Jacqueline Tuyishimire utuye mu mudugudu wa Terimbere mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, kuwa Kane tariki 07/03/2013 yerekeje kuri sitasiyo ya Polisi ya Gihango asaba ko umugabo we uhafungiye yarekurwa, nyuma y’uko yari amaze iminsi afunze azira kumukomeretsa.
Ubwo abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Star III bajyaga gusinya amasezerano (contract), y’imikoranire na Bralirwa muri iki gikorwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 08/03/2013, batunguwe n’igabanuka ry’amafranga bagombaga guhabwa.
Ikigega cy’ingoboka ku mpanuka ziterwa n’ibinyabiziga cyangwa inyamaswa (Sepecial Guarantee Fund), gifitanye urubanza n’ibigo by’ubwishingizi, nyuma yo gutsindira miliyoni 69 cyari gifitiwe n’ikigo cy’ubwishingizi cya SONARWA, kikaba kikirimo kuburana izindi miriyoni 119 gifitiwe na COGEAR.
Umunsi wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore mu karere ka Rubavu abagore bashimira guhabwa ijambo mu nzego zifata ibyemezo no kugira uruhare mu iterambere, kuko byatumye bitinyuka bakanahamya ko imbaraga zabo zizakomeza kubaka igihugu.
Ikipe ya APR FC irakina na Rayon Sport kuri uyu wa Gatandatu tariki 09/3/2013 idafite abakinnyi benshi igenderaho barimo Jean Claude Iranzi, Emery Bayisenge na Michel Rusheshangoga.
Umugabo witwa Nzeyimana Paul w’imyaka 47 wo mu mudugudu wa Rusizi akagali ka Nyakogo umurenge wa Kinihira akarere ka Ruhango, afungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana kuva tariki 08/03/2013 acyekwaho gusambanya abana batanu babaturanyi.
Charles Uwimana w’imyaka 49, aracyekwaho gusambanya Intama y’umuturanyi we witwa Rudakubana Bertrand utuye mu mudugudu wa Rusizi akagali ka Nyakogo umurenge wa Kinihira, akarere ka Ruhango.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Emma Francoise Isumbingabo, aratangaza ko nta murimo ukorwa n’abagabo wananira abagore kuko ingero zibigaragaza ari nyinshi ahereye no kuri we bwite.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka w’umugore wijihijwe kuri uyu wa gatanu tariki 08/03/2013, intumwa ya rubanda Gahongayire Aureria yasabye abagabo n’abagore gufatanya kuko ariyo nzira izageza u Rwanda ku iterambere.
Minisitiri w’uburezi mu Rwanda, Dr.Vicent Biruta, atangaza ko kuba umugore mu Rwanda yarahawe agaciro atari ko mu bindi bihugu byo ku isi bimeze, kuko hari ibihugu bimwe na bimwe usanga bidaha abagore uburenganzira ubwo aribwo bwose.
Bigenze neza mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2014, mu Rwanda haratangira gukoreshwa uburyo buri ku isonga mu kwihutisha itumanaho rya internet bwa 4G LTE mu iki gihe, nyuma y’aho Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gisinyanye amasezerano na kompanyi y’itumana yo muri Koreya (KT) izazana ubwo buryo.
Umufasha wa perezida wa repubulika y’u Rwanda madamu Jeannette Kagame arasaba ababyeyi n’Abanyarwanda muri rusange guha agaciro gahunda y’Umugoroba w’Ababyeyi, kugeza ubwo bibaye umuco nk’uko no gukora umuganda byabaye umuco w’Abanyarwanda.
Visi Perezida w’Inteko ishinga Amategeko mu Mutwe w’Abadepite, Kankera Marie Josée aratangaza ko yishimira urwego rw’imyumvire y’iterambere abagore bo mu karere ka Nyamasheke bagezeho.
Intumwa yihariye y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika, Ambasaderi Aboubacar Diarra mu karere k’ibiyaga bigari aremeza ko mu byumweru bike ingabo z’amahanga zigomba guhangana n’imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo zizaba zahasesekaye ndetse izi ngabo ngo zikazaba zinashinzwe no kubungabunga imipaka y’ibihugu bihana (…)
Kuri station ya polisi ya Kinigi mu karere ka Musanze hafungiye umugore ukurikiranyweho kuba yarafatanyije n’umwana we bakica uwari umugabo we bashakanye witwaga Ntawukizwanuwe Jean de Dieu witwa mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 06/03/2013 babanaga ahitwa Munaga mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere RGB, Rwanda Governance Board kiravuga ko Imiryango nyarwanda itari iya leta n’ishingiye ku madini izageza ku itariki ya 09/04/2013 itaruzuza ibisabwa n’itegeko rishya rigenga za ONGs izaba yisheshe ubwayo ku buryo budasubirwaho.
Abanyeshuri biga mu mashuri makuru na kaminuza z’u Rwanda ngo ntibagishaka kwitwa intiti zitagira ibikorwa ndetse bamaze gutangiza gahunda bise Students on field izabageza hirya no hino mu gihugu bagahura n’Abanyarwanda, bagamije kubafasha mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuvuga imyanya ndangabitsina mu ruhame atari ukwiyandarika cyangwa gushira isoni, baremeza ahubwo ko ari uburyo bwo gutanga ubutumwa bukiza abantu benshi kuko hari abahura n’ibibazo bitewe n’uko badasobanukiwe n’ubuzima bw’imyororokere.
Kubera ikibazo cyo gutanguranwa abagenzi b’imodoka za Express mu mujyi wa Ruhango, bamwe mu bakozi b’izi modoka bamaze iminsi barebana nabi ndetse bamwe bakaba batangiye kurwana byeruye bapfa abagenzi buri wese aba ashaka gutwara muri agence ye.
Nyuma y’umugabo w’umunyamerika witwa Timothy Brown wavuzwe ko yakize SIDA mu mwaka wa 2007, ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters biravuga ko hari undi muntu utuye i Mississipi nawe aherutse gukira icyo cyago.
Ubwo yatangizaga ku rwego rw’igihugu gahunda yiswe utugoroba tw’ababyeyi ku mugoroba wo kuwa kane tariki 07/03/2013, minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Oda Gasinzigwa, yashimangiye ko utwo tugoroba tuzafasha mu gucyemura ibibazo binyuranye birangwa mu miryango kandi abayigize bakigira hamwe uko bakwiteza (…)
Umujyi wa Kigali uri gukora igenzura mu mazu y’imiturirwa yubakwa muri uwo mujyi ngo hamenyekane neza ko hubakwa amazu mberabyombi azakorerwamo n’inzego zinyuranye z’imirimo kugira ngo bizagabanye umubyigano w’imodoka mu mihanda uterwa n’uko benshi baba bajya gushaka servisi ahandi hanze y’inyubako baba barimo.
Abaturage bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke barishimira ko babonye umuhanda mwiza uri gukorwa mu murenge wabo, bikazacyemura ikibazo cy’ingendo kandi ngo gukora uyu muhanda byatumye babona akazi kabaha amafaranga bazakoresha bakiteza imbere.
Charlotte Niyongabire w’imyaka 17 y’amavuko yabashije kurokoka ibitero bibiri yagabweho n’abagizi ba nabi mu bihe bitandukanye nyuma y’uko bari bamwitiranyije na nyirabuja, ariko bamara kubona ko bamwibeshyeho na bwo ntibamureke, ahubwo bakagerageza kumwica kugira ngo atazabavuga.
Umugabo witwa Ralph Napierski wo mu gihugu cy’u Butaliyani, kuri uyu wa mbere tariki 04/03/2012, yigize musenyeri wo mu bitwa Aborutodogisi bazwi ku izina rya Basile kugira ngo abashe gukurikirana inama y’abayobozi bakuru ba Kiliziya Gatulika i Vatikani itegura itorwa rya Papa.
Inzego z’umutekano wo mu mazi mu karere ka Rubavu ziratunga agatoki abakora uburobyi mu kiyaga cya Kivu kwitwaza intwaro mu gihe baroba. Abarobyi ariko bo baravuga ko bitwaza intwaro bagamije kwicungira umutekano kuko ngo muri iki kiyaga hakorerwamo ubujura.
Mu biganiro Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda Hwang Soon Taik yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Pierre Damien Habumuremyi kuri uyu wa kane tariki 07/03/2013, abayobozi bombi bashimangiye ubucuti n’umubano ibihugu byombi bifitanye, ndetse Koreya yemera kuzakomeza gutera u Rwanda umusanzu mu rugamba (…)
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke babonye n’amaso yabo imashini zihinga ndetse banazibona zihinga ku butaka bw’iwabo mu gikorwa bamwe bise igitangaza ku wa kabiri tariki ya 05/03/2013 ubwo izo mashini zasesekaraga muri Nyamasheke.
Umujyi wa Kigali watangije igikorwa giterwa inkunga na TIGO kikaba cyari kimaze igihe gitegerejwe cyiswe “Televiziyo imwe mu mudugudu” n’ikoranabuhanga mu rwego rwo gufasha abaturage kugera ku makuru byihuse, igikorwa cyatangirijwe mu mudugudu wa Nyarurama, akarere ka Kicukiro kuwa gatatu tariki 06/03/2013.
U Rwanda ngo rwiyemeje kutazigera rutezuka ku miyoborere myiza nk’uko byemezwa na Senateri Ncunguyinka Francois, umwe mu bagize inama y’ubuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB, Rwanda Governance Board.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwandacell yamenyesheje abafatabuguzi bayo ko ibafitiye servisi nyinshi zikoreshwa muri telefone yo mu bwoko bwa blackberry, ikaba ibasaba kudapfusha ubusa umwihariko w’iyo telephone.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball mu batarengeje imyaka 20 yabonye bidasubirwaho itike yo kuzakina imikino y’igikombe cy’isi kizabera muri Turukira muri Kanama uyu mwaka, nyuma yo kwitwara neza ikabona itike yo gukina ½ cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera muri Tuniziya.
Ku cyumweru tariki ya 03/03/2013, umugore turi bwite Kanakuze wo muri Kabaya yakubiswe ibisura n’undi mugore ubwo yari arimo gusenga mu rusengero rw’idini rya ADEPR ahitwa Gakararanga muri uwo murenge.
Impuguke zagenwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ngo zicukumbure kandi zigaragaze ukuri ku bimaze igihe bivugwa ku bayobozi b’u Rwanda n’ingabo z’igihugu yagaragaje ko u Rwanda rwarenganiye bikomeye mu mutekano muke urangwa mu burasirazuba bwa Kongo kandi ngo mu by’ukuri nta ruhare u Rwanda rwagize mu kuwuhungabanya, (…)
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 20 yiyongereye amahirwe yo kujya muri ½ cy’irangiza mu gikombe cya Afurika kirimo kubera muri Tuniziya, nyuma yo gutsinda Sierra Leone amaseti atatu ku busa mu mukino wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 05/03/2013.
Singiza Music iri gutegura igitaramo yise “Rise up and praise concert” gifite intego yo guhishurira amahanga ubugari no gukomera kw’Imana kizabera muri Auditorium ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Huye kuwa gatanu utaha tariki ya 15/03/2013.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Lt. Gen. Charles Kayonga aravuga ko kuba FDLR iri mu burasirazuba bwa Congo ariyo mpamvu nyamukuru yatumye havuka indi mitwe yitwaza intwaro harimo ishamikiye kuri FDLR bafatanya mu bikorwa byo kwica no gufata abagore n’abakobwa ku ngufu ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro irwanya FDLR (…)
Twizerimana Jean Paul wajyaga kwiga mu karere ka Ruhango ari ku igare yagonze umukecuru witwa Nyirangamije Evelyne w’imyaka 76 y’amavuko mu gitondo cyo ku itariki ya 06/03/2013 maze bombi bajyanwa mu bitaro bya Nyanza bakomeretse bikomeye ku buryo ibitaro bya Nyanza byahise bibohereza mu bitaro CHUB bya Kaminuza y’u Rwanda (…)
Nyuma y’uko urutonde rw’abahanzi 11 bazahatanira irushanwa rya PGGSS 3 rugiye ahagaragara Jay Polly ntarubonekeho, benshi mu bafana be n’abakurikiranira hafi ibya muzika nyarwanda bahamya ko ibi byaba byaratewe n’ikibazo uyu muhanzi yagiranye n’abanyamakuru umwaka ushize.
Guverinoma y’u Rwanda imaze gusinyana Banki y’Isi amasezerano y’icyiciro cya kabiri cy’inguzanyo y’amadolari miliyoni 60 azakoreshwa mu gutanga amashanyarazi mu gihugu.
Minisitiri Oda Gasinzigwa ushinzwe Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango yatangarije i Kigali ko mu mpera z’icyi cyumweru mu Rwanda hazatangizwa gahunda yiswe umugoroba w’ababyeyi, aho bazajya baganirira kandi bakigiramo ubumenyi bw’ingenzi mu kurera no gufasha abana b’abakobwa gukura bazi byinshi ku buzima bwabo.
Abanyeshuri bize mu kigo cy’amashuri cya IFAK baba ku mugabane w’i Burayi mu mugi wa Lyon mu Bufaransa babifashijwemo n’abandi banyarwanda baba mu mahanga bateguye igitaramo bise "Shining in Lyon" kikaba ari igitaramo kizaba kuri uyu wa gatandatu tariki 09/03/2013 guhera ku isaha ya saa yine z’umugoroba (22 :00-11 :00) (…)
Mu rwego rwo kwitegura neza umukino uzahuza u Rwanda na Mali mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014, ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi izakina umukino wa gicuti n’iy’igihugu cya Libya tariki ya 20/03/2012 kuri Stade Amahoro i Remera.
Kubera ko inkambi ya Kigeme yari yagenewe kwakira impunziz’Abanyekongo bakomeje guhungira mu Rwanda, ubu minisiteri ishinzwe Impunzi no Gukumira Ibiza mu Rwanda iri gushakisha ahandi izi mpunzi zikomeje kwiyongera zakoherezwa.
Ubushakashatsi bwakozwe n’akarere ka Ruhango ngo bwagaragaje ko hari abaturage bagera kuri 686 bafite uburwayi byunyuranye bwo mu mutwe ariko ngo akarere kagiye gutegura gahunda inoze y’uko bavurwa bakanitabwaho.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amarenga y’intoki abashoferi bakoresha babwirana aho abapolisi bahagaze mu muhanda ari mu biteza impanuka nyinshi.
Nyuma yo gusoza imikino ya shampiyona, ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda FERWABA ryateguye imikino ihuza amakipe ane yabaye aya mbere mu bagore (women play-offs) izatangira ku wa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe rigamije gufasha abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda riratangaza ko uku kwezi kwa Werurwe kuzarangira ibyo bibazo byarangije gukemuka, n’ibitararangira bikazaba bifite umurongo uhamye.
Mu rwego rwo guca ingeso mbi ya bamwe mubaturage banga gufatanya n’abandi mu kwicungira umutekano binyuze mu marondo ndetse no kurwanya umuco mubi wo kudatabarana igihe hari utabaje, umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon araburira abaturage ko abo ibyo bizajya bigaragaraho bazajya bishyuzwa ibyibwe cyangwa (…)