U Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, byasinyanye amasezerano agena ingingo ngari zigomba kuzasinywa na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, hagamijwe gushaka umuti urambye ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Ntibitura Jean Bosco, arasaba abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Uturere, JADF, guha umwanya abagenerwabikorwa babo na bo bakajya bagaragariza abitabira imurikabikorwa, ibyo bagezeho byabahinduriye ubuzima.
Inzu 20 z’abatishoboye bo mu Murenge wa Nyamabuye zabonewe isakaro, ku buryo hari umuhigo wo kuzitaha bitarenze Kamena 2025.
Guhera tariki 20 kugeza ku ya 22 Kamena 2025, i Kigali harabera irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho amakipe yo mu bihugu bya Kenya na Uganda ari mu yatangaje ko azitabira iri rushanwa.
Amakipe 16 yo mu Rwanda no muri Uganda agiye guhurira mu irushanwa ry’iteramakofe, ryahujwe n’umunsi wo Kwibora wizihizwa buri tariki 4 Nyakanga buri mwaka.
Muri Taiwan, umugabo yapfuye azize ibyo abaganga bise uburozi buturuka ku gukoresha ibikoresho by’ibyuma kandi bishaje, nyuma yo kumara imyaka isaga icumi (10) akoresha teremusi y’icyuma imwe atayihindura.
Urukiko Rukuru i Kigali rwategetse Victoire Ingabire kurwitaba kugira ngo abazwe mu rubanza rw’abafatwa nk’abakorana na we mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.
Mu mpera z’icyumweru gishize mu karere ka Musanze hasorejwe imikino #UmurengeKagameCup 2025 yari imaze igihe ibera mu gihugu hose
Abagabo n’abagore babanaga mu buryo butemewe n’amategeko mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, biyemeje gusezerana, banagabirana inka ku miryango 12 itishoboye, nka bumwe mu buryo bwo kubaka imiryango itekanye.
Muri Madagascar, mu Murwa mukuru Antananarivo, abantu 17 bapfuye bazize ibyo kurya bihumanye bariye mu birori by’isabukuru, byabaye ku Cyumweru tariki 15 Kamena 2025.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko mu 2028, hazashyirwaho Pariki y’Ibirwa, abayisura bakazajya bahasanga inyoni, aho gukorera siporo, imikino ya Golf, ibyanya bijyanye n’imiti gakondo n’ibindi.
Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’Amavubi, Fitina Omborenga wari umaze umwaka umwe muri Rayon Sports yakoze ikizamini cy’ubuzima mbere yo gusubira muri APR FC yari yavuyemo mu 2024.
Kuri uyu wa Kabiri, Police FC yatangaje ko yongereye amasezerano abakinnyi batatu barimo Mugisha Didier wagiranye ibiganiro na Rayon Sports.
Kuri uyu wa Kabiri, Abanyamuryango ba Musanze FC batumiwe mu Nteko Rusange izaberamo amatora ya Komite Nyobozi nshya izayobora nyuma y’uko Perezida na Visi Perezida beguye.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatangaje ko Umunya-Maroc Abderrahim Taleb w’imyaka 61 y’amavuko ariwe mutoza wayo mushya mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa.
Gahunda ya ’tunywe gacye’ iracyahari, ndetse n’imisoro ku byotsi n’inzoga iherutse kongerwa, byose bigamije gushakira abanyarwanda ubuzima bwiza, ariko abasanzwe banywa ibinyobwa bisindisha baravuga ko inzoga zizakomeza kunyobwa nk’ibisanzwe, dore ko ubu noneho utubari turushaho kubasanga mu muharuro wabo.
Muri Amerika, umugabo w’imyaka 35 ukomoka muri Leta ya Florida yahamijwe n’urukiko icyaha cy’uburiganya, nyuma yo gutabwa muri yombi amaze gukora ingendo 120 z’indege atishyura amatike, kuko yabaga yiyise umukozi wo mu ndege abeshya.
Mu ngengabihe y’umwaka w’imikino mu mupira w’amaguru wa 2025/2026, APR FC iratangira icakirana na Rayon Sports mu mukino w’igikombe kiruta ibindi "Super Cup"
Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena, basabye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iy’Ibidukikije ndetse n’izindi nzego za Leta zibifite mu nshingano kwita byihariye ku mibereho y’abatuye mu birwa batagerwaho n’iterambere.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatanu 2025 nibwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko akazi ko gukora isuku ku mihanda no kubungabunga ubusitani buri kuri iyo mihanda katazongera guhabwa ibigo byigenga, ahubwo ko kagiye guhabwa amakoperative y’urubyiruko.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Tump, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Truth Social, yavuze ko "buri muntu agomba kwihutira guhita ava mu Mujyi wa Tehran (Iran)".
Zanshin Sport Solutions, yongeye gutegura amarushanwa ya Zanshin Karate Championships asanzwe agira umwihariko wo kugaragaramo icyiciro cy’abakiri bato.
Ikipe igizwe n’abakinnyi barimo Haruna Niyonzima, Muhadjili Hakizimana yatangiranye intsinzi mu Irushanwa rya Esperance Football Tournament ryateguwe n’umusifuzi mpuzamahanga Ishimwe Claude "Cucuri".
Abahoze bakinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" ndetse n’abakanyujijeho ba "Uganda Cranes" bagiye kongera guhurira mu mukino wa gicuti
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko hagiye kongera gukorwa ubukanguramba ku mikoreshereze y’umuhanda ku banyeshuri biga mu bigo byo mu mujyi wa Nyagatare, ariko n’amashuri na yo agashyiraho urubyiruko rw’abakorerabushake bafasha abana kwambuka, abarimu (…)
Minisitiri w’ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Constant Mutamba, yabujijwe kurenga umurwa mukuru Kinshasa mu gihe hagitegerejwe ko atangira gukurikiranwa mu nkiko.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye ba Ofisiye Bakuru basoje amasomo mu ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence Force Command and Staff College), gushora ubumenyi bacyuye mu bizamura iterambere ry’umutekano w’ibihugu byabo, bakayoborwa n’ubwo bumenyi barangwa n’ubunyamwuga mu kazi.
Ikipe ya Police HC nyuma yo kwegukana igikombe cya 10 cya shampiyona, abakinnyi, abayobozi n’abatoza bagiye kubyinira intsinzi mu karere ka Rubavu
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine yagejeje kuri Komisiyo ya Sena y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu uko Politiki, amategeko n’amabwiriza bigenga imikoreshereze y’ubutaka byubahirizwa mu birwa.
Ikipe ya APR FC yasinyishije Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda wakiniraga Villa SC y’iwabo, mu kibuga hagati yugarira.
Diane Mutimucyeye wiga mu ishuri rya Science rya Nyamagabe (Ecole des Science Nyamagabe), amaze guserukira u Rwanda kabiri abikesha kuba azi imibare, ari na yo mpamvu kuri ubu avuga ko abandi batinya imibare nyamara we akaba yarayigiriyemo umugisha.
Nyiranshimiyimana Donatille wo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze, arashima gahunda yo gutanga amaraso, nyuma yo gutabarwa na yo ubwo yari yagize ikibazo cyo kuva amaraso menshi amaze kubyara, nyamara we yari yaranze kwitabira gahunda yo kuyatanga.
Ku Cyumweru tariki 15 Kamena 2025, mu Karere ka Rubavu ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hasorejwe irushanwa rya volleyball yo ku mucanga igice cya gatatu (Beach Volleyball National Tour III), aho abakinnyi ba APR VC bongeye kwitwara neza.
Tariki ya 14 Kamena buri mwaka u Rwanda rwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe gutanga amaraso hakanashimirwa abagiraneza biyemeje kuyatanga.
Ikipe y’Igihugu ya Tanzania yegukanye Irushanwa Mpuzamahanga ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryaberaga mu Rwanda kuva tariki 3 Kamena 2025.
Amarushanwa Umurenge Kagame Cup yari amaze iminsi abera mu Rwanda yasorejwe mu karere ka Musanze kuri iki cyumweru
Muri iki gihe ubuzima bukomeza kugenda buhenda, ari na ko abantu bakomeza kuvumbura amayeri yo gushaka ifaranga, biragoye kwemeza niba ikiribwa, ikinyobwa cyangwa igikoresho runaka uguze ari icy’umwimerere keretse iyo cyakorewe ubugenzuzi n’ababifitiye ububasha n’ubumenyi.
Umushinga wa Leta ugamije kongera umusaruro w’Ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa (Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project/SAIP) hamwe n’uturere wakoreyemo tw’Iburasirazuba, bavuga ko imirima y’abahinzi bashoboye gutanga umusaruro igiye kuba amashuri yigishirizwamo guhangana (…)
Hari amatsinda ya WhatsApp menshi mbarizwamo y’abo twiganye, twaturanye, twasenganye, cyangwa twagendanye hano na hariya, ibyo ni ibisanzwe.
Umuyobozi w’ishami ryo gutanga amaraso mu Kigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), Dr. Muyombo Thomas (Tom Close), yibukije abantu bagifite impungenge zo gutanga amaraso, ko gutanga amaraso bitagendera ku byiciro by’imibereho y’abantu, ahubwo ko bireba buri wese ufite ubuzima buzira umuze.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Police HC yegukanye shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsinda APR HC imikino 3-0 muri kamarampaka.
Mu mwaka w’ibihumbi bibiri na rimwe ntawari uziko umuntu ashobora gukorera mu rugo kandi akazi kagakorwa neza.
Ababyeyi barashimira Leta y’u Rwanda yabashyiriyeho gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato(ECD), irimo gufasha abana kugira imikurire myiza, n’ababyeyi bakabona uwo basigira abana n’abuzukuru bakajya mu mirimo ibateza imbere.
Prince Salomon, umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, yasohoye indirimbo nshya yise God Thank You (Ndagushimira Mana), ifite ubutumwa bwo gushimira Imana ku byo yamukoreye byose, yaba mu bihe byiza ndetse no mu bihe bikomeye yanyuzemo.
Abahanga, ndetse n’inararibonye mu burezi, bavuga ko kubaka uburezi budahereye ku mashuri y’inshuke, ntaho bitaniye no kubaka inzu idafite umusingi uhamye.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Huye, Gervais Butera Bagabe, avuga ko umucuruzi wagize uruhare muri Jenoside atumvaga umurimo we.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta (NESA), kiratangaza ko hari kwigwa uburyo amanota abana babona mu masuzuma atandukanye bakora ku ishuri, kuva mu mwaka wa kane w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, azatuma abana badakomeza gusibira cyangwa guta amashuri.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yasobanuye impamvu umwarimu ahabwa imyaka itatu kugira ngo abe yasaba kwimurirwa ku kindi kigo cy’ishuri, aho yemeza ko guhitamo iyo myaka itatu basanze ari bumwe mu buryo bwo kwirinda akavuyo ku mashuri bikaba byaba mu bidindiza ireme ry’uburezi.