Umuryango nyarwanda uharanira iterambere ry’abantu Citizen for Development Network (CDN) umaze gutangizwa mu Rwanda n’Abanyarwanda bavuga ko bagiye gukora ibishoboka agatsiko k’ibihugu bicye biyoboye umuryango w’abibumbye (UN) kagahinduka.
Muri shampiyona y’igihugu cya Espagne “La liga” ikipe ya FC Barcelona yokejwe igitutu na Real Madrid nyuma y’aho iyitsindiye I Santiago Bernabeu ibitego 3-1 ku wa 25/10/2014. N’ubwo Barcelona ariyo yabanje kwinjiza igitego gitsinzwe na Neymar ku munota wa 4 ntibyayibujije gutsindwa 3 itongeye gukoramo.
Nyuma y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya APR iyoboye urutonde by’agateganyo n’amanota 9/9 mu mikino 3 imaze gukinwa.
Umunyarwanda w’imyaka 27 wari waraburiwe irengero, nyuma y’umwaka urenga yashoboye kugaruka mu Rwanda avuye muri gereza yitwa Trois ZULU iri muri Kinshasa, umurwa mukuru wa Kongo, aho yari afungiye yitwa umusirikare w’u Rwanda.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere n’imirenge hamwe na polisi ikorera mu karere ka Ngororero bakajije ingamba mu guhuza amasaha y’amasoko y’inka ndetse n’amasaha y’ingendo z’amatungo, no gukaza amarondo mu baturage, ubujura bw’inka bwari bwibasiye abaturage bwacitse intege.
Abatuye mu Mudugudu wa Zihari, Akagari ka Muyira, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, barashima ko batangiye kugerwaho n’ibikorwa bigamije kugira Zihari Umudugudu w’ikitegererezo, ibikorwa bihuriweho n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Gisagara mu iterambere (JADF).
Bwa mbere mu mateka y’akarere ka Rusizi, hagaragaye abana bize amashuri atatu y’incuke. Umuhango wo kubaha impamyabumenyi ibemerera ko umwaka utaha w’amashuri bagomba gutangira kwiga amashuri abanza wabaye 26/10/2014.
Mu rugendo akorera mu bihugu by’abarabu mu rwego rwo gushaka ubucuti n’ubufatanye bw’ibihugu, taliki ya 26/10/2014 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe n’igikomangoma cyo mu bihugu byunze ubumwe by’Abarabu Gen. Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan.
Depite Berthe Mujawamariya wifatanyije n’abatuye akarere ka Kirehe mu kwizihiza umunsi w’umugore wo mu cyaro yavuze ko umugore wo mu cyaro atunze benshi kandi ngo ni nawe utunze umubare mu nini w’abaturage bo mu mujyi.
Abanyamuryango batanu nba FPR-Inkotanyi mu murenge wa Byimana, akarere ka Ruhango, bagaragaje ubwitange mu guteza imbere umuryango bashimiwe mu ruhame maze biyemeza gukomeza gukora ibikorwa byo guteza imbere umuryango wa FPR-Inkotanyi kuko bazi aho wabakuye. Hari ku cyumweru tariki ya 26/10/2014, ubwo abanyamuryango ba (…)
Abatuye mu karere ka Nyaruguru barasaba abayobozi kujya babegera kenshi bakumva ibibazo byabo kandi bakanabikemura, badategereje kubegera mu gihe cy’ukwezi kw’imiyoborere myiza.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, umuco nyarwanda wagaragajwe nk’imwe mu nzitizi zituma abagore bo mu karere ka Gakenke badatera imbere.
Abaturage b’umurenge wa Musheli mu karere ka Nyagatare bavuga ko kanyanga ihaboneka ndetse harimo na bamwe mu bayobozi bayinywa ari nayo mpamvu idacika burundu. Abenshi ngo bayita akantu mu rwego rwo kujijisha ubuyobozi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasabwa gukomeza gushyira imbere umuco w’imiyoborere myiza barangwa no kumurikira abaturage ibibakorerwa kugira ngo babashe kubigiramo uruhare. Ibi akarere ka Rusizi kabisabwe mu muhango wo gusoza imurikabikorwa ry’akarere wabaye tariki ya 24/10/2014.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), Dr Patrick Ndimubanzi yashimiye abagore bo mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bakora ububoshyi bw’agaseke, abasaba kutabyihererana ahubwo bagahaguruka bakabyigisha abandi.
Isosiyete ikora ubucuruzi bwa sima “Kilimanjaro Cement” yiyemeje gufasha abaturage b’umurenge wa Ndera mu karere ka Gasabo kububakira isoko rya Kijyambere risimbura iryari ritangiye kubakwa mu buryo butajyanye n’igihe.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda “Active” ku bufatanye n’itorero Inganzo Ngari n’umuryango Hope for The Future, kuri uyu wa 25/10/2014 bashyikirije inkunga abana b’impfubyi bo mu karere ka Gicumbi irimo ibyo kurya, imyambaro n’ibindi bikoresho bitandukanye byo mu rugo ndetse banasana amazu 3 aho bayasize irangi bakanayatera (…)
Itsinda ry’abaturage batuye mu murenge wa Karengera bagakorera ibikorwa byabo mu mudugudu wa Nyagashikura bavuga ko bageze igihe cyo gushaka uko bapiganira amasoko y’ibikorwa bakora mu gihe batangiye ari abakene cyane ndetse nta n’icyizere bafite ko hari aho bazagera.
Abaturage batuye mu kagari ka Kamubuga mu murenge wa Kamubuga mu karere ka Gakenke barishimira ko bamaze guhanga umuhanda bazajya bakoresha berekeje ku kigo nderabuzima cya Kamubuga mu gihe hari uwo bibaye ngombwa ko ajyanwa kwa muganga, kuko ubusanzwe biyambazaga abasore bafite imbaraga kugira ngo bamuheke mu ngombyi kubera (…)
Mu gikorwa cyo gutangiza ishuri ry’umuziki mu Rwanda, Minisitiri w’umuco na Siporo Joseph Habineza yagaragaje ko n’abayobozi bafite impano yo kuririmba no gucuranga badakwiye kuyihisha ahubwo bakagaragaza icyo bazi.
Umugabo witwa Gahonzire Filmin utuye mu kagari ka Bukora, umurenge wa Nyamugali mu karere ka Kirehe yagwiriwe n’igiti avunika igufa ry’itako ubwo igiti cyagwaga akagerageza gukiza abana bariho bakinira munsi yacyo harokoka batanu umwe arapfa.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa arashishikariza abagore bo mu cyaro kutazigera basubira inyuma mu rugendo rw’iterambere kuko aribo bagize iterambere ry’u Rwanda.
Umuyobozi wa IFAD ku isi, Kamayo Mwanzi, aherekejwe na Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Gerardine Mukeshimana bishimiye uburyo ibikorwa uwo mushinga ufashamo u Rwanda mu karere ka Kirehe bikorwa neza ariko hanengwa ubwoko bw’imbuto y’umuceri ihingwa.
Umugabo w’imyaka 38 witwa Félicien Hishamunda utuye mu kagari ka Rugasa mu murenge wa Ruhango ho mu karere ka Rutsiro arashinja umugore we Séraphine Mukamana gukoresha amafaranga yabo nabi ndetse no kwaka inguzanyo umugabo we atabizi.
Muri iki gice cya kabiri ku mateka ya muzika mu Rwanda, turareba uburyo umuziki nyarwanda wahindutse kuva abazungu bagera mu gihugu kugenda ukageza mu mwaka w’1994.
Abaturage n’impunzi z’abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme bari barambuwe na Rwiyemezamirimo wabakoresheje mu mirimo yo gukora imiyoboro y’amazi mu nkambi ya Kigeme bishyuwe na Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, kuri uyu wa 24/10/2014.
Umuryango w’abahinzi n’aborozi bo mu Rwanda IMBARAGA ukaba ari nawo ushyira mu bikorwa umushinga PPIMA ukurikirana amakuru no gukora ubuvugizi kuri politiki z’igihugu wagaragaje ko abaturage mu karere ka Gakenke hari ibibazo bikibangamiye.
Mu gihe umuryango AVSI (Associations des Volontaires pour les Services Internationales) wizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze ukorera mu Rwanda, abo wafashije barishimira ko wabafashije kugera ku iterambere; kuko wabatabaye nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi yasize ingaruka nyinshi ku banyarwanda zirimo ubukene n’ihungabana.
Nubwo mu kwezi kw’imiyoborere mu karere ka Karongi hagaragaye ibibazo byinshi bijyanye n’amakimbirane ashingiye ku butaka, Senateri Mukankusi Perrine asanga icyo kitakiri ikibazo kuko abaturage bakimenye ahubwo ko igihangayikishije ari ihohoterwa ryo mu ngo ahenshi ritavugwa.
Bamwe mu batuye mu karere ka Kayonza bavuga ko amakosa yagiye akorwa mu kwandika ubutaka atuma hari abatanga umusoro w’ubukode bw’ubutaka burenze ubwo bafite bityo bakaba basaba ko ayo makosa yakosorwa.
Ubuharike n’ihohoterwa haba irikorerwa umugore cyangwa umugabo nizo mbogamizi zagaragajwe ko zikibangamiye imwe mu miryango yo mu karere ka Nyagatare, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, kuri uyu wa gatandatu tariki25/10/2014.
Ababyeyi bo mu karere ka Rwamagana basabwe kuba maso bakita ku bana babo kugira ngo babarinde ibyabashuka bikabashora mu ngeso mbi zibangiriza ubuzima, muri iki gihe ahenshi mu Rwanda abana bashoje amashuri abanza bajya mu biruhuko guhera kuri uu wa gatanu tariki 24/10/2014.
Mu Karere ka Karongi bari mu imurikabikorwa aho abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere bose bahuriye mu busitani bw’Umujyi wa Kibuye berekana ibyo bakora n’ibyo bamaze kugeraho.
Abaturage barishimira ibyo bagezeho mu kwezi kw’imiyoborere myiza aho basobanukiwe na gahunda zibakorerwa ziriho, serivisi zitandukanye naho zitangirwa ndetse bakemurirwa ibibazo bitandukanye baniga kubyikemurira bo ubwabo.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, yasabye abaturage guca ukubiri no gusiragira mu buyobozi kugira ngo ibibazo bafite bikemurwe ngo ahubwo bagakomeza kwikorera imirimo yabo, abayobozi bakaba ari bo babasanga aho batuye bakumva ibibazo byabo.
Amadini n’amatorero yiyemeje gutanga umusanzu wo guhindura imyumvire y’umuturage nka kimwe mu mbogamizi zituma imihigo itabasha kweswa, bitewe n’uko umuturage aba ategerewe ngo asobanurirwe bihagije ibikorwa bimugenewe.
Umushinga REACH-T (Rwanda education alternatives for children tea growing areas) ushinzwe kurwanya imirimo ivunanye ikoreshwa abana urasaba inzego za Leta, abikorera n’abandi bose gukumira abakoresha abana imirimo y’ingufu kubwumwihariko abakoreshwa mu mirima y’ibyayi.
Ibi barabitangaza mu gihe abakorera muri uyu mujyi bahurira mu bwiherero bwubatse muri Gare ya Gicumbi no mu bwiherero bwo mu isoko, ariko bakemeza ko ubu budahagije.
Nshumbusho Jean Damascene umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya GS Murinja, ho mu karere ka Ngoma mu murenge wa Kazo,umwe mu bagezweho na gahunda ya”Girinka mwarimu”yamugiriye akamaro gakomeye kuko inka yahawe muri iyi gahunda yahinduye ubuzima bwe ndetse nubw’abaturanyi.
A bavuga ko badashobora kubona amafaranga yo kwizigamira kubera kutagira ikintu cyabinjiriza, ntibabyemeza Ministeri y’imari n’igenamigambi(MINECOFIN), kuko igaragaza ko kutazigama ari ikibazo cy’imyumvire n’umuco w’abantu kurusha ubukene.
Havugimana Théophile utuye mu mudugudu Kabeza, akagari ka Ntaga ko mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma, amaze umwaka umwe atangiye ubworozi bw’inkoko avuga ko bumwinjiriza amafaranga agera kuri miliyoni irenga ku kwezi.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko inkunga ingana na miliyoni 7.2 z’amadolari y’Amerika (US$) ahwanye na miliyari 4.96 z’amafaranga y’u Rwanda (RwF) yatanzwe n’umuryango w’abibumbye (UN); izatuma umurimo yagenewe wo gukora ibarurishamibare urushaho kunozwa bityo ibyemezo bifatwa bigashingira ku (…)
Ubwo hatangizwaga ishuri ryigisha muzika ku Nyundo mu karere ka Rubavu kuri uyu wa 24/10/2014, Minisitiri w’umuco na Siporo Joseph Habineza, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, umuyobozi wa WDA hamwe n’abandi bayobozi bagacishijeho berekana ko nabo umuziki bawuzi.
Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) kiratangaza ko kuva kuri uyu mugoroba tariki ya 24/10/2014 ibiganiro bya BBC bikorwa mu kinyarwanda bihagaritswe.
Imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 24/10/2014 yasenyeye benshi mu baturage batuye mu kagari ka Musezero, mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasabo.
Mu kagari ka Musovu mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera mu mezi abiri hamaze kwibwa inka umunani, abahatuye bakavuga ko zibwa n’agatsiko k’abasore biyise “SUWAPU” ngo kababujije umutekano.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abaturage bo mu murenge wa Gahunga n’abo mu karere ka Burera muri rusange gushishikarira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mitiweri), kugira ngo nibaramuka barwaye bazabone uko bivuza bitabagoye.
Umusore w’imyaka 18 witwa Tuyishime Freddy yafatiwe mu kagali ka Mataba mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, tariki ya 23/10/2014, ashaka kugurisha inka yari yibye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kivuga ko gihangayikishijwe n’iyangizwa ry’ibidukikije ndetse n’umwanda ukigaragara hamwe na hamwe haba ku misozi n’ahantu hahurira abantu benshi.