Minisitiri Nsengimana arashima uruhare rw’ikoranabuhanga mu guhindura imibereho y’Abanyarwanda

Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite urubyiruko n’ikoranabuhanga mu nshingano ze arashima aho iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT) rimaze kugeza u Rwanda, kuko hari byinshi byiza byabaye impamo kuva ubu buryo bwatangira gukoreshwa.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 29/10/2013, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro inama mpuzamahanga yiga ku buryo ikoranabuhanga ryarushaho guhindura umugabane wa Afurika, ugatera imbere.

Minisitiri Jean Philbert Nsengimana hamwe n'abandi bitabiriye inama "Transform Africa".
Minisitiri Jean Philbert Nsengimana hamwe n’abandi bitabiriye inama "Transform Africa".

Yagize ati: “Uyu munsi turandika amateka mashya kuko twahuye kugira ngo dukore ibitarigeze bibaho mbere. ICT yarengeye ubuzima bwacu, yigisha abana b’ejo hazaza kandi inafasha guverinoma yacu gukora ibyo itari yarabashije kugeraho.”

Aha Minisitiri Nsengimana yavugaga uburyo bwa mbere mu mateka ya Afurika abaperezida b’ibihugu bigera kuri birindwi bahuriye hamwe, bahujwe n’intego yo kuganira uburyo ikoranabuhanga ryashyirwa mu igenamigambi ry’iterambere ku mugabane wa Afurika.

Abakuru b'ibihugu uko ari barindwi bose batumiwe baraza kugira icyo bavuga ku iterambere rya Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abakuru b’ibihugu uko ari barindwi bose batumiwe baraza kugira icyo bavuga ku iterambere rya Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga.

Zimwe muri gahunda ziteganyijwe kuri uyu munsi wa kabiri iyi nama itangiye, ni ibiganiro mpaka biza guhuza abaperezida barindwi bitabiriye iyi nama. Bakaza kuba baganira ku buryo hakongerwa uburyo bwo gukurura abashoramari bateza imbere umugabane.

Muri ibyo biganiro biza kuba byibanda ku ikoranabuhanga n’itumanaho nka kimwe mu buryo bwagabanyije ibiciro, bararebera hamwe uburyo byashyirwamo ingufu kugira ngo amafaranga yagendaga mu bundi buryo agaruzwe.

Abatumirwa bagera ku 1500 baturutse hirya no hino ku isi bose bashishikajwe n'icyatuma Afurika itera imbere.
Abatumirwa bagera ku 1500 baturutse hirya no hino ku isi bose bashishikajwe n’icyatuma Afurika itera imbere.

Abantu bagera ku 1500 baturutse hirya no hino ku isi bitabiriye iyi nama ifite intego igira iti: “Ahazaza hagezweho uyu munsi”. Yatumiyewemo ba rwiyemezamirimo batandukanye, abashoramari n’impuguke mu by’ikoranabuhanga.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka