Urubyiruko nk’imbaraga n’amizero by’igihugu ndetse n’imbaraga zakoreshwa mu gusigasira amateka yaranze u Rwanda, rurasabwa kugaragaza uruhare rwarwo muri gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
U Bufaransa bwohereje ugomba kubuhagararira mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 18. Biteganyijwe ko iyo ntumwa igomba kuba iri i Kigali guhera tariki 06 kugeza 07/04/2012.
Urukiko rw’ikirenga rwagabanyije ibihano Uwimana Nkusi Agnes, umuyobozi w’ikinyamakuru Umurabyo n’umwanditsi mukuru wacyo, Mukakibibi Saidati bari barakatiwe n’urukiko rukuru muri Gashyantare 2011.
Muragijimana wo mu mudugudu wa Gatwa, akagali ka Bugaragara umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo yishe umugore we witwa Nyirandayambaje Claudine mu gicuku cya cy’ijoro rishyira tariki 06/04/2012 akoresheje isuka.
Mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Uganda n’u Rwanda biza imbere mu kugira abaturage banezerewe; nk’uko bitangazwa na raporo y’umuryango w’abibumbye yasohowe muri iki cyumweru.
Abacamanza, ubushinjacyaha n’uruhande rw’uregwa mu rubanza rwa Ngirabatware bazakora ingendo mu Rwanda mu rwego rwo gusura ahantu 28 Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’igenamigambi yakoreye ibyaha. Urwo ruzinduko ruzamara iminsi itanu guhera tariki 25 Gicurasi 2012.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bibumbiye mu muryango Ibuka ukorera mu Bufaransa barasaba abakandida barimo guhatanira umwanya wo kuyobora Ubufaransa kugaragaza ukuri kuri Jenoside yabaye mu Rwanda.
Polisi ishinzwe kurwanya magendu (RPD) mu Karere ka Nyagatare, tariki 04/04/2012, yataye muri yombi umuntu wari utwaye ibicuruzwa bya magendu mu modoka. Iyo modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye amakarito 153 y’inzoga ya chief waragi n’amajerekani 10 ya kanyanga.
Bingu wa Mutharika wari perezida wa Malawi yitabye Imana tariki 05/04/2012, azize indwara y’umutima; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iki gihugu.
Hamaze iminsi havugwa umwuka utari mwiza hagati ya Cecile Kayirebwa n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (ORINFOR) ndetse bikaba binavugwa ko Cecile Kayirebwa yaba yiteguye kujyana ORINFOR mu nkiko.
Uruhinja rw’umuhungu rutarakungura rwatoraguwe mu musarane wo kuri paruwasi gaturika ya Kiruhura mu murenge wa Rusatira mu karere ka Huye mu ma saa saba z’amanywa tariki 05/04/2012. Uwahamutaye ntaramenyekana kandi n’umwana nta kibazo afite.
Mu rwego rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, abahanzi 10 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2 (PGGSS II) bazasura urwibutso rwa Ntarama mu karere ka Bugesera tariki 09/04/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge buravuga ko impamvu yatumye bufunga isoko rishya rya Nyarugenge byari ukurengera inyungu z’abarikoreragamo kuko ryatangiye gukora hari byinshi rikibura.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutegura uko abashoramari bakomeye ku rwego rw’isi bafashwa gushora imari yabo mu buhinzi bwo mu Rwanda, bakabuteza imbere kuko burimo inyungu nyinshi.
Ku gicamunsi cya tariki 5/04/2012 Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwategetse ko Kayiranga Callixte ajya gufungirwa by’agateganyo muri gereza ya Karubanda iri i Huye mu gihe cy’iminsi 30 kubera uburemere bw’icyaha akurikiranweho cyo kunyereza umutungo wa Leta.
Kuwa kane mu ma saa tanu z’amanywa, ikigo nderabuzima cya Kinigi cyahuye n’ikibazo cy’amazi aturuka mu birunga yabaye menshyi cyane akagera n’aho yari agiye kwangiza iri vuriro. Cyakora ubwo twahageragera mu ma saa kenda z’amanywa kuko ari bwo imvura yari igenjeje amaguru make, twasanze amazing asa n’ayahashize kuko bari (…)
Ernest Rudasungwa na Uzabakiriho Kabeni bakora akazi k’ubukarani ngufu mu mujyi wa Nyagatare bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare bazira kwiba ibiro 10 by’ibishyimbo ku mucuruzi w’imyaka witwa Pierre Ezira n’ipantaro y’uwitwa Sam.
Minisitiri w’Intebe arasaba ko umugore n’umukobwa bahabwa umwanya muri gahunda za Leta kugira ngo zibashe kugerwaho. Yabisabye mu gikorwa cyo gusoza ukwezi kwahariwe umugore cyabereye mu rwego rw’igihugu mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa kane tariki 05/04/2012.
Ingabo z’u Rwanda zari ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani, kuri uyu wa kane tariki 05/04/2012, zatangiye gusimburwa n’izindi ngabo z’u Rwanda kuri ako kazi.
Stevia, igihingwa gukorwamo isukari yifashinhwa n’abarwayi ba diyabete, cyigiye gutangira guhingwa mu Rwanda.
Nkinzurwimo Andre utuye mu murenge wa Rukomo wo mu Karere ka Gicumbi yemeza ko kwasa urutare byaje kumuviramo ubutunzi bwinshi akivana mubukene bwari bwaramwibasiye hamwe n’umuryango we.
Dusabimana Gervais w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatunda mu Karere ka Nyagatare azira gufatirwa mu cyuho yiba impombo z’amazi ku muyoboro unyura mu Kagari ka Nyangara mu Murenge wa Gatunda.
Nyuma y’umunsi gusa Abdoul Mbaye agizwe Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, tariki 04/04/2012 yahise atangaza amazina y’abaminisitiri 25 bagize Guverinoma bazakorana. Guverinoma icyuye igiye yari igizwe n’abaminisitiri bagera kuri 41 n’abanyamabanga ba Leta 14.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwafunze by’agateganyo umupolisi Ndayambaje Germain kubera ko akwekwaho uruhare mu bujura bw’amabati yibwe tariki 15/03/2012 aho yarindaga.
Kubera ihungabana ry’ubukungu ryari rimaze igihe ryibasiye isi, inkunga ibihugu bikize byageneraga ibikennye yaragabanutse cyane mu mwaka ushize wa 2011. Ni ubwa mbere bibayeho mu myaka 15 ishize.
Ubwo hakorwaga umukwabu wo gufata inzererezi n’indaya mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, tariki 04/04/2012, hanafashwe litiro zigera kuri 300 z’inzoga y’inkorano izwi ku izina rya Ruyaza, ikaba itemewe ndetse inafatwa nk’ikiyobyabwenge.
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Muyunzwe, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango baravuga ko babangamiwe n’ikibazo cy’imwe mu mihanda ibahuza n’ibikorwa remezo idakoze neza.
Ibikorwa byo mu cyumweru cyahariwe igisirikari “Army week” cyabaye kuva tariki 26-30/03/2012 cyasigiye aba bana icyizere. Abaganga bo ku bitaro bya Gisirikari by’u Rwanda (RMH) bahaye ubufasha mu buvuzi ku buntu abana 31 babana n’ubumuga baba mu kigo inshuti zacu ku Kicukiro.
Etoile Sportive du Sahel (ESS) ifite bibazo bikomeye muri iyi minsi, izakina na APR FC tariki 06/04/2012 kuri stade Olympique de Sousse muri Tunisiya umukino wo kwishyura wa 1/16 mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.
Abayobozi b’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bari mu bazitabira ijoro ryo gutangira icyunamo ryateguwe n’Abanyarwanda baba muri Tanzaniya.
Imiryango igera kuri 24 yo mu kagari ka Rutete mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera, tariki 04/04/2012, yazindukiye ku biro by’umurenge wabo kugira ngo ubakemurire ikibazo cyaho baba kuko aho yari icumbitse babirukanye.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izatangira imyitozo tariki 15 Mata mu rwego rwo kwitegura hakiri kare imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc muri 2013.
Ku nshuro ya mbere umukino “Gutobora ukavuga ibyakubayeho” ukinwa n’itsinda Amrita Performing Arts uzerekanwa mu bice bitandukanye by’igihugu mu gihe cyo kwibuka Janoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo kubafasha gutinyuka kuvuga ibyababayeho cyangwa se ibyo bakoze kuko biruhura umutima bikanakiza ibikomere.
Abanyeshuli 17 bigaga mu ishuli ryitwa College de l’Immaculee Conception riri i Muramba mu karere ka Ngororero bishwe n’abacengezi nyuma yo kubasaba inshuro nyinshi kwitandukanya bakurikije amoko cyangwa uturere ariko bakanangira bakavuga ko ari Abanyarwanda.
Mu rwego rwo guteza imbere Gospel mu Rwanda, abahanzi bane bari mu cyiciro cya Gospel muri Salax Awards 2011 bagenewe ibihembo n’abakunzi b’iyo njyana. Abazahembwa ni Dominic Nic, Gahongayire Aline, Blessed Sisters na Liliane Kabaganza.
Umukwabu wabaye mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke mu gitondo tariki 04/04/2012 wafashe inzererezi n’indaya 38 kuko bagira uruhare mu ikorwa ry’ibyaha byinshi bigaragara muri uwo murenge.
Uburyo u Rwanda ruteye ntibyorohera isanwa rya bimwe mu bigize urusobe rw’ibinyabuzima kuko igice kinini gituweho n’abantu kandi hari aho bisaba ko nta bantu bagomba kuhatura kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rubeho neza.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yarangije igikorwa cy’ubutabazi bwakorwaga ku nzu yagwiriye abantu tariki 03/04/2012 ku Kacyiru mu mujyi wa Kigali. Umuntu umwe gusa niwe witabye Imana, babiri barakomereka naho abandi batatu bavuyemo ntacyo babaye.
Minisiteri y’ubuzima, tariki 03/04/2012, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’inzego z’abikorera zirimo ibigo byigenga bisanzwe bifite aho bihurira n’ubuzima ndetse n’amabanki mu rwego rwo kurushaho gutanga serivisi nziza muri gahunda z’ubuima.
Mudakubana Jean bakunze kwita Gisebe utuye mu mudugudu wa Buhoro akagari ka Kabutare mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, yishe umugore we witwa Mukamusoni Speciose mu gitondo cya tariki 04/04/2012.
Raporo y’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) iza kumurikwa ku mugaragaro kuri uyu wa gatatu tariki 04/03/2012 igaragaza ko u Rwanda ari cyo gihugu gihagaze neza mu karere mu gukuraho inzitizi z’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyasinye amasezera n’ikigo cyo muri Tanzaniya cyitwa Tanzania Telecommunications Company Limited (TTCL) kugira ngo cyongere ubushobozi bwa internet mu Rwanda.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite plaque RAA 869W yari itwaye amakara yagonze umukingo ku Ruyenzi mu karere ka Kamonyi mu ma saa tanu z’ijoro ryakeye abantu babiri muri batatu yari itwaye barakomereka.
Umuhanzikazi Knowless ubwo yaririmbaga mu gitaramo aherutse kwitabira mu Bubiligi tariki 31/03/2012, yituye hasi mu buryo budasobanutse ku buryo na n’ubu impaka zitarashira ku cyamugushije.
Muri iyi minsi hirya no hino mu gihugu hakomeje imyiteguro y’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorwe Abatutsi, Kigalitoday yegereye Musenyeri John Rucyahana ukuriye Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunga, tuganira ku butumwa yatanga n’ibyo abona abantu bakwiye kuzirikana mu gihe nk’iki.
Mu ntara y’Iburasirazuba, imishinga 70 niyo yatoranyijwe muri gahunda yiswe HANGA UMURIMO igamije gufasha abaturage bafite imishinga myiza yakunguka ariko badafite ingwate n’igishoro.
Nyuma y’uko Musabyimana Marie Claudine atuye mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu abyariye abana 3 b’impanga biyongera kuri 5 yari afite, ubuyobozi bwamuteganyirije ubufasha.
Mu mudugudu wa Runzenze, akagari ka Kabugondo, umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, Umwana witwa Niyonsenga ufite imyaka itatu, tariki ya 03/04/2012, yaguye mu kizenga cy’amazi kiri mu nkengero z’igishanga cy’umugezi w’Akanyaru ahita yitaba Imana.
Abagabo 415 n’abagore babiri bahoze mu mitwe yitwara gisirikare ariyo FDLR FOCA, RUDI-Urunana, Mayi Mayi mu mashyamba ya Kongo, kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 basoje ingando bari bamazemo amezi 3 i Mutobo mu karere ka Musanze.