Kuri uyu wa mbere taliki 24/2/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda nyakubahwa Paul Kagame yakiriye mu biro bye uwahoze ari umuyobozi rusange wa Canada (Governor General of Canada) akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Kaminuza ya Ottawa muri icyo gihugu, nyakubahwa Michaelle Jean.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aremeza ko aka karere gafite amahirwe menshi mu ishoramari kubera imiterere yako n’uburyo nta bandi bakahashore imari.
Urwego rw’Umuvunyi rwatangiye gukwirakwiza udusanduku ahantu hatandukanye, tuzajya dufatsha abaturage gutanga amakuru n’ibirego kuri ruswa.
Umusore w’imyaka 19 uvuka mu murenge wa Ruhango akarere ka Rutsiro taliki ya 21/2/2014 yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Bereshi mu karere ka Rubavu hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo agiye muri FDLR nk’uko abyiyemerera.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru bahuriye muri kongere maze bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize kandi banatangaza ibyo bashyize imbere muri uyu mwaka.
Umugabo witwa Hasengimana Jean Paul w’imyaka 31 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, nyuma yo gufatanwa ibendera yari yibye ku Kagali ka Ndatemwa gaherereye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bo mu karere ka Gisagara, barashima gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bavuga ko yatumye bahindura imyumvire, ndetse bagahamya ko iyi gahunda buri wese nayishyira mu bikorwa u Rwanda ruzarushaho kuba rwiza.
Nyuma yuko habayeho ukutumvikana ku mubare w’impunzi z’abanyarwanda bari muri Congo hagati ya Leta ya Congo n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) byabaye ngombwa ko hakorwa irindi barura birangira habonetse impunzi 185 003.
Mu gusoza umuganda ngarukwa kwezi wabaye tariki 22/02/2014, abaturage bo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu bashimiwe n’ubuyobozi bw’akarere uruhare bagira mu kwirindira umutekano kugeza aho bafata bamwe mu babahungabanyiriza umutekano bitwaza intwaro.
Mu gihe akarere ka Rubavu kakiriye urumuri rutazima rw’icyizere mu mpera z’icyumweru dusoje, Kigali Today irabagezaho amateka ya Ngeze Hassan uvuka muri ako karere akaba yarashinze ikinyamakuru KANGURA cyagize uruhare runini mu gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi.
Mu muganda rusange wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22/02/2014, abantu basaga ibihumbi 5000 bahuriye mu gikorwa cyo kwimura imibiri y’Abatutsi ibihumbi 60 itarashyingurwa mu cyubahiro yari mu cyobo cy’ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango.
Me Evode Uwizeyimana, Umunyarwanda akaba n’impuguke mu mategeko wari umaze igihe kitari gito mu mahanga,akaba yaranamenyekanye kenshi ku maradiyo mpuzamahanga nka BBC ndetse n’ijwi ry’Amerika, ngo gutahuka kwe ntibikwiye kuba ikibazo kuko agarutse mu gihugu cye kugirango afatanye n’abandi Banywarwanda kucyubaka.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arasaba abaturage b’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro gufata neza ingemwe za kawa bateye mu muganda rusange kuko zizabagirira akamaro mu minsi iri imbere.
Shampiyona ya Basketball y’umwaka wa 2014 yatangiye kuri iki cyumweru tariki 23/2/2024, ikaba yatangijwe ku mugaragaro i Rubavu, ahakinwa umukino uhuza APR BBC n’ikipe nshya ya Gisenyi Basketball Club yo mu mugi wa Rubavu.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, nyuma y’iminsi atavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo kipe ku byerekeranye no kuyigumamo, byaje kurangira asinye amasezerano y’imyaka itanu n’igice akazamugeza mu mwaka wa 2019, akazajya ahembwa ibihumbi 300 by’ama Pounds buri cyumweru.
Mu mukino wa Turbo King National Football League uza guhuza Police FC na Rayon Sport kuri iki cyumweru tariki ya 23/2/2014 , Umutoza wa Police Fc Sam Ssmbwa yiyemeje kuwutsinda kugirango yiyongerere amahirwe yo kuguma mu makipe ahatanira igikombe cya shampiyona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe ingamba zo gukangurira abaturage kwitabira umuganda buha ibyemezo abawitabiriye kugira ngo abatawitabiriye babashe gutahurwa, bityo bahabwe ibihano biteganijwe.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, arihanangiriza abanyamategeko ba Leta kuri we asanga aribo bashora Leta mu manza rimwe na rimwe ikazitsindwamo kandi hari uburyo bwo kuba zakumirwa hakiri kare.
Umurambo wa Bizimana Jean w’imyaka 34 y’amavuko wagaragaye iwe mu nzu mu mudugudu wa Tara mu kagari ka Gihira mu murenge wa Ruhango mu gitondo cya tariki 21/02/2014, iruhande rwaho hari uducupa turindwi tw’inzoga ya African Gin turimo ubusa, bikaba bikekwa ko yiyahuje iyo nzoga.
Abantu benshi cyane cyane abakora mu mahoteri n’amazu yakira abagenzi, bavuga ko nubwo abagabo b’abirabura badahitamo gushaka abagore b’abazungu, bakunda gusohokana nabo mu gihe cyo kwishimisha kurusha uko bahitamo abiraburakazi bene wabo.
Mukashema Marie Jeannette, umubyeyi w’abana babiri, utuye mu mudugudu wa Rumuna, akagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga arasaba ubuyobozi kumufasha haba mu kumwimura cyangwa kumurindira umutekano kuko abaturanyi be, barimo abamwiciye umugabo mu mwaka wa 2010, bamubuza amahwemo bakamutoteza bamwita umurozi.
Ubwo abadepite bo mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, bagize komisiyo y’uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko, basuraga ishuri rya E.S.Kagogo riri mu karere ka Burera bemereye abanyeshuri baho kubakorera ubuvugizi ku bibazo bafite.
Ubwo yagendereraga abahinzi ba Kawa b’ahitwa i Cyendajuru ho mu Murenge wa Simbi, mu Karere ka Huye, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabasabye gutangira kugira umuco wo kuzigama no gucunga neza umutungo wabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko ubwitabire bw’Abanyarwanda mu bikorwa binyuranye birimo umuganda, bwagejeje igihugu ku iterambere rihambaye mu myaka 20 ishize. Ibyo ariko ngo bikeneye umutekano kugirango “bidasenywa n’abafite imigambi mibi.”
Umunyeshuri witwa Nkurikiyumuiza Innocent, wigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya E.S.Kagogo kiri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, yarohamye mu kiyaga cya Burera mu gitondo cyo ku wa gatandatu tariki ya 22/02/2014 ubwo yatorokaga ikigo agiye kumesera kuri icyo kiyaga.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi barishimira ko malariya yagabanutse, nyuma yo gutererwa umuti wica imibu itera malariya mu ngo.
Ibihuha ngo ni kimwe mu bintu umwanzi w’igihugu ashobora kuboneramo icyuho cyo kugirira nabi Abanyarwanda, nk’uko byavugiwe mu nama nyunguranabitekerezo ku mutekano yabereye i Kayonza tariki 21/2/2014.
Umugabo witwa Ntirujyinama Jean Claude wo mu murenge wa Byumba mu kagari ka Murama mu mudugudu wa Rurambi, akarere ka Gicumbi, arakekwa ko yateye umugore we bashakanye witwa Muhorakeye Epiphanie icyuma munda amara yose ajya hanze.
Mu mukino ihuza urubyiruko rwo muri Afurika izabera i Gaborone muri Botswana kuva tariki ya 22 Gicurasi 204, u Rwanda ruzoherezayo abakinnyi 49, barimo abakobwa 30 n’abahungu 19, bakazaba bahagarariye amashyirahamwe 12 y’imikino.
Kuri uyu wa Gatanu 21/2/2014, akarere ka Nyabihu kabaye aka 15 kagejejwemo urumuri mu turere 30 tugize u Rwanda, kandi twose tukaba tugomba kuzagezwamo uru rumuri rutazima. Aka karere ni nako gaherutse uturere tw’Intara y’Iburengerazuba mu kwakira uru rumuri.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke, kuwa Kane tariki ya 20/2/2014 rwakatiye uwahoze ari Umunyambanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre igifungo cy’imyaka ibiri muri gereza n’ubunyagwe bwa miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’uko rumuhamije icyaha cyo “kwigwizaho umutungo.”
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaza ko ibihuha bahura nabyo byagiye bizitira benshi bikababuza gutahuka. Kugeza magingo aya hari abakigendera kuri ibyo bihuha, aho ngo babwibwako nta mahoro y’uwatahutse iyo baba bari mu mashyamba ya Congo.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba muri Sudani bifatanyije n’Abanyarwanda ku isi yose muri gahunda yo kwakira no kugaragariza abandi urumuri rw’icyizere muri gahunda yo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umugabo witwa Murwanashyaka ari mu maboko ya Polisi, nyuma yo gufatwa akurikiwe n’umugore we (bombi bafite imodoka); aho uwo mugabo ngo yari ajyanye murumuna w’umugore (muramu we) kumusambanya.
Umukecuru w’imyaka 80 witwa Joyce Atim wo mu Karere ka Soroti mu gihugu cya Uganda yatangaye amashuri abanza aho arimo kwiga mu mwaka wa mbere, ngo agamije kumenya kwandika no gusoma by’umwihariko Bibiliya.
Mu nama yahuje abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu ntara y’amajyepfo kuva ku rwego rw’umudugudu, Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two muri iyo ntara basabye imbabazi ku bw’aho bahutaje abo bayobora.
Mu nama yabaye ku munsi w’ejo tariki 20/02/2014 mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, abakuru b’ ibihugu by’u Rwanda, Uganda na Kenya bemeje ko bamukerarugendo bazajya bashaka gusura ibyo bihugu bazakoresha visa imwe mu gihe basabaga visa ya buri gihugu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Mathias Harebamungu, avuga ko gutangiza itorero ry’igihugu mu mashuri abanza n’ayisumbuye ari igikorwa gikomeye ku gihugu cy’u Rwanda.
Banki nkuru y’igihugu (BNR) irashishikariza abacuruzi n’ibigo by’imari bikorera mu karere ka Rusizi kugura impapuro nyemeza mwenda (treasury bonds) mu rwego rwo hubaka ubushobozi bw’isoko ry’imari n’imigabane , no kubona amafaranga yo gukoresha mu bikorwa by’iterambere.
Umugabo utamenyekanye umwirondoro we yiciwe mu murenge wa Karenge mu karere ka Rwamagana, mu ijoro rishyira kuri uyu wa 21/02/2014, akaba yishwe n’abaturage yarimo yibira imyumbati ahagana ku isaha ya saa saba z’ijoro.
Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika, Richard Muhumuza, arashimira ubushinjacyaha bwisumbuye bwo mu karere ka Muhanga kuko nta birarane by’amadosiye biharangwa.
Mu Rwanda hatangijwe irushanwa ryiswe “Andika Rwanda” rigamije guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika no gufasha abana kubona ku buryo bworoshye inkuru n’imivugo byo gusoma.
Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda rugiye kujya ruha abanyamahanga batuye mu Rwanda ikibaranga gisa nk’indangamuntu kikaba gifite inyungu nyinshi zirimo kuzajya babona icyemezo cyo gutwara ibinyabiziga ubundi batashoboraga kubona mu Rwanda.
Ku nshuro ya gatanu imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yongeye gufatirwa mu cyuho tariki 20/02/2014 itwaye ibiti bitemewe gucuruza by’Umushikiri ibijyanye kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu, Juru Anastase, avuga ko bahisemo kwakirira urumuri rutazima rw’icyizere muri Maiserie Mukamira kubera amateka yaranze Mukamira muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umupasiteri wo mu itorero rya ECMI (Evangelical Church Ministries International) rikorera mu karere ka Gicumbi mu mirenge wa Kajyeyo na Byumba arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma y’uko abakobwa 2 yareraga bavuze ko yabateye inda.
Abakozi 11 bakoraga imirimo yo kubaka ku kigo nderabuzima cya Mwendo, baravuga ko bamaze amezi abiri bahagaritse akazi kubera kubura rwiyemezamirimo wabakoreshaga. Bakavuga ko muri iki gihe barya bagaburiwe n’abatuye muri aka gace.
Abagororwa 1200 bari bafungiwe kuri gereza ya Ngoma bimuriwe muri gereza ya Ntsinda ho mu karere ka Rwamagana ndetse n’iya Ririma ho mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kuyagura no kugabanya ubucucike.
Ubwo akarere ka Rubavu kakiraga urumuri rw’icyizere rutazima, tariki 20/02/2014, umuyobozi wako yavuze ko nyuma y’amahano yagwiriye u Rwanda kubera politiki mbi yaciyemo Abanyarwanda ibice bagatozwa kwicana, avuga ko urumuri bakiriye ruzakomeza kubafasha kwiyubaka.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije icyaha cy’ubwicanyi Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, maze rumukatira igihano cyo gufungwa burundu, urubanza rwasomwe kuri uyu wa kane tariki ya 20/02/2014.