Kuri uyu wa Kane,Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020,yongeye kwibutsa Aba-Rayons ko ariwe wayigira igitangaza avuga ko yifuza kuba nyira yo aho ku ikubitiro yayishoramo miliyari 5 Frw zizazamuka zikagera ku icumi.
Mu gihe hari abarya imboga ari uko baziguze, hakaba n’abazirya rimwe na rimwe kubera kunanirwa kuzihingira, Marie Chantal Mukeshimana utuye mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara, we azihinga mu mbuga ku buryo azirya uko abyifuza, agasagurira n’amasoko.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru irakomeza mu mpera z’iki Cyumweru, aho Rayon Sports ya mbere yerekeza i Rubavu, APR FC ya kabiri ikerekeza i Bugesera
Abahinzi b’ibireti bibumbiye muri KOAIKA bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, barishimira uburyo bakomeje kongera umusaruro w’ubwo buhinzi, aho n’ubwasisi bagenerwa bwazamutse bugera kuri Miliyoni 24,052,000Frw buvuye kuri Miliyoni 17Frw.
Akanama Ngengamyitwarire muri FERWAFA katumije abahagarariye amakipe ya Kiyovu Sports na Musanze FC mu nama yiga ku majwi y’umutoza Mugiraneza Jean Baptiste Miggy wasabye umukinnnyi wa Musanze FC kwitsindisha iteganyiwe ku wa 6 Mata 2025.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Murasira Albert, mu kiganiro yagiranye n’Abasenateri kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Mata 2025, yababwiye ko mu bice by’Intara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru hashobora kuzibasirwa n’ibiza.
Ishuri ry’Umupira w’Amaguru rya Debes Football Academy ryegukanwe irushanwa ryo gushakisha impano z’abakiri bato ryateguwe Children And Youth Sports Academy, abaryitabiriye basaba ko habaho amarushanwa menshi muri iki cyiciro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba abayobozi n’ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru kongera imbaraga mu kohereza abana mu marerero, kuko byagaragaye ko ari inzira ihamye yo kurwanya igwingira ry’abana.
Uzabakiriho Gervais utuye mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi, avuga ko yahoze mu bukene bukabije, gahunda ya Girinka imugobotse ayibyaza umusaruro kugeza ubwo abaye umuhinzi mworozi w’intangarugero mu karere ka Gicumbi.
Mu Bushinwa, umukobwa yatangaje abantu nyuma yo kwerekana ahantu hadasanzwe yibera, kuko aba mu bwiherero bwo ku kazi aho akorera, bikamufasha guhangana n’ikibazo cy’ubukode bw’inzu buhenze mu gace atuyemo, kuko aho mu bwiherero yibera, ngo ahishyura Amayuwani 50 (akoreshwa mu Bushinwa) angana na 9,986 by’Amafaranga y’u Rwanda.
Abahinzi n’aborozi bisunze gahunda y’ubwishingizi ku bihingwa no ku matungo yabo, bakomeje kwishimira uburyo bashumbushwa mu gihe bahuye n’ibibazo ntihabeho guhomba, aho bamaze guhabwa angana na 6,448,769,162Frw kuva iyo gahunda itangiye muri 2019.
Abepiskopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi, bibumbiye mu Ihuriro ACOREB bagaragaje ko bababajwe no kuba imipaka yo ku butaka ihuza u Rwanda n’u Burundi ifunze, basaba ko hakorwa ibishoboka igafungurwa Abarundi n’Abanyarwanda bakongera kugenderana kuko ari abavandimwe. Babivugiye mu nama isanzwe ibahuza, yateraniye i (…)
Senateri Uwera Pélagie arasaba urubyiruko muri rusange, gukora rukiteza imbere n’Igihugu muri rusange, kuko bimaze kugaragara ko ibihugu bikomeye bisigaye bisuzugura ibiri mu nzira y’Amajyambere kubera inkunga.
Umuyobozi mukuru wa Guverinoma ya gisirikare muri Myanmar, Senior Gen. Min Aung Hlaing, yatangaje kuri televiziyo y’icyo gihugu, MRTV, ko imibare y’abamaze kumenyekana ko bwishwe n’umutingito ari 2,719 naho abakomeretse bakaba ari 4,521 mu gihe ababuriwe irengero ari 441.
Kuva mu mezi abiri ashize, ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryigaruriye uduce twinshi tugize Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo turimo imijyi ya Goma na Bukavu, abahoze ari abasirikare ba FARDC bagiye bagaragara biyunga kuri uwo mutwe, kugira ngo bafatanye urugendo rwo (…)
Mu rwego rwo kurushaho kwegera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango IBUKA watanze inka na mituweli, unatanga ubufasha ku barokotse Jenoside bafite ibibazo by’ihungabana mu Karere ka Nyaruguru.
Ubushize nasabye Meya w’Umujyi wa Kigali ngo natwe batwibuke ku bijyanye n’ibyapa biyobora abantu ku mihanda n’amakaritsiye dutuyemo, kandi ndabizi ko abayobozi b’umujyi wacu na bo bazi ibitubereye.
Ishuri rikuru ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture - RICA), na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), bahurije hamwe abafatanyabikorwa, bashyiraho uburyo bw’imihingire ibungabunga ubutaka, aho bushobora gutanga umusaruro hatabayeho kubuhindura intabire.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda ucyuye Igihe Wang Xuekun, asanga nta kure habaho ku nshuti yawe, iyo muri inshuti nyazo koko ahereye ku mubano mwiza w’u Rwanda n’Ubushinwa, ibihugu byombi bikaba biri ku ntera ndende ariko bitabibujije kubana neza.
Ikigo gishinzwe gutanga amasoko ya Leta (RPPA) kigiye gutangira gukurikiza politiki nshya yo gutanga amasoko mu buryo burambye, nk’uko yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu Kwakira 2024.
Abagize Inama Njyanama y’Umurenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, biyemeje kongera imbaraga mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, kuko basanga kugira ngo Igihugu gitere imbere, kigomba kuba gifite abaturage bafite ubuzima bwiza.
Uruhare rwa Banki ya Kigali (BK), mu bikorwa bitandukanye by’umwihariko ubucuruzi bw’abakiriya bayo, rwafashije abaturage kurushaho kwiteza imbere.
Mu gihe imikino ya nyuma ya kamarampaka (Finals) yatangiraga ku wa Gatandatu, ikipe ya Police VC yatunguye APR VC iyitsinda amaseti 3-0, mu mukino wari witabiriwe bidasanzwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko uruganda rutunganya amata y’ifu ruri mu Karere ka Nyagatare ubu rwatangiye gushyira umusaruro ku isoko ry’u Rwanda.
Kuri iki Cyumweru,hakomeje gukinwa imikino y’umunsi wa 22 wa shampiyona aho APR FC bigoranye yatsindiye Vision FC kuri Kigali Pele Stadium 2-1 igakomeza gusatira Rayon Sports mu manota mu gihe Kiyovu Sports yo yahatsindiye Police FC 1-0.
Abayisilamu bo mu Rwanda bifatanyije n’abo ku Isi kwizihiza EIDIL FITRI, umunsi mukuru ngarukamwaka wizihizwa buri gihe iyo Abayisilamu basoje ukwezi kwa Ramadhan, aho baba bamaze igihe cy’iminsi hagati ya 29 na 30 basiba (biyiriza ubusa badafata amafunguro).
Ikipe ya Mukura VS yakinnye neza yatsindiye Rayon Sports itakinnye neza kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona,itsindira mu rugo no hanze muri uyu mwaka w’imikino.
Perezida wa Sena, Hon François Xavier Kalinda, avuga ko u Rwanda rutazihanganira abantu bica ubumwe bw’Abanyarwanda, abakwirakwiza ibihuha n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Jenerali Mamadi Doumbouya, Perezida w’inzibacyuho muri Guinnea Conakry, yahaye imbabazi Capitaine Moussa Dadis Camara, wigeze kuba Perezida w’icyo gihugu hagati y’umwaka wa 2008-2009 wari umaze igihe ufunze, nk’uko bikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya perezidansi, izo mbabazi yazihawe kubera (…)
Inkomoko y’isaha umuntu ashobora kuyirebera mu myaka isaga ibihumbi bitatu (3000). Uburyo bwa mbere buzwi bwakoreshwaga mu kugereranya igihe, kwari ugushinga inkoni mu butaka igihe harimo kuva izuba, no gukurikirana uko igicucucucu cyayo kigenda cyimuka uko umunsi ugenda ushira.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika zakuyeho visa zibarirwa muri 300, ku banyeshuri baturuka mu bihugu by’amahanga bitandukanye, nk’uko byemejwe na Minisitiri ushinzwe imibanire y’Amerika n’ibindi bihugu, Marco Rubio.
Banki ya Kigali (BK) yafunguye ku mugaragaro ishami ryihariye, rizajya ryita ku miryango itari iya Leta, amadini n’amatorero hamwe na za Ambasade.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr. Patrice Mugenzi, arashimira abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, batekereje neza bitandukanya na yo, bagaruka mu Rwanda gufatanya n’abandi kubaka Igihugu.
Mu Karere ka Musanze mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare, kuri uyu wa Gatanu habereye igikorwa cyo gusoza amasomo ya ba Ofisiye bo mu Ngabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’abo mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), barangije amasomo abanza yo ku rwego rw’aba Ofisiye.
Mu myaka mike ishize, u Rwanda rwateye intambwe igaragara mu kwinjiza ikoranabuhanga mu burezi, ibyo bijyana n’uburyo ibyumba by’amashuri byahinduwemo bigashyirwamo ikoranabuhanga rifasha mu myigire.
Abantu barenga 150 bagwiriwe n’ibikuta by’inyubako zasenywe n’imitingito ibiri ikaze harimo umwe ufite ubukana bwa 7.7 n’undi ufite ubwa 6.4, yibasiye Myanmar ndetse igera no muri Thailande bituranye.
Ku muntu utamenyereye ururimi rw’Igifaransa cyane, namubwira ko Solidarité Congo mu rurimi rukoreshwa n’umuhanzi Maitre Gims bisobanuye “kwishyira hamwe kw’impuzamugambi Z’Abanyekongo mu gikorwa cyo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ku munsi Isi yose yunamiye izi nzirakarengane zatsembwe zizira uko zavutse mu (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko ibikorwa bya Guverinoma bijyanye no kongera umusaruro w’inganda, n’ibyoherezwa mu mahanga hagamijwe iterambere rirambye, kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025, yatangaje ko Amabuye y’agaciro yinjirije u Rwanda Miliyari 1.7 y’Amadolari ya (…)
Ubuyobozi bw’ingabo za SADC hamwe n’ubuyobozi bw’ingabo za M23 bwemeranyije gutandukana, ingabo za SADC zigataha mu bihugu byazo zinyuze ku kibuga cy’indege cya Goma, ndetse zigatwara n’ibikoresho bya gisirikare zazanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025, yakiriye indahiro y’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col Pacifique Kayigamba Kabanda, amusaba gufatanya n’izindi nzego kugira ngo batange ubutabera bwihuse.
Umudage Frank Spittler uheruka gutoza Amavubi ariko ntiyongererwe amasezerano yavuze ko mu biganiro byo kongera amasezerano atigeze asaba gukubirwa kabiri umushahara nk’uko byavuzwe cyangwa gusaba ko igihe kinini yajya akimara mu Budage.
Sindayiheba Phanuel atorewe kuyobora Akarere ka Rusizi, akaba asimbuye Dr Kibiriga Anicet wavuye kuri uyu mwanya, ni mu gihe Muzungu Gerald atorewe kuyobora Akarere ka Karongi, amatora akaba yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025.
Hari abantu bafite ubumuga bavuga ko badahabwa serivisi zitandukanye bemererwa n’Igihugu uko bikwiye, zirimo iz’ubwiteganyirize (Ejoheza) n’izifasha abatishoboye kuva mu bukene (Girinka, VUP), Servisi ijyanye n’ubwisungane mu kwivuza, izijyanye no kurengera abafite ubumuga no kubarinda ihohoterwa n’izindi.
Urubyiruko rwabonye amahirwe yo kujya ku rutonde rw’abagomba guhugurwa ku ikoranabuhanga, cyane cyane iry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence/AI), rurahamya ko nta shiti ubwo bumenyi buzaruhesha akazi, haba mu kwikorera cyangwa gukorera abandi.
Ni ibirori byabaye ku wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, byitabiriwe n’ingeri zitandukanye, aho abagore bashimiwe umuhate bagira mu guteza imbere Igihugu, ndetse bibutswa ko bitezweho gutanga umusanzu muri gahunda y’Igihugu ya NST2 ndetse na 2050.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere, wateguye ibiganiro byabereye i Kigali tariki 26 Werurwe 2025, bihuza abarimo abanyamakuru, urubyiruko, n’imiryango itari iya Leta iyobowe n’abagore, barebera hamwe uko barushaho gukora (…)
Iyo modoka yari ipakiye Litiro 2,720 z’inzoga mu majerekani n’ingunguru byari byuzuye, izivanye mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, ikaba yafashwe na Polisi y’u Rwanda ubwo yarimo yerekeza mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze ku wa Kane tariki 27 Werurwe 2025.