Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yitabiriye irahira rya Perezida Ellen Johnson Sirleaf wa Liberiya ahagarariye Perezida Kagame.
Bwana Girma Wake, inararibonye mu bijyanye n’indege, yagizwe umuyobozi mushya w’inama y’ubutegetsi ya Rwandair.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Amakoperative mu Rwanda (RCA) cyatangiye umukwabu wo guca mu Rwanda amakoperative ya baringa agera ku 150.
Kubura kw’amashanyarazi mu gihugu cy’u Burundi ni kimwe mu bishimisha kandi bikongerera amafaranga abacuruzi mu tubari n’amaresitora muri icyo gihugu.
Kubera abantu bakoresha imbuga abantu bahuriraho (social networking website) nabi bagashyiraho ibintu by’urukoza soni, cyane cyane kuri facebook, hari abantu bagenda bagabanya kuzikoresha ndetse abandi bakazivaho burundu.
Gatera Jean Bosco utuye mu kagali ka Nyabagendwa umurenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera arasaba indishyi ingana n’amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 500 ku bantu bamuririye imbwa ebyiri zamurindiraga urwuri.
Nzabanita Jean Pierre n’umufasha we, Mukankwaya Steria, bari batuye mu kagari ka Nyabitabire mu murenge wa Nyagihanga mu karere ka Gatsibo bishwe mu ijoro rya tariki 15/01/2012 batemaguwe bajugunywa mu muhanda.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), François Régis Gatarayiha, avuga ko kuba ibiciro bya lisansi na mazutu byagabanutse bitavuze ko ibiciro by’ingendo nabyo bizagabanuka kuko ngo mu gushyiraho ibiciro by’ingendo hari ibintu byinshi bigenderwaho.
Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe imiturire ku isi (UN Habitat), Dr. Joan Clos, ashima uburyo u Rwanda rwita ku miturire ruteza imbere imijyi ifite isuku.
Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, kuri uyu wa Mbere rwashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda impapuro zishinja za Jean Uwinkindi.
Abagabo batanu bari mu maboko ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira kwiba imbwa y’umuturanyi wabo maze bakayotsamo za mushikake (brochettes) bakaziha abaturage bababwira ko ari inyama z’ihene.
Ishuri rikuru ry’i Byumba (Institute Polytechnique de Byumba) ryatangije porogaramu nshya mu ishami ry’ibaruramari izwi ku izina rya CPA (Certified Public Accounting) mu rwego rwo gutanga ubumenyi ngiro mu ibaruramari n’icungamutungo ku rwego mpuzamahanga.
Nyuma y’igabanuka ry’igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli, bamwe mu bagenzi bo mu karere ka Muhanga barasaba ko igiciro cy’ingengo cyagabanurwa kuko n’ubusanzwe cyari kiri hejuru.
Abaturage b’akarere ka Nyamagabe barahamya ko akazi k’inkeragutabara katumye umutekano ugerwaho. Bavuga ko kugeza ubu nta muntu ucyamburwa utwe, ndetse ngo n’akajagari kagaragaraga mu dusantire karacitse.
Nyuma yo kwivuguruza ku buhamya yatanze ku mucamanza w’Umufaransa, Jean Louis Bruguiere, muri 2008, hari amakuru mashya agaragaza ko ibintu byose Abdul Ruzibiza yavuze byari ibihuha ibindi ari ibihimbano. Ruzibiza yari agamije kwibonera Visa imugeza i Burayi.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Anastase Murekezi, yavuze ko abarimu n’abasirikare bagiye kwitabwaho ku kibazo cy’imishahara ku buryo buri myaka itatu imishahara yabo izajya yongerwa bigendeye ku buryo bitwara ku kazi.
Umunyabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Mathias Haberamungu, yatangaje ko umubare w’abanyeshuri bakoze ikizami kirangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) bemerewe kujya mu mwaka wa kane uyu mwaka wariyongereye ugera kuri 90% uvuye kuri 25% mu 2003.
Irushanwa ry’igihugu mu gusiganwa ku maguru ryiswe Stop Sida ryateguwe na Rurangirwa Louis ryari riteganyijwe kubera mu karere ka Huye tariki 15/01/2012 ntabwo ryabaye kubera kutumvikana na mugenzi we Lt Kayitsinga barwanira kuyibora ishyirahamwe ry’imikono ngororamubiri mu Rwanda.
Inzoka ya Python Birman, bumwe mu bwoko bw’ibikururanda bibini bishobora kugeza kuri metero 9 z’uburebure n’ibiro bigera kuri 90, ishobora kuzabyara umuti mwiza ku ndwara z’umutima.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyagatare barinubira ko umusaruro wabo uteshwa agaciro kandi ibiciro by’ibindi bicuruzwa bakenera bitajya bimanuka.
Amasosiyete mpuzamahanga 11 niyo asigaye apiganirwa kuzubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, (Bugesera International Airport) nyuma yo gutoranywa muri 33 yari yabisabye.
Niyomuremyi Samuel wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ku ishuri ribanza rya Gacuba mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, tariki 14/01/2012, yafatanywe ibiro 20 by’urumogi yari agiye gucuruza mu mujyi wa Kigali.
Umuvugizi wa polisi ya Kenya, Eric Kiraithe, yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko Abagande 29 bafashwe bari kubazwa ku bikorwa barimo gutegura byo gushaka kujya muri Somalia gufasha umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab.
Perezida Kagame yongeye gushishikariza Abanyarwanda kwitabira umurimo avuga ko kumenya gusa bidahagije ahubwo ko hakenewe gushyira mu bikorwa ubumenyi umuntu afite.
Umwana w’umukobwa witwa Uwimana Jeanette ukomoka mu mudugudu wa Mukingo mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yatewe inda akiri umwana w’imyaka 17 y’amavuko abyara abana babiri b’impanga.
Rayon Sport yegukanye amanota atatu mu mukino wa shampiyona wayihuje na Police FC ubwo yayitsindaga ibitego 3 kuri 1 kuri stade Amahoro i Remera ejo tariki 15/01/2012.
Guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 16/01/2012, ibiciro by’ibicuruzwa bikomoka kuri peteroli bya lisansi na mazutu biragabanukaho 6%, bivuga amafaranga y’u Rwanda 60, mu gihugu hose, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ribigaragaza.
Mu gikorwa cy’amasengesho y’abayobozi bakuru cyabaye kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yasabye abantu kutaba intashima ahubwo bagashimira Imana ibyo yabahaye kuko mu gushima bivamo guhabwa. Avuga ko Imana itakorera umuntu buri cyose yifuza ahubwo ko imuha ibyangombwa byo gukora ibyo akeneye.
Urwego rushinzwe imipaka muri Canada rwataye muri yombi Leon Mugesera rumusanze mu bitaro, aho yari amaze iminsi ine arwariye kubera kunywa imiti irengeje igipimo cyagenwe na muganga.
Minisitiri w’Urubyiruko, Nsengimana Philbert, arashimira Abagide uruhare bagira mu guteza imbere umunyarwandakazi bahereye ku bana bato.
Umushinga ushinzwe gufata ubutaka, amazi no kuvomerera imyaka ku misozi (LWH) ukorera muri minisiteri y’ubuhinzi umaze kuvana abaturage b’umurenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza mu bukene.
Mu kiganiro komiseri mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa (RCS), Gen Paul Rwarakabije, yagiranye n’abacungagerezakazi 400, tariki 14/01/2012, yongeye kubashishikariza kurangwa n’imyitwarire myiza mu kazi bakora.
Akarere ka Huye kiyemeje ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2011-2012 amafaranga azava mu misoro n’amahoro azaba angana na miliyoni 804, ibihumbi 263, n’amafaranga 625.
Tariki 16/01/2012 nibwo Ntaganda Bernard, Uwimana Nkusi Agnes na Mukakibibi Saidath bazasubira imbere y’urukiko ry’ikirenga bisobanura ku byaha bashinjwa.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana gukurikirana umuyobozi w’ishuri rya Rugarama kugira ngo ibikoresho byo kuryubaka byabuze bigaruke kandi ababigizemo uruhare babiryozwe.
Mu rugendo rugamije kumenya ingorane amakoperative ahurana nazo no kuyagira inama Komisiyo y’Abadepite ishinzwe Ubukungu n’Ubucuruzi yagiriye mu karere ka Gakenke tariki 13/01/2012 yashimye imikorere ya koperative « Abakundakawa ba Rushashi ».
General Leodomir Mugaragu, umwe mu bayobozi bakuru bo mu mutwe wa FDLR umuryango mpuzamahanga ufata nk’umutwe w’iterabwoba, kuwa Gatanu ushize yishwe n’umwe mu ngabo yo mu mutwe wa Mai Mai nawo ukorera mu mashyamba ya Congo.
Nyirambonigaba Ancile, umupfakazi w’imyaka 36 n’abana be batanu barimo impanga ebyiri z’amezi atanu batuye mu mudugudu wa Gahenerezo wo mu murenge wa Huye wo ma karere ka Huye, bamaze amezi abiri bibera mu kiraro cy’ingurube.
Polisi mu karere ka Rwamagana, tariki 13/01/2012, yatwitse ibiyobyabwenge bitandukanye byafatiwe mu baturage. Mu byo batwitse harimo litiro zikabakaba 130 za kanyanga, ibiro 38 by’urumogi n’udupfunyika twarwo [bakunda kwita utubule] tugera ku 1614.
Rutahizamu ukinira Police FC n’ikipe y’igihugu, Meddie Kagere, amaze iminsi yifuzwa n’amakipe akomeye muri aka karere ariko ikipe ifite amahirwe menshi yo kumwegukana ni Saint George yo muri Ethiopia.
Umutoza wa Rayon Sport, Jean Marie Ntagwabira, aratangaza ko yamaze kubona abakinnyi batatu azagura kandi barumvikanye, gusa ngo amazina yabo aracyari ibanga.
Umusore ufite inkomoko mu Rwanda Gasana Muhamed Tchité ukinira ikipe ya Standard de Liège mu Bubiligi arifuzwa cyane n’ikipe ya Al Shabab Riyadh yo muri Arabia Saoudite.
Mu gihe umukino wa NAG (New Africa Gaming) uri kuganwa n’urubyiruko rwinshi ruwukina kugira ngo rwiyongerere amahirwe y’ubutunzi, bamwe mu bawukina bavuga ko ubahombya kandi ukanabatwara igihe kinini ariko kuwureka ngo ni ikibazo.
Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru tariki 11/01/2012 mu Bufaransa, abavoka baburanira abasirikare umunani bashinjwe na Jean Louis Bruguiere kurasa indege yari itwaye perezida Habyarimana bavuze ko byagaragaye ko ubuhamya bwatanzwe ntaho buhuriye n’ukuri kuko ababutanze bavuga ibintu bitandukanye ku kintu kimwe ndetse (…)
Guverinoma y’u Rwanda irateganya kongerera ikibuga k’indege mpuzamahanga cya Kanombe ubushobozi kuko u Rwanda rukomeza gutera imbere mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere.
Umushinjacyaha mukuru wa Repuburika, Martin Ngoga, agereranya igikorwa cy’urukiko rwa Quebec cyo kwanga ko Leon Mugesera yoherezwa mu Rwanda ku munota wa nyuma nk’igitutsi ku barokotse Jenoside yo mu Rwanda.
Tariki 13/01/2012, abacuruzi b’imiti y’ibihingwa n’iy’amatungo mu Rwanda bakoze amahugurwa yerekeranye n’imiti mishya izanywe ku isoko mu Rwanda n’uruganda rwo muri Singapore.
Ikinyamakuru cyo muri Amerika cyitwa Techcrunch cyanditse ko Google yafashwe yiba imyirondoro y’abafatabuguzi ba sosiyete yitwa Mocality yo muri Kenya mu buryo butemewe n’amategeko.
Kigali Today yabonye inyandiko zigaragaza ko uwahoze ari Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Emmanuel BEM Habyarimana, yahaye umutwe w’inyeshyamba za FDLR amadolari y’Amerika 4000 mu rwego rwo kuzishyigikira mu gikorwa cyo guhungabanya umutekano mu Rwanda.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubushinjacyaha bwa Repubulika y’u Rwanda uyu munsi tariki 13/01/2012 rivuga ko urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha muri Tanzaniya (ICTR) ruzohereza uwitwa Uwinkindi Jean Bosco kuburanishirizwa mu Rwanda mu cyumweru gitaha.