Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irahamagarira Abanyarwanda n’abaturarwanda muri rusange, kwirinda no kwisuzumisha indwara za Kanseri kubera ko imibare y’abarwara iy’inkondo y’umura mu Rwanda yikubye inshuro zirenga icumi mu myaka icumi ishize.
Ntibikiri ngombwa gutakaza igihe n’amafaranga y’urugendo. MySol yashyiriyeho abakiriya uburyo bahabwa amakuru kuri serivisi zayo bitabaye ngombwa ko bagera ku mashami yayo.
Mu mukino wa kane wa kamarampaka, ikipe ya APR Basketball Club itsinze REG BBC amanota 81 kuri 77 itera intabwe iyerekeza ku gikombe.
Amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball mu bagabo n’abagore yabonye itike yo gukina shampiyona y’Isi izabera mu Bushinwa 2026, nyuma kwitwara neza muri shampiyona ya Afurika yaberaga muri Kenya.
Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Nyakanga 2025, igezwaho inafata umwanzuro kuri raporo ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, ku bikorwa mu guteza imbere ubutwererane hagati y’u Rwanda n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere, yagaragaje ko u Rwanda rwungukira mu mubano mwiza (…)
Abakunzi ba Rayon Sports bamaze gukusanya arenga miliyoni 5 Frw nyuma y’umunsi umwe hatangijwe igikorwa cyo kwigurira umukinnnyi ubwabo binyuze muri gahunda yiswe " Ubururu Bwacu Agaciro Kacu."
Sosiyete ya ‘Hotpoint Appliances (Rwanda) Ltd’, icuruza ibikoresho bitandukanye cyane cyane ibikoresha amashanyarazi mu Rwanda guhera mu 2010, yafunguye iduka ryayo rinini mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.
Umuhanzikazi Clarisse Karasira, ari mu byishimo nyuma y’uko ku wa Gatatu, yagaragarije abakunzi be ko yibarutse umwana wa kabiri w’umuhungu, yise Kwema Light FitzGerard.
Ingo ziyobowe n’abagore mu gihe abagabo babo badahari by’igihe runaka ziragenda zigabanuka ugereranyije n’imyaka 10 ishize, aho yavuye kuri 6.4% mu mwaka wa 2016/17, ikagera kuri 4% mu mwaka wa 2023/24.
Mu Bushinwa, umugore w’imyaka 37 ukomoka mu gace ka Jilin, yerekanye amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko uruhu rwe rwangiritse cyane ndetse rugahora rwokera kubera ko rwahiye nyuma yo kumara imyaka 22 atihanagura ‘make-up’, cyangwa se ibintu bitandukanye yisaga mu maso agamije gusa neza.
Nubwo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byashyize umukono ku masezerano y’amahoro, hagamijwe gushakira umuti w’ikibazo cy’umutekano muke umaze igihe mu Burasirazuba bwa RDC, ariko RDC yatangiye guca amarenga y’uko kuyubahiriza bizagorana.
Umutoza Bisengimana Justin wari watekerejweho nk’ushobora kuzaba umutoza wungirije Ruremesha Emmanuel muri Musanze FC, yasinye amasezerano nk’umutoza mukuru wa Gicumbi FC.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Umunya-DRC Chadrack Bing Belo wakiniraga ikipe ya DCMP iwabo.
Ikipe ya Musanze FC yumvikanye n’umutoza Ruremesha Emmanuel kuzayibera umutoza mushya nyuma yo kubura Gatera Musa wasinyiye AS Muhanga.
Mu Kirwa cy’u Bufaransa cya Guadeloupe, habonetse umugore ufite ubwoko bw’amaraso yihariye wenyine ku Isi, buhabwa izina rya ‘Gwada négatif’.
Imihindarikire y’ibihe mu Rwanda iraganisha abantu ku guhinga mu nzu zitwa ’greenhouse’, aho abatangiye gukora ubu buhinzi barimo gusarura amafaranga abarirwa muri za miliyoni ku mwero umwe gusa, batikanga kwangirizwa n’izuba cyangwa imvura.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yussuf yabwiye Abadepite ko SACCO 238 zahuye n’ibibazo by’ubujura, ahanini kubera ko zitakoreshaga ikoranabuhanga.
Abanyeshuri bafite ubumuga barenga 700 ni bo bazakora ibizamini bya Leta mu barimo abazaba basoza icyiciro rusange (Ordinary Level) n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye (Advanced Level).
Umujyi wa Kigali watangaje ko urimo gushaka undi mushoramari mushya uzasubukura umushinga w’inzu ziciriritse wa Rugarama (Rugarama Park Estate), uherereye mu Murenge wa Nyamirambo, nyuma yo gusesa amasezerano n’umushoramari wa mbere.
Umurundi Bigirimana Abedi biteganyijwe ko agera mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, yumvikanye na Rayon Sports ashobora gusinyira kuri uyu wa Gatatu.
Ku nshuro ya mbere mu mateka y’Isi, Ikigo cy’ubugenzuzi bw’imiti cy’u Busuwisi (Swissmedic), cyemeje umuti wa mbere wa Malariya wagenewe impinja zikivuka n’abana bakiri bato ‘Coartem Baby’.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC yabwiye Umujyi wa Kigali ko itanyuzwe n’ibisobanuro Abayobozi b’Umujyi batanze ku makosa yakozwe mu itangwa ry’amasoko.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Kigali yanditse isaba inama y’igitaraganya n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bitaba ibyo ikaba itazakina shampiyona 2025-2026, abo yandikiye bavuga ko atari Umujyi wa Kigali ukwiriye kubazwa imikorere ya buri munsi ya AS Kigali kuko atari ikipe yawo.
Banki ya Kigali (BK) irahamagarira Abanyarwanda baba mu mahanga gufata iya mbere bagashora imari yabo mu iterambere ry’u Rwanda, binyuze mu buryo bwizewe kandi bwunguka.
Imibare iheruka yatangajwe n’abayobozi muri Texas, igaragaza ko abantu 104 ari bo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’imyuzure, ibintu Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko ari ko kaga gakomeye kagwiriye igihugu mu myaka 100 ishize.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ikomeje kwiringira abacanshuro mu kurwanya umutwe wa M23, aho irimo gukoresha abagera ku 120 bo muri sosiyete y’abikorera yitwa Agemira, ifite inkomoko muri Bulgaria.
Ku wa Gatandatu tariki ya 5 Nyakanga 2025, muri Lycée de Kigali, habereye irushanwa ry’iteramakofe ryateguwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora “Liberation Boxing Talent Competition” ryiharirwa n’Abanyarwanda.
Ikipe ya AS Kigali ishobora kudakina shampiyona 2025-2026, yasabye inama y’igitaraganya n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali nk’umuterankunga wayo mukuru.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier yakiriye Ambasaderi wa Ukraine mu Rwanda, Viacheslav Viktorovych Yatsiuk. Muri uru ruzinduko rwo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Nyakanga, aba bayobozi baganiriye ku gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, guteza imbere imikoranire mu nzego zirimo uburezi, (…)
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatanze ibisobanuro ku mpamvu amafaranga igenera imishinga yo guteza imbere impunzi yatinze kubageraho, ndetse amwe mu masoko agatangwa harimo amakosa.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga rweretswe amahirwe ari mu gihugu, haba mu ishoramari, akazi no kwimenyereza umwuga.
Myukiyehe Juvenal wayoboye Kiyovu Sports hagati ya 2020 na 2023, akayivamo adacana uwaka na bamwe mu Bayovu yatumiwe mu nama idasanzwe y’iyi kipe igowe n’ibibazo by’ubukungu.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 6 Nyakanaga 2025, ni bwo hahembwe abitwaye neza muri Rwanda Mountain Gorilla Rally 2025, nyuma y’uko iri siganwa ry’imodoka ryamaze iminsi itatu rirangiye, rikaba ryegukanywe na Samman Vohra na Drew Sturrock, bari batwaye imodoka ya Skoda Fabia.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya APR FC yatangaje ko yasinyishije rutahizamu w’Umunya-Côte d’Ivoire William Togui Mel na myugariro Nduwayo Alex wakiniraga Gasogi United.
Umukinnyi Ntarindwa Aimable wakiniraga Mukura VS hagati mu kibuga yugarira, yumvikanye na Rayon Sports kuzayikinira kugeza mu mpeshyi ya 2027.
Amakipe ya Police Volleyball Club abagabo n’abagore, yegukanye irushanwa ryo Kwibohora atsinze amakipe ya APR.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umunyezamu Drissa Kouyate ikanongerera amasezerano rutahizamu Biramahire Abeddy.
Mu irushanwa ryo Kwibohora ku nshuro ya 31 mu mukino wa Volleyball ririmbanyije, amakipe ya Kepler abagabo n’abagore yegukanye imyanya ya gatatu.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2025, Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, ku bufatanye n’abanyarwanda bahatuye, bahuriye mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 31 umunsi wo Kwibohora, umuhango wabereye muri Hotel Hilton -Les Tours Jumelles.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rwiteguye gushyigikira no gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umuherwe w’Umunyamerika ari na we nyiri urubuka rwa X rwahoze rwitwa Twitter, Elon Musk, yashinze ishyaka rye yise Parti de l’Amérique, abasesenguzi bakavuga ko ari ikintu gikomeye muri politiki ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, ahari hasanzwe amashyaka abiri gusa akomeye asimburana ku butegetsi.
Mu mukino wa 1/2 mu bagabo wahuje ikipe ya REG VC na Police VC, Police VC itsinze REG amaseti 3-2 isanga ikipe ya VC ku mukino wa nyuma.