Mu mezi atatu ari imbere hazatangira kubakwa inzu ndangamurage izerekana uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda rwo hambere. Iyi nzu izubakwa aho umugabekazi Radegonde Kankazi nyina w’umwami Mutara III Rudahigwa yari atuye mu mudugudu wa Nyarucyamu mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe ho mu karere ka Muhanga.
Nyuma yo gutsinda Nyanza FC ibitego bibiri kuri kimwe i Nyanza tariki 28/12/2011, Mukura irangije umwaka wa 2011 iri ku mwanya wa mbere kandi na mbere y’uyu mukino yari isanzwe ari iya mbere.
Mu gihe twitegura gusoza umwaka wa 2011, twabateguriye inshamake y’amwe mu makuru y’ingenzi yaranze uyu mwaka mu Rwanda. Muri ayo makuru harimo ibikorwa bitandukanye imbere mu gihugu, ibikorwa by’abayobozi b’igihugu bakuru ndetse n’ay’umubano w’u Rwanda n’amahanga.
Ikinyamakuru Africa Review cyanditse ko Afurika y’Epfo irimo kwitegura guhatanira umwanya wo kuyobora Komisiyo y ‘Ubumwe bw’Afurika kuko manda ya Dr. Jean Ping izarangirana n’uyu mwaka.
Mu gihe hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo ikirori gusoza umwaka gitegerejwe n’abenshi, East African Party, ngo kibe, imyiteguro yacyo igeze kure nk’uko twabitangarijwe na Babou, umwe mu bateza imbere umuziki wo muri ibi bihugu bya Afurika y’iburasirazuba (East African Promotors).
Uyu munsi, umunyamakuru wa City Radio, Aboubakar Adam, uzwi ku izina rya DJ Adams yarekuwe by’agateganyo. Umucamanza yavuze ko yubahirije icyifuzo cy’uburanira DJ Adams kubera ko Dj Adams atagoye ubucamanza mu miburanire ye.
Intore nkuru, Boniface Rucagu, irasaba abashinzwe gukoresha itorero ku rwego rw’uturere guhindura imyumvire yabo mu buryo bashyira mu bikorwa indangagaciro z’igihugu kugira ngo babere abaturage urugero.
Tariki 27/12/2011, akarere ka Rubavu kamurikiye abaturage ibikorwa by’amajyambere biri gukorwa muri ako karere kugira ngo bagire uruhare rwo kubibungabunga no kubikoresha neza nibyuzura.
Amezi atatu arashize ahitwaga ko ari umusozi wanamye mu murenge wa Gisenyi, mu karere ka Rubavu hatunyanywa ngo habe hamwe mu hantu nyaburanga mu karere ka Rubavu.
Mu ijoro rishyira kuri Noheli, Ndori na Maswari bakoreye urugomo umusore witwa Urimubenshi Bosco w’imyaka 30, wo mu kagari ka Ngeruka, umurenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera, bimuviramo kwitaba Imana.
Tariki 27/12/2011, kuri sitade Amahoro i Kigali habereye igitaramo cy’Indangamirwa gifite insanganyamatsiko igira iti “Amabyiruka adatatira umuco”.
Muri santere ya Shangazi iri mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, tsriki 26/12/2011, hafashwe ibikoresho bitandukanye byagiye byibwa muri sosiyete y’abashinwa “société nationale chinoise des travaux de ponts et chaussées”, irimo gukora umuhanda Rusizi-Nyamasheke-Karongi.
Ngamije Jean Bosco na Kibuye, kuva tariki 26/12/2011, bari mu maboko ya polisi kuri poste ya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bakurikiranyweho icyaha cyo kwica umusaza Basemayabo w’imyaka ikabakaba 80 bakoresheje agafuni.
Abanyarwanda bari barahungiye muri Malawi na Zambiya bagera kuri 15 basuye Ingoro y’Umurage w’u Rwanda iherereye mu Karere ka Huye tariki 26/12/2011.
Twagirimana Anthere, umugabo ufite imyaka 35, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nzige mu karere ka Rwamagana azira icyaha yemera cyo kwica umwana we, Bisengimana Jean Bosco.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Bugesera tariki 27/12/2011, umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, yasabye abayobozi kudasiragiza abaturage ahubwo bakajya bakemura ibibazo byabo ku gihe.
Mu gihe bimenyerewe ko ubundi umuntu atanga ituro mu ibanga bitewe n’uko yifite, abakiristu bo muri Paruwasi ya Bare bo siko byabagendekeye ubwo batangaga ituro ry’ibahasha ya Noheli kuko basabwe kwandika amazina yabo kuri ayo mabaruwa.
Mu gihe umuco nyarwanda ugaragaza ko umusore cyangwa inkumi bagomba gushakana bakiri amasugi, bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Ngoma babona ko kuba isugi bitacyoroshye kandi ko bigenda bita agaciro kuko kuvuga ko uri isugi mu rungano iki gihe ufatwa nk’ikigwari cyangwa ko iwanyu baroga.
Imikino y’umunsi wa munani wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, yagombaga gukinwa tariki 28/12/2011 ariko Rayon Sport na Kiyovu Sport ntizivuga rumwe ku munsi zizakiniraho.
Nyuma yo guha umushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Nyamagabe ruswa y’amafaranga ibihumbi 20 akayanga, Sekamonyo Vedaste, kuva tariki 22/12/2011, acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka.
Abantu bagera kuri 151 bo mu murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara bari mu bitaro bya Gakoma bazira indwara kugeza ubu itari yamenyekana, gusa ngo imvano y’iyi ndwara ni umususuru banyweye ubwo bari bari mu bukwe kuri Noheri.
Ubuyobozi bwa Rayon Sport buratangaza ko Twahirwa Bonfils Christian na Hategekimana Afrodis ‘Kanombe’ batakibarizwa mu ikipe ya Rayon Sport ndetse ko batazi n’irengero ryabo.
Mukamurangira Consolée wo mu Kagali ka Gikundamvura, mu Murenge wa Karama ho mu Karere ka Nyagatare yishwe n’umuturanyi we, Buzige Daniel, ubwo yari atabaye abandi baturanyi batongananga bapfa inka yari iziritse mu rubibi.
Abashinzwe umutekano, tariki 26/12/2011, bafashe litiro 960 z’inzoga itemewe y’ibikwangari mu mukwabu wabaye mu tugari tugize umurenge Rweru mu karere ka Bugesera.
Inzu y’umugabo witwa Kazeneza Elias wo mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza, ku mugoroba wa tariki 26/12/2011, yafashwe n’inkongi y’umuriro ibikoresho byose byo munzu bihiramo. Kugeza ubu nta muntu uzi icyateye iyo nkongi kandi nta muntu yahitanye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), tariki 27/12/2011, cyahaye abanyamuryango ba koperative Nyabihu Tourism imyenda izajya ifasha abayobora abakerarugendo “guides” ndetse banahabwa ibyuma bifasha umukerarugendo kureba inyoni cyangwa inyamaswa iri kure (jumeur).
Ali Bizimungu wari umaze iminsi atoza ikipe ya Inter Stars yo mu Burundi aje gusimbura Kalisa François wari umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sport.
Nyuma yo gutsindwa na APR ibitego 5 ku busa ku wa gatandatu, abakinnyi babigize umwuga bari bamaze icyumweru mu Rwanda, tariki 26/12/2011, batsinzwe n’Amavubi ibitego 3 kuri 2.
Kuri benshi gukoresha interineti ntaho bitandukaniye no kubanza kuri site ya google ku buryo bamwe basigaye bitiranya google na internet nkaho cyimwe gisobanuye ikindi. Hari ama cyber café asigaye yitwa “Google café” ngizo telephone zitwa Google n’abana basigaye bitwa google.
Nyuma yo kubona ko abantu benshi bakunda gukoresha chat yayo, facebook yazanye uburyo bushya bwo gukoresha amafoto muri chat.
Abaturiye urusengero (Eglise Vivante du Jesus Christ) rwubatse munsi y’ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) baravuga ko babangamiwe n’urusaku rw’imiziki iruvamo haba ku cyumweru cyangwa undi munsi habaye amateraniro n’amasengesho.
Ngamije Jean Bosco utuye mu kagali ka Gashenyi, umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare uzwi cyane ku kabyiniriro ka Mahungu yizihije umunsi wa Noheli yishimana n’abana barenga magana atanu bo mu mirenge ya Rukomo na Nyagatare.
Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda, tariki 22/12/2011, yakiriye itegeko rya Guverinoma riteganya kongera amafaranga y’u Rwanda miliyari 54 na miliyoni 400 ku ngengo y’Imari y’umwaka 2011-2012 yari isanzwe ari tiriyari 116.
Abayabozi batandukanye barimo minisitiri w’urubyiruko ndetse n’uw’umuco na siporo, baratangazako bishimiye ibikorwa by’urubyiruko rw’iga imyuga Iwawa.
Amakuru dukesha ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) avuga ko nyuma yo kurekurwa n’Urukiko Mpanabyaha rw’i La Haye ku mpamvu yo kubura ibimenyetso bihagije ku byaha yaregwaga, Mbarushimana Callixte akurikiramwe n’u Bufaransa ku byaha bya Jenoside.
Biramenyerewe ariko si ihame ko mu ijoro rya Noheri hirya no hino mu gihugu haberamo ibintu bitandukanye ndetse n’ibihungabanya umutekano bitabuzemo. Ariko abantu bagenda basobanukirwa neza ko kwikururira umutekano muke no gusesagura umutungo nta cyiza kibirimo cyane cyane mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunane.
Ikipe ya Ndamukunda Flavien na Mutesi Leon niyo yegukanye igikombe mu marushanwa ya Beach volley yabereye i Karongi tariki 24/12/2011.
Ubwo umugabo witwa Kalisa Callixte yasezeranaga n’undi mugore, tariki 24/12/2011, mu kagari ka Kigembe, murenge wa Gacurabwenge, akarere ka Kamonyi, haje undi mugore witwa Nyirabahashyi Jeanne azanye abana babiri avuga ko yababyaranye na Kalisa.
U Rwanda, tariki 27/12/2011, ruzohereza abapolisi 160 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Haiti. Aba bapolisi bazaba bayobowe na Chief Superintendent Toussaint Muzezayo bazajya mu mujyi wa Jeremie uri mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Haiti, Port-de-Prince.
Ku mugoroba wa tariki 23/12/2011, igihu gikabije ndetse n’ubunyerere byibasiye umuhanda wa kaburimbo Shyorongi - Base, bibangamira cyane abayobozi b’ibinyabiziga binatera impanuka y’imodoka ariko nta wapfuye.
Umusore witwa Ndarwubatse Jean Bosco wo mu murenge wa Murunda ho mu karere ka Rutsiro yishwe n’inkuba, tariki 17/12/2011, ubwo yasakaraga inzu yendaga kwimukiramo mu murenge wa Ruhango.
Nyirimpuhwe Eric, umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu, wo mu kagari ka Gihira, murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro yishwe n’umugezi wa Busenda tariki 17/12/2011.
Samuel Eto’o Fils, tariki 22/12/2011, mu mujyi wa Douala muri Cameroun, yatangije ku mugaragaro isosiyete ye bwite izajya icuruza itumanaho rya telefono yitwa Set’Mobile.
Uretse guhabwa amasomo ajyanye n’ubumenyingiro ndetse n’ikinyabupfura gikwiye umwana w’Umunyarwanda, urubyiruko rwiga imyuga mu kigo kiri Iwawa mu kiyaga cya Kivu ruhabwa n’umwanya wo kwidagadura.
Mu gihe hatangwaga impamyabumenyi ku rubyiruko rurangije amasomo y’imyuga mu kigo kiri ku kirwa cya Iwawa, abasore bagize itsinda rya TUFF GANG bataramiye abitabiriye uwo muhango karahava.
Ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro hatangiye imirimo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwitiriwe Congo Nil kubera ko ruzashyingurwamo imibiri y’abantu bishwe n’abahoze ari abakozi ba komini Rutsiro. Uru ributso si urw’akarere.
Ku nshuro ya kabiri, ikigo kigisha imyuga abana bahoze ari abo mu muhanda cyiri ku kirwa cya Iwawa mu kiyaga cya Kivu, ejo, cyatanze impamyabushobozi ku rubyiruko 593 rurangije amasomo.