Ruhango Rice Mill, uruganda rutunganya umusaruro w’umuceri ruri mu karere ka Ruhango mu murenge wa Ruhango mu kagari ka Nyamagana, rwahagaritswe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kubera ko rutagira ibikoresho bidahagije.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Rutare wo mu karere ka Gicumbi rwashishikarijwe kwirinda gutwara inda zitateganyije binyujijwe mu kwigishwa kubuzima bw’imyororokere yabo n’Umuryango Imbuto Foundation.
Aborozi bigabiza ishyamba ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami rya Karama mu karere ka Bugesera, basabwe kuvana ibikumba yabo muri iryo shyamba bitarenze ukwezi kwa kabiri.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza bavuga ko bifuza Radiyo ya Kigali Today Ltd yazarushaho kwegera abaturage mu byaro, aho gukorera mu mujyi wa Kigali gusa nk’uko bagiye babibona kuri zimwe muri radiyo zikorera mu Rwanda.
Abaturage baturiye igishanga cya Rugezi, kiri mu karere ka Burera ndetse na Gicumbi, barashishikarizwa kukibungabunga uko bikwiye kuko gifitiye akamaro gakomeye u Rwanda n’isi muri rusange.
Muri gahunda yabo yo gusura ibigo by’amashuri y’isumbuye y’icyitegererezo mu Rwanda,komisiyo y’abadepite mu nteko ishingamategeko ifite uburezi munsingano yasuye ikigo cya Lyce de Zaza maze yishimira uburyo gicunzwe.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko hari imishinga bakora yamara kwemerwa amabanki akayihera abandi bantu. Barabivuga nyuma y’ubukangurambaga ku kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga ihabwa inguzanyo ku ngwate y’ikigega BDF (Business Development Fund).
Bamwe mu banyamakuru bakunze gukorana n’urwego rw’akarere ka Muhanga bahashaka amakuru, bavuga ko bagorwa cyangwa bakimwa amakuru na bamwe mu bayobozi n’abakozi muri aka karere, ariko umuyobozi w’aka karere, Yvonne Mutakwasuku, yemeza ko uzabifatirwamo azakuriranwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yijeje abaturage bo muri Rulindo ubufasha bwo guteza imbere byihuse umusaruro uva muri ako karere, harimo uw’ibihingwa by’ikawa, marakuja, ingano, ibiva ku bworozi ndetse no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Umuryango Imbuto Foundation wakoze igikorwa cyo gukangurira abatuye umurenge wa Kanyinya muu karere ka Nyarugenge, umujyi wa Kigali, ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere no kwipimsha ku bushake, kuri uyu wa Gatanu tariki 28/2/2014.
Radio y’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd yumvikana ku murongo wa 96.7 FM, kuri uyu wa 01/03/2014, iratangira kubagezaho amakuru acukumbuye, ibiganiro byubaka bigaragaza imiberereho y’abaturage mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) na Banki nkuru y’igihugu (BNR), baratanngaza ko umubare w’abamaze kuguriza Leta amafaranga mu buryo bwo guhabwa impapuro z’agaciro (Treasury Bond) igeze ku kigereranyo gishimishije.
Ubwo umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yasuraga akarere ka Nyamagabe tariki ya 19/02/2013, yasezeranije abaturage bako ubufasha mu nzira igana ku iterambere ryabo n’akarere kabo, ariko abasaba gushyiraho akabo ngo kuko inkunga iza yunganira abagize icyo bakora.
Ikibazo cy’abahigi bo muri Congo bamaze iminsi bafatirwa mu karere ka Rusizi bavuga ko baje guhiga cyagarutsweho n’inzego z’umutekano zikorera muri aka karere aho abantu bibaza inyamaswa baba baje guhiga kandi basize amashyamba akomeye iwabo.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Professeur Shyaka Anastase aratangaza ko imikoranire myiza iri hagati y’akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako (JADF) igaragaza imiyoborere myiza.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Ingabo Nyafurika muri Centrafrique (RCA) tariki 27/02/2014, zakoranye inama n’abaturage bo mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Bangui ari na ko zikora amarondo ahitwa Miskine, mu rwego rwo kurushaho kubacungira umutekano nabo babigizemo uruhare.
Ingabo z’u Rwanda zashoje igikorwa cyo gusimburanya abasirikare 850 bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro (UNMISS) muri Sudani y’Epfo. Icyiciro cya nyuma cy’izo ngabo ziyobowe na Col David Bukenya Ngarambe bageze ku kibuga mpuzamahanga i Kigali tariki 27/02/2014 ku gicamunsi.
Nzakamwita Celestin w’imyaka 44 y’amavuko yarohamye mu ruzi rw’akagera maze arapfa. Ibi byabereye mu mudugudu wa Rubumba, mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera tariki 28/02/2014.
Nsanzabugabo Sylivere w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kagoma I mu kagari ka Kibingo, mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yasanzwe iwe mu rugo yitabye Imana kuri uyu wa 28 Gashyantare 2014.
Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2012 n’ikigo IPAR bugaragaza ko igihugu cy’u Rwanda gihomba akayabo ka miliyoni 40 z’amadolari bitewe n’uko abatanga serivisi banyuranye badatanga serivisi nziza ku babagana.
Ubuyobozi burashimira abafatanyabikorwa b’akarere ka Muhanga uburyo bamaze kuzamura aka karere ugereranije n’aho kari kari mu myaka ishize.
Minisitiri w’uburezi, Dr. Vincent Biruta, atangaza ko Urumuri Rutazima rw’icyizere ari urumuri rumurikira Abanyarwanda mu rugendo rwo kwiyubaka, bimika Ubunyarwanda kandi bubaka u Rwanda rwiza bazasigira abazabakomokaho.
Umwana w’imyaka 7 witwa Nizeyimana Fils wo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi ahita apfa ubwo abo bari kumwe barimo bamuhererekanya nuko arabacika agwa mu mazi ahita atwarwa arapfa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yabeshye mu nama mpuzabikorwa y’akarere yateranye kuri uyu wa kane tariki ya 27/02/2014 maze bibyutsa andi makosa yakoze, akaba agiye kuzafatirwa umwanzuro hakurikijwe uko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikurikirana.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gishinzwe guteza imbere ishoramari mpuzamahanga aricyo ‘Overseas Private Investment Corporation (OPIC), Madam Elizabeth L. Littlefield, aratangaza ko icyo kigo kigiye gukorana n’abashoramari ndetse n’abikorera mu gushora imari mu Rwanda.
Mu mudugudu wa Nyamiyaga wo mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza, tariki 26/02/2014, hatoraguwe umurambo w’umusore wari mu kigero cy’imyaka 16 witwa Claude waragiraga inka.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagomba gutuzwa mu karere ka Nyamagabe bagicumbikiwe by’agateganyo mu murenge wa Gatare, barasaba ko imyiteguro yo kujyanwa gutuzwa hirya no hino mu mirenge yakwihutishwa bakagerayo vuba kugira ngo batangire urugamba rw’iterambere nk’abandi Banyarwanda.
Ntanga Emmanuel w’imyaka 62 y’amavuko yahitanwe n’impanuka y’imodoka itwara abagenzi tagisi minibus yabereye mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Nyamata Ville mu mudugudu wa Nyabivumu mu karere ka Bugesera.
Aborozi bo mu karere ka Kirehe bitwaye neza bahembwe n’umuryango utegamiye kuri Leta ushinzwe guteza imbere abaturage mu bikorwa bijyanye n’ubworozi bw’amatungo, kurwanya imirire mibi no kurengera ibidukikije (HPI) ufatannije n’umushinga uteza ubuhinzi n’ubworozi mu karere ka Kirehe (KWAMP) ku bufatanye n’akarere ka Kirehe.
Abaturage b’i Nyagasambu mu murenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana baravuga ko koperative yabo yo kubitsa no kugurizanya (SACCO Fumbwe) ishobora kugwa mu gihombo bitewe n’uko Perezida wa SACCO akingira ikibaba umucungamari wayo w’umukobwa.
Mu gitaramo kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda cyahuje abantu babarizwa mu matorero n’amadini anyuranye akorera mu mujyi wa Butare tariki 26/2/2014, Minisitiri w’umutekano Musa Fazili Harerimana yasobanuye ko iyo gahunda ari ingabo y’umutamenwa y’u Rwanda.
Abatuye umujyi wa Kigali bagiye gutangira gukangurirwa kugira umuco wo kwigira biciye mu bayobozi b’ibanze, mu rwego rwo kubasha kwiteza imbere no guteza imbere imiryango yabo n’igihugu muri rusange.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro ikigo cyita ku bahuye n’ihohotera rishingiye ku gitsina (Isange One Stop Center) cyubatse ku bitaro bikuru bya Nyagatare, Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame yibukije ko gutabariza uwahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari inshingano za buri muturarwanda.
Kuri uyu wa kane tariki ya 27/3/2014, ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu bagore yerekeje i Nairobi muri Kenya, aho igiye gukina n’ikipe ya ho umukino wo kwishyura mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Inama y’umutekano yo mu karere ka Rusizi yafashe icyemezo ko bitarenze tariki 15/03/2014, ku bigo by’amashuri n’ahandi hantu hahurira abantu benshi hazaba hageze imirindankuba mu rwego rwo kugabanya ipfu n’inkomere bya hato nahato biterwa n’izo nkuba.
Uretse ikipe ya Chelsea yabashije kunganyiriza mu gihugu cya Turukiya na Galatasaray 1-1, andi makipe yose y’Ubwongereza yatsinzwe n’ayo byahuye muri 1/8 cy’irangiza mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Mu bahanzi 15 batoranyijwe kuzahatanira kwinjira mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 4 harimo Knowless, Paccy wamenyekanye ku ndirimbo “Fata Fata” na Teta Diane wamenyekanye cyane mu ndirimbo ye “Canga ikarita”.
Umugabo witwa Niyigaba Rodrigue w’imyaka 25 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera azira gufatanwa ibiti 10 yari yarahinze mu kibanza cy’inzu ye.
Abagabo babiri barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo kugwirwa n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ubwo bayacukuraga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Nemba mu mudugudu wa Muyoboro mu karere ka Bugesera.
Ntabanganyimana Yohani w’imyaka 61 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Kabusagara mu kagari ka Kabere mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro yafatanywe ibaruwa yandikiye FDLR ikubiyemo intashyo, izina rishya yifuza ko FDLR yakwitwa, ndetse ayemerera n’ubufasha burimo kuyishakira abayoboke.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi barishimira ko ubwato bahawe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubu bukora neza nyuma yo gushyirwaho moteri ijyanye na bwo nk’uko byari mu masezerano y’uwabwubatse.
Mu bitaro bya Kabgayi biri mu karere ka Muhanga hari abarwayi bavuga bari guhura n’imbogamizi zo kubona imibereho kuko bamaze igihe kinini barwariye muri ibi bitaro kandi imiryango yabo yarabataye.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, muri iki cyumweru zatangije igikorwa cy’umuganda aho zasukuye uduce dutandukanye tw’aho zikorera muri icyo gihugu.
Umukino wo kwishyura uzahuza ikipe ya Kenya y’abagore n’iy’u Rwanda uzabera kuri Kenyatta Stadium iherereye mu gace kitwa Machakos muri Kenya ku cyumweru tariki ya 1/3/2014.
Abasore batatu bose bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko bakomoka mu mirenge ya Gihango na Ruhango yo mu karere ka Rutsiro bari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano no gukorana na FDLR.
Muri gahunda y’ibiganiro byakozwe hagati y’ubuyobozi bwite bw’akarere ka Nyanza n’ubuyobozi bw’urwego rw’abikorera muri aka karere ngo hagaragajwe ko mu cyerekezo 2020 u Rwanda rwihaye abikorera aribo bazaba bayoboye igihugu.
Ikondera Company Ltd yatsindiye isoko ryo gukora isuku mu mujyi wa Kigali yaguze imodoka ebyiri izajya yifashisha mu gukubura imihanda no kuyikoropa ari nako igenda iyora iyo myanda ku buryo bworoshye byose bikozwe n’izo modoka.
Ibitaro bya Gisirikare biri i Kanombe, ku bufatanye n’abavuzi b’abakorerabushake bo muri Amerika bitwa “Face the Future Foundation”, bakomeje igikorwa ngarukamwaka cyo gusana abafite indwara zikomeye z’ibice byo ku mutwe n’ijosi.
Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) n’abafatanyabikorwa bayo bari kwiga uburyo bunoze bwo gukurikirana no gukemura ibibazo bijyanye n’abantu binjira mu Rwanda cyangwa basohoka mu kivunge kandi batunguranye.