Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Kibuye mu karere ka Karongi, buratangaza ko nta kanseri y’inkondo y’umura igaragara mu bana b’abakobwa cyangwa indwara ya rubewore yibasira impinja n’ababyeyi batwite muri ako gace.
Nyuma y’uko umuhanzi Eric Senderi International Hit agaragariye ku rutonde rw’abahanzi 11 bazahatanira kwegukana insinzi ya PGGSS 3, hari bamwe mu bakunzi ba muzika bahamya badashidikanya ko uyu muhanzi ashobora kwegukana iki gikombe.
Abayobozi ba Polisi y’igihugu n’izindi nzego zishinzwe umutekano nibo yabimburiye izindi nzego za Leta mu guhugurwa ku ikoreshwa ry’Itumanaho n’Ikoranabuhanga ICT hagamijwe kongera umusaruro no kwihutisha akazi mu mahugurwa yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 12/03/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bugiye kwihutisha igikorwa cyo kurwanya isuri, nyuma y’uko ako karere kari mu turere twagawe na minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi, inama yagiranye na bamwe mu baminisitiri bagize guverinoma, ba guverineri b’intara, abayobozi b’uturere n’abayobozi b’ibigo (…)
Nzeyimana Célestin ni watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (National Paralympic Committee- NPC Rwanda) mu matora yabaye kuwa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera barasabwa kutegera uruzitiro rw’iyo Parike kuko bashobora gufatwa n’amashanyarazi baramutse barwegereye kuko urwo ruzitiro rukozwe n’insinga n’ibyuma byashyizwemo amashanyarazi kugira ngo ajye akanga inyamaswa zirwegereye ntizibashe gusohoka muri Parike.
Abahagarariye abajyanama mu bigo nderabuzima na bamwe mu bakozi bo mu karere ka Nyanza bari kwigishwa gukoresha amarenga ngo bazabashe gufasha no kumvikana n’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga igihe cyose bazaba babakeneyeho serivisi.
Abakuru b’imidugudu 50 bitwaye neza mu tugari tugize akarere ka Kayonza bahawe amagare y’ishimwe azaborohereza ingendo mu kazi kabo ka buri munsi, bakaba bahawe ayo magare nk’ishimwe ry’uko bafite imiyoborere myiza mu midugudu yabo.
Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise avuga ko iyo umuturage ahawe serivisi mbi bimutwara umwanya aba agomba gukoresha mu mirimo imuteza imbere, kandi ngo igihombo umwe mu baturage agize gitera buri wese guhomba kuko uwo uhombye aba ari umuguzi w’abacuruzi, umuterankunga n’inshuti ya buri wese.
Muri gahunda yo gukomeza kwegera abaturage mu kwezi kw’imiyoborere myiza, akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere ry’abaturage baraye batangije imurikabikorwa n’imurikagurisha rizamara iminsi itatu kuva tariki ya 11/03/2013 rikazasozwa tariki ya 13/03/2013, hagamijwe kwereka abaturage ibyo babakorera.
Umusaza witwa Maborogo Jean wo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yashyingiranywe n’umukecuru witwa Nyiramajoro Donata bari bamaranye imyaka babana batarasezeranye imbere y’amategeko.
Niyitegeka Galvalic na Ngendahimana Samuel bari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda kuri Station ya Gahunga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera nyuma yo gutabwa muri yombi na Polisi batwaye toni eshanu z’ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa UREA bagiye kuyigurisha magendu muri Uganda ku tariki ya 09/03/2013.
Kuva kuri uyu wa kabiri tariki 12/03/2013 ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli birazamuka aho bacururiza amavuta y’ibinyabiziga nka peteroli, lisansi na mazutu bitewe ngo n’uko igiciro cya lisansi ku isoko mpuzamahanga cyazamutse ku buryo bugaragara guhera mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ‘declaration’ ryasohotse kuri uyu wa mbere tariki ya 11/03/2013 riravuga ko habayeho impinduka hagati y’ubuyobozi bw’idini rya Islam n’ubw’ishyirahamwe AMUR, ‘Association des Musulmans au Rwanda’.
Nyirahabimbwabwa Seraphine w’imyaka 32 wari utuye mu mudugudu wa Bumboga mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, basanze yarohamye mu kagezi kwitwa Nyirakiyange apfiramo. Abazi Nyirahabimbwabwa, bavuga ko yari asanzwe afite ubumuga bwo mu mutwe ndetse akaba yanarwaraga indwara y’igicuri.
Abakurikirana politiki y’uburezi muri Ethiopia baje kwigira ku Rwanda uko ikoranabuganga rikoreshwa mu burezi, nyuma y’uko ngo bumvise u Rwanda ruvugwaho byinshi birimo gahunda ya OLpC yo gutanga mudasobwa kuri buri mwana, kwiga hakoreshejwe iya kure abiga batagiye mu ishuri, ikwirakwizwa ry’imiyoboro ya fibre optic (…)
Umujyi wa Kigali uri guhugura abakozi bawo bashinzwe imibereho y’abaturage mu rwego rwo kubafasha kumenya ibibazo bituma hari abantu bakomeje kuba mu bukene, no kumenya impamvu ituma hari gahunda za Leta zitarabageraho ngo nabo bave mu bukene batere imbere, mu mahugurwa batangiye uyu munsi kuwa mbere tariki ya 11/03/2013.
Urubyiruko rwa Kiliziya Gatulika mu mujyi wa Kigali ruri kwitegura urugendo rutagatifu bazakora ku cyumweru tariki 24/03/2013 mu mujyi wa Kigali, aho bazaba bazirikana igisibo Abakirisitu Gatulika barimo ngo bakazakora urugendo rutagatifu rw’igisibo n’amaguru basingiza Imana kandi basenga.
Twagirumukiza Innocent n’umugore we Nyiranizeyimana Jacqueline batuye mu mudugudu wa Nduruma muri Kigombye mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze basabiwe kurambikwaho ibiganza, kugirango Imana ibafashe mu buzima bushya biyemeje bwo kugendera kure amakimbirane aterwa n’ubusinzi bw’umugore.
Ishami rya Ruhango ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe amashanyarazi, amazi, isuku n’isukura EWSA riremeza ko uku kwezi kwa 3 uyu mwaka wa 2013 kuzarangira benshi mu baturage ba Ruhango bamaze kugerwaho n’amazi meza.
Charles Bandora ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yaraye agejejwe mu Rwanda kuri iki cyumweru tariki ya 10/03/2013 mu masaha ya saa moya z’ijoro aturutse mu gihugu cya Norvege.
Bamwe mu bagize Koperative y’abacuruzi b’ibikoresho by’ubwubatsi n’ububaji mu mujyi wa Kigali COPCOM baravuga ko nta cyizere bafitiye komite nyobozi yabo, kuko ngo ifite uburiganya mu gukoresha nabi umutungo wabo ndetse ngo inatera ubwoba bamwe mu bashatse kuyinenga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arashimangira ko abagore bagize uruhare rukomeye mu kubaka igihugu cyabo cy’u Rwanda bigatuma gitera imbere kikaba kigeze ku ntera nziza abantu bose babona uyu munsi.
Mu gihe ubusanzwe umuntu agira umubyeyi wamubyaye ku buryo bw’umubiri, kuri bamwe hakiyongeraho umubyeyi wa batisimu, mu murenge wa Rangiro wo mu karere ka Nyamasheke batangije gahunda bise ‘Kubyarana mu Bukungu.’
Umunyeshuri w’imyaka 17 y’amavuko wiga mu mwaka wa kabiri mu ishuri ryisumbuye ryitiriwe mutagatifu Yohani ry’i Murunda yagarutse mu kigo ku cyumweru tariki 10/03/2013, akaba yari amaze iminsi 10 yaravuye mu kigo atwawe na polisi ikorera mu karere ka Rutsiro akekwaho gukuramo inda.
Itsinda ry’impuguke mu by’ubuvuzi zirimo abasirikare n’abasivile bo mu bitaro bya gisirikare i Kanombe basuye ishuri rya Gashora Girls Academy ryigisha abana b’abakobwa kunononsora amasomo y’ubuhanga (science) bagamije gushishikariza abakobwa baryigamo gukunda no kwitabira kwiga ubuvuzi nk’uko Col. Dr Ben Karenzi uyobora (…)
Nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kicukiro kuwa gatandatu tariki ya 09/03/2013, ikipe ya Police FC irimo guhatanira igikombe cya shampiyona, ikomeje kotsa igitutu Rayon Sport iri ku mwanya wa mbere, kuko ubu iyirusha inota rimwe gusa.
Jean Bosco Hagenimana wigaga mu mwaka wa mbere mu ishuri ryisumbuye ES Murunda ryitiriwe mutagatifu Yohani ntabwo yigeze aboneka mu kigo nyuma yo guhamwa n’ikosa ryo kwituma mu cyumba abahungu bararamo dortoir.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye umucuruzi wacururizaga ahitwa Nyaruteja mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, akekwaho ubucuruzi butemewe n’amategeko bw’inyogereramusaruro zari igenewe abahinzi bo mu mirenge ya Mukura na Tumba yo mu karerere ka Huye mu Rwanda, akaba yari agiye kuzigurisha n’abacuruzi b’Abarundi nk’uko (…)
Umuryango Imbuto Foundation washyikirije ibihembo abana b’abakobwa batsinze neza ibizamini bisoza amashuri abanza, abasoje icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo.
Abanyeshuri biga muri za kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda batangije icyumweru cyo kugaragaza uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu bagendeye ku ntego imwe bihaye mu gushyira hamwe mu gutegura ejo hazaza muri gahunda bise “Students on the field” yatangirijwe ahitwa Kanembwe mu karere ka Rubavu mu burengerazuba bw’u (…)
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arashima iterambere abagore bo mu karere ka Ngoma bamaze kwigezaho binyuze mu kwihangira imirimo no gutinyuka ibikorwa n’imishinga ibyara inyungu, akabasaba gukomeza umurava no gufata ingamba zo gukemura ibikibabangamiye mu rugengo rw’iterambere.
Umuntu umwe yitabye Imana, undi arakomereka bikabije bazize inkuba zabakubise mu mvura yaguye ku mugoroba wo ku wa gatanu, tariki ya 08/03/2013. Ibi byabereye mu mudugudu wa Nyamiheha, mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Mahembe wo mu karere ka Nyamasheke.
Ikipe ya Rayon Sport yongereye amahirwe yayo yo gutwara igikombe cya shampiyona y’u Rwanda uyu mwaka, nyuma yo kunyagira mukeba wayo APR FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Mu mikino y’igikombe cya Afurika cya Volleyball mu batarengeje imyaka 20 yaberaga muri Tuniziya, ikipe y’u Rwanda yatahukanye umudari wa Bronze, nyuma yo gutsinda Maroc amaseti atatu ku busa mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wabereye i Tunis ejo kuwa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Abagore bafungiye muri gereza ya Muhanga mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bagira ikibazo cy’abagabo babo babaca inyuma mu gihe bafunze.
Umuryango Imbuto Foundation wahembye bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga, Kamonyi na Ruhango bafashije bamwe mu bana batagira kivurira kuri ubu bakaba babakesha ubuzima.
Ubwo abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sport bavaga mu karere ka Nyanza berekeza kuri Stade Amahoro mu mujyi wa Kigali, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 09/03/2013, bageze mu karere ka Kamonyi bahagonga umwana w’umukobwa ariko ntiyapfa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr Alivera Mukabaramba, arashima intambwe u Rwanda rumaze kugeraho mu gushimangira ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore haba mu nzego z’ubutegetsi no mu muryango.
Abagore bo mu magereza bajyaga bizihiza umunsi w’abagore ubwabo, ariko abafungiye muri Gereza y’i Huye bawijihije bari kumwe n’ubuyobozi bwa Gereza n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, kuri uyu wa Gatanu tariki 08/03/2013.
Buri muyobozi n’undi muntu wishoboye wo mu Karere ka Gakenke, yafashe umugore utishoboye agomba gufasha kugira ngo atere imbere, mu rwego rwo guteza imbere abagore batishoboye ngo na bo bagere ku rwego nk’urw’abandi.
Abashakashatsi b’Abanyamerika bo mu mujyi wa San Francisco bavumbuye abuhanga bwereka abantu bafite kuva ku myaka 50 kuzamura, igihe bazarangiriza ubuzima bwabo kwisi.
Karim Nizigiyimana ‘Makenzi’, umwe mu bakinnyi bafite inararibonye wanahoze ari Kapiteni wa Rayon sport, aratangaza ko kugira ngo bizere kuzatwara igikombe, bagomba gutsinda APR FC mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona bafitanye kuri uyu wa Gatandatu tariki 09/03/2013 kuri Stade Amahoro i Remera.
Abikorera bo mu karere ka Ngoma basabye ko inyubako iri mu mujyi wa Ngoma rwagati izwi ku izina rya (ONATRACOM) na gereza ya Kibungo byakimurwa, bikubakwamo inyubako z’ubucuruzi.
Jacqueline Tuyishimire utuye mu mudugudu wa Terimbere mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, kuwa Kane tariki 07/03/2013 yerekeje kuri sitasiyo ya Polisi ya Gihango asaba ko umugabo we uhafungiye yarekurwa, nyuma y’uko yari amaze iminsi afunze azira kumukomeretsa.
Ubwo abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Star III bajyaga gusinya amasezerano (contract), y’imikoranire na Bralirwa muri iki gikorwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 08/03/2013, batunguwe n’igabanuka ry’amafranga bagombaga guhabwa.
Ikigega cy’ingoboka ku mpanuka ziterwa n’ibinyabiziga cyangwa inyamaswa (Sepecial Guarantee Fund), gifitanye urubanza n’ibigo by’ubwishingizi, nyuma yo gutsindira miliyoni 69 cyari gifitiwe n’ikigo cy’ubwishingizi cya SONARWA, kikaba kikirimo kuburana izindi miriyoni 119 gifitiwe na COGEAR.