Kuwa kane mu ma saa tanu z’amanywa, ikigo nderabuzima cya Kinigi cyahuye n’ikibazo cy’amazi aturuka mu birunga yabaye menshyi cyane akagera n’aho yari agiye kwangiza iri vuriro. Cyakora ubwo twahageragera mu ma saa kenda z’amanywa kuko ari bwo imvura yari igenjeje amaguru make, twasanze amazing asa n’ayahashize kuko bari (…)
Ernest Rudasungwa na Uzabakiriho Kabeni bakora akazi k’ubukarani ngufu mu mujyi wa Nyagatare bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare bazira kwiba ibiro 10 by’ibishyimbo ku mucuruzi w’imyaka witwa Pierre Ezira n’ipantaro y’uwitwa Sam.
Minisitiri w’Intebe arasaba ko umugore n’umukobwa bahabwa umwanya muri gahunda za Leta kugira ngo zibashe kugerwaho. Yabisabye mu gikorwa cyo gusoza ukwezi kwahariwe umugore cyabereye mu rwego rw’igihugu mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa kane tariki 05/04/2012.
Ingabo z’u Rwanda zari ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani, kuri uyu wa kane tariki 05/04/2012, zatangiye gusimburwa n’izindi ngabo z’u Rwanda kuri ako kazi.
Stevia, igihingwa gukorwamo isukari yifashinhwa n’abarwayi ba diyabete, cyigiye gutangira guhingwa mu Rwanda.
Nkinzurwimo Andre utuye mu murenge wa Rukomo wo mu Karere ka Gicumbi yemeza ko kwasa urutare byaje kumuviramo ubutunzi bwinshi akivana mubukene bwari bwaramwibasiye hamwe n’umuryango we.
Dusabimana Gervais w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatunda mu Karere ka Nyagatare azira gufatirwa mu cyuho yiba impombo z’amazi ku muyoboro unyura mu Kagari ka Nyangara mu Murenge wa Gatunda.
Nyuma y’umunsi gusa Abdoul Mbaye agizwe Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, tariki 04/04/2012 yahise atangaza amazina y’abaminisitiri 25 bagize Guverinoma bazakorana. Guverinoma icyuye igiye yari igizwe n’abaminisitiri bagera kuri 41 n’abanyamabanga ba Leta 14.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwafunze by’agateganyo umupolisi Ndayambaje Germain kubera ko akwekwaho uruhare mu bujura bw’amabati yibwe tariki 15/03/2012 aho yarindaga.
Kubera ihungabana ry’ubukungu ryari rimaze igihe ryibasiye isi, inkunga ibihugu bikize byageneraga ibikennye yaragabanutse cyane mu mwaka ushize wa 2011. Ni ubwa mbere bibayeho mu myaka 15 ishize.
Ubwo hakorwaga umukwabu wo gufata inzererezi n’indaya mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, tariki 04/04/2012, hanafashwe litiro zigera kuri 300 z’inzoga y’inkorano izwi ku izina rya Ruyaza, ikaba itemewe ndetse inafatwa nk’ikiyobyabwenge.
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Muyunzwe, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango baravuga ko babangamiwe n’ikibazo cy’imwe mu mihanda ibahuza n’ibikorwa remezo idakoze neza.
Ibikorwa byo mu cyumweru cyahariwe igisirikari “Army week” cyabaye kuva tariki 26-30/03/2012 cyasigiye aba bana icyizere. Abaganga bo ku bitaro bya Gisirikari by’u Rwanda (RMH) bahaye ubufasha mu buvuzi ku buntu abana 31 babana n’ubumuga baba mu kigo inshuti zacu ku Kicukiro.
Etoile Sportive du Sahel (ESS) ifite bibazo bikomeye muri iyi minsi, izakina na APR FC tariki 06/04/2012 kuri stade Olympique de Sousse muri Tunisiya umukino wo kwishyura wa 1/16 mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.
Abayobozi b’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bari mu bazitabira ijoro ryo gutangira icyunamo ryateguwe n’Abanyarwanda baba muri Tanzaniya.
Imiryango igera kuri 24 yo mu kagari ka Rutete mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera, tariki 04/04/2012, yazindukiye ku biro by’umurenge wabo kugira ngo ubakemurire ikibazo cyaho baba kuko aho yari icumbitse babirukanye.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izatangira imyitozo tariki 15 Mata mu rwego rwo kwitegura hakiri kare imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc muri 2013.
Ku nshuro ya mbere umukino “Gutobora ukavuga ibyakubayeho” ukinwa n’itsinda Amrita Performing Arts uzerekanwa mu bice bitandukanye by’igihugu mu gihe cyo kwibuka Janoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo kubafasha gutinyuka kuvuga ibyababayeho cyangwa se ibyo bakoze kuko biruhura umutima bikanakiza ibikomere.
Abanyeshuli 17 bigaga mu ishuli ryitwa College de l’Immaculee Conception riri i Muramba mu karere ka Ngororero bishwe n’abacengezi nyuma yo kubasaba inshuro nyinshi kwitandukanya bakurikije amoko cyangwa uturere ariko bakanangira bakavuga ko ari Abanyarwanda.
Mu rwego rwo guteza imbere Gospel mu Rwanda, abahanzi bane bari mu cyiciro cya Gospel muri Salax Awards 2011 bagenewe ibihembo n’abakunzi b’iyo njyana. Abazahembwa ni Dominic Nic, Gahongayire Aline, Blessed Sisters na Liliane Kabaganza.
Umukwabu wabaye mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke mu gitondo tariki 04/04/2012 wafashe inzererezi n’indaya 38 kuko bagira uruhare mu ikorwa ry’ibyaha byinshi bigaragara muri uwo murenge.
Uburyo u Rwanda ruteye ntibyorohera isanwa rya bimwe mu bigize urusobe rw’ibinyabuzima kuko igice kinini gituweho n’abantu kandi hari aho bisaba ko nta bantu bagomba kuhatura kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rubeho neza.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yarangije igikorwa cy’ubutabazi bwakorwaga ku nzu yagwiriye abantu tariki 03/04/2012 ku Kacyiru mu mujyi wa Kigali. Umuntu umwe gusa niwe witabye Imana, babiri barakomereka naho abandi batatu bavuyemo ntacyo babaye.
Minisiteri y’ubuzima, tariki 03/04/2012, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’inzego z’abikorera zirimo ibigo byigenga bisanzwe bifite aho bihurira n’ubuzima ndetse n’amabanki mu rwego rwo kurushaho gutanga serivisi nziza muri gahunda z’ubuima.
Mudakubana Jean bakunze kwita Gisebe utuye mu mudugudu wa Buhoro akagari ka Kabutare mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, yishe umugore we witwa Mukamusoni Speciose mu gitondo cya tariki 04/04/2012.
Raporo y’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) iza kumurikwa ku mugaragaro kuri uyu wa gatatu tariki 04/03/2012 igaragaza ko u Rwanda ari cyo gihugu gihagaze neza mu karere mu gukuraho inzitizi z’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyasinye amasezera n’ikigo cyo muri Tanzaniya cyitwa Tanzania Telecommunications Company Limited (TTCL) kugira ngo cyongere ubushobozi bwa internet mu Rwanda.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite plaque RAA 869W yari itwaye amakara yagonze umukingo ku Ruyenzi mu karere ka Kamonyi mu ma saa tanu z’ijoro ryakeye abantu babiri muri batatu yari itwaye barakomereka.
Umuhanzikazi Knowless ubwo yaririmbaga mu gitaramo aherutse kwitabira mu Bubiligi tariki 31/03/2012, yituye hasi mu buryo budasobanutse ku buryo na n’ubu impaka zitarashira ku cyamugushije.
Muri iyi minsi hirya no hino mu gihugu hakomeje imyiteguro y’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorwe Abatutsi, Kigalitoday yegereye Musenyeri John Rucyahana ukuriye Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunga, tuganira ku butumwa yatanga n’ibyo abona abantu bakwiye kuzirikana mu gihe nk’iki.
Mu ntara y’Iburasirazuba, imishinga 70 niyo yatoranyijwe muri gahunda yiswe HANGA UMURIMO igamije gufasha abaturage bafite imishinga myiza yakunguka ariko badafite ingwate n’igishoro.
Nyuma y’uko Musabyimana Marie Claudine atuye mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu abyariye abana 3 b’impanga biyongera kuri 5 yari afite, ubuyobozi bwamuteganyirije ubufasha.
Mu mudugudu wa Runzenze, akagari ka Kabugondo, umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, Umwana witwa Niyonsenga ufite imyaka itatu, tariki ya 03/04/2012, yaguye mu kizenga cy’amazi kiri mu nkengero z’igishanga cy’umugezi w’Akanyaru ahita yitaba Imana.
Abagabo 415 n’abagore babiri bahoze mu mitwe yitwara gisirikare ariyo FDLR FOCA, RUDI-Urunana, Mayi Mayi mu mashyamba ya Kongo, kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 basoje ingando bari bamazemo amezi 3 i Mutobo mu karere ka Musanze.
Bamwe mu bagana ibitaro bya Kabgayi biri mu karere ka Muhanga bavuga ko kuba ibyo bitaro bitagira uburuhukiro bituma imibiri y’abapfuye ibikwa mu buryo budakwiye. Iyo umuntu ashatse kubika umubiri w’uwapfuye bigorana.
Mu nama y’abagize komisiyo y’umuyoboro mugari (broadband commission) iri kubera Ohril mu gihugu cya Macedonia, Perezida Kagame akomeje kugaragaza ko umuyoboro mugari ufite uruhare nunini mu iterambere rirambye cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’iterambere.
Ibitaro bya Kabgayi byo mu karere ka Muhanga, tariki 03/04/2012, byashyikirijwe inkunga y’ibikoresho na kaminuza ya Colorado yo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika. Ibi bikoresho byatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 57, bizafasha mu maserivisi atandukanye y’ubuvuzi.
Abantu bataramenyekana umubare bagwiriwe n’igikuta cy’igorofa iri imbere ya hoteli Umubano (izwi ku izina rya petit merdien) ku Kacyiru mu mujyi wa Kigali ubwo bayisenyaga kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 mu ma saa sita z’amanjywa.
Mu kiganiro gihuza umuyobozi w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyentwari, n’abanyamakuru kiba rimwe mu gihembwe cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 yibukije ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 nta Munyarwanda n’umwe bitareba.
Umuhanzi w’Umunyarwanda witwa Lil P uba mu Bwongereza yari kuririmba mu gitaramo cyateguwe na Exotic Night mu Bubiligi ariko byarangiye ataririmbye. Lil P avuga ko yasuzuguwe cyane ntibamuhe umwanya wo kuririmba kandi bari babimwemereye ndetse baranamushyize kuri affiche y’igitaramo.
Umugore witwa Kurusumu Nite, utuye Barija mu murenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare arashinjwa kuba icyitso mu gushyingira umwana witwa Mukagasana Alice bakunda kwita Mbabazi ufite imyaka 17 mu gihugu cya Uganda ababyeyi be batabizi.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012, rwaburanishije urubanza rw’Umugande witwa Musinguzi Issa ushinjwa gukoresha ubutekamutwe n’amariganya akambura abantu babiri amafaranga asaga ibihumbi 500 ababeshya ko ari umuvuzi gakondo.
Umugore witwa Elaine Davidson utuye Edinburgh mu gihugu cya Scotland yaciye agahigo ko kugira amaherena menshi ku mubiri; nk’uko bitangazwa na Guinness World Record.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongereye Leon Mugesera igihe cy’ukwezi cyo gukomeza kuvugana n’abunganizi be mu mategeko, kuko yari yatangaje ko kugeza ubu atarabizera neza ku buryo bamuhagararira.
Si ngombwa kugira amafaranga menshi kugira ngo utangize umushinga, ahubwo uhera kuri make ufite kugira ngo n’umuterankunga azakunganire afite aho ahera; nk’uko bitangazwa n’abanyamuryango ba Koperative “Sagamba Rusake” ikorera mu murenge wa Rubavu akarere ka Rubavu.
Umurerwa Philomene, umuyobozi w’umudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yatoraguye umwana w’umukobwa w’inzererezi witwa Jeannine Gisubizo bigaragara ko ari umukobwa ariko nyuma y’amezi 3 aza gutahura ko ari umuhungu.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yitabiriye inama yahuje ibihugu bigize itsinda ry’inshuti z’abaturage ba Siriya kugira ngo barebere hamwe icyakorwa ngo barengere abaturage ba Siriya bari mu kaga.
Abapolisi n’abasirikare bakuru 46, tariki 02/04/2012 batangiye amahugurwa y’iminsi itanu ku buryo bwo bugezweho bwo kurushaho gucunga umutekano ku kibuga cy’indege.
Imodoka itwara imizigo yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka tariki 31/03/2012 mu masaha ya saa mbiri z’umugoroba, ku bw’amahirwe nta muntu yahitanye uretse abantu bane bakomeretse bikomeye. Iyo mpanuka yabereye mu mudugudu wa Burego, akagari ka Buranga, umurenge wa Nemba mu karere ka Gakenke.