Kuva tariki 2 kugeza 6/04/2012 muri Hotel Dayenu i Nyanza harabera amahugurwa ku buryo bwo gutegura imishinga yafasha abaturage gutera imbere mu turere twa Rutsiro, Ngororero na Nyanza.
Leon Mugesera yongeye gusaba urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kumwongerera ukwezi ko kwitegura urubanza rwe. Ari imbere y’urukiko, kuri uyu wa Mbere tariki 02/04/2012, Mugesera yasabonuye ko agikeneye kuvugana n’abamwunganira kuko atarabagirira icyizere cyose.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashishikariza abagakomokamo batuye i Kigali kugafasha kugera ku iterambere. Tariki 01/04/2012, umuyobozi wungirije w’akarere ka Gisagara ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwingabire Donathila, yahuye n’Abanyagisagara batuye i Kigali baganira ku cyateza imbere ako karere.
Nathan Byukusenge ni we Munyarwanda warangije irushanwa ryo kuzenguruka igihugu cya Maroc ku igare (Tour du Maroc) ari imbere ku mwanya wa 57.
Ubwo hakorwaga ibikorwa bya VUP mu murenge wa Kivumu akarere ka Rutsiro, tariki 31/03/2012, habonetse umubiri w’umwe mu bazize Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
70% by’abantu bafite hejuru y’imyaka 40 bemeza ko bagize ibyishimo nyabyo nyuma yo kugera ku myaka 33; nk’uko ubushakashatsi bwakozwe n’urubuga mpuzambaga rwo mu Bwongereza rwitwa Friends Reunited bubyerekana.
Police FC yongereye amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona ubwo yatsindaga AS Kigali ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali tariki 31/03/2012.
Abahanzi 10 bahatanira kwegukana instinzi ya Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II) bitabiriye umuganda rusange wabaye tariki 31/03/2012 mu karere ka Gasabo aho bateye ibiti bakanubaka ibiro by’umudugudu wa Nyakabungo
Ubuyobozi bwo mu kagari ka Kibogora ko umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke burasaba abaturage bako guha igihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakoreye Abatutsi muri mata 1994 agaciro gikwiye.
Umugabo witwa Badakengerwa Vedaste afungiye ku kagari ka Mpanga mu murenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe azira gutema umugore we witwa Mukagasingwa Justine mu mutwe akoresheje ishoka bazira amakimbirane yo mu ngo.
Abayobozi b’Uturere tugize Intara y’Iburasirazuba bavuga ko mu Ntara yabo habuze rwiyemezamirimo usobanutse wabasha kugeza amafumbire n’inyongeramusaruro ku bahinzi bo muri iyo ntara.
Gashab Tshala w’imyaka 33 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo mu karere ka Gasabo kuva tariki ya 28/03/2012 azira kugerageza kubikuza cheque ya miliyoni 8.5 ku ishami rya Banki y’Abaturage ya Kagugu mu murenge wa Gisozi.
Umukecuru witwa Nyiraherezo Daphrose mwene Rwabagabo na Nyirambungira yakubiswe n’inkuba mu mugoroba wa tariki 29/03/2012 ahita yitaba Imana.
Umuyobozi w’akarere ka Burera aratangaza ko umuyobozi wo muri ako karere uzagaragaraho kurya ruswa azakurwa ku kazi yakoraga kandi abihanirwe n’amategeko.
Mu birori bya Salax Awards byabaye tariki 31/03/2012 kuri petit stade i Remera mu mujyi wa Kigali, King James niwe wegukanye ikamba ryo kuba umuhanzi w’umwaka awutwaye Dream Boys, Young Grace na Kamichi bahatanaga.
Ubwo mu Rwanda haza kuba hasozwa ukwezi kwahariwe umugore kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, kuri icyi cyumweru tariki 01/04/2012, haranabera umukino uzahuza amakipe y’abagore ya AS Kigali na APR FC.
Mukeshimana Rosine w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Saruhembe mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza n’umwana yari atwite bashobora kuba bahitanwe n’imiti gakondo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko iminzani ikoreshwa n’abacuruzi baza kurangura imyaka mwisoko rya Ngororero, batayizera kuko babona ba nyirayo baba barayitekinitse.
Urukiko rwa Rouen mu gihugu cy’u Bufaransa, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/03/2012, rwatangaje ko rwifuza ko Claude Muhayimana, uregwa jenoside yoherezwa mu Rwanda kugira ngo abe ariho aburanishirizwa.
Minisitiri w’Ubutabera arasaba abayobozi kugira uruhare mu gufasha abagororwa gukemura ibibazo imiryango baba barasize hanze ihura nabyo. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko cyatangiye.
Umuryango Nyarwanda nturamenya guha agaciro umuntu wahuye n’ikibazo cyo kurwara inzwa zo mu mutwe, nk’uko bitangazwa n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima ivuga ko nta bufasha cyangwe ikizere bagirirwa.
Police FC ishaka igikombe igiye guhatana na AS Kigali irwanira kudasubira mu cyiciri cya kabiri.
Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/3/2012, ahagana mu ma Saa kumi z’umugoroba, irimo umuyaga mwinshi, yagwishije amazu menshi mu kagari ka Gihinga, amwe muri yo agwira abantu batanu barakomereka.
Muvunyi Hermas, usiganwa ku maguru mu rwego rw’abamugaye, yongeye kwigaragaza ubwo yegukanaga imidali ibiri ya Zahabu mu irushanwa ryabereye i Tunis muri Tuniziya, Nyuma yo kwegukana umudali wa zahabu mu mikino Nyafurika wanamuhesheje itike yo kuzajya mu mikino Paralympique ya Londres.
Ntakirutimana Elisaphan w’imyaka 24 utuye mu Kagali ka Shyombwe, Umurenge wa Gakenke kuva tariki 19/03/2012 afungiye kuri sitasiyo ya Rushashi, mu Karere ka Gakenke akekwaho kuriganya abakiriya amafaranga agera ku bihumbi 324.
Banki ya Kigali (BK) yashyize ahagaragara inyungu y’umwaka ushize wa 2011, igera kuri miliyari 8.7 z’amafaranga y’u Rwanda ivuye kuri miliyari 6.2 muri 2010. Ababitsa n’inguzanyo zitangwa byiyongereye biri mu byatumye iyi banki yunguka, nk’uko ubuyobozi bwayo bwabitangaje.
Umugabo witwa Nathan Bazangezahe utuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, yirukanye umugore bashakanye n’umwana babyaranye, nyuma y’uko yari yaramushatse agifite imyaka 18.
Bamwe mu basigajwinyumanamateka bo mu karere ka Muhanga barasaba ubuyobozi bw’aka karere kujya bubagezaho zimwe mu nkunga leta zigenerwa abatishoboye, kuko babona zitabageraho nk’uko abandi batishoboye zibagezwaho.
Abahanzi barasabwa kugira uruhare mu gushaka icyabateza imbere Leta nayo ikaza ibunganira aho gutegereza ko ariyo izabibakorera. Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, ubwo yatangizaga ihuriro rigamije guteza imbere abahanzi n’ibihangano byabo.
Kompanyi ya Airtel icuruza umurongo wa telefoni zigendanwa, itegerejweho gufasha u Rwanda kugera kuri miliyoni umunani z’abakoresha telefoni zigendanwa mu 2016, biri muri gahunda yo kongera ubukungu hifashishijwe itumanaho.
Ibisasu bibiri byaturikiye mu mujyi wa Kigali mu mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/03/2012 mu ma saa moya z’ijoro. Igisasu kimwe cyaturikiye mu mujyi rwagati hafi y’isoko rya Nyarugenge, ikindi giturikira i Nyarutarama; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa Polisi.
Umushinga ugamije guhuriza hamwe uburyo bwo kwemera imiti ikoreshwa mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) watangiye kwigwaho kuri uyu wagatanu tariki 30/03/2012 muri Tanzania. Umunyamabanga wa EAC arasaba ibihugu bigize uyu muryango kuwushyigikira kugira ngo abaturage babyo barusheho kubona imiti yizewe (…)
Birashoboka ko umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Niyotwagira Francois, yeguye kubera ibibazo by’amasambu y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania muri 2007 ndetse n’isambu yari afite ahahawe ishuri rikuru riri mu mujyi wa Ngoma (INATEK).
Kuva muri uku kwezi kwa Werurwe 2012, abarimu 18 batari bujuje ibisabwa na Minisiteri y’uburezi kugirango babe bakwigisha mu mashuri yisumbuye bahagaritse ku mirimo y abo; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne.
Abanyamuryango basaga 200 barimo abagore 169 bo mu mpuzashyirahamwe ABAGENDANA yo mu karere ka Bugesera biyubakiye uruganda rw’imigina y’ibihumyo rwa miliyoni 52 ahitwa Nyabagendwa mu murenge wa Rilima.
Knowless ntazitabira ibitaramo byose byari byamujyanye i Burayi kuko byari biteganyijwe kuzabera muri Suede na Hollande biri ku matariki Abanyarwanda bazaba bibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke yateranye tariki 30/03/2012 yemeje ko amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi (minerval) ndetse n’agahimbazamushyi (prime) ababyeyi batangaga yiyongera.
Urukiko rw’ubujurire rw’i Helsinki muri Finland na rwo rwakatiye umuvugabutumwa mu itorero ry’Ababatisita, Francois Bazaramba, igihano cyo gufungwa burundu kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994.
Urukiko rwo mu Bufaransa, tariki 29/03/2012, rwemeje ko Umunyarwanda uba muri icyo gihugu witwa Muhayimana Claude azoherezwa kuburanira mu Rwanda mu minsi iri imbere.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, arasaba abaturage kurushaho kubungabunga ibikorwa bibakorerwa mu rwego rwo kurwanya isuri ndetse no kubungabunga ikiyaga cya Karago.
Inama njyanama y’akarere ka Ngoma yateranye uyu munsi tariki 30/03/2012 yemeye ibyo umuyobozi w’ako karere, Niyotwagira Francois, yanditse asaba kwegura ku mirimo ye.
Kayiranga Callixte wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza afungiye kuri sitasiyo ya polisi i Busasamana muri ako karere akekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye burateganya ko abaturage batuye ako karere bagomba kuba batuye ku midugudu bitarenze muri Nzeri 2013; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Huye.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binangwaho, atangaza ko umuganga wo mu bitaro bya Muhima yahagaritswe kubera kutita ku barwayi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko bwafashe ingamba ku buryo umuyobozi uzagaragaraho gutanga serivisi mbi abamugana azajya abihanirwa mu rwego rwo kwimakaza umuco wo gutanga serivisi nziza.
Komite Nyobozi na Njyanama z’uturere twose tugize Intara y’Amajyepfo zahawe amahugurwa ku kurwanya umunaniro w’akazi bakora umunsi ku wundi kugira ngo biminjiremo agafu barusheho gukora cyane birinda kugira umunaniro urwitwazo ngo bitume batuzuza neza inshingano zabo.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Ndayisaba Protogene uvuka mu kagari ka Kiryamo, umurenge wa Rusasa, akarere ka Gakenke yacitse tariki 22/03/2012 nyuma yo kwiyemerera ko yagerageje gufata ku ngufu abana batatu yigishaga mu ishuri ry’incuke rya Karukungu riri mu mudugudu wa Buhindi, akagari ka Karukungu, umurenge wa Janja.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) kiravuga ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ku kigero kiri hagati ya 7.5 na 8% mu myaka ibiri iri imbere.