Onesphore Rwabukombe w’imyaka 57 wayoboraga Komini ya Muvumba mu cyahoze ari Perefegitura ya Byumba mu gihe cya Jenoside yakatiwe n’Urukiko rwa Frankfurt mu Budage igihano cy’imyaka 14 y’igifungo.
Urwego rw’Umuvunyi ruremeza ko ruhangayikishijwe na ruswa ishingiye ku gitsina, kuko icyo cyaha bitoroshye kugitahura kubera abagikorerwa batabitangaza kandi gikomeje kugaragara mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi.
Nyuma y’uko bamwe mu bahoze ari abarwanyi mu mutwe wa FDLR batahukiye mu ntangiriro za Gashyantare uyu mwaka, baganiriye n’ikinyamakuru Kigali Today ndetse bashyira mu majwi imwe mu miryango mpuzamahanga bayirega kuba ifasha inyeshyamba za FDLR mu buryo bunyuranye.
Nabagize Damascène w’imyaka 28 y’amavuko yatewe icyuma mu ijosi agwa mu nzira bari kumujyana kwa muganga, ubwicanyi bwabereye mu murenge wa Cyanika mu kagari ka Nyanza umudugudu wa Buhiga muri santere ya Mugombwa mu ijoro rishyira tariki 18/02/2014.
Amafaranga yari agenewe kuvugurura sitade Huye si ko yabonetse yose, ku buryo imirimo y’icyiciro cya mbere iri gukorwa izasiga ikibuga cyo gukiniraho n’aho kwicara bareba umupira gusa.
Umugabo witwa Nkundimana Emmanuel w’imyaka 27 y’amavuko yishe umugore wa mukuru we Mukaminani Clothilde w’imyaka 31 y’amavuko amukubise ikibando mu mutwe agapfa ataragezwa kwa muganga.
Umugabo witwa Rwamakuba wari utuye mu Mudugudu wa Rucumbo, Akagali ka Nyabicwamba mu Murenge wa Gatsibo ho mu Karere ka Gatsibo, yitabye Imana, umugore we n’abana babiri bahita bajyanwa mu bitaro bikaba bikekwa ko bariye uburozi.
Umuhanzi Senderi International Hit ngo azagaburira abantu mu gitaramo cyo kumurika alubumu ye ya mbere yise “Nsomyaho” izaba iriho indirimbo 10, iki gitaramo kizaba ku itariki ya 22.2.2014 mu karere ka Ngoma.
Umuhanzi Dominic Nic Ashimwe uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana arishimira cyane kuba ari umukozi w’Imana kandi akanemeza ko ari iby’agaciro gakomeye.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/02/2014 mu karere ka Nyanza hagejejwe imurika ryimukanwa (Expo mobile) ryateguwe na AEGIS Trust ku bufatanye n’ibindi bigo bigamije kubaka amahoro nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Mu irushanwa rya Volleyball ryo kwibuka uwahoze ari Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Butare, Padiri Kayumba Emmanuel, ryabaye ku mu mpera z’icyumweru gishize, Amakipe ya Kigali Basketball Club ( KVC) mu bagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu bagore nizo zegukanye ibikombe.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centrafrique, kuri iki cyumweru zahungishishije impunzi z’Abayisilamu bahungira muri Cameroun mu gihe bari bagabweho igitero n’abo mu mutwe witwara gisirikare wa Anti-Balaka.
Inzego zitandukanye zirimo intumwa za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Umuvunyi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, tariki 17/02/2014 zaganiriye n’abaturage b’umurenge wa Nyabitekeri zinabakemurira ibibazo kugira ngo bigabanye imanza n’amakimbirane.
Ikipe ya AS Kigali yakomeje mu irushanwa ry’igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), nyuma yo kunganya na Academie Tchite igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Bujumbura mu Burundi ku cyumweru tariki ya 16/2/2014.
Nyuma yaho mu karere ka Kirehe habonekeye umuriro w’amashanyarazi kuri ubu aka karere kamaze no kubaka Gare aho ubu imodoka zatangiye no gukoreramo mu gihe abaturage bari bamaze igihe nta Gare bagira.
Umusore w’imyaka 21 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14 mu murenge wa Mutete, akagari ka Gaseke.
Abagabo 6 bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba yo mu karere ka Gicumbi nyuma yo kwica umujura warurimo atobora iduka ry’ibicuruzwa mu murenge wa Mutete.
Polisi y’u Rwanda ikomeje gusaba abacuruzi kwitonda bakajya bagenzura amafaranga bishyurwa cyane cyane mu masaha y’umugoroba, kuko aribwo abatekamutwe babonamo icyuho cyo gutanga amafaranga y’amakorano.
Ubwo umuyobozi w’ Umuryango mpuzamahanga urwanya akarengane na ruswa (Transparency International), Huguette Labelle, yasuraga Polisi y’ u Rwanda kuri uyu wa 17/02/2014, yashimwe ingamba Polisi y’ u Rwanda yashyizeho mu rwego rwo kurwanya no gukumira ruswa.
Urubyiruko rukora ibijyanye no kwerekana imideri mu itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (Youth Challenge Entertainment Group) ryo mu karere ka Kayonza ruvuga ko iterambere rya rwo rikibangamiwe n’imyumvire y’ababyeyi n’abandi baturage muri rusange ikiri hasi ku bijyanye no kwerekana imideri.
Ministeri y’imari (MINECOFIN) na Banki y’igihugu (BNR), batangaje gahunda yo kwagura isoko ry’imari n’imigabane; aho abafite amafaranga bazajya bayaguriza Leta ikabaha icyemezo (impapuro z’agaciro) cy’uko izajya ibungukira buri mwaka; nyuma y’imyaka itatu ikabasubiza ya mafaranga bayigurije ari kumwe n’inyungu.
Abarimu bo ku ishuri Ste Mary’s High School Kiruhura bavuga ko batishimira guhatirwa kujya muri Koperative Umwarimu Sacco, ahubwo ko bakwiye kurekerwa uburenganzira bwo guhitamo kujya muri iyi koperative bitewe n’ibyiza bayibonamo.
Nyirimbuga Emmanuel, umwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 arasaba urubyiruko kutazumvira uwo ariwe wese washaka kurushora mu bwicanyi bushingiye ku moko, ahubwo rukimika urukundo rugafatanya kubaka u Rwanda.
Icyumweru kijyanye no kwizihiza ivuka rya Baden Power washinze umuryango w’aba Scout, Abaskuti bo mu Karere ka Rusizi bagitangirije muri Zone ya Mibilizi nk’agace karimo Abaskuti mu byiciro byose.
Abasirikare barindwi bageze mu Rwanda tariki 17/02/2014 bavuye mu mutwe wa FDLR batangaza ko nyuma yo gusobanukirwa neza ko umutwe wa FDLR ntacyo uteze kubagezaho bahisemo kugaruka mu gihugu cyabo.
Umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane Tranparency International (TI), Huguette Labelle, aratangaza ko u Rwanda ruhagaze neza ku rwego rw’isi mu kurwanya ruswa n’akarengane ariko akaba asaba Leta gukomeza gushyiraho imbaraga.
Abantu 21 barimo abagore 12, abana 8 n’umugabo umwe barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata bazira ubushera banyweye ubwo bari mu munsi mukuru mu kagari ka Biryogo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kayonza hakomeje gufatirwa abaturage bahinga ibiti by’urumogi mu ngo za bo kandi bamwe bafatwa ibyo biti byaramaze gukura.
Abakora ibikorwa byo gusekura isombe mu isoko rya Buhanda riherereye mu karere ka Ruhango, batangaza ko ibi bikorwa bakora bibatunze n’imiryango yabo, kandi bikaba byarabafashije kwiteza imbere.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, avuga ko nubwo Abanyarwanda bakoze amarorerwa bakicana, hari intambwe ishimishije bamaze gutera mu kuvugurura imibanire yabo, hakaba hari n’icyizere ko iyo ntambwe izakomeza ijya imbere aho gusubira inyuma.
Mu masaha ya nyuma ya saa sita ku cyumweru tariki 16/02/2014, imodoka yagonze umumotari wari uhetse umugenzi, uwari utwawe avunika akagaru ariko uwabagonze yanga kumujyana kwa muganga biba ngombwa ko abaturage bahagoboka barabimutegeka.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aributsa abaturage bo muri ako karere ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” igamije gushyira imbere Ubunyarwanda kuko ari ko gaciro kabo bityo rero ngo bigomba kubatera ishema.
Bamwe mu bashinze ingo ndetse n’abakurikiranira hafi ibyazo, baremeza ko urukundo mu bashakanye ruri kugabanuka ugereranije no hambere.
Abasore n’inkumi bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda barangije Kaminuza bibumbiye muri GAERG /ISHAMI FAMILY bifatanyije n’abacitse ku icumu rya Jenoside batuye mu mudugudu wa Kabali mu murenge wa Kanzenze mu bikorwa by’isuku.
kigaragaza imiyoborere myiza. Ngo bigishijwe akamaro ko kubana abantu bafitanye isezerano maze ababanaga badasezeranye babasha gusezerana none byamaze umwiryane wo mu ngo.
Ikipe y’u Rwanda mu mupira w’amaguru w’abagore yagize intangiro nziza mu marushanwa yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, ubwo yatsindaga Kenya igitego 1-0 mu mukino ubanza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 16/2/2014.
Abanyarwanda baba mu Buholandi bifatanyije n’Abaholandi kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994. Uwo muhango wabaye tariki 15/02/2014 waranzwe n’imurika n’ibiganiro ku mateka ya Jenoside.
Ubwo komisiyo y’abadepite ishinzwe uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko yasuraga amashuri yo mu Karere ka Huye y’icyitegererezo mu kwigisha siyanse, ku itatiki ya 13/2/2014, yasanze mu mbogamizi aya mashuri afite harimo ibitabo bikeya no kutagira ibikenewe byose muri laboratwari.
Mu rwego rwo kwereka Abanyarwanda ko badakwiye gukoresha ibiyobyabwenge no kwirinda ingaruka zabyo, taliki 14/2/2014 polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Rubavu yamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni zirenge 52.
Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi utugari twa Butaka, Buringo na Sherima twashyikirijwe post de santé izajya ibagezaho serivisi z’ubuzima zitandukanye, nyuma y’uko bakoraga urugendo rw’amasaha atatu kugira ngo babone serivisi z’ubuzima.
Ubwo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yasuraga Abanyakamonyi bakamugaragariza iterambere bagezeho barikesha imiyoborere myiza, yavuze ko Imiyoborere myiza ari intwaro yo kurwanya abavuga nabi ubutegetsi bw’u Rwanda.
Ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke byabaye ku wa 15/02/2014 byajyanye no gutaha ku mugaragaro inzu itanga amakuru ku batishoboye bo muri aka karere, by’umwihariko abafite ubumuga.
Mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) hatangiye kubakwa inyubako zijyanye n’igihe zizatwara amafaranga y’u Rwanda miliyari ebyiri na miliyoni magana ane, izo nyubako zikazacyemura ikibazo cy’inyubako nke iri shuri rifite.
Umuhindekazi witwa Manju Dharra utuye mu Mujyi wa New Delhi mu Buhinde amaze imyaka 25 atarya amafunguro akomeye, ngo atunzwe no kunywa amata gusa muri icyo gihe cyose.
Abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu biyaga bigari (CEPGL) bashimangiye ko bagiye gukorera hamwe mu guteza imbere ibikorwa by’uwo muryango ariko nawo ukarushaho kugira impinduka no gutanga umusaruro ku baturage mu bikorwa by’iterambere, ubuhahirane n’ubukungu.
Anastase Kanyanzira w’imyaka 62 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimpongo mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yitabye Imana akubiswe n’inkuba tariki 14/02/2014, abandi batatu barakomereka.
Urugendo rwa Rayon Sport mu mikino nyafurika rwarangiye ku wa gatandatu tariki ya 15/2/2014, ubwo yanganyaga na AC Leopard Dolisie ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura wa 1/32 mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza rwasabye ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga gutanga indishyi z’akababaro zingana n’amafaranga miyoni 7.5 kubera umurwayi wagize ubusembwa abukuye muri ibyo bitaro.
Minisitiri Musoni James ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yabwiye urubyiruko rwo mu karere ka Rwamagana ko niba bashaka kuba abazagirira igihugu akamaro ndetse bagakora no ku mafaranga bakwiye gushyira ingufu zabo mu kwiga imyuga kuko aricyo cyerecyezo Leta yerekezamo ubukungu.