Smile Rwanda, umuryango wa ba Nyampinga na Rudasumbwa bo mu mashuri makuru na kaminuza basuye abarwayi mu bitaro bya Muhima ku cyumweru tariki 20/01/2013 babaha ibikoresnho birimo imyambaro y’abana, amavuta, ibikoresho by’isuku, pampers, omo n’ibindi.
Kimwe n’ahandi mu Rwanda, mu Karere ka Rusizi hatangijwe ku mugaragaro ibikorwa by’Intore zo kurugerero. Umuhango wabereye mu murenge wa Nkungu, kuri uyu wa kabiri, tariki 22/01/2013, ahari hateraniye abaturage bose b’uwo murenge ndetse n’intore zo kurugerero zigera kuri 169.
Ku mukino wayo wa mbere mu mikino y’akarere ka gatanu ibera muri Tanzania, ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo yatsinzwe na Misiri amanota 96 – 57, ku wa mbere tariki 21/01/2013.
Kuri uyu wa kabili tariki 22/01/2013, mu karere ka Karongi biteguye kwakira Ministre w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert, ugomba gutangiza Itorero ryo ku rugerero.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye tariki 20/01/2013 yongeye amaraso mashya mu nama z’ubutegetsi z’ibigo bitatu by’ubuzima zitari zuzuye arizo farumasi y’akarere, ibitaro bya Kigeme ndetse n’ibitaro bya Kaduha.
Ubuyobozi bw’uruganda rwa Bralirwa n’abakozi barukoramo hamwe n’imiryango yabuze ababo bibutse abakozi ba Bralirwa bayikoragamo bakicwa n’abacengezi batwikiwe muri bisi y’akazi mu mwaka wa 1998.
Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo, tariki 20/1/2013, yataye muri yombi abasore babiri batuye mu Kagali ka Nyagatovu, Umurenge wa Kimironko ibasanganye udupfunyika tw’urumogi 841; nk’uko Polisi ibitangaza.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, , kuri uyu wa kabiri tariki 22/01/2013, arasura akarere ka Rwamagana aho ari bukore ibikorwa bitandukanye birimo gutangiza icyumweru cyahariwe imiyoborere no gutaha isoko rya kijyambere.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro (EWSA) buravuga ko butazigera bukingira ikibaba umukozi wayo uzafatwa yibye insinga z’amashanyarazi.
Ikibazo cy’ibiza byagaragaye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba mu mpera z’umwaka wa 2012 bikomeje kugira ingaruka ku baturage batuye aho byabereye kuko icika ry’umuhanda ujya Bralirwa ngo ritera impanuka ubutitsa nk’uko bitangazwa n’abaturage bawuturiye.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa Handball mu Rwanda buravuga ko bugiye kwifashisha uburyo bw’umukino wo mu muhanda “street handball” mu rwego rwo kumenyekanisha uyu mukino wa handball.
Ubuyobozi bw’uruganda SOPICAF rutunganya ikawa butangaza ko ibiza by’imvura byibasiye akarere ka Rubavu by’umwihariko umurenge wa Nyamyumba rukoreramo bimaze kwangiza ibintu bifite agaciro ka miliyoni zirenga 700.
Police FC ni yo iri ku mwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, nyuma yo gutsinda Espoir FC igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane wabereye i Rusizi ku wa gatandatu tariki 19/01/2013.
Mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera harimo kubakwa ubuhunikiro bw’imyaka bufite ubushobozi bwo kwakira toni esheshatu z’umusaruro uzaba watunganijwe mu nganda mbere yo kuba wajyanwa ku masoko ku gurishwa kandi ntibashe kwangirika.
Nathan Byukusenge ni we Munyarwanda warangije isiganwa ry’amagare Tropical Amissa Bongo’ ari ku mwanya wa bagufi, akaba yararangije ari ku mwanya wa 29 ku rutonde rusange ubwo ryasozwaga tariki 20/01/2013.
Tariki 21/01/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga hashishikarizwa abaturage kwitabira kujya mu bwisungane mu kwivuza, uyu muhango ukaba wabereye mu murenge wa Kibirizi mu kagari ka Uwindekezi.
Minisitiri w’Ingabo muri Uganda akaba n’umuhuza mu biganiro bya M23 na Leta ya Kongo-Kinshasa, yatangaje ko ibihugu by’Afurika byifuza ko umutwe w’ingabo z’inama y’ibihugu by’ibiyaga bigari (ICGLR) ugomba kugarura amahoro ku mipaka y’igihugu cya Kongo utayoborwa na MONUSCO.
Niyigena Leandre uri mu kigero cy’imyaka 30 utuye mu Mudugudu wa Kirehe, Akagali ka Gisozi mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke yateye kwa nyirabukwe aramukubita amukura amenyo atatu anaruma umugore we izuru mu ijoro rishyira tariki 21/01/2013.
Abashinzwe gushyira mu bikorwa umushinga wo kuvoma gaz methane mu Kivu (Kivu Watt) mu karere ka Karongi baratangaza ko gaz itakibashije kuboneka mu ntangiriro za 2013 nk’uko byari byitezwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko iyo ibibazo by’intambara ibera mu burasirazuba bwa Kongo Kinshasa biterwa nawe cyangwa n’u Rwanda muri rusange, byari kuba byarakemutse kera cyane, kuko ngo atakwishimira ko umuturanyi ahorana ibibazo nka biriya.
Ntawimenya Théobard w’imyaka 48 utuye mu mudugudu wa Rwabigaro, akagari ka Muganza, umu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ari mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kuraswa amasasu abiri n’abantu bitwaje imbunda bashaka kumwiba.
Mugenzi Yonas utuye mu murenge wa Karama mu karere ka Nyagatare yashinze uru ruganda rukora inzoga IPROVIBAMA ahereye ku mafaranga miliyoni imwe none nyuma y’imyaka ine ageze kuri zirindwi.
Kubera ubuzima bubi babagamo, abana benshi bahunguka bavuye mu mashyamba ya Congo barwaye indwara ya bwaki.
Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen. Frank Mushyo Kamanzi, aravuga ko kwitoza ari umuco waranze ingabo z’u Rwanda (RDF) kuva kera, kugirango zibashe kunoza umurimo ndetse no kugera ku ntego bihaye.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa mbere, tariki 21/01/2013, imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite pulake RAA 636X yari ivuye ahitwa ku cyapa yerekeza ku Rusizi rwa mbere yagonze imwe mu nyubako z’itorero Anglican mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi.
Mukarusagara Maria utuye mu mudugudu wa Mont Cyangugu, akagari ka Cyangugu, umurenge wa Kamembe ho mu Karere ka Rusizi, wafatanywe amasasu abiri y’imbunda yo mu bwoko bwa SMG.
(*Ibishya muri Kigali muri uyu mwaka wa 2013 birakaze !) Salama ba Ndugu ! (Mukomere bavandimwe!) Nizere ko mumeze fuleshi (fresh – neza) kandi ko umwaka wa 2013 mwawutangiye nta noma (nta kibazo)… Nanjye meze bon (ndaho) tu kama kawa (nk’ibisanzwe)…
U Buyapani ntibwigeze buhagarika inkunga ya miliyoni zisaga 30 z’amadolari ya Amerika zageneraga u Rwanda, ndetse bukaba bunateganya no kuyongera no gukomeza gufasha u Rwanda mu bikorwa by’iterambere n’ikoranabuhanga.
Usengimana Mechak w’imyaka 56 yaguye mpanuka yabereye mu karere ka Kamonyi ubwo Ambulance yari imuvanye mu karere ka Nyamasheke imujyanye mu bitaro bya CHUK i Kigali nyuma yo kugongwa n’imodoka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko muri iki gihe ntacyo yavuga kubyo bamwe mu baturage bamaze igihe bamusaba kuvugurura itegeko nshinga, kugirango bimuheshe ububasha bwo gutorerwa manda ya gatatu.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko bitarenze ukwezi kwa mbere umwaka wa 2013 abaturage baturiye ibirunga bakuwe muri nyakatsi ariko bakaba baba mu mazu adahomye, bagiye kwegerezwa itaka ryo guhoma amazu yabo.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) gifatanyije n’umushinga WCS ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, bakoranye igitaramo cy’ubukangurambaga n’abaturage bo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kubakangurira kubungabuga iyi Parike.
Mu rwego rwo kureba aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa muri uyu mwaka w’imihigo ya 2012-2013, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza bwateguye igikorwa cyo kureba aho abakozi bawo bageze bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.
Nyuma y’aho wageraga mu mujyi wa Byumba ugasanganirwa n’ivumbi gusa ndetse ukabona ko umujyi waho utajyanye n’igihe tugezemo ubu akarere ka Gicumbi kari gutunganya imihanda ishyiramo kaburimbo bikazatwara akayabo ka miliyoni zirenga 199.
Abaturage b’umurenge wa Musange by’umwihariko urubyiruko barasabwa kuzabyaza umusaruro uruganda ruzatunganya umutobe w’inanasi n’ibitoki ruzubakwa n’urubyiruko muri uyu murenge wa Musange mu kagari ka Masizi.
Ubuyobozi bw’ishuri ESECOM riri mu karere ka Nyamagabe buratangaza ko imibereho y’abanyeshuri itari myiza yavuzwe kuri iki kigo ubu iri gukosorwa, ndetse n’ireme ry’uburezi rikaba riri kwitabwaho.
Nyuma y’uko umuhanzi Kitoko abimburiye abandi mu gusezera Salax Awards y’uyu mwaka, n’abandi bahanzi barimo Rafiki, Alpha Rwirangira na Uncle Austin basezeye bavuga ko babitewe n’impamvu zabo bwite.
Babinyujije ku rubuga rwa Facebook, abantu benshi bavuga ko badashimishijwe n’ukuntu bakorerwa isakwa bagiye gusenga, abandi nabo bakavuga ko babona ari ngombwa bitewe n’impamvu z’umutekano.
Ababyeyi bo mu karere ka Ruhango batuye mu duce twamaze kugeramo iterambere nk’umuriro bahangayikishijwe n’insinga z’umuriro zinyura mu butaka ko zishobora kubaca ku rubyaro.
Mu rwego rwo gushyira imbere imikoranire myiza hagati ya Polisi ndetse n’abaturage, ku cyumweru tariki 20/01/2013, Abapolisi bakorera mu karere ka Rulindo bakinnye n’abamotari nabo bakorera muri aka karere batsindanwa igitego 1-1.
Intsinzi y’ibitego 3-0 Rayon sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport, yatumye yegukana igikombe cya ‘Football Rwanda Media Limited Cup’ (FRM cup) mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumeru tariki 20/01/2013.
Abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside bibumbiye muri AERG-KIST/KHI ishami rya Nyamishaba mu karere ka Karongi, tariki 19/01/2013, bizihije isabukuru y’imyaka 12 umuryango umaze ushinzwe.
Abaturage bitanze kurusha abandi ngo imihigo y’umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara igerweho bahawe certificat z’ishimwe, ndetse umunyamabanga nshingwabikorwa w’umudugudu wabaye uwa mbere ahabwa igikombe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwasuye inyubako z’ikigo nderabuzima cya Nyakiliba bwemeje ko izo nyubako zifite ubuziranenge bitandukanye n’ibyari byaravuzwe na Nyanama y’ako karere yari yaravuze ndetse igasaba ko rwiyemezamirimo wazubakaga ahagarika imirimo.
Mu gihe gahunda ya Leta y’u Rwanda ishishikariza abantu guhanga indi mirimo itari iy’ubuhinzi, abana bose bakajya mu ishuri, abantu bagatura mu midugudu bityo hakaboneka ubutaka bugaragara bwo guhinga, Abanyarwanda bakwiye gutangira guhinga bifahishije imashini.
Abitabiriye inama ya komite mpuzabikorwa y’Intara y’amajyepfo yabereye i Huye kuwa kane tariki 17/01/2013 bagaragaje ko kuba amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza yariyongere bishobora kuba aribyo bituma butitabirwa nk’uko byari byitezwe.
Nyirambonyimana Noella w’imyaka 36 y’amavuko wari Umucungamutungo (Comptable) wa Koperative Umurenge SACCO yo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi kuri uyu wa 19/01/2013 akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ngo anyereze umutungo.
Mu nama ya komite mpuzabikorwa y’Intara y’Amajyepfo yabereye i Huye kuwa kane tariki 17 Mutarama, abayobozi bagaragaje ko abaturage bashishikarizwa guhinga no korora kandi umusaruro ukaboneka, ariko ko igisigaye ari ugushaka uburyo uwo musaruro wakongererwa agaciro udapfuye ubusa.
Nk’uko byagaragajwe n’inama y’abafatanyabikorwa mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero, abantu bagera kuri 301 bakorewe ibikorwa by’ihohoterwa mu mwaka ushize wa 2012.