Uwizeyimana Bonaventure akinira mu ikipe ya Benediction y’i Rubavu, ni we wasize abandi bakinnyi 39 bari bahanganye mu isiganwa ry’amagare Kigali- Rusumo ryabaye ku cyumweru tariki 03/02/2013.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi barakomereka mu mpanuka zirindwi zabereye mu turere dutandukanye tw’igihugu mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 03/02/2013.
Mukanyuzahayo Vestine utuye mu murenge wa Murama wiyemerera ko abana na virus itera SIDA yemeza ko yari asigaranye abasirikare b’umubiri batatu hanyuma nyuma yo kunywa amata y’ihene (amahenehene) ubu akaba ageze ku basirikare 1019.
Ihuriro ry’amashyirahamwe y’abagore arwanya ihohoterwa (COCAFEM) rirasaba ko ibihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari byakubahiriza amasezerano y’ingingo ya 19 yo mu itangazo ryashyiriweho umukono i Kampala tariki 15-16/12/2011.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ikoranabuhanga (ICT) rifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’ako karere kuko rikoreshwa n’abantu b’ingeri zitandukanye mu bikorwa byabo bya buri munsi kandi abaturage bamaze kumenya ko ICT ari iy’abantu bose.
Umucamanza ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya yatakaje akazi ke nyuma yo gusezererwa azira gusinzira mu rukiko yarangiza agakatira uwaburanaga igifungo cy’imyaka itanu.
Icyegeranyo cyakozwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) cyo kuva tariki 01/07/2012 kugeza tariki 18/01/2013 cyashyize akarere ka Karongi ku mwanya wa mbere naho akarere ka Nyabihu gashyirwa ku mwanya wa nyuma mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé).
Bamwe mu Banyarwanda batahutse bavuye mu mashyamba ya Congo batangaza ko bicuza impamvu bari baraheze muri congo aho ngo bahuye n’ubuzima bubi cyane ndetse bamwe ngo bakaba barabuze imiryango yabo.
Ikigo cy’Ububiligi gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (CTB) gifatanije na minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), cyashyikirije by’agateganyo ibitaro bikuru bya Kaminuza ishami rya Butare (CHUB), inyubako zizabifasha kwagura inyubako no gutanga serivisi nziza z’ubuzima ku barwayi bagana ibyo bitaro.
Sohaib Nkweno, utuye mu Murenge wa Cyanzarwe, Akarere ka Rubavu yatawe muri yombi na polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali i Nyabugogo imusanganye udupfunyika 1500 tw’urumogi yari ajyanye mu Mujyi wa Kigali.
Abantu biganjemo insoresore n’abandi birirwa ku muhanda wa kaburimbo Muhanga-Ngororero cyane cyane mu gice kiri mu karere ka Ngororero bamaze iminsi bakora ubujura bwo gushikuza abagenzi ibyo bafite mu ntoki cyane cyane ku bagenzi bari mu mudoka.
Muri gahunda akarere ka Huye gafite yo guhuriza hamwe ibikorwa by’abanyabukorikori n’inganda, abanyabukorikori bakorera ahitwa mu Rwabayanga mu mujyi wa Huye bagiye kwimurirwa i Sovu mu murenge wa Huye.
Abitandukanyije n’abacengezi bo mubyiciro bya 40, 41, 42 na 43 bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barakangurirwa kwibumbira hamwe bashaka icyabateza imbere mu rwego rwo kwivana mu bukene.
Imyanzuro yashyizwe ahagaragara n’urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge tariki 31/01/2013, yanzuye ko Nyagatare Jean Luc atari umunyamigabane muri radio one kuko atigeze yubahiriza amasezerano n’uwo bari bafatanyije kuyishinga ari we Kakoza Nkuriza Charles a.k.a KNC.
Ku cyumweru tariki 03/02/2013 kuri Stade ya Musanze, ikipe ya Gicumbi Handball Club yegukanye igikombe cy’umunsi w’intwari itsinze Police HC ku mukino wa nyuma, naho ESI Mukingi itwara igikombe mu bagore.
Uwanyirigira Canisius utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango arifuza ko itegeko nshinga ryahindurwa bakongera kwitorera Perezida Kagame.
Cote d’Ivoire na Togo zahabwaga amahirwe yo gukomeza muri ½ cy’irangiza mu gikombe cya Afurika kibera muri Afurika y’Epfo, zatunguwe no gusezererwa na Nigeria na Burkina Faso, ubwo zakinaga imikino ya ¼ cy’irangiza ku cyumweru tariki 03/02/2013.
Abahinzi b’imboga bo mu murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu bashinze Koperative COPAGI ifite umushinga wo gukora umutobe mu mboga za karoti na beterave. Uwo mutobe ngo ushobora kumara igihe kandi ugacuruzwa ku mafaranga menshi aruta ayo bahabwa zikiva mu murima.
Ibirori byo kwizihiza umunsi w’Intwari byitabiriwe n’abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye baturutse ku bigo 9 byo mu murenge wa Runda. Ubutumwa bwatanzwe, bwibanze ku kwihatira gukora ibikorwa byiza, kuko ari byo biganisha ku butwari.
Bucyanayandi na Jean Baptiste Nkurunziza bafungiye kuri station ya polisi Kicukiro mu mujyi wa Kigali bakurikiranweho ubujura bwa moto yibiwe kuri stade y’akarere ka Muhanga mu Ntara y’amajyepfo tariki 23/01/2013.
Abaturage b’umurenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi barakangurirwa kwigira ku bikorwa by’ubutwari byaranze ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zitanze zikabohora igihugu ndetse n’izindi ntwari zibukwa buri tariki ya mbere Gashyantare kuko bigaragaza urukundo bakunda igihugu cy’u Rwanda.
Umugore witwa Uwimana Faraziya utuye mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare ari mu maboko ya Polisi akekwaho kuroga umuhungu yari abereye mu kase wapfuye umwaka ushize, ndetse n’umukecuru Donatila Mukakabera ubu wivuza.
Abana 11 bo mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi bariye inyama zihene yipfishije, mu gitondo cya tariki 01/02/2013 zibagwa nabi boherezwa ku kigo nderabuzima cya Nkaka bahageze babona bibarenze bahita bajyanywa mu bitaro bikuru bya Gihundwe.
Urubyiruko rwiganjemo urwiga mu mashuri yisumbuye ni rwo rwitabiriye kwizihiza umunsi w’intwari ari rwinshi tariki 01/02/2013, mu birori Akarere ka Huye kijihirije kuri sitade Kamena iherereye mu mudugudu wa Kabutare, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma.
Hategekimana Faustin w’imyaka 44 utuye mu kagali ka Gataba mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke, tariki 01/02/2013 yambitswe anikorezwa ibigori byibwe n’abagore be babiri.
Nubwo yanze kwitabira CECAFA y’umwaka ushize, Mbuyu Twite ukinira u Rwanda yitwa Gasana Eric, yongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu (Amavubi) izakina umukino wa gicuti na Uganda tariki 06/02/2013.
Ikipe y’igihugu ya Ghana na Mali ni zo zabonye bwa mbere itike yo kuzakina ½ cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera muri Afurika y’Epfo, mu mikino yabaye ku wa gatandatu tariki 02/02/2013.
Nyuma y’iminsi yari ishize shampiyona y’umukino wa Basketball mu Rwanda mu bagabo no mu bagore isubitswe kugirango hategurwe ikipe z’igihugu zitabiriye imikino y’akarere ka gatanu, kuri uyu wa gatandatu tariki 02/02/2013 shampiyon yarasubukuwe mu bagabo, hakinwa imikino itatu.
Mu karere ka Karongi bizihije umunsi w’Intwari baremera abatishoboye kuko ngo nta butwari butagira ibikorwa. Ku rwego rw’akarere ibirori byabereye mu murenge wa Murambi hanabereye ikindi gikorwa cyo gutangiza ibikorwa byo kurwanya SIDA.
Kimwe n’ahandi mu gihugu, akarere ka Ruhango nako kizihije umunsi mukuri w’intwari,tariki 01/02/2013, aho abaturage basabwe kuba abanyakuri kuko ariko shingiro ry’ubutwari.
Kimwe n’ahandi mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, mu karere ka Kirehe bizihije umunsi w’intwari, wizihirijwe mu mu murenge wa Gahara uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi, aho n’Abarundi bari bitabiriye uyu munsi mukuru.
Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko iyo umuntu akoresha ukuri kandi akanga ikibi aho kiva kikagera aba agana inzira y’ubutwari kuko Intwari iharanira kugana mu murongo mwiza.
Polisi y’igihugu, ishami ryayo rya Ruhango, iravuga ko iri muri aka karere ku mpamvu z’umutekano w’abaturage igasaba abatuye aka karere kuyegera ikabafasha.
Abashoramari b’Abanyarwanda n’abo mu gihugu cy’Afurika y’epfo bashyizeho urwego rubahuza (Rwanda-South Africa Business Council), mu rwego rwo korohereza buri wese guteza imbere ubucuruzi bwe, no gukora ubukangurambaga kuri bagenzi babo baba mu Rwanda no muri Afurika y’Epfo.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri, Protais Musoni, ubwo yari yagiye kwifatanya n’abatuye akarere ka Gatsibo mu kwizihiza umunsi w’intwari wizihijwe tariki 01/02/2013, yabibukije ko ibikorwa intwari ikora ibikorera abandi itiyitayeho.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge, ku mugoroba ubanziriza umunsi mukuru w’intwari wizihijwe tariki 01/02/2013, yatanze ikiganiro mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bumba, akangurira abanyeshuri kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari bagaca ukubiri n’ubugwari.
Abandi Banyarewanda 24 batahutse kuri uyu wa kane tariki 30/01/2013, bakigera mu nkabi ya Nyagatare bahise batangaa ko ubuzima bwo mu mashyamba bumaze kubava ku nzoka, kuko bose uko batahutse nta numwe ufite ubuzima bwiza.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyanza mu kwizihiza umunsi w’intwari kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, yabasabye ko bagomba kugera ikirenge mu cy’Intwari bibuka kuko gkora ari ibya buri wese.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi bo mu mudugudu wa Kivomo akagari ka Gitarama, umurenge wa Bwishyura mu karere Karongi baravuga ko ubuyobozi bwabatereranye, ntibwabafashe gutunganya aho ababo bari barajugunywe none ubu ngo hasigaye hakinirwa umupira n’insoresore zo mu gasantire ka Gitarama.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Umubitsi n’umucungamari ba SACCO y’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bacumbikiwe kuri station ya Polisi y’akarere ka Karongi, nyuma yo kwiguriza amafaranga ya SACCO nta burengenzira. Kesiyeri we afunze azira kubakingira ikibaba.
Uruhnjwa rwahawe izina rya Esperance ni rwo rwavukiye bwa mbere mu nz nshya y’ikigo nderabuzima cya Matyazo, mu masaha y’ijoro mbere ho gato ngo gitahwe ku mugaragaro, kuwa Gatanu tariki 01/02/2013.
Abasirikare bakuru bari mu ishuri ry’i Nyakinama basuye akarere ka Kirehe mu rwego rwo kureba aho i bikorwa bitandukanye birimo n’ikoranabuhanga bigeze muri. Mu rzinduko bagize kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, banagirana ibiganiro na njyanama y’aka karere.
Mu kiganiro cy’abaturage b’imirenge ya Nyundo, Kanama, Nyakiriba na Kanzenze bagiranye n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza Prof Shyaka Anastase, basabye ubuyobozi bw’iki kigo kubakorera ubuvugizi ku bibazo bibabangamiye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr. Alvera Mukabaramba, kuri uyu wa Gatanu tariki 1/02/2013, yasuye Intore ziri ku rugerero mu kagari ka Gihinga umurenge wa Gaurabwenge, zimutangariza uko ibikorwa bigenda n’imbogamizi bahura na zo.
Umuntu ubarwa nk’intwari muri iki gihe, ni ufite ubupfura n’ubunyangamugayo n’ibikorwa by’ubukungu bifasha mu guhindura imibereho y’abaturage myiza, nk’uko yari intero yaranze ibirori byo kwizihiza uyu munsi ngarukamwaka, kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013.
Ministeri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashakisha uburyo abahinzi bo mu karere ka Gicumbi babona aho bagurisha umusaruro wabo w’ingano nyuma y’aho byagaragariye ko inganda zikora ibituruka ku ifaraini zitagura izo ngano bavuga ko zitavamo ifaraini nziza.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Afurika ryemereye Ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo kuzitabira imikino y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire muri Kanama uyu mwaka.
Abakuru b’imidugudu 59 yo mu karere ka Kamonyi bakoze neza mu gukangurira abaturage kubahiriza gahunda za leta no gutanga serivisi nziza bahembwe amagare kuwa kane tariki 31/01/2013.