Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza “Commonwealth”, Kamalesh Sharma yatangaje ko amatora y’abadepite yabaye tariki 16-18/09/2013 mu Rwanda yabaye mu mutuzo kandi yubahiriza ibipimo bya demokarasi.
Icyegeranyo ku kohereza ishoramari cyashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi gishimangira ko u Rwanda rwavuye ku mwanya wa gatatu muri Afurika rukaza ku mwanya wa kabiri nyuma ya Mauritius.
Nsaziyinka Augustin w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimirama, Akagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yiyahuye tariki 28/10/2013 anyoye umuti ukoreshwa mu buhinzi bita Simikombe ngo kuko umugore bashakanye amuca inyuma.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uw’abadepite kuri uyu wa 29 Ukwakira 2013 bagiye mu mwiherero w’iminsi itatu mu kigo cya gisirikare i Gabiro, mu karere ka Gatsibo, mu rwego rwo kugira ngo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” na bo bayigire iyabo.
Mu gihe imvura ikomeje kubura mu karere ka Ngoma, bamwe mu baturage batangiye guterwa ubwoba ndetse bamwe ngo batangiye gukubitwa babaziza ko ari abavubyi batuma imvura itagwa.
Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite urubyiruko n’ikoranabuhanga mu nshingano ze arashima aho iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT) rimaze kugeza u Rwanda, kuko hari byinshi byiza byabaye impamo kuva ubu buryo bwatangira gukoreshwa.
Mu mahugurwa y’abakangurambaga mfashamyumvire b’imiryango AVEGA na RRP, abayobozi b’imidugudu n’abakozi b’inzu y’ubutabera bashinzwe kugira inama abaturage (MAJ) byifujwe ko Abanyarusizi bareka imyumvire ya cyera iheza abagore ku mitungo y’ubutaka.
Kabahizi Celestin wari umaze imyaka itanu ari umuyobozi w‘Intara y’Uburengerazuba, tariki 28/10/2013 yatorewe kujya mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba (EALA) asimbuye Muhongayire Jaqueline wagizwe ministre w’ibikowa by’umuryango w’ibihugu by‘Africa y’Uburasirazuba (MINEAC).
Ku wa gatanu tariki 22/11/2013 ku rusengero rwa Christian Life Assembly hazabera ijoro ngarukamwaka ryo kuramya rizwi ku izina rya AFLEWO (Africa Let’s Worship) bivuga ngo Afurika reka turamye.
Ku nshuro ya kane, hagiye kubaho inyarwanda Fans Hangout, ibirori bitegurwa buri mpera z’umwaka na Inyarwanda Ltd aho ihuriza hamwe abahanzi n’ibindi byamamare bya hano mu Rwanda n’abafana babo bakidagadura, bakaganira, bagasangira, bakifotozanya n’ibindi.
Akarere ka Nyamasheke ngo gashyize imbere gahunda yo kwigisha abaturage ikoranabuhanga ku buryo hazakorwa ubukangurambaga mu baturage bose kandi kugeza ku rwego rw’umurenge hakaba hazashyirwaho “Icyumba Mpahabwenge” kizabafasha kubona ubumenyi bw’ibanze ku ikoranabuhanga.
Urukiko rwo mu gihugu cya Botswana rwategetse umugore gutanga impozamarira y’amadolari ya Amerika $7128 (Amafaranga y’u Rwanda akabakaba 4,847,000) azira kuba yaramushukiye umugabo akamugusha mu cyaha mu gihe umugore nyir’urugo yari mu rugendo.
Intambara yamaze iminsi ine ibera mu burasirazuba bwa Congo mu gace ka Kibumba yakomerekeyemo abarwanyi 15 ba M23 bahungiye mu Rwanda bagashyikirizwa umuryango mpuzamahanga wita ku mbabare Croix-Rouge nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.
Umwiherero w’abakozi b’akarere ka Nyamasheke wabereye mu karere ka Rubavu kuva tariki 27-28/10/2013 wize ku ngamba zatuma ahantu hahurira abantu benshi hashyirwa imirindankuba.
Abantu 54 ni bo bamaze kwakirwa n’ibitaro bya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, nyuma yo gukomerekera mu mpanuka ya Bus ifite ikirango cya RAC 104 B yabereye mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza tariki 28/10/2013.
Mu nama yemeza burundu ishyirwaho ry’akarere kamwe ka gasutamo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Kenya na Sudani y’Epfo, bemeje ko kudatinda kw’ibicuruzwa mu nzira, urujya n’uruza rw’ibintu n’abantu ndetse no kubona ingufu bigiye gukungahaza abaturage b’ibyo (…)
Umusore wo mu mujyi wa Karongi yatangaje abantu ubwo yanywaga inzoga ya waragi iri mu icupa riringaniye bakunze kwita hafu (half), akayinywa mu masegonda icumi adakuye icupa ku munwa.
Kurera abana no kubafata neza kuko aribo bayobozi b’ejo nibyo byakanguriwe ababyeyi bo mu kagali ka Karambi Umurenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo kuwa 26 Ukwakira 2013, mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro.
Ubwo bizihizaga umunsi bibukaho ivugurura ryakozwe na Martin Luther washinze itorero ryabo, abayobozi b’Itorero ry’Abaruteri mu Rwanda Paruwasi ya Kamembe basinyiye imbere y’Abakiristu babo imihigo y’ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere.
Nyuma yo kwirukana ingabo za M23 mu mujyi wa Kibumba no mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, mu mujyi wa Kibumba ibyishimo byari byose mu ngabo za Congo (FARDC) kuri uyu wa 28/10/2013.
Umunyaturukiya Sultan Kösen, upima m 2,51, ku cyumweru tariki ya 27/10/2013, yakoze ubukwe n’Umunyasiriyakazi Merve Dibo, we ufite uburebure bwa m 1,75.
Bamwe mu bashoferi cyane cyane abatwara abagenzi ku Rusizi ya mbere banze gukorera muri gare kubera ko ngo abakiriya babo b’Abanyacongo baherereye mu mujyi gusa. Bari babanjye kubyubahiriza ariko ngo haje gusanga bari gukorera mu gihombo kubera ko aho gare iri ari kure y’aho abagenzi babo bari.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Mushimiyimana Vestine wo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yakomerekejwe n’amasasu yavuye muri Congo mu murwano yashyamiranyije M23 n’ingabo za Congo Kibumba hafi y’umupaka w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 28/10/2013.
Espoir Basketball Club na Kigali basketball Club nizo zizakina imikino ya nyuma y’irushanwa ruhuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (play-off) nyuma yo gusezerera APR Basketball Club na Rusizi Basketball Club, mu mikino ya ½ yabaye mu mpera z’icyumweru gishize.
Abayobozi b’umugi wa Kigali bari kumwe n’abahagarariye inzego z’urubyiruko, iz’abagore hamwe n’abikorera basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babashyikiriza imfashanyo y’ibikoresho, ibiribwa n’imyambaro bagenewe n’abatuye umujyi wa kigali.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Kirehe, Depite Mujawamariya Berthe yasabye ababyeyi bahurira muri gahunda yiswe « Umugoroba w’ababyeyi » kujya bafata umwanya wo guhanura abana babo mu rwego rwo kubatoza uburere bakiri bato.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu tariki 26/10/2013 inka 66 zagabiwe bamwe mu batishoboye bababaye kurusha abandi hagamijwe kuzamura ubukungu n’imibereho myiza yabo.
Umu local defense witwa Nkiko Anastasi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gusangwa atunze gerenade bwa stick kandi atabifitiye uburenganzira.
Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Ambasaderi Valentine Rugwabiza, aremeza ko n’ubwo u Rwanda rufunganye rukaba nta n’imitungo kamere myinshi rufite ariko rushobora kuba ahantu abanyamahanga bazajya bifuza gukorera ibikorwa byabo.
Minani Faustin wo mu mudugudu wa Kagasa, akagari ka Mugina, umurenge wa Mugina, yiyahuje umuti wica udukoko mu myaka witwa “Rocket”, agejejwe kwa muganga apfa nyuma y’umunsi umwe.
Umukinnyi w’ikipe ya Musanze FC wahize abandi bakinnyi bose muri champiyona y’ikiciro cya mbere y’umupira w’amaguru mu gutsinda ibitego byinshi mu mu mikino ine ya mbere, kuri iki cyumweru tariki 27/10/2013 yashyikirijwe ishimwe na minisitiri w’intebe.
Venuste Nyombayire usanzwe atuye mu Bufaransa akurikiranywe n’ubutabera kubera uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda 1994.
Mu mikino y’umunsi wa gatanu wa shampiyona yakinwe ku cyumweru tariki ya 27/10/2013, amakipe y’ibigugu arimo APR FC, Kiyovu Sport na Mukura Victory Sport yabonye intsinzi ku bibuga yakiniragaho.
Abaminisitiri b’u Rwanda, u Burundi, Tanzaniya na Sudani y’Epfo basuye urugomero rwa Rusumo tariki 27/10/2013 bareberaga hamwe uburyo umushinga wo kuhabyaza amashanyarazi angana na megawate 80 uzakorwa neza umwaka utaha.
Kanani Pacifique utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro avuga ko aho agereye mu Rwanda ubworozi bw’inka bwanze kongera kumuhira, nyuma yo kwirukanwa muri Tanzaniya igitaraganya bikamuviramo gusiga inka ze nkuru 870 atabariyemo utunyana duto.
Ubwo Paruwasi Gatolika ya Rambura yizihizaga yubire y’imyaka 100 imaze ishinzwe yashimiwe ibyiza yagezeho ariko abaturage barimo n’abakirisitu basabwa gucika ku mico mibi irimo n’ubuharike buharangwa.
Mu gitabo yashyize ahagaragara ku buzima bwe, umutoza wahoze utoza ikipe ya Manchester United, Sir Alex Ferguson, avuga ko atavugaga rumwe na David Beckam igihe yamutozaga. Ibi ngo byaterwaga nuko Beckam yashakaka kumenyekana cyane.
Abwira abaturage bo mu Murenge wa Maraba kuwa 26/10/2013, umuyobozi w’Akarere ka Huye, yavuze ko kubera imvura itagwa neza abahinzi bakwiye kujya guhinga mu bishanga no mu mibande, kandi ko utazahinga umurima ahafite uzahabwa abashoboye kuwuhinga.
Mu mirwano ishyamiranyije ingabo za Congo n’umutwe wa M23 ku mugoroba wo kuri icyi cyumweru taliki 27/10/2013 yatumye ibisasu 12 byongera kugwa ku butaka bw’u Rwanda abantu umunani barakomereka.
Mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Ruhango ahazwi nko kuri Café, tagisi itwara abagenzi izwi nka “Twegeranye” yakoze impanuka ku mugoroba wa tariki 26/10/2013 igonga imodoka ebyiri n’inzu abantu 5 barakomereka , bamwe ku buryo bukomeye.
Abaturage bo mu bice binyuranye by’akarere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’imyaka bahinze ikaba yaranze kumera kubera kubura imvura. By’umwihariko ibigori abaturage bateye ngo byaheze mu butaka nk’uko bivugwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo, Ngabonziza Bideri Vincent.
Abacamanza bo mu gihugu cya Malaysia baciye urubanza rutegeka ikinyamakuru cy’Abakirisitu Gatulika kutazongera guhirahira ngo cyandike ijambo Allah mu nyandiko zacyo, ngo kuko iryo jambo ari umwihariko Abayisilamu bakoresha iyo bavuga Imana yabo.
Umugore witwa Gaudence Nyirahakizimana utuye mu mudugudu wa Muyange mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango avuga ko amaze iminsi 23 yarahunganye n’abana be bane kubera ko umugabo yabatezagaho umutekano mucye, umugore akagira impungenge z’uko umugabo ashobora no kumwica.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, Aloys Nahimana, akurikiranyweho kunyereza amafaranga ibihumbi 176 yakusanyijwe guhera mu kwezi kwa kane 2013 mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda atanzwe n’abaturage kugira ngo afashe abacitse ku icumu batishoboye.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abakozi b’akarere ka Nyamasheke kurangwa n’ubufatanye ndetse n’imikoranire myiza kugira ngo babashe kugera ku ntego zo kwesa imihigo no gutera imbere.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika taliki ya 26/10/2013, rivuga ko buhangayikishijwe n’imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa Congo ndetse ko bwamaganye ibikorwa byo kurasa mu kindi gihugu.
Mu ijoro rishyira kuwa 25 Ukwakira uyu mwaka, abantu bataramenyekana bateye mu nyubako za paruwasi Muhororo maze batwara amafaranga ibihumbi 65 yari mu bunyamabanga bw’iyo paruwasi.
Abazamuye inkuta z’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) ndetse n’icumbi rya mwarimu byo muri Groupe Scolaire Cyarwa, mu mpera z’umwaka wa 2012, binubira ko bamaze umwaka wose bategereje ko bishyurwa amafaranga yose bakoreye, nyamara ubuyobozi bw’umurenge wa Tumba aya mashuri aherereyemo bukaba buhora (…)
Ikipe ya FC Barcelone yatsinze Real Madrid ibitego 2-1 mu mukino wa mbere (El Classico), wahuje aya makipe muri uyu mwaka w’imikino wabereye i Nou Camp ku ibuga cya Barcelone ku wa gatandatu tariki 26/10/2013.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Amajyambere Rusange n’Imibereho Myiza y’Abaturage, Dr Alvera Mukabaramba, aratangaza ko Leta y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana bato kandi ko n’ahaba hagisigaye ibisigisigi by’iyi mirire idahwitse bigomba kuranduka burundu.