Mu rugo rw’umugabo witwa Manizabayo Ferdinand, ushinzwe amakuru mu Mudugudu, hasanzwe magendu y’inzoga z’ubwoko bunyuranye zitemewe, ababibonye batungurwa no kuba uwakabaye abera abaturage intangarugero yijandika mu bikorwa nk’ibyo.
Ikipe ya Mukura VS yamuritse ku mugaragaro amakike y’ubunyamuryango, aho uzajya ayigura mu byo yemerewe harimo no kureba imikino ikipe yakiriye umwaka wose.
Leta ya Isiraheli yashoje urugamba rukomeye kuri Palestine, nyuma y’ibisasu birenga 5,000 umutwe wa Hamas wayisutseho biturutse i Gaza, ari na ko abarwanyi b’uwo mutwe(witwa uw’Iterabwoba) bamena uruzitiro binjira muri Isirayeli.
Abarwanyi ba M23 bongeye kwisubiza umujyi wa Kitchanga anyuma y’iminsi ibiri uyobowe n’abarwanyi ba Wazalendo, bari bawuhawe n’ingabo z’Abarundi ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro, zari zawuhawe n’abarwanyi ba M23, kugira ngo ukoreshwe mu gucunga umutekano w’abaturage mu gihe hategerejwe ibiganiro byo kurangiza intambara.
Banki ya Kigali (BK) ku wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2023, yashimiye abakiriya bayo b’imena bo mu Karere ka Gicumbi uburyo bakorana neza, ibagenera impano ndetse haba n’igikorwa cyo gusangira na bo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Ukwakira 2023, Perezida Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, bafunguye ku mugaragaro ishami ry’Afurika ry’Ikigo mpuzamahanga cy’Ubuvuzi cya IRCAD Africa, rizajya ryifashishwa mu bushakashatsi n’Amahugurwa ku ndwara ya kanseri ifata urwungano ngogozi.
Benshi bakomeje guterwa impungenge n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori rituma ubuzima burushaho guhenda, barimo impuguke zaganiriye na Kigali Today zivuga ko uko byagenda kose nta nzara izica abaturage.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu itsinda ry’ibikorwa by’urugamba (RWABG V), ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA) bwo kugarura amahoro muri Santrafurika, zatanze serivisi z’ubuvuzi ku baturage b’ahitwa Sam-Ouandja.
Abarwanyi ba M23 bongeye kwisubiza uduce twari twafashwe n’ingabo za Congo, FARDC n’imitwe bakorana yibumbiye muri Wazalendo muri Masisi, nk’uko byemejwe n’umwe mu bayobozi b’ingabo za Congo ziri ku rugamba.
Abasirikare bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, bahawe ikiganiro ku bikorwa by’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), uko umutekano uhagaze imbere mu gihugu no mu Karere muri rusange.
Ikigo Ubumwe Community Center cyita ku bafite ubumuga bukomatanyije mu Karere ka Rubavu, cyatangije inyubako izajya ikora insimburangingo mu gufasha abafite ikibazo cyo kuzibona.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Ukwakira 2023, nibwo amakipe ya APR, Police na RRA Volleyball Club, yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Tanzania mu irushanwa ngarukamwaka, ryo kwibuka uwahoze ari Perezida w’iki gihugu ndetse wanaharaniye ubwigenge bwacyo, Mwalimu Julius Kambarage Nyerere, witabye Imana tariki (…)
Polisi y’u Rwanda yafunguye icyicaro cy’Ikigo gishinzwe Ubugenzacyaha, ku byaha bikorerwa ku Ikoranabuhanga ku rwego rw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba. Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yavuze ko u Rwanda rwahagurukiye kurwanya ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga, ndetse (…)
Mu Rwanda hagiye kubakwa ikigo cyihariye mu bijyanye n’imbuto, kikazafasha abahinzi barenga miliyoni kubona imbuto zujuje ubuziranenge.
Ikipe ya Rayon Sports y’abagore kuri uyu wa Gatanu yakoze ibirori byo kumurika abakinnyi, abatoza, abayobozi ndetse n’imyambaro izifashisha muri uyu mwaka w’imikino
Kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukwakira 2023, ikipe ya APR FC yatsinze Musanze FC 2-1 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona utarakiniwe igihe wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Malia Obama, umukobwa wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wa 44, yagaragaye mu ruhame atumura itabi i Los Angeles.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), António Guterres, yagize Amb. Claver Gatete, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye, ishinzwe ubukungu muri Afurika (ECA).
Dusenge Eric ukoresha izina rya Alto mu muziki, nyuma y’igihe atagaragara, yashyize hanze indirimbo ye nshya yise ‘Yego’, yemeza ko atazongera gutindira abakunzi be.
Imiryango Interpeace na RWAMREC ishyigikiwe na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF), yanditse igitabo cyigisha abahungu n’abagabo kubaha no kuzuzanya na bashiki babo cyangwa abo bashakanye, kuko ngo ari ko kuba abagabo nyabo(positive masculinity).
Imirwano ishyamiranyije ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), n’abarwanyi ba M23 ikomeje kugera mu bice bitandukanye uyu mutwe uherereyemo.
Perezida Paul Kagame yakiriye Musalia Mudavadi, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma muri Kenya, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida William Ruto.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza mu Kagari ka Shara mu Mudugudu wa Gakenke, tariki ya 6 Ukwakira 2023, habereye impanuka y’imodoka itwara abarwayi (Ambulance) yagonganye n’uwari utwaye igare, ahita yitaba Imana.
Bamwe mu barimu bakosoye ibizamini bya Leta batangarije Kigali Today ko bategereje amafaranga bagombaga guhemberwa uwo murimo ariko na n’ubu amaso akaba yaraheze mu kirere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma muri Kenya, Musalia Mudavadi.
Ku Cyumweru tariki 8 Ukwakira 2023, ikipe ya Arsenal irakira Man City mu mukino ukomeye w’umunsi wa 8 wa shampiyona y’u Bwongereza.
Axum izakorera ndetse inafatanye n’abayobozi bo muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati, inzego ndetse n’abafatanyabikorwa bo ku rwego rw’isi, kugira ngo bakemure ibibazo by’ingutu by’uruhurirane ku iterambere ry’imibereho n’ubukungu, imihindagurikire y’ikirere, ndetse n’udushya mu ikoranabuhanga.
Umuyobozi wa Burigade ya 201 mu Ntara y’Iburengerazuba, Col. Rugambwa Albert, arasaba Abanyarwanda kubaha igitambo cy’amaraso, yamenekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu, hagambiriwe kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda bwari bwarasenyutse.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukwakira 2023, Ambasaderi Maj Gen (Rtd) Charles Karamba, yashyikirije Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Musa Faki Mahamat, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Mpuzamahanga, Dr. Vincent Biruta, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Brazil, rugamije gutsura umubano mu bucuruzi n’ishoramari.
Mu byo Inama y’Abasenyeri Gatolika ku Isi(yitwa Sinodi) yateraniye i Vatikani kuva tariki 4 Ukwakira 2023 irimo kwigaho, harimo kureba niba abihayimana ba Kiliziya(Abasaseridoti) bakwemererwa gushyingirwa, ndetse no kwemerera abagore gusoma misa ari Abapadiri.
Umusore w’imyaka 28 wo mu Kagari ka Garuka, Umurenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, biravugwa ko yashatse kwiyahura akoresheje umuti witwa Rokete, bamutesha atarawumara, ajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Nyuma y’uko tariki 2 Ukwakira 2023 mu Mudugudu wa Ngoma ya 5 uherereye mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Ngoma, Akarere ka Huye, habonetse imibiri ahacukurwaga fondasiyo y’urugo, bugacya ishakishwa neza hakaboneka 35, imirimo yo kuyishakisha yarangiye ku wa Gatatu tariki 4 Ukwakira 2023 hamaze kuboneka 39.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Kicukiro, yafashe umugabo w’imyaka 34 y’amavuko, wari ubitse mu nzu litiro 220 za mazutu acyekwaho gucuruza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abiganjemo urubyiruko rufite ubumuga bwo kutabona rukorera mu kigo cya Seeing Hands Rwanda, bavuga ko umwuga wo gukora massage barimo bawukora neza, ukaba ubarinda guheranwa n’ubwigunge ndetse ukanabafasha kwiteza imbere mu bukungu.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, yatangaje ko Leta yiteguye gufatira ingamba abacuruza ibikomoka kuri Peteroli bagaragaye banga gutanga lisansi na Mazutu umunsi ibiciro bihindurwa, bagamije kuzayicuruza bukeye ku giciro gihanitse.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Ishimwe Joshua wamamamaye nka Josh Ishimwe, yasobanuye impamvu magingo aya asubiramo indirimbo z’abandi gusa, ndetse n’impamvu mu muziki we atarobanura ashingiye ku idini abarizwamo nk’umuyoboke.
Ku munsi mpuzamahanga wa mwarimu uba tariki ya 5 buri mwaka, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB), cyatangaje ko umwarimu azakomeza gushyigikirwa kugira ngo arusheho gutanga uburezi bufite ireme.
Bamwe mu baturage b’Akagari ka Nyamirembe Umurenge wa Gatunda, bavuga ko amashusho y’urukozasoni yerekanwa mu nzu zihishe rimwe na rimwe zikora nk’utubari, ndetse no muri telefone ngendanwa, arimo gusenya ingo agashora urubyiruko mu busambanyi.
Nubwo bigoye kwemeza ko umubare w’abana bagwingiye mu Rwanda ushobora kugabanuka ukagera kuri 19% muri 2024, nk’uko biri mu ntego za Guverinoma, ariko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), cyemeza ko bishoboka.
Umukinnyi w’ikipe ya APR VC y’abagore akaba na kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umukino wa volleyball, Munezero Valentine yamaze gufata rutemikirere aho yerekeje mu gihugu cya Tunisia mu ikipe nshya.
Umujyi wa Kigali ugiye kubona ikoranabuhanga rishya mu gutwara abantu n’ibintu, mu rwego rwo koroshya uburyo bwo guteza imbere ubwikorezi rusange, binyuze mu bufatanye bwashyizweho umukono hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Buyapani.
Producer Li John, umenyerewe mu gutunganya indirimbo z’abandi bahanzi, nyuma yo kwinjira mu ruhando rw’abahanzi mu Rwanda, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Ndagutinya’, yiyemeza kugeza umuziki ku rwego mpuzamahanga.
Umugore w’imyaka 40 witwa Mwaka Marthe wavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), avuga ko afite ibyishimo bidasanzwe yatewe no kubona ubwenegihugu bw’u Rwanda, nyuma y’imyaka ikabakaba 20 ashakanye n’umugabo w’Umunyarwanda.
Tariki 4 Ukwakira 2023, Urukiko rw’i Buruseli mu Bubiligi, rwatangiye kuburanisha Pierre Basabose na Séraphin Twahirwa, baregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba barangajwe imbere na Guverineri w’iyo Ntara, Gasana Emmanuel, baherutse kugirira uruzinduko mu Karere ka Musanze, mu rwego rwo kwigira kuri ako Karere, bareba uburyo gafatanya n’inzego z’abikorera mu gushyira mu bikorwa gahunda yo kuvugurura umujyi, aho byateje imbere umujyi wa Musanze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, agaragaza ko imbogamizi zagaragaye mu myaka icumi ya mbere mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo cy’umuryango wa Afurika yunze ubumwe cya 2063 zitagomba gukoma mu nkokora intego z’iki cyerekezo mu myaka icumi iri imbere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, ushinzwe imibereho myiza, Kayisire Marie Solange, arasaba abakiri bato kwegera abageze mu zabukuru kugira ngo babigireho umuco n’indangagaciro, ariko banasangire inararibonye ku buryo byafasha mu gukemura ibibazo byugarije imiryango n’Igihugu muri rusange.
Ku cyicaro gikuru cya Banki ya Kigali (BK), hatashywe icyumba cy’ababyeyi, hagamijwe kuborohereza kubona uko bashobora kwita ku bana babo, no kugira ngo barusheho gutanga umusaruro.
Camera zo mu muhanda bahimbye izina rya sofiya zisanzwe zigenzura umuvuduko w’ibinyabiziga, zigiye kujya zinakoreshwa mu kugenzura ibindi byaha bikorerwa mu muhanda, nk’uko Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Felix Namuhoranye, yabitangaje ku wa Gatatu tariki 04 Ukwakira 2023 mu kiganiro n’itangazamakuru.