanga umuriro kubera ko imirimo yo kubaka isa n’iyarangiye, hakaba hasigaye iyo kugerageza imashini ziwutanga.
Tariki 01/10/1990 - tariki 01/10/2023: Imyaka 33 irashize hatangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda. Icyo gihe mu masaha y’igitondo, nibwo isasu rya mbere ryumvikanye ku mupaka wa Kagitumba, mu yahoze ari Perefegitura y’Umutara mu Karere ka Nyagatare.
Abantu barindwi baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe mu iduka ry’ikawa mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, icyo gitero kikaba cyabaye nyuma y’umunsi umwe ikindi gisasu gitezwe mu modoka na cyo kikica abantu.
Perezida wa Repubulika ya Santarafurika (CAR), Prof Faustin Archange Touadéra, yifatanyije n’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri icyo gihugu mu bikorwa by’umuganda rusange.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasezerewe na Al Hilal Benghazi iyitsinze kuri penaliti 4-2 nyuma yo kunganya 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pelé Stadium yari yuzuye abafana.
Kuri uyu wa Gatandatu abafana ba Rayon Sports bari babukereye mu gushyigikira ikipe yabo yakiriye Al Hilal SC Benghazi mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup ushobora kuyigeza mu matsinda.
Abayobozi b’inama y’Ubutegetsi y’Ikigega cyo Gutera Inkunga Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA Adjustment Fund) yemeje igihe icyo kigega kigomba gutangira imirimo yacyo.
Toni eshanu z’imbuto y’ibirayi zafashwe zinyuzwa mu nzira zitemewe ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho zari zigiye kugurishwa.
Tariki ya 29 Nzeri 2023 mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nkungu hatashywe irerero ryitezweho kunganira ababyeyi mu burere bw’abana babo. Ababyeyi bafite abana bato b’incuke muri uyu Murenge bavuga ko aya mashuri aje ari igisubizo ku bana babo batari bafite uburyo bwo kubona aho biga hafi y’ingo zabo.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 29 Nzeri 2023, inkongi y’umuriro yibasiye igice gito cy’isoko rya Rwamagana, hangirika amaterefone n’inkweto by’abacuruzi.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, yashenye ibyumba bitatu by’amashuri ya EAR Gashaki.
Ishyirahamwe ry’Imikino ya Basketball mu Rwanda (FERWABA) hamwe na Orion Basketball Club(Orion BBC), bijeje Minisiteri y’Ibidukikije ko bagiye gukoresha amakipe y’u Rwanda n’u Burundi hamwe n’abafana babo, muri gahunda yo gutera ibiti bihwanye n’inshuro umupira watewe muri buri mukino.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 29 Nzeri 2023, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, habereye umuhango wo gusezera Abapolisi 112 baherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.
Umuryango Nyarwanda wita ku buzima (SFH Rwanda) wahawe gucunga amavuriro y’ibanze (Health posts) mu Rwanda, umaze gusuzuma ibibazo byugarije imikorere n’amavuriro y’ibanze usuzuma n’ingamba zafatwa kugira ngo arusheho gukora neza.
Ababyeyi bafite abana bavukanye uturenge tw’indosho (Clubfoot) barahamagarira ababafite kubavuza, kubera ko ari indwara ivurwa igakira, bikaba byabarinda ubumuga bwo kudashobora kugenda.
Abatuye mu Kagari ka Gafumba gaherereye mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, barinubira abiganjemo urubyiruko babajujubije babiba, ikibahangayikishije kurusha kikaba ari uko mu bajura harimo n’abana.
Kuri uyu wa Gatanu, Ikipe ya APR FC yatsindiwe na Pyramids FC ibitego 6-1 mu Misiri iyisezerera muri CAF Champions League 2023-2024.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano nshya, agira impanuro atanga zibaherekeza muri ako kazi bagiye gukora.
Abantu 52 bapfuye abandi barakomereka, bitewe n’igisasu cyaturikiye hafi y’Umusigiti, kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, mu Ntara ya Balouchistan ya Pakistan, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi mu nzego z’ubuzima, waganiriye n’Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) hamwe n’itangazamakuru ry’aho muri Pakistan.
Ahitwa Ryamakomari-Ruhango mu Murenge wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge, habereye impanuka mu ma saa tanu zo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, imodoka irangirika cyane, ku bw’amahirwe uwari uyitwaye ararokoka.
Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku itariki ya 27 Nzeri 2023 ryashyizeho Umuyobozi Mukuru mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) asimbuye Clare Akamanzi wari umazeho imyaka itandatu, gusa akaba yarigeze no kuyiyobora mbere. Igihe yari amaze muri izi nshingano, hari byinshi RDB yagezeho ariko hari (…)
Imirimo yo kwagura ibitaro bya Butaro byihariye ubuvuzi bw’indwara za kanseri, irimo kugana ku musozo aho ubu habura iminsi micye serivisi ziyongereyemo, zigatangira kubitangirwamo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Matsiko Gonzague, yasabye aborozi gutangira gutegura ibikorwa remezo no guhinga ubwatsi bw’amatungo kuko tariki ya 12 Nzeri 2024 nta nka izaba itororewe mu kiraro.
Abasirikare 12 bo muri Niger bapfuye nyuma yo kugabwaho igitero n’ibyihebe, bikekwa ko ari ibyo mu mutwe w’Abajihadiste.
Abaturage bambukiranya imipaka by’umwihariko mu Turere twa Rubavu na Rusizi, bagiye kuzajya bafashwa mu bibazo by’amategeko bakunze guhura nabyo, mu gihe bambutse bagiye gushaka imibereho mu buryo butandukanye.
Imvura y’Umuhindo yaguye kuva tariki ya 1 kugeza tariki 28 Nzeri 2023, yahitanye ubuzima bw’abantu 20 abandi bagera kuri 58 barakomereka, inangiza ibikorwa remezo bitandukanye.
Abagabo n’abagore 92 batahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikare, ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), nyuma yo guhabwa amahugurwa y’imyuga n’ubumenyingiro, ku wa Kane tariki 28 Nzeri 2027, bashyikirijwe ibikoresho bijyanye n’ibyo bize, aho bavuga ko bagiye kubyubakiraho (…)
Prof Jean Bosco Harelimana wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amakoperative (RCA) na Hakizimana Clever wari ushinzwe amasoko hamwe na Gahongayire Liliane wari ushinzwe Ububiko, ku wa Kane tariki 28 Nzeri 2023 basabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Nyuma y’uko imvura yaguye ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, yangije byinshi mu Turere twa Nyamagabe, Huye, Gisagara na Nyaruguru, muri Nyamagabe by’umwihariko umuvu wayo ugatwara umwana wavaga ku ishuri, ubuyobozi bw’ako karere bwasabye abarimu kutazongera kurekura abana imvura ikubye cyangwa irimo kugwa.
Umugenzuzi Mukuru w’Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye, Nadine Umutoni, avuga ko kwimakaza ihame ry’Uburinganire byihutisha iterambere ry’Igihugu n’umuryango kandi ntawe usigaye inyuma, bituma abanyarwanda bose bagira amahirwe angana kandi bagakoresha ubumenyi n’impano zabo mu kwiteza imbere bikagabanya imvune zo gukorera (…)
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah, arahamagarira urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze gutinyuka bakabyaza umusaruro amahirwe Leta ikomeje kubegereza, mu gihe mu ibyiruka rye ngo batigeze bayabona.
Kuri uyu wa kane tariki 28 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Oscar Kerketta wari uhagarariye u Buhinde mu Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), ryamaze gusohora ingengabihe y’imikino yo kwishyura ya shampiyona y’uyu mwaka, nyuma yo gusbikwa kubera amarushanwa mpuzamahanga amakipe y’Igihugu yari yaritabiriye.
Tariki 29 Gashyantare (ukwezi kwa Kabiri) bayita umunsi utaruka (leap day), itariki iza ku isonga mu minsi y’amavuko idasanzwe kuri karandiriye rusange igenderwaho hafi ya hose ku isi (Gregorian calendar), kubera ko uwo munsi ubaho inshuro imwe gusa buri myaka ine.
Tariki 28 Nzeri 2023 u Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga wa Demokarasi usanzwe wizihizwa tariki 15 Nzeri buri mwaka. Uyu munsi mpuzamahanga wizihirijwe mu nteko Ishingamategeko.
Nk’uko bimaze kumenyerwa mu Rwanda, buri wa gatandatu w’icyumweru gisoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange uhuza abaturage n’abayobozi.
Inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Nyarugenge hamwe n’Umuryango uharanira Iterambere witwa DUHAMIC-ADRI, bemeranyijwe gukorana kugira ngo bafashe abarenga ibihumbi 20 bafite ibyago byo kwandura virusi itera SIDA, cyangwa kuyanduza abandi.
Kuba imiti myinshi n’inkingo bikoreshwa muri Afurika bituruka hanze yayo, ni ikibazo gihangayikishije, ku buryo abashakashatsi barimo gukora ibishoboka kugira ngo Afurika ishobore kwihaza mu bijyanye n’imiti n’inkingo.
Mu minsi ishize humvikanye inkuru z’abavuga ko Umujyi wa Kigali waciye amahema, akorerwamo ibikorwa bitandukanye ndetse n’ibirori birimo ubukwe n’ibindi. Ariko mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku itariki 21 Nzeri 2023, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavugaga ko icyari kigambiriwe ari ukugira ngo abantu (…)
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yashimiye umuryango Humanity &Inclusion (HI) wafashije abaturage barenga ibihumbi 26, mu turere twa Gasabo na Rutsiro kureka ibikorwa byo guhohotera abandi.
Ntabwo ari umugani kumva ko ikibwana kimwe cy’imbwa zitwa ‘Great Dane’ kitarengeje amezi abiri y’ubukure, kigurwa amafaranga arenga miliyoni imwe n’ibihumbi 300Frw, mu gihe ikibwana cy’izitwa ’Boebul’ na cyo kigurwa arenga miliyoni imwe n’ibihumbi 100Frw.
Leta y’u Rwanda yashyize ingufu mu guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu. Ni muri urwo rwego abikorera bafite umukoro wo kohereza hanze y’Igihugu amabuye y’agaciro atunganyijwe kuko biyongerera agaciro bikanareshya abashoramari.