Biteganyijwe ko uruganda rw’imyumbati rwubatswe mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango ruzafungurwa ku mugaragaro na Perezida wa Repubulika Paul Kagame tariki 16/04/2012.
Umugabo witwa Bertold Wiesner wo mu Bwongereza ashobora kuba yarababyaye abana bagera kuri 600 hagati y’imyaka ya 1943 na 1962 aho yateraga abagore intanga ze abikoreye mu ivuriro rye mu rwego rwo kubafasha kubona urubyaro.
Nyuma yo kujuririra igifungo cya burundu yahawe kubera uruhare ya gize muri Jenoside yakorewe abatutsi muri komini Murambi yayoboraga, Gatete Jean Baptiste azasubira imbere y’urukiko tariki 07/05/2012.
Abayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu muryango w’abibumbye (UN) bafashe umunota wo kunamira miliyoni isaga y’inzirakarengare zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 banacana urumuri mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside cyabaye tariki 11/04/2012 ku cyicaro cya UN i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Ushinzwe ibikorwa byo guhuza ingabo n’abaturage mu turere twa Karongi na Rutsiro, Cpt Twagira Vianney aratangaza ko isura y’abicanyi u Rwanda rwari rufite mu mahanga rwayihanaguye burundu none ubu igihugu kifuzwa n’amahanga.
Nyuma yo gushimwa no kugaragaza ko ingabo zarwo zishoboye gucunga no kugarura umutekano mu bihugu byinshi byagize ibibazo, ingabo z’ u Rwanda zasabwe no gucunga umutekano Juba mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Jean Damascene Ntawukuriryayo, yifatanije n’urubyiruko rugera ku 2248 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Kuri Station ya Polise yo mu karere ka Nyagatare hafungiye abantu batatu kubera amagambo agaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside bagaragarije abacikacumu.
Abanyeshuri biga muri bimwe mu bigo by’amashuri yisumbuye byo mu karere ka Burera batangaza ko kuba bagiheka abarwayi mu ngombyi ya kinyarwanda babajyanye kwa muganga ari ikibazo gikomeye kibabangamiye.
Umugaba w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lieutenant Genaral Ceaser Kayizari, aratangaza ko mu gihugu gitera imbere umutekano uba ari byose ndetse ibintu byose bikaba bigerwaho kubera umutekano.
Urubanza rwa Victoire Ingabire rwongeye gufata indi sura nshya, nyuma y’uko uruhande rumwunganira ruzanye undi mutangabuhamya mushya witwa Colonel Michel Habimana uvuga ko ipeti rya Colonnel Vital Uwumuremyi afite atigeze arihabwa, ndetse ari nawe wamuhaye amakuru yose y’ibyo bakoraga bakiri mu mutwe wa FDLR.
Mu gitabo cya gereza ya Mpanga bandikamo ibyo bashimye n’ibyo basaba ko byakosorwa, Komiseri Mukuru w’urwego rw’amagereza mu Rwanda, Gen. Maj Paul Rwarakabije we yanditse asaba kuzamura imyumvire y’imfugwa zaho kurusha uko yayisanze.
Ibihugu bitanu byose bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byateye imbere mu korohereza abashoramari n’abacuruzi mu mwaka wa 2011. U Rwanda nirwo ruza imbere ugereranyije n’ibindi bihugu bigize EAC.
Umuvugizi w’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Roland Amoussouga, tariki 10/04/2012, yatangaje ko nta mfungwa n’imwe ifungiye icyaha cya Jenoside ishobora gutoroka gereza ifungiyemo aho ariho hose mu bihugu bizicumbikiye.
Abanyamakuru ba siporo mu Rwanda baribuka, ku nshuro ya kabiri, abakinnyi, abanyamakuru ba siporo, abakunzi ndetse n’abandi bose bagize uruhare muri siporo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Nzabonimpa Jean Paul, Nzabamwita Yowasi na Shyirambere Jean Marie bose bo mu murenge wa Mahama mu karere ka Kirehe bafatiwe mu murenge wa Kirehe saa tanu z’ijoro tariki 10/04/2012 bafite ibiro 300 by’urumogi bashaka kurujyana i Kigali.
Nshimiyimana Iradukunda uzwi ku izina rya Ragadi yafashwe n’abaturage mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, tariki 10/04/2012, akekwaho kwiba ibiro 40 by’ibirayi mu mirima y’abaturage.
Pasiteri Jean-Bosco Uwinkindi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994 akaba afungiye ku rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) azahorezwa kuburanira mu Rwanda mbere y’itariki 19/04/2012.
Abagize ishyirahamwe Nyarwanda ry’abavuzi gakondo bahuriye mu ishyirahamwe AGA Rwanda Network bavuga ko buri Munyarwanda wese afite uruhare mu gikorwa cyo kwibuka.
Abacuruza ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda bafite ikibazo cyo kuba mu Rwanda hari ibigega bito, bikaba bibatera igihombo cyo kumara iminsi myinshi badakora, amakamyo yabo yarabuze aho apakururira.
Umugabo witwa Nshimiyimana Eugene w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, tariki 10/04/2012, yishe abana be babiri na nyina ubabyara abatemesheje umuhoro bivuye ku makimbirane yari hagati ye n’uwo mugore bashakanye.
Abana babiri bari mu kigero cy’imyaka 10 y’amavuko bagejejwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baregwa kumanura amatara ku mazu bakajya kuyagurisha.
Umwe mu Banyakoreya batuye mu mudugudu wa Karehe, Akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi, saa kumi z’umugoroba wo ku wa 9/4/2012 yasanze bakinguye inzu acumbitsemo bamwiba ibikoresho bitandukanye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rulindo barasaba ko mu gihe ku nzibutso handikwa amazina y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi, hanateganywa umwanya w’amazina ya ba ruharwa mu kuyishyira mu bikorwa.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa wa Guverinoma, Tharcisse Karugarama, yakiriwe mu biro bya Perezida w’igihugu cya Togo Nyakubahwa Faure Gnassingbé, tariki 10/04/2012, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we, Paul Kagame.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru arakangurira Abanyarwanda kurushaho gufata iya mbere bakikemurira ibibazo igihugu cyabo gifite kuko amateka agaragaza ko amahanga ntacyo yafashije.
Mbere y’uko icyunamo gitangira, abacitse ku icumu batuye mu murenge wa Muhura akarere ka Gatsibo bashyikirijwe urwandiko rubatera ubwoba rubabwira ko icyunamo kizarangira barangije kubica.
Nyuma y’imyaka 18 Abanyaruhango bibuka ababo baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nibwo bwa mbere babonye ikigo gikomeye kiza kwifatanya nabo kikanabatera inkunga.
Abapolisi b’Abanyarwanda 189 bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti bitafanyije n’abandi Banyarwanda bakora muri icyo guhugu ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Imiryango irindwi yo mu murenge wa Gitoki akarere ka Gatsibo icumbikiwe n’abaturage nyuma y’uko amazu yabo ajyanywe n’umuyaga wahushye mu mvura yaguye tariki 09/04/2012.
Imwe mu mihanda nyabagendwa yo mu duce twa Sahara ahagana ku mashuri ya St. Joseph mu karere ka Kicukiro ikomeje kwangizwa n’isuri muri iki gihe cy’imvura.
Shyirambere Jean Marie Vianney yaturikanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade imuca ikirenge, ubwo yahiraga ubwatsi bw’amatungo tariki 10/04/2011.
Abanyarwanda baba mu Buyapani, Guverinoma y’icyo gihugu n’ishuti z’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 09/04/2012 bakoze igikorwa cyo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakobwa babiri barwariye ku kigo nderabuzima cya Kinunu, kiri mu murenge wa Boneza, akarere ka Rutsiro, nyuma yo kunywa imiti ya Kinyarwanda bashaka gukuramo inda bikabagwa nabi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko kuba bamwe mu barimu bashya batangiranye n’umwaka w’amashuri 2012 batarahembwa byatewe n’amadosiye yabo yakerewe kugera muri serivisi ishinzwe imishahara ariko ubu barimo kureba uko bakemura iki kibazo ku buryo bwihuse.
Ikigo nderabuzima cya Rutenderi kiri mu Kagali ka Rutengeri, Umurenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke nta mazi gifite kuva cyashingwa mu 1997. Icyo kibazo gifite ingaruka ku isuku y’ikigo nderabuzima n’abarwayi bakigana.
Obed Byiringiro, umwana w’umwaka umwe w’amavuko uvuka mu Murenge wa Murindi, Akarere ka Kayonza tariki 08/04/2012 yanyereye mu muferegi wuzuye amazi ahita yitaba Imana.
Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Ottawa-Gatineau n’inshuti zabo, tariki 07/04/2012, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umugore witwa Julienne Nyiranteziryayo yitabye Imana taliki 09 Mata 2012 aguye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu kiyaga cya Kivu mu murenge wa Boneza, akagari ka Remera mu karere ka Rutsiro.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu masaha ya saa saba z’amanywa mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigarama akarere ka Kirehe, tariki 09/04/2012, yasenye amazu 10.
Abahanzi batorewe gukomeza mu kiciro cya kabiri cya Primus Guma Guma Super Star 2 n’abayobozi ba Bralirwa na East African Promotors ndetse n’abanyamakuru bakurikirana iby’imyidagaduro bo mu bitangazamakuru binyuranye, basuye urwibutso rwa Ntarama n’urwa Nyamata mu Bugesera tariki 09/04/2012.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, arahamagarira Abanyarwanda b’ibyiciro byose kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kuko igisebo kuyikomokaho cyambitswe Abanyarwanda bose imbere y’amahanga.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Genocide (CNLG) yazanye uburyo bushya bwo kubika imibiri y’abazize Jenoside ku buryo bugezweho, ikazajya imara igihe kigera ku myaka 150.
Nubwo benshi bibwira ko ihungabana ari iry’abacitse ku icumu gusa kuko aribo bakorewe Jenoside, umunyamabanga w’inama njyanama y’akarere ka Muhanga, Nyirabahire Speciose, avuga ko ihungabana ritagirwa n’abacitse ku icumu gusa kuko n’abandi bashobora guhungabana.
Umugabo witwa Majoro yishwe n’umuriro w’amashanyarazi nyuma yo kurira inkingi y’umuriro w’amashanyarazi mu murenge wa Gihango akagari ka Congo Nil, umudugudu wa Kandahura, akarere ka Rutsiro.
Umurambo w’uwitwa Niyoyita Jean De Dieu watoraguwe tariki 06/04/2012 wakaswe ijosi mu mudugudu wa Mvumba akagali ka Kirama umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke yabwiye abaturage ko kwibuka iyo Jenoside ari ibya buri Munyarwanda ariko abaturage ba Nyamasheke bakaba bagomba kubyitabira kurushaho kuko bafite umwihariko kuri Jenoside.
Umuhanzi Rwibutso Innocent uvuka mu murenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango, avuga ko guhanga indirimbo z’icyunamo bituma yumva aruhutse umuzigo munini yikorejwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994.
Abanyeshuli bibumbiye mu muryango witwa Isaro Foundation biga muri Kaminuza ya Oklahoma Christian yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamaze gukusanya ibitabo 3000 bazohereza mu Rwanda kugira ngo bafashe abashaka gusoma banashimangire umuco wo gusoma.